• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse

Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse

Ubwanditsi 03 Jun 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda, POLITIKI

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Jean Damascène Bizimana, yasubije Gustave Mbonyumutwa wo muri JAMBO asbl, ishyirahamwe ry’abahakana Jenoside yakorewe Abatutsi, wamushinjaga kumubeshyera no gutoteza umuryango we.

Gustave yifashishije imbuga nkoranyambaga avuga ko se, Shingiro Mbonyumutwa, nta ruhare yagize muri Jenoside, ndetse ko ibyavuzwe kuri we ari ibinyoma. Yongeyeho ko na Mathieu Ngirumpatse, Perezida w’ishyaka MRND mu gihe cya Jenoside, ngo atari umujenosideri, nyamara inkiko mpuzamahanga zamukatiye igifungo cya burundu kubera uruhare rwe muri Jenoside.

Minisitiri Bizimana yamusubije amwibutsa ko ari we uri mu rugaga ruhakana Jenoside, ati: “Vous m’accusez de mensonges et c’est pourtant vous qui en es un.” (Uranyita umubeshyi, nyamara ni wowe uri we).

Yamusobanuriye ko gusaba umuntu kureka ibikorwa byo guhakana Jenoside no gusubira mu nzira yo kubaka ubumwe n’iterambere atari ugutera ubwoba, ahubwo ari inama ikwiye. Yibukije Gustave ko nyina wa byose, ukuri kw’amateka, kutapfukiranwa.

Dr. Bizimana yanatangaje ko Shingiro Mbonyumutwa yari Directeur de Cabinet wa Jean Kambanda, Minisitiri w’Intebe wemejwe n’inkiko ko yagize uruhare rukomeye muri Jenoside. Ibyo kandi ngo byanagaragajwe na Shingiro ubwe mu nyandiko y’amadosiye y’Ubuhungiro yasabye mu Bubiligi.

Yahakanye ibyo Gustave yavuze ko se atigeze avugwa mu rukiko rwa TPIR, avuga ko ari uko atigeze acibwa urubanza, ariko ko bitakuyeho ukuri ku byo yakoze: “Yaracitse ubutabera bw’abantu, ariko ntiyacitse ukuri ku byaha bye.”

Ikirenze ibyo, Minisitiri Bizimana yanibukije Gustave ko se yagiye kuri radiyo ku itariki ya 21 Mata 1994, agakangurira Interahamwe gukomeza Jenoside. Ibi bikorwa bya Shingiro, hamwe n’ibyavugiwe i Arusha na Gustave ubwe ashinjura Ngirumpatse, yabitangaje nk’ibimenyetso simusiga by’uburyo JAMBO asbl ikomeje ibikorwa byo guhakana, gupfobya no gutesha agaciro Jenoside.

Ati: “Wigeze kuvuga imbere y’urukiko i Arusha ko utigeze ubona Jenoside mu Rwanda, ko wayimenye ugeze i Burayi! Ibyo ni byo bisekeje byatangaje urukiko.” Yongeyeho ko ubuhamya bwa Gustave bwaranzwe n’ibinyoma bitatu bikomeye: guhakana ibyaha bya Ngirumpatse, guhakana ko Jenoside yabaye, no kwemeza ko yayimenye ari uko ageze i Burayi.

Ku birebana n’iraporo ya CNLG ku mateka ya Jenoside muri Gitarama, aho Gustave avuga ko izina rya se ritagaragaramo, Bizimana yamusubije ko iyo raporo itari igamije gutanga amazina y’abari ku nzitizi zicaga Abatutsi, ariko ko ubwo ubwo bushakashatsi buzashyirwa ahagaragara, barrière yari imbere y’inzu ya se izasobanurwa neza, ishingiye ku buhamya bw’abarokotse n’abahoze mu nterahamwe zayikoreragaho.

Yashoje amusubiza ko adashobora guhindura Minisitiri mu ishusho ashaka, ati: “Ushaka Minisitiri w’Ubumwe ugendera ku kinyoma no guhakana Jenoside nkawe? Ntazabaho. Ubumwe bw’Abanyarwanda bushingiye ku kuri kw’amateka n’ubwibutso bw’icyaha cya Jenoside ababyeyi n’abakurambere banyu basize bagize uruhare mu gutegura no gukora.”

Yanzuye avuga ko ibijyanye na Gustave abisoje aho, kuko umwanya yamuhaye wari munini bihagije: “Ibyo nkumenyesheje birangiriye aha. Nta mwanya mfite wo guta kuri negationisme yawe. Ndigendeye. Bye.”

2025-06-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

AS Kigali itsinze Rwamagana 4-0, yisunga Police FC na Marines FC zabonye amanota 3 y’umunsi wa 10

AS Kigali itsinze Rwamagana 4-0, yisunga Police FC na Marines FC zabonye amanota 3 y’umunsi wa 10

Ubwanditsi 21 Nov 2022
Iryavuzwe riratashye : Uganda yarunze ingabo n’ibikoresho by’intambara  ku mupaka wa DRC

Iryavuzwe riratashye : Uganda yarunze ingabo n’ibikoresho by’intambara  ku mupaka wa DRC

Ubwanditsi 15 Dec 2017
Nyabugogo, Bugesera na Kicukiro  ibikorwa byo kwiyamamaza bya Paul Kagame byari  ‘ Ibirori ‘

Nyabugogo, Bugesera na Kicukiro ibikorwa byo kwiyamamaza bya Paul Kagame byari ‘ Ibirori ‘

Ubwanditsi 19 Jul 2017
Leta ya Uganda yemeye ko hari Abanyarwanda iherutse kwirukana ku bw’impamvu zihariye idatangaza

Leta ya Uganda yemeye ko hari Abanyarwanda iherutse kwirukana ku bw’impamvu zihariye idatangaza

Ubwanditsi 14 Feb 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ishoramari rishya mu Rwanda ryageze kuri miliyari $2.4 mu 2019
UBUKUNGU

Ishoramari rishya mu Rwanda ryageze kuri miliyari $2.4 mu 2019

Ubwanditsi 08 Jan 2020
Kantengwa Angélique wayoboraga RSSB agizwe umwere ari mu Buhinde kwivuza
Mu Mahanga

Kantengwa Angélique wayoboraga RSSB agizwe umwere ari mu Buhinde kwivuza

Ubwanditsi 09 Aug 2016
Amavubi U-17 yatangiye irushanwa ryateguwe na FERWAFA anyagirwa na Cameroun
IMIKINO

Amavubi U-17 yatangiye irushanwa ryateguwe na FERWAFA anyagirwa na Cameroun

Ubwanditsi 30 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru