• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Uko umubare w’Abanyarwanda waba ungana kose, ntibizigera bibaho ko Umunyarwanda aba impunzi kandi afite igihugu cye. “Paul Kagame”

Uko umubare w’Abanyarwanda waba ungana kose, ntibizigera bibaho ko Umunyarwanda aba impunzi kandi afite igihugu cye. “Paul Kagame”

Ubwanditsi 24 Jun 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda, POLITIKI

Umukandida wa FPR Inkotanyi ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu, Paul Kagame, yagaragaje ko abanyamahanga bibwira ko kumutora 100% ari ikimenyetso cy’uko nta demokarasi iba mu Rwanda bafite imyumvire irimo ubujiji.

Ni ijambo yavugiye mu Karere ka Ngororero mu ntara y’Uburengerazuba, aho yakomereje ibikorwa byo kwiyamamaza kuri uyu wa 24 Kamena 2024.

Kagame uyobora u Rwanda kuva muri Mata 2000, yabwiye abaturage bateraniye muri Ngororero ko nibamutora, bazaba bahisemo gukomeza inzira y’iterambere buri wese agiramo uruhare.

Ati “Uyu munsi na tariki 15 z’ukwezi gutaha ni uguhitamo gukomeza iyo nzira n’abayobozi mufatanya iyo nzira. Dufite guhitamo ibintu bibiri, abadepite hanyuma n’uzayobora Repubulika y’u Rwanda.”

Mu matora y’Umukuru w’Igihugu yabaye mu 2017, Kagame yagize amajwi 98,79%. Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi n’abo mu mashyaka umunani amushyigikiye bagaragaza ko bifuza mu matora ya 2024 yazagira amajwi 100%. Ibi bishimangirwa n’ibyapa bigaragara mu bikorwa byo kwamamaza.

Umukandida wa FPR Inkotanyi yagaragaje ko hari abatajya bumva ko umukandida wo mu Rwanda yagira amajwi 100%, kuko ngo ntibyaba ari demokarasi.

Yasobanuye ko ibi babiterwa n’uko mu bihugu byabo hari n’abatsindira amatora kuri 15%.

Yagize ati “Hari abatajya batwumva rero, batumva u Rwanda ariko buhoro buhoro ibikorwa bizajya bibasobanurira. Biriya twavugaga ngo 100%, hari abantu bumva ko 100% atari demokarasi kandi bazabyumva kuko demokarasi, inzira turimo, ibyo tuzakora itariki 15 ni ibireba u Rwanda, ntabwo bibareba cyane, bireba twe, twe dukora ibitureba. Ngo ‘100% ariko ishoboka ite?’, ngo ‘Ubwo nta demokarasi ihari.’ Hari uwo nabajije ejo bundi ‘ariko abayoborwa na 15%, iyo ni demokarasi gute’?”

Kagame yakomeje ahamya ko mu mitekerereze y’abatemera ko mu Rwanda hari demokarasi haba harimo n’ubujiji.

Ati “Hari benshi batorwa, bakavamo babonye 15% ndetse n’ababatoye ari nka 30% cyangwa 40% y’abagombaga gutora. Iyo ni yo demokarasi? Gute se? Ntimugakangwe na byinshi, bimwe birakangana ariko harimo n’ubujiji.”

Abaturage bateraniye i Ngororero babwiye Kagame ko abanenga demokarasi y’u Rwanda bakwiye kuza bakarwigiraho, bati “Bazaze bige!”, na we abasubiza ati “Ubwo murabatumiye, ntabwo nirirwa nongeraho. Rero twe dukomeze inzira yacu. Twe tuzi aho tuva, tuzi aho igihugu cyari kiri mu myaka 30 ishize. Ibya mbere yaho byo sinirirwa mbivuga. Ni na cyo cyatumye iby’imyaka 30 ishize biba. Ibyo ntabwo nirirwa mbisubiramo, twe turareba imbere.”

Umukandida wa FPR Inkotanyi yashimangiye ko ibyo Abanyarwanda bagezeho mu myaka 30 ishize byivugira, kandi ko bakwiye gukomeza urugendo ruganisha u Rwanda aheza kurushaho.

Ati “Birivugira. Turakomeza iyo nzira, twiyubake. Abanyarwanda ndetse bisa nk’ahandi muri Afurika, hari igihe twamenyereye ubukene, ko tugomba kuba abakene, ko tugomba kubaho mu mwiryane, ko mbese dutungwa na ba bandi ndetse n’Imana gusa. Ariko burya, abo bandi bagutunga, Imana yakuremye yagutunga, ariko njye ndiho ndashakisha hagati aho, kuki baba abandi, bakaba Imana gusa, twebwe turi he? Natwe tugomba kwitunga ariko.”

Paul Kagame yavuze ko ari nubwo Abanyarwanda bafashwa n’abandi, bakanasenga Imana kugira ngo ibafashe, na bo baba bakwiye kugira uruhare mu iterambere ryabo.

Ati “Ariko Imana na yo tujye tuyifasha, yibuke ugerageza kuko yaduhaye byose.”

Umukandida w’Umuryango FPR Inkotanyi ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu, Paul Kagame, yatangaje ko uko umubare w’Abanyarwanda waba ungana kose, bitazigera bibaho ko Umunyarwanda aba impunzi kandi afite igihugu cye.

Mu gikorwa cyo kwiyamamaza cyabereye mu Murenge wa Shyogwe mu Karere ka Muhanga kuri uyu wa 24 Kamena 2024, Kagame yibukije abaturage ko byigeze kubaho ko Abanyarwanda bari barahungiye mu mahanga bangirwa gutaha.

Ibi byabaye ku butegetsi bwa Habyarimana Juvénal, wabwiye Abanyarwanda babaga muri Uganda ko u Rwanda rumeze nk’ikirahuri cyuzuye amazi, bityo ko uwakongeramo andi, ashobora kumeneka.

Politiki ya Habyarimana yo kwangira Abanyarwanda gutaha ni imwe mu mpamvu zatumye ingabo za RPA Inkotanyi zabaga muri Uganda zitangiza urugamba rwo kubohora u Rwanda mu Ukwakira 1990, zigera ku ntsinzi muri Nyakanga 1994.

Kuva RPA ifashe ubutegetsi, Abanyarwanda benshi bari barahunze baratashye, bifatanya n’abandi kubaka iki gihugu cyari cyarangiritse mu mfuruka zitandukanye. Abazi amateka y’u Rwanda bahamya neza ko mu myaka 30 ishize, Abanyarwanda bageze ku iterambere amahanga atatekerezaga ko bageraho.

Kagame yabwiye abateraniye mu Karere ka Muhanga ko nubwo u Rwanda ari ruto ku ikarita, atari ruto byo kutabamo Abanyarwanda, bityo ko muri iki gihe nta muntu ushobora kuba impunzi kuko yabujijwe kurubamo.

Yagize ati “Nta muntu ukwiriye kuba impunzi. Buri Munyarwanda wese, ari uyu munsi, ari mu myaka iri imbere. Umubare wacu uko uzaba ungana kose uzakwira mu Rwanda.”

Umukandida wa FPR Inkotanyi yasobanuye ko kugira ngo Abanyarwanda bakwirwe mu Rwanda, bakwiye gukorera hamwe, bagakora ibigezweho kandi bakabikora neza.

Ati “Kugira abantu bakwirwe mu gihugu nk’icy’u Rwanda cyitwa ko ari gito ndetse bagakwirwamo ari benshi, birashoboka ariko bisaba gukora, gukorera hamwe, gukora ibigezweho, kubikora neza, u Rwanda rugatunga, rugatunganirwa.”

Yashimangiye ko ubumwe bw’Abanyarwanda buri mu byo umuryango FPR Inkotanyi uharanira, abasaba kuzahitamo neza mu matora ateganyijwe tariki ya 15 Nyakanga 2024, kugira ngo bazakomereze hamwe urugendo rwo kubaka u Rwanda.

2024-06-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abayoboke ba Enihakore Pentecost Ministry biyemeje kuba abafatanyabikorwa mu kurwanya ibyaha

Abayoboke ba Enihakore Pentecost Ministry biyemeje kuba abafatanyabikorwa mu kurwanya ibyaha

Ubwanditsi 27 Jun 2016
Dr Donald Kaberuka, yagizwe umuyobozi w’akanama k’igihugu cya Tanzania

Dr Donald Kaberuka, yagizwe umuyobozi w’akanama k’igihugu cya Tanzania

Ubwanditsi 20 Aug 2016
Uganda : Impunzi nk’igicumbi cyo gukuramo abajya mu mitwe y’iterabwoba

Uganda : Impunzi nk’igicumbi cyo gukuramo abajya mu mitwe y’iterabwoba

Ubwanditsi 28 Jun 2019
FERWAFA yafashe umwanzuro ko Rayon n’Intare FC bazakina umukino wa 1/8 wo kwishyura w’igikombe cy’Amahoro

FERWAFA yafashe umwanzuro ko Rayon n’Intare FC bazakina umukino wa 1/8 wo kwishyura w’igikombe cy’Amahoro

Ubwanditsi 05 Apr 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abayoboke ba PL  bavanye amasomo ku byabaye, ku buryo biyemeje kutazasubira muri ibyo bibazo- Mukabalisa
Mu Mahanga

Abayoboke ba PL bavanye amasomo ku byabaye, ku buryo biyemeje kutazasubira muri ibyo bibazo- Mukabalisa

Ubwanditsi 16 Jul 2016
Ibihugu by’Afurika biriga ku buryo bwo gusigasira ibimera n’imbuto zabyo
Mu Rwanda

Ibihugu by’Afurika biriga ku buryo bwo gusigasira ibimera n’imbuto zabyo

Ubwanditsi 20 Sep 2017
Abatiyumvishaga uko dushora imari muri ICT kandi abaturage bashonje twarabahinyuje – Perezida Kagame
INKURU NYAMUKURU

Abatiyumvishaga uko dushora imari muri ICT kandi abaturage bashonje twarabahinyuje – Perezida Kagame

Ubwanditsi 27 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru