• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Kinshasa: Abarwanya Leta ya Kabila bateguye imyigaragambyo idasanzwe

Kinshasa: Abarwanya Leta ya Kabila bateguye imyigaragambyo idasanzwe

Ubwanditsi 25 Oct 2018 POLITIKI

Umwe mu bakuru b’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi, atangaza ko imyigaragambyo y’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bw’iki gihugu iteganyijwe ku wa Gatanu tariki ya 26 Ukwakira 2018, yamaze kwemererwa kubera mu murwa mukuru Kinshasa.

Ni imyigaragambyo yo kwamagana imashini zo gutoresha mu buryo bw’ikoranabuhanga. Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bafite ubwoba ko zakwifashishwa mu gukora uburiganya mu matora ya perezida ateganyijwe ku itariki ya 23 y’ukwezi kwa cumi na kabiri uyu mwaka.

Vital Kamerhe, utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’iki gihugu akaba n’umwe mu bakandida-perezida 21, aganira na AFP, yavuze ko abahagarariye abatavuga rumwe n’ubutegetsi batumijwe mu nama n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze bw’i Kinshasa ku wa Gatatu.

Yavuze ko yari inama yo gutegura uko umutekano uzacungwa mu gihe cy’iyo myigaragambyo. Kamerhe yagize ati “Tuzakora imyigaragambyo itari bwabeho mu rwego rwo kugaragariza amahanga ko abatavuga rumwe n’ubutegetsi dushaka ko amatora abaho ku itariki ya 23 y’ukwezi kwa cumi na kabiri, ariko akaba amatora yo kwizerwa, akozwe mu bwisanzure kandi anyuze mu mucyo.”

Emmanuel Akweti, umuyobozi wo mu nzego z’ibanze i Kinshasa, yemeje ko koko inama yo gutegura imyigaragambyo yo ku wa Gatanu y’abatavuga rumwe n’ubutegetsi yabaye.

Umwuka w’ubushyamirane ukomeje kwiyongera muri Congo mbere y’amatora ya perezida  yagiye atinzwa ateganyijwe mu kwezi kwa cumi na kabiri uyu mwaka.

Ni amatora yo gutora usimbura Perezida Joseph Kabila wageze ku butegetsi mu mwaka wa 2001, wagezeho akava ku izima  ko ataziyamamaza  uyu mwaka kubera kotswa igitutu n’amahanga.

Mu kwezi gushize kwa cyenda, Bwana Kabila yasezeranyije inteko y’Umuryango w’Abibumbye ko aya matora ya perezida azaba nta gisibya kandi akaba mu buryo bwo kwizerwa.

Abanenga Perezida Kabila bafite impungenge ko ashaka gutuma Emmanuel Ramazani Shadary, yahisemo nk’uwamusimbura akaba yaranahoze ari Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, adahura n’ihatana rikomeye mu matora.

Bakomeza bavuga ko bafite ubwoba ko izo mashini zo gutoresha mu buryo bw’ikoranabuhanga zakorewe muri Koreya y’Epfo zizafasha mu gukora uburiganya mu matora.

Abategetsi b’akanama k’amatora ka Congo bavuga ko izo mashini zizagabanya amafaranga yo kwifashisha mu bikorwa by’amatora kandi zikarwanya uburiganya.

Ibihugu by’i Burayi na Amerika biri gukurikiranira hafi ibiri kubera muri Congo mbere y’amatora, mu gihe iki gihugu gikize ku mabuye y’agaciro cyakolonijwe n’u Bubiligi kiri kugerageza kugira isimburana ku butegetsi rya mbere rikozwe mu mahoro kuva cyakwigenga mu mwaka wa 1960.

Ibikorwa by’umutekano mucye birakomeje mu bice bimwe byo mu burasirazuba bw’iki gihugu mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, aho imitwe y’inyeshyamba ihanganye n’ingabo za Leta.

Abakuru b’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi yagiye acikamo ibice, bitezwe guhurira mu nama muri iki cyumweru i Johannesburg muri Afurika y’Epfo, bagamije kwishyira hamwe ngo bashyigikire umukandida umwe utavuga rumwe n’ubutegetsi.

Ni nyuma yaho abakomeye mu bakuru b’abatavuga rumwe n’ubutegetsi ari bo Jean-Pierre Bemba wahoze ari umukuru w’inyeshyamba akaza no kuba Visi Perezida wa Congo  na Moïse Katumbi wahoze ari umukuru w’Intara ya Katanga, bangiwe kwiyamamaza n’akanama k’amatora.

2018-10-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Inyeshyamba za FDLR zishinjwa gushimutira Abongereza babiri muri Pariki ya Virunga

Inyeshyamba za FDLR zishinjwa gushimutira Abongereza babiri muri Pariki ya Virunga

Ubwanditsi 18 May 2018
Urutonde rw’Abadepite 80 bemejwe by’agateganyo

Urutonde rw’Abadepite 80 bemejwe by’agateganyo

Ubwanditsi 06 Sep 2018
Ishingwa rya CDR, Hutu Power n’igurwa rya toni 581 z’imihoro yakoreshejwe muri Jenoside

Ishingwa rya CDR, Hutu Power n’igurwa rya toni 581 z’imihoro yakoreshejwe muri Jenoside

Ubwanditsi 25 Feb 2020
Bobi Wine agiye kuburanishwa n’urukiko rwa gisirikare nyuma yo gufatanwa imbunda

Bobi Wine agiye kuburanishwa n’urukiko rwa gisirikare nyuma yo gufatanwa imbunda

Ubwanditsi 15 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Hagiye kubakwa ikigo kizitirirwa se wa Gen Kale Kayihura, John Kalekyezi, witabye Imana ku myaka 30
POLITIKI

Uganda: Hagiye kubakwa ikigo kizitirirwa se wa Gen Kale Kayihura, John Kalekyezi, witabye Imana ku myaka 30

Ubwanditsi 09 May 2018
Kantengwa Angélique wayoboraga RSSB agizwe umwere ari mu Buhinde kwivuza
Mu Mahanga

Kantengwa Angélique wayoboraga RSSB agizwe umwere ari mu Buhinde kwivuza

Ubwanditsi 09 Aug 2016
Sudani: Abavandimwe ba Omar al Bashir batawe muri yombi
POLITIKI

Sudani: Abavandimwe ba Omar al Bashir batawe muri yombi

Ubwanditsi 18 Apr 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru