• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kantengwa Angélique wayoboraga RSSB agizwe umwere ari mu Buhinde kwivuza

Kantengwa Angélique wayoboraga RSSB agizwe umwere ari mu Buhinde kwivuza

Ubwanditsi 09 Aug 2016 Mu Mahanga

Hagiye gushira ukwezi Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rusomye imyanzuro y’Urubanza Ubushinjacyaha bwaregagamo Kantengwa Angélique rumugira umwere kuko rwasomwe tariki 15 Nyakanga 2016, icyo gihe twashakishije Kantengwa umuryango we utubwira ko ari mu Buhinde aho yagiye kwivuza.

Imyanzuro y’urukiko yemeje ko yagizwe umwere, ndetse ubu hasigaye iminsi itageze ku cyumweru ngo iki cyemezo cy’urukiko kibe ihame, Ubushinjacyaha nibutajurira mu minsi micye isigaye.

Mu kwezi kwa Nzeri 2014, nibwo Kantengwa Angélique yatawe muri yombi akurikiranyweho ibyaha birimo icyo gukoresha nabi umutungo wa Leta, itonesha no gutanga amasoko mu buryo budakurikije amategeko.

-3576.jpg

Kantengwa Angélique

Mu byo yashinjwaga gutanga ku buntu ari umutungo wa Leta, harimo amafaranga y’u Rwanda asaga 26.000.000 yatanzwe ku gishushanyo mbonera cy’inyubako y’ikigo cy’igihugu cy’ubwishingizi RSSB yayoboraga, ndetse n’amafaranga asaga miliyari ebyiri (2.000.000.000) yatanzeho amasoko mu buryo budakurikije amategeko.

Mu ntangiriro z’umwaka wa 2015, Kantengwa Angélique yafunguwe by’agateganyo ngo ajye kwivuza kuko yari arwaye cyane, ndetse ninabwo yaherukaga kugaragara imbere y’urukiko, kugeza ubwo yaje gusomerwa tariki 15 Nyakanga 2016 akagirwa umwere.

Amategeko ateganya ko nyuma yo gusomerwa, umwe mu baburanyi aba ashobora kujuririra icyemezo cy’urukiko bitarenze iminsi 30. Kuri Kantengwa wagizwe umwere, byumwikana ko atapfa kujurira, nyamara ubushinjacyaha bwamuregaga bwo bushobora kujurira.

Faustin Nkusi, umuvugizi w’ubushinjacyaha bw’u Rwanda, yabwiye ikinyamakuru Ukwezi.com ko mu minsi micye isigaye bakirimo gusesengura ibyo urukiko rwagendeyeho rumugira umwere, bakaba bashobora kujurira cyangwa se ntibajurire.

-3575.jpg

Faustin Nkusi, umuvugizi w’ubushinjacyaha bw’u Rwanda

Iki cyumweru nikirangira nta bujurire bwari bwemezwa, bivuze ko Kantengwa Angélique azaba abaye umwere bidasubirwaho.

Umuvugizi w’Inkiko mu Rwanda, Itamwa Emmanuel nawe yabwiye Igihe.com ko Kantengwa yagizwe umwere ku byaha byose yari akurikiranyweho.

Kantengwa yari akurikiranweho ibyaha birimo gukoresha nabi umutungo ufitiye rubanda inyungu, gutangira ubuntu umutungo w’ikigo gishamikiye kuri Leta yayoboraga, gutonesha ndetse no gutanga amasoko ya Leta mu buryo butemewe n’amategeko.

Umwanditsi wacu

2016-08-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ivan Minnaert watozaga Rayon Sports yerekanwe muri Al-Ittihad yo muri Libya

Ivan Minnaert watozaga Rayon Sports yerekanwe muri Al-Ittihad yo muri Libya

Ubwanditsi 04 Oct 2018
Uganda: Urugo rwa Gen Tumukunde rwagoswe n’inzego z’umutekano harasakwa miliyoni 40$ ateganya kuzakoresha mu matora

Uganda: Urugo rwa Gen Tumukunde rwagoswe n’inzego z’umutekano harasakwa miliyoni 40$ ateganya kuzakoresha mu matora

Ubwanditsi 18 Mar 2020
Ubushinjacyaha bwa Gisilikare bumaze gusabira Col Byabagamba na Rusagara  gufungwa imyaka 22

Ubushinjacyaha bwa Gisilikare bumaze gusabira Col Byabagamba na Rusagara gufungwa imyaka 22

Ubwanditsi 04 Mar 2016
Impinduka muri Guverinoma irakomanga k’umuryango waba Minisitiri Jean Philbert Nsengimana, Dr Papias Malimba, Judith Uwizeye, François Kanimba n’abandi ….

Impinduka muri Guverinoma irakomanga k’umuryango waba Minisitiri Jean Philbert Nsengimana, Dr Papias Malimba, Judith Uwizeye, François Kanimba n’abandi ….

Ubwanditsi 07 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yaburiye abashaka guhungabanya umutekano w’igihugu, abasaba kwitandukanya na byo mu maguru mashya
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yaburiye abashaka guhungabanya umutekano w’igihugu, abasaba kwitandukanya na byo mu maguru mashya

Ubwanditsi 14 Nov 2019
Guterana amagambo hagati ya Donald Trump n’Inzego z’Ubutasi bizagarukira he ?
ITOHOZA

Guterana amagambo hagati ya Donald Trump n’Inzego z’Ubutasi bizagarukira he ?

Ubwanditsi 18 Jan 2017
RDC yashyikirije u Rwanda abaturage 16 bafatiwe mu mukwabu i Goma
HIRYA NO HINO

RDC yashyikirije u Rwanda abaturage 16 bafatiwe mu mukwabu i Goma

Ubwanditsi 12 Jan 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru