• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Bwa mbere mu myaka 26, Kabuga Felesiyani yagaragaye muruhame

Bwa mbere mu myaka 26, Kabuga Felesiyani yagaragaye muruhame

Ubwanditsi 21 May 2020 INKURU NYAMUKURU

Nyuma y’iminsi  4 gusa  afatiwe mpiri mu nkengero za Paris,Umurwa Mukuru w’Ubufaransa,  kuri uyu wa gatatu tariki 20 Gicurasi 2020, Kabuga  Felesiyani yagekjejwe imbere y’urukiko rw’I Paris, kugirango amenyeshwe ibyaha  7 aregwa, birimo ubufatanyacyaha  mu gucura no gushyira mu bikorwa umugambi wa Jenosi, n’ibindi byaha byibasiye inyokomuntu.

Kabuga Felisiyani yinjiye mu rukiko  arinzwe n’abapolisi benshi, ari mu gatebe k’abafite ubumuga,agaragaza ubwoba bwinshi, mu ipantaro y’ikoboyi(jeans) y’ubururu n’umupira w’imbeho, ndetse yambaye agapfukamurwa. Mu ijwi  rinaniwe, Kabuga yemereye abacamanza ko umwirondoro wasomwe ari uwe koko, anongeraho ko yavutse mu mwaka w’1933, aho kuba wuw’1935 nk’uko byari byajyaga bivugwa.

Bakimara gusomerwa ibyaha  Kabuga aregwa, byose barabihakanye, ndetse banatangaza ko ngo biteguye kurega itangazamaku, imiryango mpuzamahanga iharanira uburenganzira bwa muntu, n’abandi ngio bamwise umwicanyi ruharwa, kandi ari “umutagatifu”.

Ubushinjacyaha muri uru rubanza bwahise busaba  urukiko ko rwakohereza Kabuga Felisiyani I La haye mu Buholandi, muri gereza  y’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, mbere y’uko ajyanwa Arusha muri Tanzaniya, kugirango aburanishwe n’urwego rwahawe inshingano zo kurangiza imanza z’Urukiko Mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda.

N’ubwo nta rubanza rwabaye kuri uyu wagatatu,  agifatwa Kabuga Felisiyani n’ubwunganizi bwe bavuze ko  ibyo kuburanira Arusha batabishaka, ngo ahubwo yazaburanishirizwa mu Bufaransa, kuko ariho yizeye ubutabera nyabwo.

Ababikurikiranira hafi barahamya ko icyemezo cy’ikiko zo mu Bufaransa gishobora kuzamara ibyumweru byishi, kuko zizakenera gusesengura ibivugwa n’impande zombi, mbere yo gufata icyemezo.

N’ikimenyimenyi ubwunganizi bwa Kabuga bwahise busaba ko urubanza rw’ejo rwahita rusubikwa mu gihe cy’iminsi 8 ngo kugirango barusheho kwitegura, kandi amategeko yo mu Bufaransa arabyemera.

Hagati aho ariko, imiryango  iharanira inyungu z’Abarokotse genoside yakorewe Abatutsi, ntiyahweme gusaba ko Felisiyani Kabuga yakoherezwa kuburanira mu Rwanda, ahabereye ibyaha aregwa, nk’uko byagenze  ku bandi amahanga yoherereje ubutabera bw’uRwanda, nka ruharwa  Leon Mugesera, Jean UWINKINDI n’abandi, kugeza ubu ntawe uranenga ubutabera bahabwa.

Tugarutse ku ifatwa rya Felisiyani Kabuga, hari ibihuha byatangiye gukwirakwizwa n’abo mu muryango we, ibigarasha n’abandi ba “kanywamaraso”, ko  yaba yaragize ubutwari bwo kwishyikiriza ubutabera. Ibi ni ibitabapfu, kuko Kabuga wari umaze imyaka 26 ahigishwa uruhindu, yarafashwe.

Amakuru dukesha REUTERS avuga ko, Eric Emeraux ukuriye  urwego wa Polisi rushinzwe ibyaha byibasira inyokomuntu, ari narwo rwafashe Kabuga, yatangaje ko abasore 16 bazobereye mu gufata abashinjwa ibikorwa by’iterabwoba, aribo bafashe Kabuga, babanje kumugotera mu nyubako yabanagamo n’umuhungu we Donatien  NDAYISHIMYE.

Eric Emeraux yabwiye Reuters ko  Kabuga bamusanganye pasiporo z’ibihugu byinshi bya Afrika, birimo amazina  ye y’amahimbano agera muri 28.

Eric Emeraux yahamije ko ngo ijoro ryose baraye bari bufate kabuga atasinziriye, ndetse ngo  bemeye ko ari Kabuga Felisiyani bafashe koko, ari uko bafashe ibipimo bye bya ADN, bakabigereranya n’ibyo bigeze kumufata muw’2007, ubwo yari arwariye mu bitaro bya Frankfurt mu Budage.

Andi makuru arahamya ko “Guma mu Rugo” yafashije cyane  mu itabwa muri yombi rya Kabuga, kuko nyuma y’amezi 2 inzego z’umutekano zikeka aho yaba yihishe, ari naho zamusanze, atashoboraga kuhava ngo yimikire ahandi nk’uko yari asanzwe abigenza.

 

2020-05-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ese inzego z’iperereza za Uganda zaba zigendera ku byifuzo bya RNC mu guta Abanyarwanda muri yombi?

Ese inzego z’iperereza za Uganda zaba zigendera ku byifuzo bya RNC mu guta Abanyarwanda muri yombi?

Ubwanditsi 21 Jan 2018
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda, Sam KUTESA, yahawe inkwenene ubwo yahakanaga ibirego bishinja inzego z’umutekano muri icyo gihugu guhohotera inzirakarengane.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda, Sam KUTESA, yahawe inkwenene ubwo yahakanaga ibirego bishinja inzego z’umutekano muri icyo gihugu guhohotera inzirakarengane.

Ubwanditsi 15 Apr 2021
Umujyanama wa Perezida Museveni bamusanze mu nzu yapfuye

Umujyanama wa Perezida Museveni bamusanze mu nzu yapfuye

Ubwanditsi 08 Jan 2018
Depite Habineza Frank yaba yaratorewe kuba umuvugizi w’imitwe y’iterabwoba irwanya Leta y’u Rwanda? 

Depite Habineza Frank yaba yaratorewe kuba umuvugizi w’imitwe y’iterabwoba irwanya Leta y’u Rwanda? 

Ubwanditsi 19 Aug 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abatuye muri Kirehe bakanguriwe kwitabira gahunda zigamije kurwanya Maraliya
Mu Mahanga

Abatuye muri Kirehe bakanguriwe kwitabira gahunda zigamije kurwanya Maraliya

Ubwanditsi 21 Sep 2016
Nyuma ya Arsenal, u Rwanda rwatangiye gukorana na Paris Saint Germain muri gahunda ya Visit Rwanda
IMIKINO

Nyuma ya Arsenal, u Rwanda rwatangiye gukorana na Paris Saint Germain muri gahunda ya Visit Rwanda

Ubwanditsi 04 Dec 2019
Venant Rutunga, umujenosideri wihishahishaga mu Buholandi akabarizwa no mu ishyaka FDU Inkingi yoherejwe mu Rwanda
Amakuru

Venant Rutunga, umujenosideri wihishahishaga mu Buholandi akabarizwa no mu ishyaka FDU Inkingi yoherejwe mu Rwanda

Ubwanditsi 27 Jul 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru