• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»ULK yakiriye abanyeshuri bashya mu mwaka wa 2017/18

ULK yakiriye abanyeshuri bashya mu mwaka wa 2017/18

Ubwanditsi 04 Oct 2017 Mu Rwanda

Perezida wa Kaminuza yigenga ya Kigali ULK, Prof. Dr Rwigamba Balinda, yasabye abanyeshuri bashya batangiye mu mwaka wa mbere w’amashuri, kwita ku cyabajyanye ku ishuri bagamije kugera ku ntsinzi nyakuri mu masomo yabo.

Yabibasabye kuri uyu wa mbere tariki ya 2 Ukwakira 2017, ubwo hafungurwaga ku mugaragaro umwaka w’amashuri wa 2017/18 no gutangiza icyumweru cyo kumenyereza abanyeshuri bashya (Induction week).

Yabasabye ko icya mbere bagomba kumenya ari icyabajyanye, bakaboneka mu masomo iminsi yose, bakirinda ibibarangaza kandi bagakorera hamwe.

Yagize ati “Ikibazanye ntabwo ari ukwirirwa mwandikirana ubutumwa kuri Facebook na WhatsApp, ahubwo mugomba kwitabira amasomo, gusubiramo ibyo mwize, gukorera mu matsinda, gukoresha ururimi n’ikoranabuhanga kuko aribyo muzifashisha mu gukora ubushakashatsi”.

-8206.jpg

Prof. Dr Rwigamba Balinda

Yavuze ko Kaminuza ifite amasomo asobanutse, abarimu bazi icyo gukora, ibikoresho bihagije, abayobozi beza, ku buryo nta rwitwazo na ruto ku banyeshuri rwo gutsindwa.

Umuyobozi w’Icyubahiro ( Chancellor ) wa ULK, Prof. Dr Kalisa Mbanda, yashimiye ubuyobozi bwa ULK ku ntabwe ihora itera iba iya mbere muri Kaminuza zigenga mu Rwanda kandi anabashimira uburyo bateguye neza gahunda yo gutoza abanyeshuri bashya umuco w’ubutore ubafasha kugira uburere bubereye u Rwanda.

Yagize ati “Ndashimira Ubuyobozi bwa Kaminuza bwateguye neza kandi ku gihe igikorwa cyo kwakira Intore mu zindi, abanyeshuri bashya, tubatoza kwimakaza Indangagaciro na Kirazira z’Umuco Nyarwanda “.

Yakomeje agira ati “Iki cyumweru kizarangwa n’ibikorwa bitandukanye kandi byose bizagirira akamaro uwo ariwe wese uzabikurikirana. Kandi twizeye neza ko bizabubaka mu gihe bazaba bakiri hano muri Kaminuza, ndetse no hanze, mu buzima busanzwe bwa buri munsi, aho bazaba bari hose.”

Umuyobozi wa Kaminuza Yigenga ya Kigali,ULK, Dr Sekibibi Ezechiel, mu ijambo rye ry’ikaze yashimiye abanyeshuri bashya igitekerezo cyiza bagize cyo kwiga muri ULK abizeza ko Kaminuza itazabatenguha kandi ko nabo batazicuza uguhitamo kwiza bagize.

Umunyeshuri mushya mu mwaka wa mbere, Mukanteko Karinda Shemsa, yavuze ko yahisemo kwiga muri iri shuri kuko hari amashami meza kandi akenewe ku isoko ry’umurimo, avuga ko ku bwe azahakura ubumenyi bwinshi kandi bukenewe.

Yagize ati “ULK ifite ibintu byinshi byiza, ifite amasomo menshi kandi meza, ifite ibikoresho byiza, kandi iyo ugenda uganira n’abize muri ULK bakubwira ko yigisha neza.”

Abanyeshuri bashya baje kwiga muri ULK babanza kumara icyumweru cyo kumenyerezwa bita “ Icyumweru cyo kwinjiza intore mu zindi”, bakuramo ubumenyi butandukanye burimo kwiga indangagaciro na kirazira z’umuco nyarwanda, kwiga ikinyabupfura, kumenya kubana no kumenya kwihangira imirimo. Na none kandi muri iki cyumweru bahabwa ibiganiro bitandukanye by’abatumirwa b’inararibonye.

-8205.jpg

Abanyeshuri baje gutangira mu mwaka wa mbere basobanurirwa imyitwarire ikwiye kubaranga

Source : IGIHE

2017-10-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gen. Kabarebe yavuze kuri Bikindi waririmbaga ko Inkotanyi bazimaze

Gen. Kabarebe yavuze kuri Bikindi waririmbaga ko Inkotanyi bazimaze

Ubwanditsi 14 May 2018
Rubavu : Umusirikare  utaramenyekana yarasiwe ku mupaka  w’u Rwanda na Congo

Rubavu : Umusirikare utaramenyekana yarasiwe ku mupaka w’u Rwanda na Congo

Ubwanditsi 18 Jun 2016
China and Rwanda igitabo cya Gerard Mbanda

China and Rwanda igitabo cya Gerard Mbanda

Ubwanditsi 21 Jun 2019
Minisitiri Mukantabana yashimiye umudepite w’u Rwanda watumye atahuka

Minisitiri Mukantabana yashimiye umudepite w’u Rwanda watumye atahuka

Ubwanditsi 26 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Ubuzima bwa Gen Kale Kayihura bwaba butifashe neza aho afungiye
HIRYA NO HINO

Uganda: Ubuzima bwa Gen Kale Kayihura bwaba butifashe neza aho afungiye

Ubwanditsi 29 Jun 2018
Uganda: Museveni yasezeranije abanyabyaha ko bagiye kujya bicwa bamanitswe
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Museveni yasezeranije abanyabyaha ko bagiye kujya bicwa bamanitswe

Ubwanditsi 19 Jan 2018
Gabiro: Harimo guturikirizwa toni 130 z’ibisasu bishaje
Mu Rwanda

Gabiro: Harimo guturikirizwa toni 130 z’ibisasu bishaje

Ubwanditsi 28 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru