• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Imyanzuro yafatiwe mu mwiherero wa 16 w’abayobozi i Gabiro

Imyanzuro yafatiwe mu mwiherero wa 16 w’abayobozi i Gabiro

Ubwanditsi 13 Mar 2019 INKURU NYAMUKURU

Kuva ku itariki ya 9 kugeza ku ya 11 Werurwe 2019, mu Karere ka Gatsibo muri RDF Combat Training Center-Gabiro, hateraniye Umwiherero wa 16 w’Abayobozi wayobowe na Nyakubahwa Paul Kagame, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda.

Mu ijambo rye ritangiza Umwiherero, Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yashimiye abawitabiriye anabibutsa ko Umwiherero ari umwanya mwiza wo:

• Kurushaho gutekereza ku nshingano bafite nk’abayobozi kugira ngo buri wese yubahirize neza inshingano ze;

• Gukomeza gufata ingamba zo gukosora ahagararagaye imbaraga nke mu byagombaga gukorwa n’inzego zinyuranye za Leta ndetse n’iz’abikorera;

• Gufata ingamba zo gushimangira ubwuzuzanye bw’Inzego zitandukanye, iza Leta, iz’abikorera, n’abandi bafatanyabikorwa, mu rwego rwo gufasha Igihugu cyacu kugera ku cyerekezo cyo kwigira no kwigenera ejo heza h’u Rwanda.

Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yasabye abitabiriye Umwiherero ndetse n’Abanyarwanda bose muri rusange kurushaho kugira uruhare mu kubungabunga umutekano w’Igihugu cyacu kuko ariwo musingi w’iterambere.

Abari mu Mwiherero wa 16 w’Abayobozi bagejejweho ibiganiro bikurikira:

a) Raporo ku ishyirwa mu bikorwa ry’imyanzuro yafatiwe mu Mwiherero wa 15 w’abayobozi;

b) Inzira u Rwanda rwanyuzemo mu rugendo rwo kwiyubaka (A reflection on Rwanda’s development trajectory);

c) Afurika mu ruhando rwa politiki mpuzamahanga (Africa and global geopolitics);

d) Ishoramari rigamije guhaza isoko ry’imbere mu Gihugu (Investment for recapturing the domestic market)

e) Kongera umusaruro w’ubuhinzi hagamijwe iterambere (Increasing agricultural productivity for growth);

f) Kunoza ireme ry’uburezi (Improving the quality of education);

g) Kunoza ireme ry’ubuvuzi (Improving the quality of health).

Nyuma yo kungurana ibitekerezo kuri ibi biganiro, hafashwe imyanzuro ikurikira:

1. Kwihutisha iyubakwa ry’ibikorwaremezo by’ibanze kugira ngo Abanyarwanda babone serivisi bakenera mu Gihugu kandi hafi y’aho batuye.

2. Gusesengura inyungu Leta y’u Rwanda ivana mu mishinga itandukanye ifitemo imigabane (shares) no kwiga uburyo bwo kurushaho kuyibyaza umusaruro ku bufatanye n’abikorera.

3. Gusesengura no gufata ingamba zo gukemura imbogamizi zibangamira ishyirwa mu bikorwa rya gahunda yo guteza imbere ibikorerwa mu Rwanda (Made in Rwanda), harimo ibijyanye n’imisoro ibangamira bimwe mu bikorerwa mu Rwanda.

4. Kongera imbaraga mu bikorwa byo kongera umusaruro w’ubuhinzi hibandwa cyane cyane kuri ibi bikurikira:

(i) ibikorwa by’iyamamazabuhinzi n’ubworozi (agriculture extension services),

(ii) gukemura imbogamizi zose zituma ibituruka ku buhinzi byera imbere mu Gihugu bihenda kurusha ibiva hanze, harimo no gusuzuma neza imisoro n’amahoro bitangwa mu rwego rw’ubuhinzi;

(iii) ubushakashatsi ku moko y’ibihingwa, kugabanya ibitumizwa hanze nk’ibihingwa dufitiye ubushobozi bwo guhinga mu Gihugu,

(iv) gufasha abikorera kurushaho kumenya ibihingwa bashoramo imari cyane cyane ibikenerwa n’inganda.

5. Gufatanya n’abikorera mu rwego rwo kongera ubushobozi bw’amakusanyirizo y’amata kugira ngo ashobore kwakira umukamo w’aborozi wose kandi ugezwe ku isoko ry’abawukeneye harimo n’amashuri.

6. Gushyiraho ingamba zo kubyaza umusaruro ibishanga bidakoreshwa neza hifashishijwe urubyiruko rukora ubuhinzi kinyamwuga, kunoza igenamigambi ry’imikoreshereze y’ubutaka hagamijwe kubungabunga ubutaka buhingwa no kunoza imiturire.

7. Kongera imbaraga muri gahunda zo kuzamura ireme ry’uburezi hitabwa cyane cyane kuri ibi bikurikira:

(i) gukomeza kongera ku buryo bwihuse ibyumba by’amashuri hagamijwe kugabanya ubucucike bw’abana mu mashuri,

(ii) kwihutisha kongera umubare w’abarimu babishoboye uhereye mu mashuri abanza n’ayisumbuye,

(iii) gukomeza kwihutisha guhuza amasomo yigishwa n’igihe (curriculum),

(iv) kuvugurura gahunda yo kugaburira abana ku mashuri ku bufatanye n’inzego zose zibifitemo uruhare.

8. Gufatira ibihano abayobozi b’ibigo by’amashuri bagaragayeho imiyoborere mibi no kunyereza umutungo kandi abayobozi batabikurikiranye cyangwa babigizemo uruhare bakabibazwa.

9. Gushyiraho no kwihutisha ishyirwa mu bikorwa rya gahunda zigamije kunganira ikigega cy’ubwisungane mu kwivuza (Mutuelle de santé).

10. Gukemura imbogamizi zikibangamira ireme rya serivisi z’ubuvuzi, hitabwa cyane cyane kuri ibi bikurikira:

(i) kunoza imitegurire y’abaganga (medical education),

(ii)kwiga ku ngamba zo korohereza abaganga mu kazi kabo,

(iii) kuvugurura ibiciro by’umuriro n’amazi mu mavuriro.

Umunyamakuru yafotoye bimwe mu bihe byaranze Umwiherero w’abayobozi bakuru b’igihugu wabaye ku nshuro ya 16, guhera tariki 09 kugeza tariki 11 Werurwe 2019.

Nyakubahwa, mfite igitekerezo cy'uburyo twarushaho guteza imbere urwego rw'ubuvuzi

Nyakubahwa, mfite igitekerezo cy’uburyo twarushaho guteza imbere urwego rw’ubuvuzi

Nzakumbura ibi bihe byiza bya siporo ya mugitondo

Nzakumbura ibi bihe byiza bya siporo ya mugitondo

Udusuhurize abavandimwe bo muri Kenya

Udusuhurize abavandimwe bo muri Kenya

Uyu ni Minisitiri w'ikoranabuhanga wacu, ni umwe muri ba minisitiri bato dufite

Uyu ni Minisitiri w’ikoranabuhanga wacu, ni umwe muri ba minisitiri bato dufite

Wow, ndi gufata interineti ituruka muri izi modoka

Wow, ndi gufata interineti ituruka muri izi modoka

Nizere ko nawe utibagiwe amazi yo kunywa

Nizere ko nawe utibagiwe amazi yo kunywa

Njye ndabona twabigira gutya. Hoya reka tubigire gutya. Erega kurwanya ruswa mu bifi binini ntibyoroshye, ariko tuzabigeraho.

Njye ndabona twabigira gutya. Hoya reka tubigire gutya. Erega kurwanya ruswa mu bifi binini ntibyoroshye, ariko tuzabigeraho.

Nishimiye kwitabira uyu mwiherero. Honorable wowe umaze kwitabira umwiherero kangahe?

Nishimiye kwitabira uyu mwiherero. Honorable wowe umaze kwitabira umwiherero kangahe?
JPEG - 123.2 kb
Ndabona umushinga natanze uri mu bizigirwa mu mwiherero. Byiza cyane

Nakubwiye ko turi mu bambere urampakanya

Nakubwiye ko turi mu bambere urampakanya

Ariko RSSB ishobora kubaka izindi nzu z'ubucuruzi. Minister yakwereka uburyo byakorwa

Ariko RSSB ishobora kubaka izindi nzu z’ubucuruzi. Minister yakwereka uburyo byakorwa

Akabeho ko mu Burusiya ndabona ntacyo kagutwaye

Akabeho ko mu Burusiya ndabona ntacyo kagutwaye

Burya Siporo n'imibereho myiza birahura cyane burya

Burya Siporo n’imibereho myiza birahura cyane burya

Dore akazuba keza k'i Burasirazuba, karaye karigenda none dore ngako turahuye

Dore akazuba keza k’i Burasirazuba, karaye karigenda none dore ngako turahuye

Icyo navuga ni uko made in Rwanda ari cyo gisubizo

Icyo navuga ni uko made in Rwanda ari cyo gisubizo

Mu Majyaruguru ubuhinzi biragenda. Ibirayi ni imari ikomeye iwacu.

Mu Majyaruguru ubuhinzi biragenda. Ibirayi ni imari ikomeye iwacu.

Muvandimwe hari hashize igihe

Muvandimwe hari hashize igihe

Amafoto yafotowe na KT

2019-03-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ubutegetsi muri Uganda burashaka kwigizayo umukuru wa Polisi bwitwaje u Rwanda

Ubutegetsi muri Uganda burashaka kwigizayo umukuru wa Polisi bwitwaje u Rwanda

Ubwanditsi 12 Dec 2017
Minisitiri Musoni James yakuwe muri guverinoma

Minisitiri Musoni James yakuwe muri guverinoma

Ubwanditsi 06 Apr 2018

Perezida Ndayishimiye Yahisemo Gushyira imbere ubushyamirane mu baturanyi aho gukemura ibibazo by’imbere mu gihugu

Ubwanditsi 30 Jul 2025
Umuryango “IBUKA” uharanira inyungu z’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi urasaba Kaminuza ya Cambridge kudaha urubuga Judi Rever ngo akomeze gupfobya iyo Jenoside.

Umuryango “IBUKA” uharanira inyungu z’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi urasaba Kaminuza ya Cambridge kudaha urubuga Judi Rever ngo akomeze gupfobya iyo Jenoside.

Ubwanditsi 16 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imvugo zihembera urwango za Rusesabagina ntizigomba kwihanganirwa
INKURU NYAMUKURU

Imvugo zihembera urwango za Rusesabagina ntizigomba kwihanganirwa

Ubwanditsi 23 Jan 2020
Rusizi: Abantu Bataramenyekana Barashe Abaturage Babiri
Mu Rwanda

Rusizi: Abantu Bataramenyekana Barashe Abaturage Babiri

Ubwanditsi 11 Jun 2018
Ambasaderi wa Uganda muri Loni, Adonia Ayebare, yamaganye  umukozi mukuru muri Perezidansi ya Uganda watutse Perezida  w’u Rwanda
Amakuru

Ambasaderi wa Uganda muri Loni, Adonia Ayebare, yamaganye umukozi mukuru muri Perezidansi ya Uganda watutse Perezida w’u Rwanda

Ubwanditsi 07 Sep 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru