• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kantengwa Angélique wayoboraga RSSB agizwe umwere ari mu Buhinde kwivuza

Kantengwa Angélique wayoboraga RSSB agizwe umwere ari mu Buhinde kwivuza

Ubwanditsi 09 Aug 2016 Mu Mahanga

Hagiye gushira ukwezi Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rusomye imyanzuro y’Urubanza Ubushinjacyaha bwaregagamo Kantengwa Angélique rumugira umwere kuko rwasomwe tariki 15 Nyakanga 2016, icyo gihe twashakishije Kantengwa umuryango we utubwira ko ari mu Buhinde aho yagiye kwivuza.

Imyanzuro y’urukiko yemeje ko yagizwe umwere, ndetse ubu hasigaye iminsi itageze ku cyumweru ngo iki cyemezo cy’urukiko kibe ihame, Ubushinjacyaha nibutajurira mu minsi micye isigaye.

Mu kwezi kwa Nzeri 2014, nibwo Kantengwa Angélique yatawe muri yombi akurikiranyweho ibyaha birimo icyo gukoresha nabi umutungo wa Leta, itonesha no gutanga amasoko mu buryo budakurikije amategeko.

-3576.jpg

Kantengwa Angélique

Mu byo yashinjwaga gutanga ku buntu ari umutungo wa Leta, harimo amafaranga y’u Rwanda asaga 26.000.000 yatanzwe ku gishushanyo mbonera cy’inyubako y’ikigo cy’igihugu cy’ubwishingizi RSSB yayoboraga, ndetse n’amafaranga asaga miliyari ebyiri (2.000.000.000) yatanzeho amasoko mu buryo budakurikije amategeko.

Mu ntangiriro z’umwaka wa 2015, Kantengwa Angélique yafunguwe by’agateganyo ngo ajye kwivuza kuko yari arwaye cyane, ndetse ninabwo yaherukaga kugaragara imbere y’urukiko, kugeza ubwo yaje gusomerwa tariki 15 Nyakanga 2016 akagirwa umwere.

Amategeko ateganya ko nyuma yo gusomerwa, umwe mu baburanyi aba ashobora kujuririra icyemezo cy’urukiko bitarenze iminsi 30. Kuri Kantengwa wagizwe umwere, byumwikana ko atapfa kujurira, nyamara ubushinjacyaha bwamuregaga bwo bushobora kujurira.

Faustin Nkusi, umuvugizi w’ubushinjacyaha bw’u Rwanda, yabwiye ikinyamakuru Ukwezi.com ko mu minsi micye isigaye bakirimo gusesengura ibyo urukiko rwagendeyeho rumugira umwere, bakaba bashobora kujurira cyangwa se ntibajurire.

-3575.jpg

Faustin Nkusi, umuvugizi w’ubushinjacyaha bw’u Rwanda

Iki cyumweru nikirangira nta bujurire bwari bwemezwa, bivuze ko Kantengwa Angélique azaba abaye umwere bidasubirwaho.

Umuvugizi w’Inkiko mu Rwanda, Itamwa Emmanuel nawe yabwiye Igihe.com ko Kantengwa yagizwe umwere ku byaha byose yari akurikiranyweho.

Kantengwa yari akurikiranweho ibyaha birimo gukoresha nabi umutungo ufitiye rubanda inyungu, gutangira ubuntu umutungo w’ikigo gishamikiye kuri Leta yayoboraga, gutonesha ndetse no gutanga amasoko ya Leta mu buryo butemewe n’amategeko.

Umwanditsi wacu

2016-08-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Tshisekedi arapfunda imitwe nk’uhiriye mu nzu: Ubu arakusanya abajenosideri ngo bamufashe kurwanya M23 no gutera u Rwanda

Tshisekedi arapfunda imitwe nk’uhiriye mu nzu: Ubu arakusanya abajenosideri ngo bamufashe kurwanya M23 no gutera u Rwanda

Ubwanditsi 08 Mar 2024
Icyoba, ihungabana no guhuzagurika mu mbwirwaruhame ya Perezida Ndayishimiye

Icyoba, ihungabana no guhuzagurika mu mbwirwaruhame ya Perezida Ndayishimiye

Ubwanditsi 01 Feb 2025
Icyenda bafatanywe ibiyobyabwenge by’ubwoko butandukanye muri Burera na Gakenke

Icyenda bafatanywe ibiyobyabwenge by’ubwoko butandukanye muri Burera na Gakenke

Ubwanditsi 21 Nov 2016
Perezida Kagame yahaye ipeti rya Sous-Lieutenant abasirikare ba Ofisiye 478

Perezida Kagame yahaye ipeti rya Sous-Lieutenant abasirikare ba Ofisiye 478

Ubwanditsi 23 Feb 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

2019 : Rwanda Day ntikibereye mu Budage  “Impinduka”
HIRYA NO HINO

2019 : Rwanda Day ntikibereye mu Budage “Impinduka”

Ubwanditsi 14 Aug 2019
Obed Katurebe mu gihome kubera ibikorwa bye byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda afatanyije na Kayumba Nyamwasa
Amakuru

Obed Katurebe mu gihome kubera ibikorwa bye byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda afatanyije na Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 07 Jul 2022
Polisi yohereje abapolisi 70 mu butumwa bw’amahoro muri Sudan y’Epfo
Mu Mahanga

Polisi yohereje abapolisi 70 mu butumwa bw’amahoro muri Sudan y’Epfo

Ubwanditsi 17 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru