• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Abayobozi babiri b’uburezi mu karere bafunzwe bakurikiranyweho amakosa mu itangwa ry’akazi k’ubwarimu

Abayobozi babiri b’uburezi mu karere bafunzwe bakurikiranyweho amakosa mu itangwa ry’akazi k’ubwarimu

Ubwanditsi 01 Mar 2017 Mu Rwanda

Abayobozi b’uburezi babiri mu karere ka Kayonza barafunze nyuma y’iperereza ryakozwe ku mitangire idahwitse y’akazi k’ubwarimu iherutse gukorwa mu karere.

Bizimana Francois Xavier, umuyobozi w’uburezi mu karere na Mugabo Namara Charles ushinzwe amashuri yisumbuye n’ay’ubumenyingiro mu karere bafashwe kuri uyu wa mberenyuma y’ibirego byatanzwe n’abari bakoze ibizami , bavugaga ko batsinze ibizami byo kuvuga nyamara amazina yabo akaba yarakuwe ku rutonde rw’abatsinze rwashyikirijwe ikigo cy’igihugu cy’uburezi REB.

Bisabwe na REB, Polisi yahise itangira iperereza kuri iki kibazo.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, Inspector of Police (IP) Emmanuel Kayigi, yavuze ko mu iperereza , aba bagabo bahinduye amanota bakongerera bamwe mu bari batsinzwe.

IP Kayigi yagize ati:” Akarere katangaga akazi ku barium 62, mu bisanzwe , abareberera ikizami bakosorera ahabereye ikizami maze ibyavuyemo bigaragaza abatsinze n’abatsinzwe bigashyikirizwa bariya bayobozi babiri babishinzwe.”

Yongeyeho ati:” Ariko nyuma byaje kugaragara ko amanota yatanzwe n’abakosoye agashyikirizwa ba bayobozi atandukanye n’ayo REB yakiriye , iyashyikirijwe n’aba bakekwa. Mu iperereza rigikomeza ndetse n’isuzuma ry’impapuro, twatahuye ko impapuro z’ibizame by’abantu 32 bari batsinzwe imivugire, baje gushyirwa mu batsinze.”

Iperereza ry’ibanze ryerekanye ko, rumwe mu mpapuro z’ibisubizo, hari umuntu wari wabonye amanota 9 ku ijana ariko nyuma bakamwongereraho umubare 6 inyuma , bigahinduka 96 ku ijana; mu gihe hari undi wari wagize 33 ku ijana ariko ku rutonde rwajyanywe muri REB yari afite 93 ku ijana.

IP Kayigi yagize ati:”Harimo uruhurirane rw’ibyaha bitatu; inyandiko mpimbano ihanwa n’ingingo ya 609 na 611 mu mategeko ahana; ruswa ihanwa n’ingingo ya 634 ndetse no gufata icyemezo gishingiye ku marangamutima, icyenewabo ,.. gihanwa n’ingingo ya 647.”

Bivugwa ko aba bari abayobozi basabaga amafaranga ari hagati ya 200,000 na 300,000 kuri buri muntu wagiye ku rutonde rw’abatsinze kandi yaratsinzwe.

Yakomeje agira ati:” Turasaba abantu bose guharanira uburenganzira bwabo; bafite uburenganzira bwo kurega iyo batanyuzwe na serivisi bahawe. Kwanga ruswa babishyize mu mihigo yabo kandi bakayitangaho amakuru aho bayibonye, bazaba batanze umusanzu ku mbaraga zikoreshwa n’ itegeko ndetse na Polisi mu kurwanya ruswa.”

Aha yagize ati:”Tekereza aho abarimu bahawe akazi ari abatabishoboye, bivuga ko nta reme ry’uburezi twaba dutegereje bityo n’abarangiza amashuri ntacyo baba bashoboye.”

Yashoje avuga ko ruswa itihanganirwa mu Rwanda , ko kuyirwanya biri mu byo Leta ishyiramo imbaraga kandi ko abaturage bagomba kugumana uwo murego ku nzego zose hatitawe ku waba ayifatiwemo, aho ahamagarira buri wese kumwerekana.

-5970.jpg

Inspector of Police (IP) Emmanuel Kayigi

2017-03-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Police yashubije umuhinde miliyoni 13 Frw yibwe n’umukozi we

Police yashubije umuhinde miliyoni 13 Frw yibwe n’umukozi we

Ubwanditsi 17 Aug 2017
Nizeyimana Olivier uherutse gutorerwa kuyobora FERWAFA mu myaka ine iri imbere yakoze ihererekanyabubasha na Komite Nyobozi icyuye igihe

Nizeyimana Olivier uherutse gutorerwa kuyobora FERWAFA mu myaka ine iri imbere yakoze ihererekanyabubasha na Komite Nyobozi icyuye igihe

Ubwanditsi 29 Jun 2021
Etoile de l’Est yitegura gusura ikipe ya Espoir FC yahagaritse abakinnyi 4 bazira imyitwarire itari myiza

Etoile de l’Est yitegura gusura ikipe ya Espoir FC yahagaritse abakinnyi 4 bazira imyitwarire itari myiza

Ubwanditsi 14 Jan 2022
“Fight Impunity”, ikiguri cy’Umubiligikazi Maria Arena, Umunyekongo Denis Mukwege, n’abandi baryi ba ruswa biyemeje guharabika u Rwanda.

“Fight Impunity”, ikiguri cy’Umubiligikazi Maria Arena, Umunyekongo Denis Mukwege, n’abandi baryi ba ruswa biyemeje guharabika u Rwanda.

Ubwanditsi 16 Jan 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abasirikari b’u Burundi mu bikorwa by’ubucengezi bugamije kwica abaturage mu bice bigenzurwa na M23.
Amakuru

Abasirikari b’u Burundi mu bikorwa by’ubucengezi bugamije kwica abaturage mu bice bigenzurwa na M23.

Ubwanditsi 11 May 2024
Perezida Kagame yizeye impinduka zifatika mu ivugurura ry’Afurika yunze Ubumwe
POLITIKI

Perezida Kagame yizeye impinduka zifatika mu ivugurura ry’Afurika yunze Ubumwe

Ubwanditsi 24 Apr 2017
Ubutinganyi (homosexuals) buravuza ubuhuha muri RNC
ITOHOZA

Ubutinganyi (homosexuals) buravuza ubuhuha muri RNC

Ubwanditsi 13 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru