• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kwiga ku busabe bwa ICC bwo gufata Bashir byaba ari uguta igihe – Mushikiwabo

Kwiga ku busabe bwa ICC bwo gufata Bashir byaba ari uguta igihe – Mushikiwabo

Ubwanditsi 16 Jul 2016 Mu Mahanga

Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga akaba n’Umuvugizi wa Leta y’u Rwanda aravuga ko u Rwanda rutata umwanya rwiga ku busabe bwa ICC bwo guta muri yombi Perezida Bashir.

Madame Louise Mushikiwabo yabwiye abanyamakuru, kuri uyu Kane, ko Perezida wa Sudan, Omar El Bashir, azitabira Inama y’Umuryango wa Afurika yunze ubumwe (AU) nta nkomyi.

Ni nyuma y’iminsi ibiri Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) rusabye u Rwanda gufata Bashir utegerejwe i Kigali, mu nama y’abakuru b’ibihugu bigize AU izaba kuwa 16 Nyakanga.

Mushikiwabo yizera ko abarega Bashir ibyaha bya Jenoside byakorewe mu Ntara ya Darfur bafite amikoro ahagije yo kumufata, ku buryo badakwiye gutegereza ko afatirwa mu Rwanda.

Yavuze ko Bashir, kimwe n’abandi bantu bose batumiwe na AU, “azaza i Kigali, yakiranwe ubwuzu kandi acungirwe umutekano n’u Rwanda nk’igihugu cyakiriye inama ya AU.”

Yibukije ko u Rwanda rutashyize umukono ku masezerano ya Roma yashyizeho ICC mu mwaka wa 2002, ati “Rero ntidutegetswe kugira uwo duta muri yombi.”

-3285.jpg

Perezida wa Sudan, Omar El Bashir

“Ubusabe ICC yatwoherereje mu minsi ibiri ishize isaba ko duta muri yombi Bashir ni ubwo kudutesha igihe, dufite byinshi byo kwigaho ku buryo kubwigaho byaba ari uguta igihe.”

Minisitiri Mushikiwabo yunzemo ati “Icya mbere hari ubucamanza mpuzamahanga, icya kabiri hari politiki. Icyo navuga ni uko ubucamanza mpuzamahanga burimo politiki nyinshi. U Rwanda rero nk’igihugu cya Afurika yunze ubumwe turubahiriza ibyemezo byose bifatwa n’uyu muryango wacu. Uyu muryango rero ukaba warasabye akanama gashinzwe umutekano k’Umuryango w’Abibumbye, ko abakuru b’igihugu igihe bari mu kazi batorewe n’abaturage babo bafite ibyaha baregwa, bagomba guhabwa ubudahangarwa kugeza igihe bavuriye mu mirimo.”

Kuba Bashir aregwa ibyaha bya Jenoside na ICC ndetse mu Rwanda hakaba harabaye Jenoside yakorewe Abatutsi, Minisitiri Mushikiwabo yavuze ko bitatuma u Rwanda rwanga kumwakira, kuko “ibyo ntabwo biburanirwa muri izi nama z’uyu muryango wacu wa Afurika yunze ubumwe.”

Yunzemo ati “Twebwe nk’u Rwanda mbere yo kubahiriza urukiko tudafite aho duhuriye kuko twebwe ntabwo urwo rukiko twigeze turwemera, ntabwo turi abanyamuryango barwo, turubahiriza cyane amabwiriza y’abakuru b’ibihugu ba Afurika.”

Ku banyepolitiki benshi bo muri Afurika barimo na Madame Mushikiwabo, intero ni imwe: ICC si urukiko mpuzamahanga, ni urukiko wagira ngo rwashyiriweho gukurikirana Abanyafurika gusa.

ICC ijya kujyaho yari ishyigikiwe n’ibihugu bya Afurika byinshi kuko 34 muri byo byashyize umukono ku masezerano ya Rome yayishyizeho, ariko ubu bimwe birashaka kuyisohokamo.

Minisitiri Mushikiwabo avuga ko kimwe mu bintu by’ibanze bizigirwa mu nama y’abakuru b’ibihugu ari ukureba uburyo ibihugu bishaka kwikura muri ICC byabishyira mu bikorwa.

Yasobanuye ko gushaka kwikura muri ICC ku bihugu bya Afurika biyirimo bidasobanuye ko abaperezida ba Afurika bashaka kwimakaza umuco wo kudahana, avuga ko ikibazo cya ICC ari uko ibogama igakurikirana Abanyafurika gusa.

Kuri Minisitiri Mushikiwabo, ibihugu bya Afurika bikwiye guteza imbere urukiko nyafurika akaba ari rwo rujya ruburanisha abanyabyaha bo muri Afurika, aho gukomeza kuburanishwa n’urukiko rukoreshwa kinyepolitiki.

-3284.jpg

Minisitiri Mushikiwabo Louise

Aha yatanze urugero ku rukiko rwo muri Senegal ruherutse gukatira igifungo cya Burundu Hissene Habre wahoze ari Perezida wa Tchad, nyuma yo guhamywa ibyaha by’ubwicanyi no gufata ku ngufu ubwo yayoboraga icyo gihugu mu 1982-1990; uyu akaba ari we muperezida wa mbere w’igihugu cyo muri Afurika waburanishijwe n’urukiko rwo mu kindi gihugu.

2016-07-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amashirakinyoma ku impamvu y’isubikwa ry’inama ya Perezida Kagame na Tshisekedi

Amashirakinyoma ku impamvu y’isubikwa ry’inama ya Perezida Kagame na Tshisekedi

Ubwanditsi 16 Dec 2024
Obama ahamya yuko Trump atamusimbura ku butegetsi

Obama ahamya yuko Trump atamusimbura ku butegetsi

Ubwanditsi 10 May 2016
Twibutse Abantu Ubusambo n’Ubugwari bwa Kayumba Nyamwasa, Uwo ari we aho kubeshya abatamuzi

Twibutse Abantu Ubusambo n’Ubugwari bwa Kayumba Nyamwasa, Uwo ari we aho kubeshya abatamuzi

Ubwanditsi 10 Aug 2023
Perezida Kagame yasobanuye ko ntaho uRwanda ruhuriye n’umutwe wa M23. Kenya ntiyajya mu mikino yo kwegekanaho umutwaro kuko ntacyo yakemura”-William Ruto, Perezida wa Kenya.

Perezida Kagame yasobanuye ko ntaho uRwanda ruhuriye n’umutwe wa M23. Kenya ntiyajya mu mikino yo kwegekanaho umutwaro kuko ntacyo yakemura”-William Ruto, Perezida wa Kenya.

Ubwanditsi 26 Sep 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda : Kijuru muri District ya Kibaale Inkambi y’ imyitozo  ya Kayumba n’abashaka gutera u Rwanda
ITOHOZA

Uganda : Kijuru muri District ya Kibaale Inkambi y’ imyitozo ya Kayumba n’abashaka gutera u Rwanda

Ubwanditsi 21 Feb 2017
Perezida Kagame yageze muri Qatar mu ruzinduko rw’iminsi ibiri
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yageze muri Qatar mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

Ubwanditsi 15 Nov 2018
Perezida Kenyatta yasoje uruzinduko yagiriraga mu Rwanda
ITOHOZA

Perezida Kenyatta yasoje uruzinduko yagiriraga mu Rwanda

Ubwanditsi 11 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru