• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Iryavuzwe riratashye : Uganda yarunze ingabo n’ibikoresho by’intambara  ku mupaka wa DRC

Iryavuzwe riratashye : Uganda yarunze ingabo n’ibikoresho by’intambara  ku mupaka wa DRC

Ubwanditsi 15 Dec 2017 INKURU NYAMUKURU

Nyuma y’amakuru twabagejejeho , avuga ko Uganda yitegura kohereza ingabo zayo zigera kuri Bataillons eshatu muri Congo  mu rwego rwokwitegura intambara ishobora guturuka muri Congo no gutera ingabo mubitugu umutwe wa RNC, bivugwa ko ukorera imyotozo mu majyepfo ya RDC, mu misozi ya Minembwe, ubu ntibikiri ibanga . Umuvugizi w’ igisirikare cya Uganda (UPDF) , Brig Richard Karemire yemeje aya makuru avuga ko mu rwego rwo kurinda umutekano w’ igihugu cyabo begereje ingabo nyinshi ku mupaka bafitanye na Congo-Kinshasa.

Ati “  Dufashe icyemezo cyo gukaza umutekano nyuma y’ igitero ADF kugaba kuri Monusco , hari  n’ amakuru atugeraho yemeza ko bari kwinjiza abantu mu gisirikare! ubu turiteguye ko baramutse baduteye dushobora kubarasa ndetse tukanabakurikira no hakurya y’ umupaka(muri DRC)”.

Brig.R Karemire akomeza avuga ko ADF ari umutwe wakomeje guteza ibibazo mu karere ndetse no muri Uganda  by’ umwihariko.

Muri 1988 yateye mu ishuri ry’ umwuga rya Kichwamba Technical Institute  ikica abanyeshuri 80 ibatwitse mu byumba bararagamo ikanasahura iby’ intangarugero ibikoresho by’ ikigo.

Abaturage batangajwe n’ ubwinshi bw’ ingabo za Uganda ku mupaka

Abaturage batuye mu Mujyi wa ka Fort Portal  batangaye ubwo babobanaga imodoka nyinshi za gisirikare zibajyana ahagana ku mupaka wa Uganda na Congo-Kinshasa bahise batangaza ko baherukaga kubibobana mu mya ka 20 irangiye ubwo ingabo za UPDF zahanganaga n’ inyeshyamba Allied Democratic Forces (ADF).

Gusa Leta ya Uganda yongereye ingabo zayo kuri uyu mupaka wo mu Burasirazuba mu gihe mu cyumweru gishize abasirikare 15 ba Monusco bakomoka muri Tanzania bishwe abandi 53 barakomereka bikomeye.

Abakurukiranira ahafi iby’ iyi mirwano yaguyemo izi ngabo zari mu butumwa bw’ amahoro bavuga ko uyu mutwe wa ADF washoboye kugera ku ntego zayo bitewe ni uko nta basirikare ba FARDC bari muri ako gace nk’ uko Chimpre ibitaganza.

Nubwo ADF itarigamba iki gitero hari amakuru yatangiye guhwihwiswa avuga ko uyu mutwe wihoreye kuba umuyobozi wawo mukuru, Jamil Mukulu yafatiwe muri Tanzania muri 2015 iki gihugu kihita kimohereza muri Uganda aho afungiwe kugeza magingo aya.

Hagati ya 1998 na 2003, iki gice cya Beni gikunze kuberamo ubwicanyi bukomeye, kiri ku mipaka ya Uganda na Congo-Kinshasa kizwiho ubutunzi bwinshi bushingiye ku mabuye y’ agaciro gicumbitsemo imitwe myinshi yitwara gisirikare

Intara y’ Amajyaruguru igizwe n’ imijyi mikuru ya  Goma, Butembo na Beni ndetse na teritwari  ya Beni, Lubero, Masisi ndetse na  Rutshuru.

Amaperereza atandukanye yerekana ko uyu mutwe wa ADF uyobowe na  Sheikh Baluku Musa-Lumu ugamije kigaba ibitero muri Uganda ufite abarwanyi 900 ariko muri iyi myaka ukaba umaze gutoza no kwinjiza urubyiruko rwinshi mu ngabo ndetse wanasahuye Monusco intwaro nyinshi cyane.

 

2017-12-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 24 Ukwakira 2018

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 24 Ukwakira 2018

Ubwanditsi 25 Oct 2018
Ishyaka rya Nkurunziza ryasabiye ibihano Pierre Buyoya wabaye Perezida w’u Burundi

Ishyaka rya Nkurunziza ryasabiye ibihano Pierre Buyoya wabaye Perezida w’u Burundi

Ubwanditsi 22 Oct 2018
Umunyauganda arahamya ko Inama ya Gatuna ari igipimo nyakuri kuri Museveni

Umunyauganda arahamya ko Inama ya Gatuna ari igipimo nyakuri kuri Museveni

Ubwanditsi 02 Mar 2020
Muhumure nta Ebola iri mu Rwanda: Ministiri Diane Gashumba

Muhumure nta Ebola iri mu Rwanda: Ministiri Diane Gashumba

Ubwanditsi 19 Jul 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

“Nshengurwa n’icyubahiro Kagame ahabwa mu ruhando mpuzamahanga” -Tshisekedi
Amakuru

“Nshengurwa n’icyubahiro Kagame ahabwa mu ruhando mpuzamahanga” -Tshisekedi

Ubwanditsi 31 Mar 2024
U Rwanda rwatsinze Nigeria mu bagabo n’abagore mu mikino yo guhatanira igikombe cya Afurika mu mukino w’intoki wa Volleyball
Amakuru

U Rwanda rwatsinze Nigeria mu bagabo n’abagore mu mikino yo guhatanira igikombe cya Afurika mu mukino w’intoki wa Volleyball

Ubwanditsi 14 Sep 2021
1963-2024: imyaka 61 irashize mu Rwanda habaye “Noheli y’amaraso”
Amakuru

1963-2024: imyaka 61 irashize mu Rwanda habaye “Noheli y’amaraso”

Ubwanditsi 24 Dec 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru