• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amatike y’umunsi wa kabiri w’igitaramo cyo kwizihiza imyaka 20 King James amaze akroa umuziki yamaze kujya hanze   |   01 Jun 2026

  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Ubuzima bwa Kobe Bryant mu mafoto

Ubuzima bwa Kobe Bryant mu mafoto

Ubwanditsi 30 Jan 2020 IMIKINO

Kobe Bryant ni umwe mu bagabo banditse amateka muri NBA, witabye Imana ku Cyumweru, azize impanuka ya kajugujugu yahitanye abandi bantu umunani barimo n’umukobwa we w’imyaka 13, Gianna Bryant.

Mu myaka 20 yakinnye muri Shampiyona ya Basketball ya Amerika kugeza mu 2016, yatwaye ibikombe bitanu bya NBA akinira LA Lakers.

Abantu basaga miliyoni bakomeje gusaba ko Bryant wapfuye afite imyaka 41, yashyirwa mu kirango cya Shampiyona ya NBA.

Kobe Bryant yasize umugore, Vanessa w’imyaka 37 n’abandi bana b’abakobwa batatu; Natalia w’imyaka 17, Bianka w’imyaka itatu na Capri w’imyaka irindwi.

Twifashishije inkuru ya IGIHE yakusanyije amwe mu mafoto atandukanye agaragaza ubuzima bwe.

Kobe Bryant wavutse kuri Joe Jellybean Bryant wakinnye muri NBA na Pamela Cox muri Philadelphia- Pennsylvania, yabaye mu Butaliyani imyaka umunani ubwo papa we yahakinaga nk’Umunyamwuga

Kobe Bryant yatangiye gukina Basketball afite imyaka itatu, impano yigaragaza yiga muri Lower Merion High School

Akiri muto, Bryant yafashije ikipe y’ikigo yigagaho kwegukana igikombe inshuro enye zikurikiranya

Kobe Bryant yatoranyijwe ari uwa 13 na Charlotte Hornets muri NBA Draft mu 1996 ubwo ari afite imyaka 17, ariko ahita atangwa muri LA Lakers

Kobe Bryant yekeje muri LA Lakers nyuma y’uko yari yatoranyijwe ari uwa 13 na Charlotte Hornets muri NBA Draft mu 1996

Kobe Bryant acenga uwo bari bahanganye mu 1996

Bryant nubwo mu minsi ya mbere atari afitanye umubano mwiza na Shaqille O’Neil, bubatse ikipe ikomeye muri Lakers batwarana ibikombe karahava. Aha bari kumwe mu Ugushyingo 1996

Kobe Bryant ari kumwe na papa we, Joe Bryant, mu rwambariro mu 1996

Bryant agerageza gutera dunk ku mukino wabahuje na New York Knicks mu 1999

Shaqille O’Neil na Kobe Bryant bari kumwe na Magic Johnson wabaye umunyabigwi muri LA Lakers, nyuma yo gutwara NBA mu 2000

Kobe Bryant yifotozanya igikombe cya NBA mu 2002 nyuma yo kugitwara bwa gatatu

Allen Iverson wa Philadelphia 76ers aterana amagambo na Kobe Bryant nyuma y’umukino wabaye mu 2001

Ifoto yafashwe mu 2006 igaragaza Kobe Bryant mu bitekerezo byinshi mbere y’umukino

 

Bryant atsinda dunk mu mukino na Dallas Mavericks mu 2006

 

Kobe Bryant yitegura gutsinda mu mukino wa LA Lakers na New Orleans Hornets mu 2011

Laine Vanessa yasabye gatanya na Kobe Bryant mu 2011, ariko mu 2013 bariyunga bakomeza kubana. Aha bari kumwe n’abana babo Natalia Bryant na Gianna Bryant i California mu 2009

Kobe Bryant yerekanwa nka MVP wa NBA mu mwaka w’imikino wa 2007/08

Kobe Bryant mu kirere asama mupira uva ku nkangara mu 2010

Kobe Bryant mu kirere yitegura gushyira umupira mu nkangara

Bryant yitegura gushota mu mukino wabahuje na Sacramento Kings mu 2014

Ikipe ya Amerika y’abagabo. Uhereye ibumoso ni: Michael Redd, Bryant, Dwayne Wade, Lebron James na Deron Williams bishimira umudali wa Zahabu babonye mu mikino Olempike yabereye i Beijing mu Bushinwa mu 2008

Kobe Bryant ashimira abafana mbere yo gukina umukino we wa nyuma muri NBA

Kobe Bryant mu mukino we wa nyuma. Yambaye nimero 8 na 24 mu myaka 20 yakiniye Lakers.

Bryant yakundwaga cyane n’abafana ba Los Angeles Lakers

Bryant aruma umupira we ubwo yahindukiraga ngo yumve inama z’umutoza Mike Brown ku mukino wabahuje na New York Knicks i Los Angeles mu Ukuboza 2011

Bryant aryama hasi nyuma yo gutakaza umupira mu mukino wabahuje na Chicago Bulls mu 2013

Bryant ashyira umupira mu nkangara mu mukino wabahuje na Oklahoma City Thunder mu 2012

Bryant yamburwa umupira na DeMar DeRozan wakiniraga Toronto Raptors 2012

Bryant ubwo yari kumwe n’umukobwe we, Gianna, ku mukino wa WNBA All Star mu 2019

Bryant agerageza gutera dunk mu mukino wahuje ikipe ye na Toronto Raptors tariki 8 Werurwe 2013. Icyo wamenya ni uko Bryant yapfuye ariwe mukinnyi ufite agahigo ko kuba yaratwaye irushanwa rya Slam Dunk akiri muto, icyo gihe hari mu 1997

Mu bihembo byinshi yatwaye, Bryant mu 2018 yegukanye igihembo cya Oscar abikesha filimi ngufi ishingiye ku muvugo yanditswe akawita “Dear Basketball”. Aha yari kumwe n’umugore we Vanessa Laine

Bryant yabaye MVP wa All Star inshuro enye, agahigo asangiye na Bob Pettit nk’abegukanye iki gihembo inshuro nyinshi mu mateka ya NBA

Abafana bashaka gukora kuri Kobe Bryant ubwo yasohokaga mu kibuga nyuma y’umukino batsinzemo Utah Jazz mu 2016

Uwahoze ari Perezida wa Amerika, Barack Obama yifotozanya na Kobe Bryant na Derek Fisher mu 2010

Kobe Bryant yishimirwaga n’abafana

LeBron James, Kobe Bryant na Dwyane Wade mu mukino wahuje Amerika na Argentine mu mikino Olempiki ya 2008 i Beijing

Bryant yari umwe mu bakinnyi batsinze amanota menshi mu mateka ya NBA

Kobe Bryant aca hagati y’abakinnyi ba Orlando Magic; Mickael Pietrus na Rashard Lewis

Byrant yashyingiranywe na Laine Vanessa muri Mata 2001, kuva 2003 kugeza mu 2019 babyarana abakobwa bane

Mu 2003 yashinjwe guhohotera umukobwa w’imyaka 19 wakoraga muri Hotel i Colorado, ikirego cyateshejwe agaciro mu 2004

Nubwo imyaka ibiri ye ya mbere yabanzaga mu basimbura, mu 1998 ubwo yari afite imyaka 18, yabaye umukinnyi muto wagaragaye mu ikipe y’intyoza ya All-Star

Kobe Bryant yabaye umukinnyi w’umwaka muri NBA mu 2008, anahabwa igihembo cy’imikino ya nyuma ya NBA mu 2009 na 2010

Kobe Bryant yakinnye iminota 48 637, aba umukinnyi wa munani wakinnye iminota myinshi muri NBA

Mu 2006, Bryant yatsinze amanota 81 mu mukino wabahuje na Toronto Raptors, akaba ariyo manota ya kabiri menshi yatsinzwe n’umukinnyi uwo ari we wese mu mukino wa NBA nyuma ya Wilt Chamberlain watsinze 100 mu 1962.

Umryango wa Kobe Bryant wishimira intsinzi ya LA Lakers kuri Boston Celtics mu 2010

Yatoranyijwe mu ikipe y’umwaka inshuro 11, azinganya na Karl Malone ku mwanya wa kabiri

Mu mashuri yisumbuye yari umwe mu bagize itsinda rya Cheizaw ryakoraga umuziki w’injyana ya Rap ndetse akaba yari azwi mu mikino njyarugamba no gukina filimi

Kobe Bryant yifotozanya igihembo cya Oscar yahawe mu 2018

Byrant aganira n’itangazamakuru nyuma yo gutsinda amanota 60 mu mukino we wa nyuma muri NBA tariki ya 13 Mata mu 2016

Kobe Bryant na LeBron James bifotozanya umudali wa Zahabu begukanye mu mikino Olempiki ya 2008 bamaze gutsinda Espagne

Bryant atunganya umwambaro we mu mukino bahuyemo na Phoenix Suns mu 2012

Kobe Bryant ashaka uko acenga LeBron James mu mukino wahuje LA Lakers na Cavaliers mu 2016

Kobe Bryant yishima nyuma yo gutsinda amanota 60 mu mukino we wa nyuma muri NBA

Bryant ahanganiye umupira na Arron Afflalo wa Denver Nuggets mu mukino wo mu gace k’Uburengerazuba wabaye mu 2012

Kobe Bryant yari afite ubuhanga bwihariye mu gutsinda amanota

Kobe Bryant yatangiye gukina mu mwaka w’imikino wa 1996/97- Aha yafotowe ari mu mukino wabahuje na Portland Trail Brazers mu 2001

Kobe Bryant mu gace ka kabiri k’umukino wabahuje na Boston Celtics mu mikino ya nyuma ya NBA mu 2010

Kobe Bryant mu mukino wahuje Utah Jazz na LA Lakers mu 2016

Kobe Bryant ashimira abafana ubwo yasohokaga mu kibuga

Kobe Bryant yabaga yifitiye icyizere mu kibuga

Kobe Bryant yishyushya hamwe n’umukobwa we, Gianna Bryant, mbere y’umukino wa NBA All-Star mu 2016

Umuhanzi Lin Manuel Miranda afata ifoto hamwe na Kobe Bryant mu 2018

Shaqille O’Neil na Kobe Bryant basoma ibihembo bahawe nyuma yo gutsinda Indiana Pacers

Kobe Bryant yifotozanya n’umufasha we Laine Vanessa mu 2008

Uwahoze ari Perezida wa Amerika, Barack Obama yifotozanya na Kobe Bryant na bagenzi be bo muri LA Lakers yatwaye Shampiyona ya NBA mu 2009

Vanessa Laine na Kobe Bryant ubwo bari bitabiriye umuhango watangiwemo ibihembo bya Oscar mu mwaka ushize

Kobe Bryant yerekeza mu kibuga hagati mu birori byo kubika umwambaro yambaraga, mu karuhuko ku mukino wahuje Los Angeles Lakers na Golden State Warriors

Kobe Bryant atsinda dunk mu mukino wahuje Amerika na Nigeria mu mikino Olempiki ya 2012

Ifoto yafashwe mu Ukuboza 2019, Kobe Bryant ari kumwe n’umukobwa we, Gianna, bapfanye mu ndege mu cyumweru gishize

Kobe Bryant kuva na kera yakundaga kugenda mu ndege no mu gihe agiye ku mikino y’ikipe ye. Iyi foto yafashwe mu 1998

Aha Kobe yari kumwe na Jay Z na Beyonc

2020-01-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Hagati yikipe ya Gicumbi FC, Heroes FC, Amagaju FC na Etoile de l’Est harara hamenyekanye amakipe abiri azakina ikiciro cya mbere 2021-2022

Hagati yikipe ya Gicumbi FC, Heroes FC, Amagaju FC na Etoile de l’Est harara hamenyekanye amakipe abiri azakina ikiciro cya mbere 2021-2022

Ubwanditsi 12 Oct 2021
RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali

RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali

RUSHYASHYA 24 May 2026
Zabyaye amahari hagati ya Rayon Sports na Ferwafa kubera umukinnyi wo muri Brésil

Zabyaye amahari hagati ya Rayon Sports na Ferwafa kubera umukinnyi wo muri Brésil

Ubwanditsi 12 Dec 2018
Amavubi yatsinzwe na Uganda igitego kimwe ku busa mu mukino w’umunsi wa gatatu wo mu matsinda yo guhatanira itike yo gukina igikombe cy’isi 2022

Amavubi yatsinzwe na Uganda igitego kimwe ku busa mu mukino w’umunsi wa gatatu wo mu matsinda yo guhatanira itike yo gukina igikombe cy’isi 2022

Ubwanditsi 07 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Cecafa: U Rwanda ruracakirana na Tanzania mbere yo kugaruka i Kigali
IMIKINO

Cecafa: U Rwanda ruracakirana na Tanzania mbere yo kugaruka i Kigali

Ubwanditsi 09 Dec 2017
Amatora: Emmanuel Macron na Marine Le Pen mu cyiciro cya kabiri cy’abahatanira kuyobora u Bufaransa
POLITIKI

Amatora: Emmanuel Macron na Marine Le Pen mu cyiciro cya kabiri cy’abahatanira kuyobora u Bufaransa

Ubwanditsi 23 Apr 2017
Manishimwe Djabel na Niyonzima Ally mu bakinnyi batajyanye n’Amavubi muri Mozambique
IMIKINO

Manishimwe Djabel na Niyonzima Ally mu bakinnyi batajyanye n’Amavubi muri Mozambique

Ubwanditsi 11 Nov 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru