• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Iryavuzwe riratashye : Uganda yarunze ingabo n’ibikoresho by’intambara  ku mupaka wa DRC

Iryavuzwe riratashye : Uganda yarunze ingabo n’ibikoresho by’intambara  ku mupaka wa DRC

Ubwanditsi 15 Dec 2017 INKURU NYAMUKURU

Nyuma y’amakuru twabagejejeho , avuga ko Uganda yitegura kohereza ingabo zayo zigera kuri Bataillons eshatu muri Congo  mu rwego rwokwitegura intambara ishobora guturuka muri Congo no gutera ingabo mubitugu umutwe wa RNC, bivugwa ko ukorera imyotozo mu majyepfo ya RDC, mu misozi ya Minembwe, ubu ntibikiri ibanga . Umuvugizi w’ igisirikare cya Uganda (UPDF) , Brig Richard Karemire yemeje aya makuru avuga ko mu rwego rwo kurinda umutekano w’ igihugu cyabo begereje ingabo nyinshi ku mupaka bafitanye na Congo-Kinshasa.

Ati “  Dufashe icyemezo cyo gukaza umutekano nyuma y’ igitero ADF kugaba kuri Monusco , hari  n’ amakuru atugeraho yemeza ko bari kwinjiza abantu mu gisirikare! ubu turiteguye ko baramutse baduteye dushobora kubarasa ndetse tukanabakurikira no hakurya y’ umupaka(muri DRC)”.

Brig.R Karemire akomeza avuga ko ADF ari umutwe wakomeje guteza ibibazo mu karere ndetse no muri Uganda  by’ umwihariko.

Muri 1988 yateye mu ishuri ry’ umwuga rya Kichwamba Technical Institute  ikica abanyeshuri 80 ibatwitse mu byumba bararagamo ikanasahura iby’ intangarugero ibikoresho by’ ikigo.

Abaturage batangajwe n’ ubwinshi bw’ ingabo za Uganda ku mupaka

Abaturage batuye mu Mujyi wa ka Fort Portal  batangaye ubwo babobanaga imodoka nyinshi za gisirikare zibajyana ahagana ku mupaka wa Uganda na Congo-Kinshasa bahise batangaza ko baherukaga kubibobana mu mya ka 20 irangiye ubwo ingabo za UPDF zahanganaga n’ inyeshyamba Allied Democratic Forces (ADF).

Gusa Leta ya Uganda yongereye ingabo zayo kuri uyu mupaka wo mu Burasirazuba mu gihe mu cyumweru gishize abasirikare 15 ba Monusco bakomoka muri Tanzania bishwe abandi 53 barakomereka bikomeye.

Abakurukiranira ahafi iby’ iyi mirwano yaguyemo izi ngabo zari mu butumwa bw’ amahoro bavuga ko uyu mutwe wa ADF washoboye kugera ku ntego zayo bitewe ni uko nta basirikare ba FARDC bari muri ako gace nk’ uko Chimpre ibitaganza.

Nubwo ADF itarigamba iki gitero hari amakuru yatangiye guhwihwiswa avuga ko uyu mutwe wihoreye kuba umuyobozi wawo mukuru, Jamil Mukulu yafatiwe muri Tanzania muri 2015 iki gihugu kihita kimohereza muri Uganda aho afungiwe kugeza magingo aya.

Hagati ya 1998 na 2003, iki gice cya Beni gikunze kuberamo ubwicanyi bukomeye, kiri ku mipaka ya Uganda na Congo-Kinshasa kizwiho ubutunzi bwinshi bushingiye ku mabuye y’ agaciro gicumbitsemo imitwe myinshi yitwara gisirikare

Intara y’ Amajyaruguru igizwe n’ imijyi mikuru ya  Goma, Butembo na Beni ndetse na teritwari  ya Beni, Lubero, Masisi ndetse na  Rutshuru.

Amaperereza atandukanye yerekana ko uyu mutwe wa ADF uyobowe na  Sheikh Baluku Musa-Lumu ugamije kigaba ibitero muri Uganda ufite abarwanyi 900 ariko muri iyi myaka ukaba umaze gutoza no kwinjiza urubyiruko rwinshi mu ngabo ndetse wanasahuye Monusco intwaro nyinshi cyane.

 

2017-12-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RNC – ICYEGERANYO  : Kayumba Nyamwasa n’agaco ke muri Uganda ba komeje kuba Nyakamwe baricira inda kurwara.

RNC – ICYEGERANYO : Kayumba Nyamwasa n’agaco ke muri Uganda ba komeje kuba Nyakamwe baricira inda kurwara.

Ubwanditsi 01 Apr 2020
Abakora ibyaha by’icuruzwa ry’abantu n’abakomisiyoneri baranga abakobwa b’ indaya mu mujyi wa kigali akabo kashobotse

Abakora ibyaha by’icuruzwa ry’abantu n’abakomisiyoneri baranga abakobwa b’ indaya mu mujyi wa kigali akabo kashobotse

Ubwanditsi 07 Feb 2018
APR FC yerekanye abakinnyi 4 bashya barimo Tuyisenge Arsène wavuye muri Rayon Sports

APR FC yerekanye abakinnyi 4 bashya barimo Tuyisenge Arsène wavuye muri Rayon Sports

Ubwanditsi 20 Jun 2024
Turebere hamwe Uruhare rw’izahoze ari Ingabo z’u Rwanda mu itegurwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi

Turebere hamwe Uruhare rw’izahoze ari Ingabo z’u Rwanda mu itegurwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 04 Mar 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nta gihamya yuko Uburaya buterwa n’ubukene
ITOHOZA

Nta gihamya yuko Uburaya buterwa n’ubukene

Ubwanditsi 14 Jan 2017
Namibia : Perezida Kagame  yagarutse ku nkuru ya David Himbara ushinja u Rwanda guhimba imibare
INKURU NYAMUKURU

Namibia : Perezida Kagame  yagarutse ku nkuru ya David Himbara ushinja u Rwanda guhimba imibare

Ubwanditsi 20 Aug 2019
Uko Nsabimana Sankara Callixte yabaye nk’umwana w’ikirara
INKURU NYAMUKURU

Uko Nsabimana Sankara Callixte yabaye nk’umwana w’ikirara

Ubwanditsi 02 May 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru