• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Niwe rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri Ivory Coast, ibyo wamenya kuri rutahizamu mushya wa APR FC, Amani Kouadio Kan   |   22 Jun 2026

  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Kinshasa: Abarwanya Leta ya Kabila bateguye imyigaragambyo idasanzwe

Kinshasa: Abarwanya Leta ya Kabila bateguye imyigaragambyo idasanzwe

Ubwanditsi 25 Oct 2018 POLITIKI

Umwe mu bakuru b’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi, atangaza ko imyigaragambyo y’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bw’iki gihugu iteganyijwe ku wa Gatanu tariki ya 26 Ukwakira 2018, yamaze kwemererwa kubera mu murwa mukuru Kinshasa.

Ni imyigaragambyo yo kwamagana imashini zo gutoresha mu buryo bw’ikoranabuhanga. Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bafite ubwoba ko zakwifashishwa mu gukora uburiganya mu matora ya perezida ateganyijwe ku itariki ya 23 y’ukwezi kwa cumi na kabiri uyu mwaka.

Vital Kamerhe, utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’iki gihugu akaba n’umwe mu bakandida-perezida 21, aganira na AFP, yavuze ko abahagarariye abatavuga rumwe n’ubutegetsi batumijwe mu nama n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze bw’i Kinshasa ku wa Gatatu.

Yavuze ko yari inama yo gutegura uko umutekano uzacungwa mu gihe cy’iyo myigaragambyo. Kamerhe yagize ati “Tuzakora imyigaragambyo itari bwabeho mu rwego rwo kugaragariza amahanga ko abatavuga rumwe n’ubutegetsi dushaka ko amatora abaho ku itariki ya 23 y’ukwezi kwa cumi na kabiri, ariko akaba amatora yo kwizerwa, akozwe mu bwisanzure kandi anyuze mu mucyo.”

Emmanuel Akweti, umuyobozi wo mu nzego z’ibanze i Kinshasa, yemeje ko koko inama yo gutegura imyigaragambyo yo ku wa Gatanu y’abatavuga rumwe n’ubutegetsi yabaye.

Umwuka w’ubushyamirane ukomeje kwiyongera muri Congo mbere y’amatora ya perezida  yagiye atinzwa ateganyijwe mu kwezi kwa cumi na kabiri uyu mwaka.

Ni amatora yo gutora usimbura Perezida Joseph Kabila wageze ku butegetsi mu mwaka wa 2001, wagezeho akava ku izima  ko ataziyamamaza  uyu mwaka kubera kotswa igitutu n’amahanga.

Mu kwezi gushize kwa cyenda, Bwana Kabila yasezeranyije inteko y’Umuryango w’Abibumbye ko aya matora ya perezida azaba nta gisibya kandi akaba mu buryo bwo kwizerwa.

Abanenga Perezida Kabila bafite impungenge ko ashaka gutuma Emmanuel Ramazani Shadary, yahisemo nk’uwamusimbura akaba yaranahoze ari Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, adahura n’ihatana rikomeye mu matora.

Bakomeza bavuga ko bafite ubwoba ko izo mashini zo gutoresha mu buryo bw’ikoranabuhanga zakorewe muri Koreya y’Epfo zizafasha mu gukora uburiganya mu matora.

Abategetsi b’akanama k’amatora ka Congo bavuga ko izo mashini zizagabanya amafaranga yo kwifashisha mu bikorwa by’amatora kandi zikarwanya uburiganya.

Ibihugu by’i Burayi na Amerika biri gukurikiranira hafi ibiri kubera muri Congo mbere y’amatora, mu gihe iki gihugu gikize ku mabuye y’agaciro cyakolonijwe n’u Bubiligi kiri kugerageza kugira isimburana ku butegetsi rya mbere rikozwe mu mahoro kuva cyakwigenga mu mwaka wa 1960.

Ibikorwa by’umutekano mucye birakomeje mu bice bimwe byo mu burasirazuba bw’iki gihugu mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, aho imitwe y’inyeshyamba ihanganye n’ingabo za Leta.

Abakuru b’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi yagiye acikamo ibice, bitezwe guhurira mu nama muri iki cyumweru i Johannesburg muri Afurika y’Epfo, bagamije kwishyira hamwe ngo bashyigikire umukandida umwe utavuga rumwe n’ubutegetsi.

Ni nyuma yaho abakomeye mu bakuru b’abatavuga rumwe n’ubutegetsi ari bo Jean-Pierre Bemba wahoze ari umukuru w’inyeshyamba akaza no kuba Visi Perezida wa Congo  na Moïse Katumbi wahoze ari umukuru w’Intara ya Katanga, bangiwe kwiyamamaza n’akanama k’amatora.

2018-10-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Icyo wamenya kuri batandatu bashya binjiye muri Guverinoma

Icyo wamenya kuri batandatu bashya binjiye muri Guverinoma

Ubwanditsi 20 Oct 2018
Ibyemezo by’inama y’abaminisitiri idasanzwe yo kuwa 12 Nzeri 2017

Ibyemezo by’inama y’abaminisitiri idasanzwe yo kuwa 12 Nzeri 2017

Ubwanditsi 13 Sep 2017
Hari icyo FPR yakoze kihishe abayibanjirije-Tito

Hari icyo FPR yakoze kihishe abayibanjirije-Tito

Ubwanditsi 27 Dec 2017
Isaranganywa ry’Ubutegetsi mu Rwanda rishobora kuzamo ibibazo by’Itegeko

Isaranganywa ry’Ubutegetsi mu Rwanda rishobora kuzamo ibibazo by’Itegeko

Ubwanditsi 15 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ishyari rya Tshisekedi rifashe ubusa: Inkunga ya miliyari hafi 30 imaze kugenerwa ibikorwa by’ingabo z’u Rwanda muri Mozambique
Amakuru

Ishyari rya Tshisekedi rifashe ubusa: Inkunga ya miliyari hafi 30 imaze kugenerwa ibikorwa by’ingabo z’u Rwanda muri Mozambique

Ubwanditsi 18 Nov 2024
Sean Penn wahoze ari umugabo wa Madonna yitabiriye ibirori byo Kwita Izina
Mu Rwanda

Sean Penn wahoze ari umugabo wa Madonna yitabiriye ibirori byo Kwita Izina

Ubwanditsi 01 Sep 2017
UBUHANUZI:Abashaka guteza umutekano muke mu Rwanda ndetse n’impfu za hato na hato i Burundi bigiye kuburizwamo.
HIRYA NO HINO

UBUHANUZI:Abashaka guteza umutekano muke mu Rwanda ndetse n’impfu za hato na hato i Burundi bigiye kuburizwamo.

Ubwanditsi 11 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru