• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»P.Kagame arasubira i Paris ?

P.Kagame arasubira i Paris ?

Ubwanditsi 10 May 2018 POLITIKI

Biremezwa n’ikinyamakuru JeuneAfrique ko Perezida Paul Kagame azajya i Paris mu nama yo guteza imbere ikoranabuhanga mu mishinga igitangira izwi nka VivaTech izaba tariki 24 – 26 muri uku kwezi. Perezida Kagame aheruka mu Bufaransa mu myaka itatu ishize.

Perezida Kagame yakiriwe i Elysee na Nicolas Sarkozy muri Nzeri 2011

Perezida Kagame yakiriwe i Elysee na Nicolas Sarkozy muri Nzeri 2011

Amakuru y’uruzinduko rwa Perezida Kagame i Paris ariko ntaremezwa n’ibiro bye cyangwa se abategura VivaTech, nubwo mu mezi ashize bemeje ko abayobozi b’Ubufaransa bifuza ko u Rwanda ruhagararirwa muri iyi nama.

Ubufaransa n’u Rwanda umubano wabyo uhoramo igitotsi kubera amateka mabi. U Rwanda rushinja Ubufaransa uruhare rutaziguye mu gutegura Jenoside yakorewe Abatutsi, Ubufarasa ntibwigeze bwemera uru ruhare, uretse Perezida Nicolas Sarkozy wemeye ‘amakosa mu gufata imyanzuro’ muri icyo gihe.

Uyu Sarkozy mu ntangiriro z’uku kwezi yaje mu Rwanda anabonana na Perezida Kagame.

Muri Gashyantare uyu mwaka, Maurice Lévy umuyobozi w’inama y’ubutegetsi ya Publicis Groupe, kompanyi ikomeye cyane ku isi mu byo kwamamaza, yatangarije i Quai d’Orsay muri Paris ko Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’Ubufaransa “ari kuvugana na Perezida Paul Kagame ngo u Rwanda ruzitabire cyane ririya huriro rya VivaTech i Paris.”

Ikinyamakuru JeuneAfrique kuri uyu kabiri kemeje ko Perezida Paul Kagame azitabira iri huriro mpuzamahanga rya VivaTech, ngo bikaba n’ikimenyetso ko hari agashyuhe kari kuza mu mubano w’Ubufaransa n’u Rwanda kuva Emmanuel Macron yatorwa nka Perezida w’Ubufaransa.

Perezida Kagame aheruka i Paris muri Gashyantare 2015 mu nama y’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Burezi, Ubumenyi n’Umuco (UNESCO, ifite ikicaro i Paris). Aho bitari biteganyijwe ko abonana n’abayoboye iki gihugu.

Mbere yabwo Perezida Kagame yagiye i Paris mu 2011 ahura na Diaspora nyarwanda ibayo, nibwo bwa mbere Perezida w’u Rwanda yari ageze mu Bufaransa nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, yanakiriwe muri Elysee na Perezida Sarkozy.

Perezida Paul Kagame na Perezida Macron muri Nzeri i New York

Perezida Paul Kagame na Perezida Macron muri Nzeri i New York

Mu minsi ishize u Rwanda rwavuze ko rutangije iperereza ku bafaransa 20 bashinjwa uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda. Leta y’Ubufaransa ifite inyandiko n’ibimenyetso byerekeranye n’u Rwanda mu gihe cya Jenoside itarashyira hanze kugeza ubu.

Muri Nzeri ishize, iruhande rw’inama rusange y’Umuryango w’Abibumbye i New York, Perezida Kagame na Prezida Macron bagiranye ibiganiro byihariye ku mubano w’ibihugu byombi.

Niba Perezida Kagame azajya i Paris mu mpera z’uku kwezi, ntibiramenyekana niba yazongera kuganira na mugenzi we.

VivaTech bivugwa ko azitabira i Paris ni ihuriro rinini rihuza abatangizi mu bushabitsi mu ikoranabuhanga n’abayobozi. Uyu mwaka ngo bazibanda cyane kuri Africa. Kompanyi 300 zo muri Africa nazo zizitabira.

 

2018-05-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuhango w’irahira rya Macky Sall, Kagame n’abandi baperezida 18 bitabiriye irahira rye

Umuhango w’irahira rya Macky Sall, Kagame n’abandi baperezida 18 bitabiriye irahira rye

Ubwanditsi 02 Apr 2019
Amakuru twacukumbuye ku buryo buhagije, arahamya ko kimwe mu bikomerezwa bya FDLR, Gen. Appolinaire Hakizimana alias Poète, atagihumeka umwuka w’abazima

Amakuru twacukumbuye ku buryo buhagije, arahamya ko kimwe mu bikomerezwa bya FDLR, Gen. Appolinaire Hakizimana alias Poète, atagihumeka umwuka w’abazima

Ubwanditsi 03 Jan 2025
Kwivuguruza kwa Donald Trump biramwambura amahirwe yo gutsinda amatora

Kwivuguruza kwa Donald Trump biramwambura amahirwe yo gutsinda amatora

Ubwanditsi 29 Aug 2016
Perezida Zuma yanze kwegura

Perezida Zuma yanze kwegura

Ubwanditsi 14 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ko Ndayishimiye yimuriye ingabo zose z’u Burundi muri Kongo, Abarundi barinzwe nande?
Amakuru

Ko Ndayishimiye yimuriye ingabo zose z’u Burundi muri Kongo, Abarundi barinzwe nande?

Ubwanditsi 11 Feb 2025
Intambara y’amagambo hagati ya Museveni na Kadaga bapfa amafaranga y’umurengera yiswe ko ari ayo kurwanya COVID19
INKURU NYAMUKURU

Intambara y’amagambo hagati ya Museveni na Kadaga bapfa amafaranga y’umurengera yiswe ko ari ayo kurwanya COVID19

Ubwanditsi 01 May 2020
Champions League: Tottenham yasezerewe, RB Leipzig na Atalanta zibimburira izindi muri ¼
IMIKINO

Champions League: Tottenham yasezerewe, RB Leipzig na Atalanta zibimburira izindi muri ¼

Ubwanditsi 11 Mar 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru