• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Kinshasa iracyadindiza ishyirwa mu bikorwa ry’Amasezerano ya Washington, nk’uko Minisitiri Nduhungirehe abivuga

Kinshasa iracyadindiza ishyirwa mu bikorwa ry’Amasezerano ya Washington, nk’uko Minisitiri Nduhungirehe abivuga

RUSHYASHYA 26 Nov 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Nubwo u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byasinye amasezerano y’amahoro ya Washington ku wa 27 Kamena 2025, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yavuze ko Kinshasa idashyira mu bikorwa ayo masezerano, cyane cyane mu bijyanye no kubahiriza iherezo ry’intambara n’inyagwa-bikorwa ku mutwe wa FDLR nk’uko byateganywaga nkuko yabitangarije ibiro ntaramakuru by’abafaransa RFI.

Minisitiri Nduhungirehe yavuze ko hashyizweho inzego zishyira mu bikorwa amasezerano, harimo umuryango w’ibikorwa bya gisirikare bihuriweho n’impande zombi n’akanama gashinzwe gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano. Kuri ibi biganiro kandi, hari no kwemezwa kw’intego z’ubukungu ku rwego rw’akarere k’ibihugu bihuriye mu masezerano, ariko ikibazo gikomeye gihari ni uko ibikorwa ku butaka bwa Congo bitajyanye n’umwuka w’amasezerano.

Ku munsi ku munsi, muri Kivu y’amajyaruguru ni y’epfo hagenzurwa na AFC/M23 hakomeje ibitero bya gisirikare bya FARDC hifashishijwe indege n’ibikoresho bya gisirikare, bikorwa n’ingabo za leta FARDC bafatanyije na FDLR na Wazalendo kandi bikaba bigira n’ingaruka ku baturage b’Abanyamulenge n’Abatutsi bo mu Burengerazuba bwa Congo, mu gihe hakomeje kwimakaza imvugo z’urwango zihamagarira kwanga Abatutsi

Ikibazo cya mbere kigaragara ni ku mutwe wa FDLR. Minisitiri Nduhungirehe yashimangiye ko FDLR ikiri ku butaka bwa Congo, ikomeza gushyigikirwa na Kinshasa ndetse ikaba yarinjijwe mu ngabo zicyo gihugu hakaba nta bikorwa bifatika byo kuyirwanya nk’uko amasezerano ya Washington abiteganya. Ibyo Kinshasa ivuga byo “gukora cartographie” ntabwo bihagije, kuko amasezerano asaba ko FDLR kuyirwanya burundu.

Minisitiri yanagaragaje ko iyo FDLR izaba irwanwa nk’uko biteganyijwe mu masezerano, u Rwanda ruzakuraho ingamba z’ubwirinzi yafashe. Yibukije ko byose biterwa n’ubushake bwa politiki bwa Kinshasa. Nta bushake bwa politiki buhari, nta gikorwa gifatika gishobora gukorwa.

Ku bijyanye n’ibikorwa by’ubutabazi, Minisitiri Nduhungirehe yavuze ko u Rwanda rufunguye imipaka yacyo, rwafashije abacanshuro gutaha ndetse rwakira n’ingabo za FARDC zahungiye mu Rwanda. Hagati aho, ikibazo cyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma gikwiye gukurikiranwa n’amasezerano ya Doha, ariko ibikorwa bya gisirikare bikomeje kubangamira ishyirwa mu bikorwa ryo gushyiraho ubwo bufasha.

Mu mwanzuro, Minisitiri Nduhungirehe ashimangira ko ibyemezo byo gushyira mu bikorwa amasezerano ari inshingano za Congo, aho gukomeza gusaba ibihano ku Rwanda. Kinshasa ikwiye kwerekana ubushake bwo kurwanya FDLR no kubahiriza amasezerano y’agahenge kugira ngo amahoro nyayo aboneke.

2025-11-26
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Inda ninini isumbye indagu, umuhanzi Jean Paul Samputu, nawe abaye ikigarasha gikoreshwa nUbutegetsi bwa Uganda ngo kigambanire gakondo!!!

Inda ninini isumbye indagu, umuhanzi Jean Paul Samputu, nawe abaye ikigarasha gikoreshwa nUbutegetsi bwa Uganda ngo kigambanire gakondo!!!

Ubwanditsi 09 Apr 2021
Abantu 53,426 bari bakatiwe igihano cyo kwicwa kubera guhamwa n’ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi

Abantu 53,426 bari bakatiwe igihano cyo kwicwa kubera guhamwa n’ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi

RUSHYASHYA 28 Jun 2026
Amafoto – Vision FC yatangaje Winner Bet Rwanda nk’umufatanyabikorwa wayo mu gihe cy’imyaka ibiri

Amafoto – Vision FC yatangaje Winner Bet Rwanda nk’umufatanyabikorwa wayo mu gihe cy’imyaka ibiri

Ubwanditsi 08 Nov 2024
Inyandiko zidasinye ‘tract’ zisebya ubutegetsi buriho mu Rwanda zasanzwe mu biro by’Intara y’Amajyepfo

Inyandiko zidasinye ‘tract’ zisebya ubutegetsi buriho mu Rwanda zasanzwe mu biro by’Intara y’Amajyepfo

Ubwanditsi 14 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyaruguru: Mapengu Damascene Akurikiranweho gusambanya umwana w’imyaka 9 yarangiza agashaka kumuroha
ITOHOZA

Nyaruguru: Mapengu Damascene Akurikiranweho gusambanya umwana w’imyaka 9 yarangiza agashaka kumuroha

Ubwanditsi 23 Jun 2017
CHAN: Byinshi ku mukino wa nyuma w’amateka hagati ya RDC na Mali
Mu Rwanda

CHAN: Byinshi ku mukino wa nyuma w’amateka hagati ya RDC na Mali

Ubwanditsi 07 Feb 2016
Cristiano Ronaldo yagaragaje uburakari bwinshi mu mukino Portugal yanganyije na Serbia mu gushaka itike y’igikombe cy’isi cya 2022
Amakuru

Cristiano Ronaldo yagaragaje uburakari bwinshi mu mukino Portugal yanganyije na Serbia mu gushaka itike y’igikombe cy’isi cya 2022

Ubwanditsi 28 Mar 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru