• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Burundi: Agathon Rwasa araburira Abarundi bazatora ‘Yego’ mu matora ya kamarampaka

Burundi: Agathon Rwasa araburira Abarundi bazatora ‘Yego’ mu matora ya kamarampaka

Ubwanditsi 10 May 2018 POLITIKI

Umunyapolitiki utavuga rumwe na Leta y’u Burundi, Agathon Rwasa, yaburiye bamwe mu barundi bashobora kuzatora ‘Yego’ mu matora ya Kamarampaka, ko nyuma bashobora kuzicuza.

Ibi yabitangarije mu ntara ya Makamba, aho yari mu bukangurambaga, busaba Abarundi kuzatora OYA, kugira ngo Itegeko Nshinga ridahindurwa, akabatangariza ko riramutse rihinduwe zaba ari ingaruka zikomeye ku benegihugu.

Agathon Rwasa avuga ko Leta iriho yagize ubwiru ingingo zahinduka mu Itegeko Nshinga ribaye rihinduwe, ati “mumbwire mwese uwaba yaba yarigeze kubona iki gitabo, nta n’umwe ukizi none ngo nimwe mwabisabye, na njye ubwanjye nakibonye ku itariki 30 z’ukwezi kwa kane, njye ndibaza kuri iki kintu bagize ibanga, aho babiteguriye ntaho tuzi,…”.

Agathon yasabye abari aho gukangurira n’abandi ko muri iki gihe u Burundi ngo bwugarijwe n’inzara n’ubukene, guhindura itegeko Nshinga atari cyo cyari gikenewe mbere y’ibindi.

Ati “ ntabwo amategeko abiri abana mu gihugu, uko amategeko yubakwa, itegeko rishya rikuraho iryari risanzwe,… ikintu rero bahita bakora ni ukuvanaho inzeho zose zihari, igihugu cyafatwa nk’ikiri mu ntambara, ni ukuvuga rero ko Itegeko Nshinga twashyizeho i Arusha, ryaba rikuweho”.

Ndayimpenda Evariste, umuyobozi mu ishyaka Amizero y’Abarundi, Agathon Rwasa abereye perezida, na we yatangarije abatuye i Makamba ko gutora YEGO, ari ugushyira igihugu mu kaga, ko nyuma habaho ukwicuza.

Ati “reka mbabwire akantu gatoya, impamvu tugaruka kubabwira kudatora yego, ni uko ejo mwazicuza”.

Akomeza avuga ko mu gihe bahitamo ko rihindurwa, ko hari inzego zimwe na zimwe zajya mu maboko y’umuntu umwe atavuze, atanga urugero rw’urwego rw’igihugu rushinzwe iperereza, ati “ni rumwe mu zigize umutekano w’igihugu cy’u Burundi, ariko mwibeshye mugatora Yego, ibikorwa by’iperereza ntimuzongera kumenya aho bikorera, ibyo bikora, uburyo bikorwa,… icyo gihe byaba biri mu maboko y’umuntu umwe”.

Amatora ya kamarampaka ateganyijwe kuba ku wa 17 Gicurasi 2018.

2018-05-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Inda ninini isumbye indagu, umuhanzi Jean Paul Samputu, nawe abaye ikigarasha gikoreshwa nUbutegetsi bwa Uganda ngo kigambanire gakondo!!!

Inda ninini isumbye indagu, umuhanzi Jean Paul Samputu, nawe abaye ikigarasha gikoreshwa nUbutegetsi bwa Uganda ngo kigambanire gakondo!!!

Ubwanditsi 09 Apr 2021
Mpayimana ngo ntazacika intege natsindwa amatora y’Abadepite

Mpayimana ngo ntazacika intege natsindwa amatora y’Abadepite

Ubwanditsi 06 Jan 2018
Bashir bamujyanye kumufungira muri Gereza ya Kabar i Khartoum.

Bashir bamujyanye kumufungira muri Gereza ya Kabar i Khartoum.

Ubwanditsi 17 Apr 2019
USA:Uguterana amagambo gukomeye hagati yaTrump na Clinton

USA:Uguterana amagambo gukomeye hagati yaTrump na Clinton

Ubwanditsi 27 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Congo: Umusirikare ufite ipeti rya Kapiteni yakatiwe igifungo cy’imyaka itanu azira kugurisha amasasu
Mu Mahanga

Congo: Umusirikare ufite ipeti rya Kapiteni yakatiwe igifungo cy’imyaka itanu azira kugurisha amasasu

Ubwanditsi 08 May 2018
FARDC iratangaza ko ari yonyine mu rugamba rugamije kurandura burundu ADF
HIRYA NO HINO

FARDC iratangaza ko ari yonyine mu rugamba rugamije kurandura burundu ADF

Ubwanditsi 14 Jan 2018
Amikoro make yatumye komite nyobozi ya As Muhanga yegura
Amakuru

Amikoro make yatumye komite nyobozi ya As Muhanga yegura

Ubwanditsi 11 Aug 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru