• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Ndasubira Mu Rugo Kuwa Mbere, Ndahangayitse Ariko Miliyoni 44 Z’Abagande Nazo Zirahangayitse – Bobi Wine

Ndasubira Mu Rugo Kuwa Mbere, Ndahangayitse Ariko Miliyoni 44 Z’Abagande Nazo Zirahangayitse – Bobi Wine

Ubwanditsi 17 Sep 2018 POLITIKI

Umuhanzi Bobi Wine, akaba n’umudepite mu nteko ishinga Amategeko ya Uganda, ategerejwe I Kampala kuri uyu wa Mbere, itariki 17 Nzeri nyuma y’iminsi yari amaze muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho yari yagiye kwivuza nk’uko yabitangarije ikinyamakuru Mail & Guardian.

“Ndasubira mu rugo kuwa mbere. Nibyo ndahangayitse, ariko ni mu rugo, niho umuryango wanjye uri, niho abantu banjye bose bari. Ndahangayitse ariko miliyoni 44 z’Abagande nazo zirahangayitse. Niho urugo rwanjye ruri”, uyu ni Robert Kyagulanyi (Bobi Wine) mu kiganiro n’iki kinyamakuru.

Bobi wine muri iki kiganiro yagaragaje inkomoko y’impungenge afite agira ati: “Ugomba kwitega ikintu cyose muri Uganda. Kubera ko urebye inyuma mu mateka benshi mu mpirimbanyi z’ubwisanzure zagiye zifatwa mu buryo bubi zikihagera kandi ntaho ntandukanye na gato. Kubw’ibyo hari buri kimwe cyo kwitega.”

Depite Robert Kyagulanyi yavuye muri Uganda mu ntangiriro z’uku kwezi kwa Nzeri agiye kwivuza muri Amerika nyuma yo gukubitirwa aho yari afungiye mu kigo cya gisirikare. Aragira ati: “Ndimo kumererwa neza,”

Yari yatawe muri yombi kuwa 13 kanama nyuma y’imyivumbagatanyo yabereye Arua, aho imbaga y’abamushyigikiye yateye amabuye imodoka za Perezida Museveni bikaba ngombwa ko abantu benshi batabwa muri yombi barimo Bobi Wine ndetse umushoferi we, Yasin Kawuma we akaba yarahasize ubuzima.

Bobi Wine n’abandi bantu 11 bashinjwe icyaha cy’ubugambanyi gifitanye isano n’icyo kibazo cyavutse Arua, ariko aza kurekurwa kuri bail kubera uburwayi yavugaga ko yatewe n’iyicarubozo yakorewe ubwo yari afunze.

Kwamamara muri rubanda vuba vuba kwa Bobi Wine ngo kwatumye Perezida Museveni umaze imyaka isaga 30 ku butegetsi agira impungenge nk’uko iyi nkuru ikomeza ivuga.

Bobi Wine akaba yavuze ko ubutumwa bwe bwakanguye benshi mu Bagande basanzwe kuko nawe ngo ari Umugande usanzwe udakomoka mu miryango ikomeye. Ati: “Ndi umwana wo muri Ghetto. Amateka yanjye yahoze hariya ngo buri umwe ayabone. Iyo bandebye bibona bahagarariwe, iyo mvuze bumva ijwi rya za miliyoni rimvugiramo. Bazi ko numva ububabare bwabo,”

Bobi wine yakomeje avuga ko atazareka ngo ubugizi bwa nabi kuri we cyangwa ku bandi bantu bumuce integer. Ati: “Nzakomeza ibyo nakoraga, nshishikarize Abagande kugira uruhare mu buyobozi bw’igihugu cyabo, bagire uruhare rwabo, bahaguruke basabe uburenganzira bwabo.”

2018-09-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibyo inararibonye zisanga Umutwe w’Abadepite mushya waheraho

Ibyo inararibonye zisanga Umutwe w’Abadepite mushya waheraho

Ubwanditsi 05 Sep 2018
Lubumbashi: Hari  Imyigaragambyo Ikomeye Y’abaturage Basaba Igaruka Rya Moise Katumbi

Lubumbashi: Hari Imyigaragambyo Ikomeye Y’abaturage Basaba Igaruka Rya Moise Katumbi

Ubwanditsi 07 Aug 2018
Trump aremeza ko Iran ari yo yarashe misile indege yo muri Ukraine

Trump aremeza ko Iran ari yo yarashe misile indege yo muri Ukraine

Ubwanditsi 10 Jan 2020
Ndayishimiye na Tshisekedi basangiye igwingira mu mitekerereze, irangwa n’ingengabitekerezo ya Jenoside

Ndayishimiye na Tshisekedi basangiye igwingira mu mitekerereze, irangwa n’ingengabitekerezo ya Jenoside

Ubwanditsi 26 Mar 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yashimangiye gahunda y’u Rwanda yo guca plastique zikoreshwa rimwe
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yashimangiye gahunda y’u Rwanda yo guca plastique zikoreshwa rimwe

Ubwanditsi 10 Jun 2018
Amafoto: Rayon Sports yunamiye imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 ishyinguwe mu rwibutso rwa Ntarama
Amakuru

Amafoto: Rayon Sports yunamiye imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 ishyinguwe mu rwibutso rwa Ntarama

Ubwanditsi 14 Apr 2022
Kirehe: Abahoze ari abanyabyaha bitandukanye n’inzererezi  biyemeje kubireka no gufasha abandi kubivamo
Mu Mahanga

Kirehe: Abahoze ari abanyabyaha bitandukanye n’inzererezi biyemeje kubireka no gufasha abandi kubivamo

Ubwanditsi 04 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru