• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Minisitiri w’Intebe yasobanuye uko yakuye impamba mu mwiherero yitabiriye ku nshuro ya mbere

Minisitiri w’Intebe yasobanuye uko yakuye impamba mu mwiherero yitabiriye ku nshuro ya mbere

Ubwanditsi 03 Mar 2018 POLITIKI

Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard, wari witabiriye Umwiherero w’abayobozi bakuru b’igihugu ku nshuro ya mbere, yatangaje ko ari urubuga rwiza rwo kwisuzuma no gushaka ibisubizo by’ibibazo igihugu gifite ndetse ko yawukuyemo impamba izamufasha mu mikoranire n’izindi nzego.

Dr Ngirente Edouard yabaye Minisitiri w’Intebe muri Kanama 2017 asimbuye Murekezi Anastase kuri ubu wagizwe Umuvunyi Mukuru.

Umwiherero w’abayobozi bakuru b’igihugu wabereye mu Kigo cya Girikare cya Gabiro mu Karere ka Gatsibo kuva ku itariki 28 Gashyantare kugeza ku ya 1 Werurwe ni wo wa mbere yari yitabiriye.

Mu kiganiro yagiranye na RBA, Dr Ngirente yavuze ko uburyo abantu baganira ku bibazo by’igihugu, bakareba ibyashyizwe mu bikorwa, bakinenga ari ibintu ibintu bya ngombwa yakuyemo impamba.

Yagize ati “Kuri njye ni umwiherero wa mbere ngize; nawukuyemo impamba nini cyane izatuma nshobora gukorana neza na bagenzi banjye. Kuba inzego zinyuranye twarahuriye hamwe byatumye tuganira neza ku mikoranire dusanzwe dufite n’iyo tugiye kugira n’ibyo twakemura mu buryo bwihuse cyangwa burambye.”

Minisitiri w’Intebe yasobanuye ko iyo gahunda z’igihugu ziganiriweho hari abayobozi batandukanye barimo n’abashinzwe kuzishyira mu bikorwa bituma bazumva neza bitandukanye n’ubundi buryo inzego z’ubuyobozi zikoresha zitanga amabwiriza.

Ati “Umwiherero utandukanye n’ubundi buryo inzego z’ubuyobozi zikoresha zitanga amabwiriza kuko abantu baba bicaranye amaso ku yandi, bavugana ibishoboka, ibigoye bigashakirwa umuti ukaba ari umusanzu ugaragara ku ishyirwa mu bikorwa ry’ibyo igihugu cyiyemeje kugeraho.”

Yasabye ko buri muyobozi yikubita agashyi agakoresha imbaraga zose kugira ngo imyanzuro yafashwe izashyirwe mu bikorwa.

Dr Ngirente yakomeje avuga ko mu byaganiriwe hagarutswe ku buryo uburezi bwashyirwamo imbaraga kuko igihugu cyiyemeje kubaka ubukungu bushingiye ku bumenyi.

Ati “Uburezi twabuhaye umwanya munini duhereye ku mashuri abanza, ayisumbuye na kaminuza; uko zigomba kwiga, uburere n’ubumenyi butangwa kugira ngo abantu bagaruke ku nzego ziteza imbere igihugu, byaba ibijyanye no gutunganya umusaruro ukomoka ku buhinzi, ubwubatsi, ibyo byose bizashoboka igihe tuzaba dukoresha ubumenyi bwavuye mu mashuri, tugashyiramo n’ikoranabuhanga rigomba kuboneka mu nzego zose kugira ngo twiteze imbere mu buryo bwihuse.”

Yasabye abaturage n’abayobozi gukorera hamwe kugira ngo ibyakozwe mu burezi, ubuhinzi n’ubworozi, ubucuruzi, iterambere ry’imijyi, ubuzima birambe binongerweho ibindi bityo igihugu gikomeze gutera imbere, umunyarwanda akomeze kubaho neza.

2018-03-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uko FPR-Inkotanyi  yafashije Abagore  kwiteza imbere babikesha ubuyobozi bwiza

Uko FPR-Inkotanyi  yafashije Abagore  kwiteza imbere babikesha ubuyobozi bwiza

Ubwanditsi 30 Nov 2017
Perezida Kagame yasabye urubyiruko kwirinda amakosa nk’ay’abayobozi baherutse kwegura

Perezida Kagame yasabye urubyiruko kwirinda amakosa nk’ay’abayobozi baherutse kwegura

Ubwanditsi 17 Feb 2020
RDC: Umudepite yasubije Muzito wasabye ko u Rwanda rwomekwa kuri Congo ngo ibone amahoro

RDC: Umudepite yasubije Muzito wasabye ko u Rwanda rwomekwa kuri Congo ngo ibone amahoro

Ubwanditsi 20 Jan 2020
Uganda: Perezida Museveni yohereje abashinzwe ibya gisirikare bashya mu Burundi na Afurika y’Epfo

Uganda: Perezida Museveni yohereje abashinzwe ibya gisirikare bashya mu Burundi na Afurika y’Epfo

Ubwanditsi 22 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umurenge wa Remera niwo wahize indi mu bukangurambaga bw’isuku n’umutekano uhembwa Imodoka
Mu Mahanga

Umurenge wa Remera niwo wahize indi mu bukangurambaga bw’isuku n’umutekano uhembwa Imodoka

Ubwanditsi 25 Dec 2016
Ishyari n’ipfunwe byabashoye mu kunenga u Rwanda rwiyemeje kubungabunga umutekano muri Mozambike, aho kubanza gusesengura icyateye uwo mutekano muke.
Amakuru

Ishyari n’ipfunwe byabashoye mu kunenga u Rwanda rwiyemeje kubungabunga umutekano muri Mozambike, aho kubanza gusesengura icyateye uwo mutekano muke.

Ubwanditsi 21 Jul 2021
Icyo abanyafrika bazibukira kuri Perezida Kagame wari umaze umwaka ayobora AU
INKURU NYAMUKURU

Icyo abanyafrika bazibukira kuri Perezida Kagame wari umaze umwaka ayobora AU

Ubwanditsi 08 Feb 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru