• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida wa Angola Luanda JoãoLourenço yoherereje ubutumwa bugira kabiri bagenzi be bo muri Uganda Yoweri Museveni, n’uRwanda Paul Kagame.

Perezida wa Angola Luanda JoãoLourenço yoherereje ubutumwa bugira kabiri bagenzi be bo muri Uganda Yoweri Museveni, n’uRwanda Paul Kagame.

Ubwanditsi 15 Aug 2019 INKURU NYAMUKURU

Ubu butumwa bukaba bwaroherejwe ku wa 13 Kanama 2019, ibi bikaba ari ibyatangajwe na Angop urwego rw’itangazamakuru rwo muri Angola

Ubu butumwa bukaba bwarazanywe na Minisitiri w’ububanyinamahanga wa Angola, Manuel Augusto, Kampala (Uganda) na Kigali (Rwanda), nk’Intumwa idasanzwe ya Perezida.

Uru rugendo rw’uyu mudipulomati, rukaba ruje rukurikira imyanzuro yafatiwe mu nama iherutse kubera  Luanda, yari yahuje ibihugu bine, kandi yari yitabiriwe naba Perezida:  JoãoLourenço wa Angola, ari nawe wari wateguye inama,   Felix Tshisekedi wa DRC, Perezida wa Uganda Yoweri Museveni na Perezida w’uRwanda Paul Kagame

Iyi nama yabereye Luanda, yanzuye ko haba ubwumvikane binyuze mu nzira y’amahoro ku mpagarara ziri hagati ya Uganda n’uRwanda.

Iyo nama kandi ikaba yarifuje ko haba uburyo bufatika bwo gukemura ayo makimbirane, kandi bigakorwa muburyo bw’indagagaciro za Afurika, kandibigakorwa mu buryo bwa kivandimwe n’ubufatanye, igihugu cya Angola aricyo muhuza, mu rwego rwo korohereza iki gikorwa, ibifashishijwemo n’igihugu cya Kongo Kinshasa

Aba bakuru b’ibihugu bakaba baranzuye ko bashyiraho uburyo bubereye, bw’imikoranire mu bihugu byabo, mu rwego rwa politike n’ubukungu.

N’ubwo bimeze gutyo guverinoma ya Uganda ntikozwa ibyo gusobanura impamvu y’ifatwa ry’Abanyarwanda no kwiregura ku itotezwa bakorerwa; kuri ubu ibi bikorwa byafashe indi ntera  urugero ni  abayoboke 40 b’Itorero rya ADEPR rikorera ahitwa ku Kibuye mu Murwa Mukuru Kampala, bafashwe n’Urwego rushinzwe Ubutasi rwa Gisirikare, CMI, bakuwe mu masengesho.

Byabaye ku wa 24 Nyakanga 2019, ubwo mu iteraniro harimo abagabo, abagore n’abana.

Ubwo bari mu masengesho, inzego z’umutekano zabaguye hejuru, nta nyandiko zibata muri yombi cyangwa ngo hubahirizwe amategeko agenga ifatwa ry’umuntu, babategeka kujya mu modoka barabajyana.

Iri shimutwa rya hato na hato niryo CMI na ISO ndetse n’izindi nzego zikorera Abanyarwanda kuva mu myaka isaga ibiri n’igice.

CMI yashimuse umushoramari w’Umunyarwanda Rutagungira René muri Kanama 2016, imuvanye mu gace ka Bakuli hafi ya Kampala, ku ikubitiro yashinjwe kuba intasi.

Mu guhuzagurika kw’inzego z’umutekano muri Uganda, bahinduye ikirego bamushinja ‘gushimuta.’

Rutagungira yafungiwe muri Gereza ya Gisirikare ya Makindye aho yakorewe iyicarubozo ry’inkazi.

Nyuma y’amezi menshi afunze, yagejejwe mu Rukiko Rukuru rwa Gisirikare rwa Makindye, icyemezo cyafashwe hahonyowe uburenganzira bwe nk’umusivili nkuko bigenwa n’Itegeko Nshinga rya Uganda.

Urukiko rwabuze icyaha na kimwe kimuhama ariko aguma muri gereza hirengagizwa nkana ko itegeko ryangijwe kuko usanzwe nta cyaha afite arekurwa.

Ingero z’Abanyarwanda bafashwe muri ubwo buryo zimaze kuba nyinshi ntiwazirondora.

Muri Gicurasi umwaka ushize, Mukama Moses Kandiho [umuvandimwe wa Brig Gen Abel Kandiho uyobora CMI] ushinzwe umutekano mu gace ka Mbarara, yataye muri yombi abashoramari b’Abanyarwanda babiri barimo Emmanuel Rwamucyo na Augustin Rutayisire.

Yavuze ko bagize “uruhare mu mugambi w’ubujura.’’

Kandiho yamenyesheje umwe mu bashinzwe iperereza mu Gisirikare cya Uganda (UPDF) witwa Maj Mushambo, ngo abate muri yombi. Bahise bajyanwa gufungirwa muri Gereza ya Gisirikare i Mbarara aho bakorewe iyicarubozo.

Abagize umuryango wa Rwamucyo bavuga ko yari afite miliyoni 140 z’amashilingi yari agiye kubitsa kuri banki muri Mbarara. Abashinze umutekano ayo mashilingi yose barayamucucuye.

Amabwiriza mpuzamahanga agena ko mu gihe ukekwaho icyaha atawe muri yombi, ibyo afite byose birandikwa. Ibyo ntibyigeze bibaho kuri abo bashoramari babiri ku kijyanye n’amafaranga bari bafite. Ni kimwe nuko bigenda ku Banyarwanda bashimutwa na CMI.

Abasesenguzi bagaragaza ko iyo ari indi mpamvu ituma Abanyarwanda bataburanishwa mu nkiko. Ibirego bashinjwa biba bidafite ishingiro ndetse nta gihamya byabonerwa mu rukiko.

Bakorerwa iyicarubozo gusa muri kasho za CMI. Rwamucyo na Rutayisire boherejwe ku cyicaro cya CMI nyuma y’igihe bari Mbarara ndetse ibyo bashinjwa birahindurwa icyaha cy’umugambi w’ubujura kiba icyo gutunga intwaro binyuranye n’amategeko.

Ibi kandi bisa neza n’ibyabaye ku mushoramari w’Umunyarwanda Moses Ishimwe Rutare, wafashwe mu Ukuboza 2018 ubwo yari asohotse mu rusengero agiye kwitaba telefoni.

Yisanze yageze hafi y’inyubako ya Abel Kandiho aho abakozi ba CMI bamusabye kubereka ibyangombwa.

Ubwo byamenyekanaga ko ari Umunyarwanda, bahise bamujyana kumukubitira mu byumba batoterezamo imfungwa biri i Mbuya, bamushinja ubutasi.

Rutare yaratotejwe bitavugwa ndetse amara amezi abiri i Mbuya ariko ubwo bamurekuraga byavuzwe ko akurikiranyweho kuzerera.

Ibi byanabaye kuri Iyakaremye Claude, undi Munyarwanda utuye mu Mujyi wa Kampala.

Yashimuswe ashinjwa ubutasi, ariko icyo kirego kiza guhindurwa kiba icyo gutunga intwaro mu buryo bunyuranye n’amategeko. Uyu mugabo aracyari muri kasho za CMI.

Uburyo inzego z’umutekano muri Uganda zica nkana amategeko bigaragazwa n’uburyo CMI yasuzuguye amabwiriza y’Urukiko Rukuru muri Uganda yo kurekura Abanyarwanda b’inzirakarengane bari muri za gereza.

Mu bayoboke 40 ba ADEPR baheruka gufatwa, ku wa 4 Kanama byamenyekanye ko CMI yarekuyemo icyenda, ariko ibikora mu ibanga rikomeye.

Abafite amakuru yizewe, ngo CMI yaba yarafashe mu buryo itazi abarwanashyaka ba RNC ya Kayumba Nyamwasa bari mu banyamuryango b’itorero.

Abakozi ba CMI babayoreye hamwe batekereza ko ari Abanyarwanda b’inzirakarengane basanzwe batoteza.

2019-08-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibyo Kagame na Museveni bemeranyije ku kibazo cy’ishimutwa ry’abanyarwanda muri Uganda

Ibyo Kagame na Museveni bemeranyije ku kibazo cy’ishimutwa ry’abanyarwanda muri Uganda

Ubwanditsi 26 Mar 2018
Umunyarwanda yavuze uko yakorewe iyicarubozo muri Uganda n’abavuga Ikinyarwanda bari muri CMI

Umunyarwanda yavuze uko yakorewe iyicarubozo muri Uganda n’abavuga Ikinyarwanda bari muri CMI

Ubwanditsi 23 Feb 2019
Imvano y’urwango rwa Museveni ku Banyarwanda

Imvano y’urwango rwa Museveni ku Banyarwanda

Ubwanditsi 14 Aug 2018
Abanyekongo baba mu Rwanda barashima uRwanda rutaguye mu mutego w’ubushotoranyi bwa Kongo.

Abanyekongo baba mu Rwanda barashima uRwanda rutaguye mu mutego w’ubushotoranyi bwa Kongo.

Ubwanditsi 05 Nov 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mkapa : Afrika ikwiye guha urubyiruko amahirwe atuma rutifuza kuba i Burayi
INKURU NYAMUKURU

Mkapa : Afrika ikwiye guha urubyiruko amahirwe atuma rutifuza kuba i Burayi

Ubwanditsi 12 Dec 2017
Kenya :Raila Odinga yatangaje ko atemera ibyavuye mu matora akomeje gutsindwamo na Kenyatta
Mu Rwanda

Kenya :Raila Odinga yatangaje ko atemera ibyavuye mu matora akomeje gutsindwamo na Kenyatta

Ubwanditsi 09 Aug 2017
Kirehe: Abakora umwunga w’uburaya bavuga ko bahohoterwa n’abayobozi
Mu Rwanda

Kirehe: Abakora umwunga w’uburaya bavuga ko bahohoterwa n’abayobozi

Ubwanditsi 17 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru