• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Abahagarariye amakipe 26, bahuguwe na FERWAFA kuri ‘CAF Club Licencing’ ikoresha ikoranabuhanga

Abahagarariye amakipe 26, bahuguwe na FERWAFA kuri ‘CAF Club Licencing’ ikoresha ikoranabuhanga

Ubwanditsi 13 Mar 2024 Amakuru, IMIKINO

Abahagarariye amakipe 26 arimo ayo mu cyiciro cya mbere n’icya kabiri akina muri Shampiyona y’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, bahuguriwe gukoresha ikoranabuhanga mu gutanga ibisabwa ngo amakipe yemererwe gukina shampiyona ‘CAF Club Licensing Online Platform’, CLOP.

Abahawe aya mahugurwa y’iminsi ibiri, ni abahagarariye amakipe yose 16 yo mu cyiciro cya mbere ndetse na 10 yo mu cyiciro cya kabiri ashobora kuvamo abiri azazamuka mu cyiciro cya mbere umwaka utaha w’imikino.

Bahuguwe n’inzobere z’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika, CAF, zaturutse muri Uganda.

Barimo Nakagwa Shirah, Umwarimu wa CAF wigisha amasomo ya ‘CAF Club Licensing’ na Kazoora Emmanuel, watanze amasomo kuri ‘CAF Club Licensing’ ikoresha ikoranabuhanga, CLOP.

Bigishije abayobozi b’amakipe yo mu Rwanda gukoresha ubu buryo bwa ‘CAF Club Licensing’ ikorerwa kuri interineti bidasabye ko hakorwa ingendo ndetse n’abagenzuzi bari basanzwe bagera kuri buri kipe.

Ni uburyo bujyanye n’intego za CAF ishaka kuzamura urwego rw’ireme ry’amarushanwa, kugira ngo amakipe yemererwe gukina shampiyona agomba kuba nta birarane by’imishahara abereyemo abakozi bayo.

Hari ukuba yarishyuye imisoro yose, yarishyuriye abakozi bayo ubwiteganyirize, kuba yarishyuye abakinnyi amafaranga yose yabaguzwe, kwishyura ibibuga ku babikodesha, kuba kandi nta mwenda ibereyemoFERWAFA, CAF na FIFA n’ibindi byose igomba kwishyura.

Buri kipe igomba kuba ifite amakipe nibura abiri y’abato, iy’abari munsi y’imyaka 20 n’abari munsi y’imyaka 14, igomba kwerekana ikibuga izajya yakiriraho imikino, icyo izajya ikoreraho imyitozo ndetse n’ibiro izajya ikoreramo.

Ibi byose amakipe ategekwa kuba yarangije kubikora tariki 31 Werurwe, buri mwaka kugira ngo izemererwe gukina umwaka ukurikiraho. Ndetse n’ibizakurikizwa umwaka utaha w’imikino bikaba bisabwa gukorwa muri uku kwezi kwa Werurwe 2024.

Ku byerekeranye n’ubuyobozi, buri kipe igomba kuba ifite ubunyamabanga, umuyobozi mukuru, ushinzwe umutungo, umuganga ubifitiye impamyabumenyi, umutoza mukuru ugomba kuba afite Licence A ya CAF, umutoza wungirije, umutoza w’ikipe y’abato ndetse n’uzaba ashinzwe gahunda ya FAC Club Licensing ikoresha ikoranabuhanga ‘CLOP’.

Ibi byose bikaba bigomba kuba byujujwe tariki 15 Nyakanga 2024.

Abahuguwe batahanye impamba

Abitabiriye aya mahugurwa bagaragaje ko yari akenewe kuko hari ubumenyi bushya bungutse ndetse no kuba hari ibyo bari basanzwe bazi ndetse bakora ariko batabikora uko bikwiye.

Umunyamabanga wa Rayon Sports, Namenye Patrick, yagize ati” Aya mahugurwa yadufashije kumenya ikoranabuhanga rishya CAF na FERWAFA bagiye gukoresha mu kuzuza ibisabwa ngo twemererwe kwitabira amarushanwa ya FERWAFA, ni uburyo butandukanye n’ubwari busanzwe bukoreshwa mu mwaka wa 2019 ku buryo bizatworohera kuzuza ibyateganyijwe byose.

Namenye yavuze kandi ko ibisabwa byinshi bari basanzwe babifite ari nabyo baheraho bashyira muri iri koranabuhanga.

Ati “Biratandukanye ariko na none nta kigoranye kirimo cyane kuko kuva FERWAFA yatangira gusaba amakipe icyangombwa cyo gukina amarushanwa yayo, ntabwo tugiye guhera ku busa.”

Yakomeje agira ati “Hari ibyo dusanzwe dufite, urugero, abanyamuryango ba FERWAFA bose bari bafite ibiro bakoreramo, basanzwe bafite abakozi bahoraho b’amakipe, ibibuga byari bisanzwe bihari n’ubundi nibyo tuzuzuzuza muri ubu buryo bushya.”

Umuyobozi wa Komisiyo Ishinzwe Amarushanwa muri FERWAFA, Turatsinze Amani Evariste, yavuze ko aya mahugurwa ari ingenzi ko agiye gukuraho urujijo ku kwitana ba mwana ku makipe cyane cyane ay’icyiciro cya kabiri.

Yagize ati: ”CAF Club Licensing idakozwe neza ntihabaho amarushanwa anoze. Ndabasaba kurangwa n’umucyo mu byo mukora byose, twebwe nka FERWAFA tubemereye ubufasha ku makipe yose yo mu Cyiciro cya Mbere ndetse n’amakipe 10 yo mu Cyiciro cya Kabiri bishoboka ko harimo azazamuka umwaka utaha.”

Yakomeje agira ati “Ibi bigeye guca urujijo rwari hagati y’amakipe cyane cyane ay’Icyiciro Cya Kabiri aho amwe muri yo yagiye atunga agatoki FERWAFA ko ubutumwa iyoherereza buba bwanditse nabi bikaba impamvu y’urw’itwazo rwo kutubahiriza igihe cyateganyijwe ngo ibisabwa bubebyatanzwe.”

Uburyo bwa ‘CAF Club Licensing Online Platform’, CLOP, bwatangijwe n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika, CAF muri Nyakanga 2022 busimbuye ubwari busanzwe bwatangiye gukoreshwa mu 2019.

2024-03-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Cassa Mbungo André yatandukanye n’ikipe ya AS Kigali yari abereye umutoza mukuru

Cassa Mbungo André yatandukanye n’ikipe ya AS Kigali yari abereye umutoza mukuru

Ubwanditsi 30 Nov 2023
Kaguta Museveni ni nk’umutetsi umaze imyaka 34 mu gikoni ashiriza, ubu akaba aribwo yemeza ko agiye guteka neza mu zabukuru!!

Kaguta Museveni ni nk’umutetsi umaze imyaka 34 mu gikoni ashiriza, ubu akaba aribwo yemeza ko agiye guteka neza mu zabukuru!!

Ubwanditsi 24 Dec 2020
Umunsi wa 10 wa shampiyona usize Tchiamas watozaga Gicumbi FC asezeye, abatoza bakuru ba APR FC na Police FC ntibatoje, ibyaranze uyu munsi

Umunsi wa 10 wa shampiyona usize Tchiamas watozaga Gicumbi FC asezeye, abatoza bakuru ba APR FC na Police FC ntibatoje, ibyaranze uyu munsi

Ubwanditsi 23 Dec 2021
Manchester City izahura na Tottenham ku munsi wa mbere wa shampiyona y’u Bwongereza ya 2021-2022 – Uko amakipe yose azahura

Manchester City izahura na Tottenham ku munsi wa mbere wa shampiyona y’u Bwongereza ya 2021-2022 – Uko amakipe yose azahura

Ubwanditsi 17 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abapolisi bakuru biga iby’imiyoborere basuye inganda zo muri Etiyopiya
Mu Mahanga

Abapolisi bakuru biga iby’imiyoborere basuye inganda zo muri Etiyopiya

Ubwanditsi 16 Jun 2016
Ko uwizihiza isabukuru y’amavuko aba yishimira ibyiza yagezeho, nka RNC uretse kwikirigita igaseka, yavuga ko yageze kuki mu myaka 10 imaze ishinzwe?
Amakuru

Ko uwizihiza isabukuru y’amavuko aba yishimira ibyiza yagezeho, nka RNC uretse kwikirigita igaseka, yavuga ko yageze kuki mu myaka 10 imaze ishinzwe?

Ubwanditsi 14 Dec 2020
Amafoto – Haringingo Francis watandukanye na Police FC yerekeje muri Kiyovu SC ku masezerano y’imyaka ibiri asabwa gutwara igikombe
Amakuru

Amafoto – Haringingo Francis watandukanye na Police FC yerekeje muri Kiyovu SC ku masezerano y’imyaka ibiri asabwa gutwara igikombe

Ubwanditsi 09 Jul 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru