• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Iryavuzwe riratashye : Uganda yarunze ingabo n’ibikoresho by’intambara  ku mupaka wa DRC

Iryavuzwe riratashye : Uganda yarunze ingabo n’ibikoresho by’intambara  ku mupaka wa DRC

Ubwanditsi 15 Dec 2017 INKURU NYAMUKURU

Nyuma y’amakuru twabagejejeho , avuga ko Uganda yitegura kohereza ingabo zayo zigera kuri Bataillons eshatu muri Congo  mu rwego rwokwitegura intambara ishobora guturuka muri Congo no gutera ingabo mubitugu umutwe wa RNC, bivugwa ko ukorera imyotozo mu majyepfo ya RDC, mu misozi ya Minembwe, ubu ntibikiri ibanga . Umuvugizi w’ igisirikare cya Uganda (UPDF) , Brig Richard Karemire yemeje aya makuru avuga ko mu rwego rwo kurinda umutekano w’ igihugu cyabo begereje ingabo nyinshi ku mupaka bafitanye na Congo-Kinshasa.

Ati “  Dufashe icyemezo cyo gukaza umutekano nyuma y’ igitero ADF kugaba kuri Monusco , hari  n’ amakuru atugeraho yemeza ko bari kwinjiza abantu mu gisirikare! ubu turiteguye ko baramutse baduteye dushobora kubarasa ndetse tukanabakurikira no hakurya y’ umupaka(muri DRC)”.

Brig.R Karemire akomeza avuga ko ADF ari umutwe wakomeje guteza ibibazo mu karere ndetse no muri Uganda  by’ umwihariko.

Muri 1988 yateye mu ishuri ry’ umwuga rya Kichwamba Technical Institute  ikica abanyeshuri 80 ibatwitse mu byumba bararagamo ikanasahura iby’ intangarugero ibikoresho by’ ikigo.

Abaturage batangajwe n’ ubwinshi bw’ ingabo za Uganda ku mupaka

Abaturage batuye mu Mujyi wa ka Fort Portal  batangaye ubwo babobanaga imodoka nyinshi za gisirikare zibajyana ahagana ku mupaka wa Uganda na Congo-Kinshasa bahise batangaza ko baherukaga kubibobana mu mya ka 20 irangiye ubwo ingabo za UPDF zahanganaga n’ inyeshyamba Allied Democratic Forces (ADF).

Gusa Leta ya Uganda yongereye ingabo zayo kuri uyu mupaka wo mu Burasirazuba mu gihe mu cyumweru gishize abasirikare 15 ba Monusco bakomoka muri Tanzania bishwe abandi 53 barakomereka bikomeye.

Abakurukiranira ahafi iby’ iyi mirwano yaguyemo izi ngabo zari mu butumwa bw’ amahoro bavuga ko uyu mutwe wa ADF washoboye kugera ku ntego zayo bitewe ni uko nta basirikare ba FARDC bari muri ako gace nk’ uko Chimpre ibitaganza.

Nubwo ADF itarigamba iki gitero hari amakuru yatangiye guhwihwiswa avuga ko uyu mutwe wihoreye kuba umuyobozi wawo mukuru, Jamil Mukulu yafatiwe muri Tanzania muri 2015 iki gihugu kihita kimohereza muri Uganda aho afungiwe kugeza magingo aya.

Hagati ya 1998 na 2003, iki gice cya Beni gikunze kuberamo ubwicanyi bukomeye, kiri ku mipaka ya Uganda na Congo-Kinshasa kizwiho ubutunzi bwinshi bushingiye ku mabuye y’ agaciro gicumbitsemo imitwe myinshi yitwara gisirikare

Intara y’ Amajyaruguru igizwe n’ imijyi mikuru ya  Goma, Butembo na Beni ndetse na teritwari  ya Beni, Lubero, Masisi ndetse na  Rutshuru.

Amaperereza atandukanye yerekana ko uyu mutwe wa ADF uyobowe na  Sheikh Baluku Musa-Lumu ugamije kigaba ibitero muri Uganda ufite abarwanyi 900 ariko muri iyi myaka ukaba umaze gutoza no kwinjiza urubyiruko rwinshi mu ngabo ndetse wanasahuye Monusco intwaro nyinshi cyane.

 

2017-12-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Loni itewe impungenge n’igicu cy’ubwicanyi gikomeje kubudika mu Burundi.

Loni itewe impungenge n’igicu cy’ubwicanyi gikomeje kubudika mu Burundi.

Ubwanditsi 20 Sep 2024
Mwenedata Gilbert  yeruye ko yiyongereye mu mubare w’ abagamije guhirika ubutegetsi buriho mu Rwanda

Mwenedata Gilbert yeruye ko yiyongereye mu mubare w’ abagamije guhirika ubutegetsi buriho mu Rwanda

Ubwanditsi 10 May 2018
Ushobora gusiga ikikwirukaho, ariko ntiwasiga ikikwirukamo. Abajenosideri isi yababanye nto, bahora bikanga kugarurwa mu Rwanda.Nta gahinda nko kwikanga gusubira iwanyu!

Ushobora gusiga ikikwirukaho, ariko ntiwasiga ikikwirukamo. Abajenosideri isi yababanye nto, bahora bikanga kugarurwa mu Rwanda.Nta gahinda nko kwikanga gusubira iwanyu!

Ubwanditsi 21 Jan 2021
Abasirikare b’u Burundi muri RDC baratabaza: ubukene n’umwanda birabugarije

Abasirikare b’u Burundi muri RDC baratabaza: ubukene n’umwanda birabugarije

RUSHYASHYA 23 Feb 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kamonyi: Abanyeshuri b’ishuri ribanza rya Gihinga bigishijwe uburyo bwo kugenda mu muhanda
Mu Mahanga

Kamonyi: Abanyeshuri b’ishuri ribanza rya Gihinga bigishijwe uburyo bwo kugenda mu muhanda

Ubwanditsi 15 Feb 2016
‘ IGISWAHILI ‘ Kunyungu z’Umunyarwanda
Mu Rwanda

‘ IGISWAHILI ‘ Kunyungu z’Umunyarwanda

Ubwanditsi 21 Jul 2017
Maria Sharapova n’umukunzi we bahishuye ibihe bidasanzwe bagize ubwo basuraga u Rwanda
UBUKERARUGENDO

Maria Sharapova n’umukunzi we bahishuye ibihe bidasanzwe bagize ubwo basuraga u Rwanda

Ubwanditsi 10 Feb 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru