• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Kinshasa: Abarwanya Leta ya Kabila bateguye imyigaragambyo idasanzwe

Kinshasa: Abarwanya Leta ya Kabila bateguye imyigaragambyo idasanzwe

Ubwanditsi 25 Oct 2018 POLITIKI

Umwe mu bakuru b’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi, atangaza ko imyigaragambyo y’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bw’iki gihugu iteganyijwe ku wa Gatanu tariki ya 26 Ukwakira 2018, yamaze kwemererwa kubera mu murwa mukuru Kinshasa.

Ni imyigaragambyo yo kwamagana imashini zo gutoresha mu buryo bw’ikoranabuhanga. Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bafite ubwoba ko zakwifashishwa mu gukora uburiganya mu matora ya perezida ateganyijwe ku itariki ya 23 y’ukwezi kwa cumi na kabiri uyu mwaka.

Vital Kamerhe, utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’iki gihugu akaba n’umwe mu bakandida-perezida 21, aganira na AFP, yavuze ko abahagarariye abatavuga rumwe n’ubutegetsi batumijwe mu nama n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze bw’i Kinshasa ku wa Gatatu.

Yavuze ko yari inama yo gutegura uko umutekano uzacungwa mu gihe cy’iyo myigaragambyo. Kamerhe yagize ati “Tuzakora imyigaragambyo itari bwabeho mu rwego rwo kugaragariza amahanga ko abatavuga rumwe n’ubutegetsi dushaka ko amatora abaho ku itariki ya 23 y’ukwezi kwa cumi na kabiri, ariko akaba amatora yo kwizerwa, akozwe mu bwisanzure kandi anyuze mu mucyo.”

Emmanuel Akweti, umuyobozi wo mu nzego z’ibanze i Kinshasa, yemeje ko koko inama yo gutegura imyigaragambyo yo ku wa Gatanu y’abatavuga rumwe n’ubutegetsi yabaye.

Umwuka w’ubushyamirane ukomeje kwiyongera muri Congo mbere y’amatora ya perezida  yagiye atinzwa ateganyijwe mu kwezi kwa cumi na kabiri uyu mwaka.

Ni amatora yo gutora usimbura Perezida Joseph Kabila wageze ku butegetsi mu mwaka wa 2001, wagezeho akava ku izima  ko ataziyamamaza  uyu mwaka kubera kotswa igitutu n’amahanga.

Mu kwezi gushize kwa cyenda, Bwana Kabila yasezeranyije inteko y’Umuryango w’Abibumbye ko aya matora ya perezida azaba nta gisibya kandi akaba mu buryo bwo kwizerwa.

Abanenga Perezida Kabila bafite impungenge ko ashaka gutuma Emmanuel Ramazani Shadary, yahisemo nk’uwamusimbura akaba yaranahoze ari Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, adahura n’ihatana rikomeye mu matora.

Bakomeza bavuga ko bafite ubwoba ko izo mashini zo gutoresha mu buryo bw’ikoranabuhanga zakorewe muri Koreya y’Epfo zizafasha mu gukora uburiganya mu matora.

Abategetsi b’akanama k’amatora ka Congo bavuga ko izo mashini zizagabanya amafaranga yo kwifashisha mu bikorwa by’amatora kandi zikarwanya uburiganya.

Ibihugu by’i Burayi na Amerika biri gukurikiranira hafi ibiri kubera muri Congo mbere y’amatora, mu gihe iki gihugu gikize ku mabuye y’agaciro cyakolonijwe n’u Bubiligi kiri kugerageza kugira isimburana ku butegetsi rya mbere rikozwe mu mahoro kuva cyakwigenga mu mwaka wa 1960.

Ibikorwa by’umutekano mucye birakomeje mu bice bimwe byo mu burasirazuba bw’iki gihugu mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, aho imitwe y’inyeshyamba ihanganye n’ingabo za Leta.

Abakuru b’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi yagiye acikamo ibice, bitezwe guhurira mu nama muri iki cyumweru i Johannesburg muri Afurika y’Epfo, bagamije kwishyira hamwe ngo bashyigikire umukandida umwe utavuga rumwe n’ubutegetsi.

Ni nyuma yaho abakomeye mu bakuru b’abatavuga rumwe n’ubutegetsi ari bo Jean-Pierre Bemba wahoze ari umukuru w’inyeshyamba akaza no kuba Visi Perezida wa Congo  na Moïse Katumbi wahoze ari umukuru w’Intara ya Katanga, bangiwe kwiyamamaza n’akanama k’amatora.

2018-10-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, asanga Abanyarwanda ubwabo bagomba kwikebuka, bakigaya cyane kuko aribo bisenyeye ubumwe n’ Igihugu muw’1994, aho gukomeza gushakira impamvu ku banyamahanga.

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, asanga Abanyarwanda ubwabo bagomba kwikebuka, bakigaya cyane kuko aribo bisenyeye ubumwe n’ Igihugu muw’1994, aho gukomeza gushakira impamvu ku banyamahanga.

Ubwanditsi 01 May 2021
Perezida Kagame arasaba Minisitiri w’Intebe kwima amatwi abayobozi bamuca intege

Perezida Kagame arasaba Minisitiri w’Intebe kwima amatwi abayobozi bamuca intege

Ubwanditsi 03 Mar 2018
Ndasubira Mu Rugo Kuwa Mbere, Ndahangayitse Ariko Miliyoni 44 Z’Abagande Nazo Zirahangayitse – Bobi Wine

Ndasubira Mu Rugo Kuwa Mbere, Ndahangayitse Ariko Miliyoni 44 Z’Abagande Nazo Zirahangayitse – Bobi Wine

Ubwanditsi 17 Sep 2018
Perezida Nyusi wa Mozambique aratangira uruzinduko rw’iminsi itatu mu Rwanda

Perezida Nyusi wa Mozambique aratangira uruzinduko rw’iminsi itatu mu Rwanda

Ubwanditsi 19 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yasoje Inama y’Igihugu y’Umushyikirano, akomoza  ku gahinda ababyeyi baterwa n’ibiyobyabwenge mu bana
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yasoje Inama y’Igihugu y’Umushyikirano, akomoza ku gahinda ababyeyi baterwa n’ibiyobyabwenge mu bana

Ubwanditsi 19 Dec 2017
Kagame yakomoje ku mpamvu yatumye Bizimungu yivumbura, agata akazi
INKURU NYAMUKURU

Kagame yakomoje ku mpamvu yatumye Bizimungu yivumbura, agata akazi

Ubwanditsi 12 Jun 2019
Ubuzima bwa Kobe Bryant mu mafoto
IMIKINO

Ubuzima bwa Kobe Bryant mu mafoto

Ubwanditsi 30 Jan 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru