• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Amerika ishobora gukoresha Museveni  mu mugambi wo gucamo Congo-Kinshasa ibice
Perezida Trump

Amerika ishobora gukoresha Museveni  mu mugambi wo gucamo Congo-Kinshasa ibice

Ubwanditsi 17 Nov 2017 POLITIKI

Icikwamo ibice rya Repubulika iharanira Demokrasi ya Congo ritangiye guhwihwiswa mu gihe amateka yerekana ko mbere y’ umuzo w’ umukoloni igihugu cya Kongo cyari kigizwe n’ ubwami butandukanye nka Empire Lunda, Empire Bakuba, Empire Luba, Empire Kongo

Si ibyo bice gusa kuko bitewe n’ ubunini bw’ iki gihugu hari n’ ubundi bwami bwari bushingiye ku isano  ry’ umuco w’ abaturage bari baraturutse mu bihugu bikikije Kongo.

Kuva mu myaka ya za 1994, nibwo Intiti z’ abanyekongo ziganjemo abanyapolitiki

zatangiye kurazwa inshinga n’ igitekerezo cyavugaga ko hari umugambi mubisha wo gucamo ibice igihugu cyabo icyo bamwe bise Balkanization abandi bavuga ko ari Federalism.

Umunyapolitiki , Dr. Marcel Liyau muri 1992 yatangiye kwibaza byinshi kuri  iyi gahunda yo gucamo ibice Congo abanza kwibaza ko yari igamije guteza imbere Congo-Kinshasa bitewe ni uko iki gihugu cyagize ubuyobozi bubi kuva cyabona ubwigenge.

Uyu Dr. Marcel Liyau wigeze no kuvuga muri za 1990 ko kugirango u Rwanda n’ u Burundi bizabone amahoro ngo ni uko Abatutsi bo mu Burundi nabo mu Rwanda batura mu gihugu cyabo n’ Abahutu baho hombi nabo bakwibanira mu cyabo gihugu.

Iki kigeze uyu mugabo atangira kubona ko yibesheye atangira gushyigikira intero igira iti”NON A LA BALKANISATION DE LA RDC”bisobanura biti”Tuvuge oya kubifuza ko igihugu cyacu cyacibwamo ibice”.

Ni nde wacuze umugambi wo gucamo ibice Congo-Kinsahasa?

Ubusanzwe kugirango igihugu runaka gicibwemo ibice bigomba kwemezwa na Loni ndetse n’ iyindi miryango nka EU cyangwa se AU nabwo ni imbonekarimwe kuko bitandukanye cyane n’ ibyabaye mu gihe cy’ ubukoloni uwbo ibihugu by’ I Burayi bakoreshaga ubuhangane mu kwigabanya Afurika.

Abakurukiranira hafi politiki y’ Akarere bemeza ko ibyabaye kuri Sudani bishobora no kuba kuri Congo-Kinshasa bitewe ni uko ibihugu byombi bifite ubutunzi karemano bwinshi ibihugu bikomeye ku Isi biba bikanuye.

Ku rugero rwa Sudani, Perezida Museveni niwe wagize uruhare rukomeye mu icikwamo kabiri  ry’ iki gihugu dore ko yari afite n’ ubunararibonye kuko yakurikiraga ikija imbere umunsi k’ uwundi.

Nubwo , u Rwanda rwagiye ruvugwaho gutera Congo-Kinshasa , Uganda ntiyumvikanaga cyane ariko niyo yari ku isonga ibyo byose rero n’ ibigaragaza inyungu za Uganda by’ umwihariko muri Congo ari by’ umwihariko mu Karere.

Ubwo  Barack Obama yayoboraga Leta Zunze Ubumwe za Amerika yohereje ingabo muri Uganda kujya gufasha ingabo za Leta guhiga inyeshyamba za LRA muri Centrafurika ariko mu by’ ukuri icyo yari agamije ni Congo-Kinshasa.

Inyungu za Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu gucamo ibice Congo-Kinshasa zishobora kurusha na kure izo babona muri Sudani zombi.

USA yifuje iyi gahunda kuva kera

Uko bimeze kose, kugeza magingo aya, Leta Zunze Ubumwe za Amerika nk’ igihugu gitegeka ibindi cyagiye kigaragara mu buzima bw’ igihugu cya Congo-Kinshasa kuva cyabona ubwigenge ndetse kinaharanira kubona imigabane ifatika ku mutungo kamere w’ iki gihugu cyakolonijwe n’ u Bubiligi.

Ku ntangiro y’ ingoma ya Perezida Mobutu Sese Seko Kuku Ngwendu wa Zabanga yazize ko kwanga kumvira Abanyamerika kuko yifuzaga ko abaturage ba Zaire ari bo babanza kunyurwa n’ ubutunzi bw’ igihugu cyabo ariko ntibyamushobokera kuko yahise ananizwa.

Intambara z’ urudaca zagiye zishakirwa inyito n’ impamvu zidasobanutse zabaye muri Congo-Kinshasa kuva mu mwaka w’ I 1994, zabaye ikimenyetso simusiga cyerekana uburyo ki amahanga ashishikajwe no guteza imvururu kugira ngo asahura umutungo w’ iki gihugu wiganjemo amabuye y’ agaciro, mashyamba inyamaswa n’ ibindi byinshi.

Inshuro nyinshi, Mobutu kimwe na Mzee Kabila bamaze kwangira Abanyamerika gukorana byarabagoye cyane kugeza ubwo bahitanye Laurent Kabila biyegereza umuhungu we Joseph Kabila.

Joseph Kabila ashobora gutanga icyuho

Abanyekongo batari bacye ntibemera Leta n’ ubuyobozi bwa Perezida Joseph Kabila ndetse benshi muri bo bakamwita umunyamahanga bakeka ko amaherezo azabavamo igihugu akakigambanira bityo kikacikamo ibice.

President Kabila looks on during signature ceremonies.

Iperereza ryigenga kandi ryizewe rya Rushyashya.net  ryemeza ko umugambi wo gucamo ibice Congo-Kinshasa warangije gucurwa muri Kongere ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho iki gihugu kizacikamo ibice 3.

Ku ikubitiro hazabaho Leta ya Kivu yunze Ubumwe mu gifaransa Republique Unie du Kivu(RUK), Republique du Katanga ndetse Republique du Congo(RDC). Icikwamo ibice rya Sudani ryaburiye Abanyekongo

“Ushatse gutegeka abantu uko ubyifuza banze kubacamo ibice” Divide and rule mu rurimi rw’ icyongereza nibwo buryo bwagiye bukoreshwa n’ ibihangange mu gutegeka abanyantege nke.

Ubu buryo bwagaragaye cyane mu bihe by’ ubucakara, ubukoloni ndetse na nyuma aho Leta Zunze Ubumwe za Amerika zikoresha imbaraga za politiki ndetse n’ iza gisirikare mu guharanira inyungu zazo bwite zititaye ku kaga k’ abandi.

N’ ubwo USA yari imaze kuba igihangange ntibyayibujije guteza intambara z’ ubutita(cold war) nta banga ririmo kuko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zagiye zishimangira gucamo ibice ibihugu byinshi byo ku isi(Koreya, Vietnam, Ubudage…) zigamije gushaka imbaraga zari zarataye mu ntambara y’Isi ya 2.

Impuguke muri politiki mpuzamahanga zisanga hatabayeho ubwumvikane ku isaranganywa ry’ ubutunzi karemano bwa Congo-Kinshasa bishobora gutuma ibihugu by’ ibihangange bisubiranamo ndetseBikaba banabyara intambara y’ Isi ya 3.

 

Albert Ngabo/Rushyashya.net

2017-11-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Inama y’Abaminisitiri yemeje Gen Patrick Nyamvumba nk’Uhagarariye u Rwanda muri Tanzania naho Teta Gisa Rwigema aba Umuyobozi Mukuru ushinzwe Afurika

Inama y’Abaminisitiri yemeje Gen Patrick Nyamvumba nk’Uhagarariye u Rwanda muri Tanzania naho Teta Gisa Rwigema aba Umuyobozi Mukuru ushinzwe Afurika

Ubwanditsi 28 Feb 2024
Mbitabazenga: Inyungu ziva muri Visit Rwanda, ziratuma inyangabirama zijiginywa

Mbitabazenga: Inyungu ziva muri Visit Rwanda, ziratuma inyangabirama zijiginywa

Ubwanditsi 15 Aug 2025
Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC

Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC

Ubwanditsi 12 May 2025
Gen Bunyoni yafunguwe kubera Uburwayi bwo mu mutwe na Diyabete ikabije

Gen Bunyoni yafunguwe kubera Uburwayi bwo mu mutwe na Diyabete ikabije

RUSHYASHYA 11 Mar 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha(ICC) rugiye gukora iperereza ku byaha by’ubwicanyi mu Burundi
POLITIKI

Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha(ICC) rugiye gukora iperereza ku byaha by’ubwicanyi mu Burundi

Ubwanditsi 10 Nov 2017
Perezida Kagame avuga ko “kujenjeka” bidindiza Afurika
Mu Mahanga

Perezida Kagame avuga ko “kujenjeka” bidindiza Afurika

Ubwanditsi 05 Sep 2016
Laurent Gbagbo yasabye ICC kumugira umwere
POLITIKI

Laurent Gbagbo yasabye ICC kumugira umwere

Ubwanditsi 26 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru