• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ingabo za Kongo zirashyirwa mu majwi kwivugana abasirikare babiri ba Tanzania

Ingabo za Kongo zirashyirwa mu majwi kwivugana abasirikare babiri ba Tanzania

Ubwanditsi 07 Feb 2016 Mu Rwanda

Raporo y’umuryango w’abibumbye, iravuga ko ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, arizo zagize uruhare mu rupfu rw’abasirikare babiri bakomoka muri Tanzania.

Muri Gicurasi 2015, abasirikare babiri ba Tanzania baba muri Kongo Kinshasa mu mutwe w’abasirikare badasanzwe, barishwe icyo gihe bikekwa ko barashwe n’abarwanyi ba ADF barwanya Uganda.

Nyamara raporo y’ingabo za Loni zimuri iki gihugu (MONUSCO), iravuga ko ingabo za Perezida Kabila arizo zivuganye aba basirikare zikomeretsa abandi 26.

Bamwe mu batangabuhamya babwiye MONUSCO ko ingabo za Kongo zo muri brigade ya 31, arizo zarashe urufaya rw’amasasu kuri izi ngabo za Tanzania, nk’uko ikinyamakuru daily nation kibigaragaza.

Ingabo za Kongo ngo zakoze ibi nyuma yo guhabwa amakuru ko abasirikare ba Tanzania, bari basigaye baha intwaro ingabo za ADF, nyamara uyu ari umwanzi ukomeye wa FARDC arizo ngabo za Kongo.

Izi mpuguke za MONUSCO ziravuga ko ingabo za Tanzania ngo hari igihe zagiranaga umubonano b’abarwanyi ba ADF, gusa bitazwi impamvu.

Kugeza ubu rwaba uruhande rw’ingabo za Kongo ndetse na Tanzania, ntibaragira icyo bavuga kuri iyi raporo.

Tanzania ifite abasirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, aho ziri mu mutwe udasanzwe wa loni wari wajyanwe no gutsinda imitwe iri mu Burasirazuba bwa Kongo.

Ku isonga havugwaga umutwe wa M23 uyu wo waje no kurwanywa uratsindwa, gusa izi ngabo zari zahawe n’ubutumwa bwo kurwanya indi mitwe irimo uwa FDLR urwanya u Rwanda, nyamara byaheze mu magamb.

Source: Izuba rirashe

2016-02-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi :  Abandi  basirikare 11 bakomeye  bongeye  gutoroka

Burundi : Abandi basirikare 11 bakomeye bongeye gutoroka

Ubwanditsi 20 Aug 2016
Uko Opération Turquoise Yakamye Ikimasa Mu Rwanda

Uko Opération Turquoise Yakamye Ikimasa Mu Rwanda

Ubwanditsi 25 Jun 2025
Hafashwe ngamba zikaze  ku baturage bavoma Nyabarongo mu kwirinda Ingona zibatwara abantu

Hafashwe ngamba zikaze ku baturage bavoma Nyabarongo mu kwirinda Ingona zibatwara abantu

Ubwanditsi 22 Aug 2017
FDLR : Major Barrack Anan yafatiwe kuri station ya polisi yo muri kampala

FDLR : Major Barrack Anan yafatiwe kuri station ya polisi yo muri kampala

Ubwanditsi 05 Apr 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Joyce Banda wahoze ayobora Malawi yagarutse mu gihugu ahakana ko yari yarahunze
Mu Mahanga

Joyce Banda wahoze ayobora Malawi yagarutse mu gihugu ahakana ko yari yarahunze

Ubwanditsi 28 Apr 2018
Iran yahanuye drone ya gisirikare ya USA
IKORANABUHANGA

Iran yahanuye drone ya gisirikare ya USA

Ubwanditsi 20 Jun 2019
Urubyiruko rw’abakorerabushake 400 rwatangiye amahugurwa ku gukumira ibyaha
Mu Mahanga

Urubyiruko rw’abakorerabushake 400 rwatangiye amahugurwa ku gukumira ibyaha

Ubwanditsi 24 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru