• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kwiga ku busabe bwa ICC bwo gufata Bashir byaba ari uguta igihe – Mushikiwabo

Kwiga ku busabe bwa ICC bwo gufata Bashir byaba ari uguta igihe – Mushikiwabo

Ubwanditsi 16 Jul 2016 Mu Mahanga

Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga akaba n’Umuvugizi wa Leta y’u Rwanda aravuga ko u Rwanda rutata umwanya rwiga ku busabe bwa ICC bwo guta muri yombi Perezida Bashir.

Madame Louise Mushikiwabo yabwiye abanyamakuru, kuri uyu Kane, ko Perezida wa Sudan, Omar El Bashir, azitabira Inama y’Umuryango wa Afurika yunze ubumwe (AU) nta nkomyi.

Ni nyuma y’iminsi ibiri Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) rusabye u Rwanda gufata Bashir utegerejwe i Kigali, mu nama y’abakuru b’ibihugu bigize AU izaba kuwa 16 Nyakanga.

Mushikiwabo yizera ko abarega Bashir ibyaha bya Jenoside byakorewe mu Ntara ya Darfur bafite amikoro ahagije yo kumufata, ku buryo badakwiye gutegereza ko afatirwa mu Rwanda.

Yavuze ko Bashir, kimwe n’abandi bantu bose batumiwe na AU, “azaza i Kigali, yakiranwe ubwuzu kandi acungirwe umutekano n’u Rwanda nk’igihugu cyakiriye inama ya AU.”

Yibukije ko u Rwanda rutashyize umukono ku masezerano ya Roma yashyizeho ICC mu mwaka wa 2002, ati “Rero ntidutegetswe kugira uwo duta muri yombi.”

-3285.jpg

Perezida wa Sudan, Omar El Bashir

“Ubusabe ICC yatwoherereje mu minsi ibiri ishize isaba ko duta muri yombi Bashir ni ubwo kudutesha igihe, dufite byinshi byo kwigaho ku buryo kubwigaho byaba ari uguta igihe.”

Minisitiri Mushikiwabo yunzemo ati “Icya mbere hari ubucamanza mpuzamahanga, icya kabiri hari politiki. Icyo navuga ni uko ubucamanza mpuzamahanga burimo politiki nyinshi. U Rwanda rero nk’igihugu cya Afurika yunze ubumwe turubahiriza ibyemezo byose bifatwa n’uyu muryango wacu. Uyu muryango rero ukaba warasabye akanama gashinzwe umutekano k’Umuryango w’Abibumbye, ko abakuru b’igihugu igihe bari mu kazi batorewe n’abaturage babo bafite ibyaha baregwa, bagomba guhabwa ubudahangarwa kugeza igihe bavuriye mu mirimo.”

Kuba Bashir aregwa ibyaha bya Jenoside na ICC ndetse mu Rwanda hakaba harabaye Jenoside yakorewe Abatutsi, Minisitiri Mushikiwabo yavuze ko bitatuma u Rwanda rwanga kumwakira, kuko “ibyo ntabwo biburanirwa muri izi nama z’uyu muryango wacu wa Afurika yunze ubumwe.”

Yunzemo ati “Twebwe nk’u Rwanda mbere yo kubahiriza urukiko tudafite aho duhuriye kuko twebwe ntabwo urwo rukiko twigeze turwemera, ntabwo turi abanyamuryango barwo, turubahiriza cyane amabwiriza y’abakuru b’ibihugu ba Afurika.”

Ku banyepolitiki benshi bo muri Afurika barimo na Madame Mushikiwabo, intero ni imwe: ICC si urukiko mpuzamahanga, ni urukiko wagira ngo rwashyiriweho gukurikirana Abanyafurika gusa.

ICC ijya kujyaho yari ishyigikiwe n’ibihugu bya Afurika byinshi kuko 34 muri byo byashyize umukono ku masezerano ya Rome yayishyizeho, ariko ubu bimwe birashaka kuyisohokamo.

Minisitiri Mushikiwabo avuga ko kimwe mu bintu by’ibanze bizigirwa mu nama y’abakuru b’ibihugu ari ukureba uburyo ibihugu bishaka kwikura muri ICC byabishyira mu bikorwa.

Yasobanuye ko gushaka kwikura muri ICC ku bihugu bya Afurika biyirimo bidasobanuye ko abaperezida ba Afurika bashaka kwimakaza umuco wo kudahana, avuga ko ikibazo cya ICC ari uko ibogama igakurikirana Abanyafurika gusa.

Kuri Minisitiri Mushikiwabo, ibihugu bya Afurika bikwiye guteza imbere urukiko nyafurika akaba ari rwo rujya ruburanisha abanyabyaha bo muri Afurika, aho gukomeza kuburanishwa n’urukiko rukoreshwa kinyepolitiki.

-3284.jpg

Minisitiri Mushikiwabo Louise

Aha yatanze urugero ku rukiko rwo muri Senegal ruherutse gukatira igifungo cya Burundu Hissene Habre wahoze ari Perezida wa Tchad, nyuma yo guhamywa ibyaha by’ubwicanyi no gufata ku ngufu ubwo yayoboraga icyo gihugu mu 1982-1990; uyu akaba ari we muperezida wa mbere w’igihugu cyo muri Afurika waburanishijwe n’urukiko rwo mu kindi gihugu.

2016-07-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kagame yasangiye ubunani n’abadipolomate bose bakorera mu Rwanda

Kagame yasangiye ubunani n’abadipolomate bose bakorera mu Rwanda

Ubwanditsi 17 Jan 2016
Ruhunda : Perezida Kagame yasabye abaturage  kubyaza umusaruro ibikorwa bya  Ekocenter bagejejweho

Ruhunda : Perezida Kagame yasabye abaturage kubyaza umusaruro ibikorwa bya Ekocenter bagejejweho

Ubwanditsi 13 Jun 2016
Dore abameya, abavisimeya n’abagize njyanama z’uturere batowe mu gihugu hose

Dore abameya, abavisimeya n’abagize njyanama z’uturere batowe mu gihugu hose

Ubwanditsi 26 Feb 2016
Urubanza rw’amateka mu Bufaransa: Umugome Charles Onana wamamaye mu guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi ashyikirijwe ubutabera.

Urubanza rw’amateka mu Bufaransa: Umugome Charles Onana wamamaye mu guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi ashyikirijwe ubutabera.

Ubwanditsi 13 Sep 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impunzi z’Abarundi 33 zifungiwe kubuza izindi kwakira inkunga
Mu Rwanda

Impunzi z’Abarundi 33 zifungiwe kubuza izindi kwakira inkunga

Ubwanditsi 29 Mar 2018
I Kinshasa hasinyiwe amasezerano  yo guhashya inyeshyamba zirimo niza Nyamwasa ziri mu misozi ya Minembwe
INKURU NYAMUKURU

I Kinshasa hasinyiwe amasezerano  yo guhashya inyeshyamba zirimo niza Nyamwasa ziri mu misozi ya Minembwe

Ubwanditsi 01 Jun 2019
Uko CMI Yafashije Ntamuhanga Cassien Kujyera Afrika Y’epfo
ITOHOZA

Uko CMI Yafashije Ntamuhanga Cassien Kujyera Afrika Y’epfo

Ubwanditsi 05 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru