• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Igipolisi cya Malawi cyongeye guta muri yombi Murekezi ukekwaho Jenoside

Igipolisi cya Malawi cyongeye guta muri yombi Murekezi ukekwaho Jenoside

Ubwanditsi 08 Dec 2016 ITOHOZA

Kuri uyu wa kane tariki ya 8 Ukuboza, Igipolisi cya Malawi cyataye muri yombi Umunyarwanda Murekezi Vincent ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994.

Uku gutabwa muri yombi kuje nyuma y’aho Ubushinjacyaha bw’u Rwanda butangiye impapuro zo kumuta muri yombi mu mwaka wa 2009.

Nk’uko tubikesha ikinyamakuru cyo muri iki gihugu, kugeza ubu Murekezi afungiwe ku cyicaro gikuru cya Polisi giherereye mu Murwa Mukuru Lilongwe.

Mu minsi ishize, Murekezi Vincent aherutse gufatwa na polisi yo muri iki gihugu nyuma iza kumurekura, aho Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwahise bwemeza ko bwatangiye gukorana n’inzego z’ubutabera za Malawi ngo abashe gutabwa muri yombi

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Lilongwe ndetse n’Umuvugizi mukuru wa polisi y’igihugu muri Malawi ngo birinze kugira icyo batangariza iki kinyamakuru, nk’uko gikomeza kibyemeza.

Ubushinjacyaha bw’u Rwanda buvuga ko kugeza ubu butaramenyeshwa n’inzego za Malawi ifatwa ry’uyu ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside.

Umuvugizi wabwo Nkusi Faustin, yagize ati “ Ntabwo muri Malawi bari baduha ayo makuru, ariko niba koko yongeye gufatwa yaba ari inkuru nziza, kuko twamusabye igihe kinini. Nibatumenyesha turabibatangariza.”

Kuri ubu Murekezi ngo yamaze guhindura amazina, aho yiyise Vincent Mbanda aho urwandiko rw’inzira yahawe na Malawi ari yo mazina agaragaraho, ndetse bikaba bigaragara ko yavukiye muri Tanzaniya.

Murekezi akaba yarigeze gukurikiranwa ibyaha yari afitanye n’amabanki yo muri Malawi akaza guhungira muri Afurika y’Epfo, aho yamaze imyaka iri hagati y’ibiri n’itatu. Nyuma yagarutse muri Malawi, aza gufatirwa mu rugo rw’Umunyarwanda uhatuye witwa Hirwa, aho yari yitabiriye ibirori byo kwita izina, ariko aza kurekurwa.

Murekezi Vincent yahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi n’urukiko Gacaca rw’i Tumba muri Huye, aho yakatiwe gufungwa burundu.

-4961.jpg

Mu minsi ishize, Minisitiri w’Ubutabera, Joshston Busingye yavuze ko ubu muri Malawi hari Abanyarwanda barindwi bakekwaho uruhare muri Jenoside, nyamara ubu ngo ni abacuruzi bakomeye.

2016-12-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uko Dr Nkiko Nsengimana asobanura  ko FDLR ari ingabo z’ishyaka FDU-Inkingi

Uko Dr Nkiko Nsengimana asobanura ko FDLR ari ingabo z’ishyaka FDU-Inkingi

Ubwanditsi 05 Oct 2016
FDLR iracyari ihurizo rikomeye ku mutekano w’u Rwanda

FDLR iracyari ihurizo rikomeye ku mutekano w’u Rwanda

Ubwanditsi 17 Jun 2025
Agashya : Abakandida muri Guverinoma ya Nahimana bari kumukwepa

Agashya : Abakandida muri Guverinoma ya Nahimana bari kumukwepa

Ubwanditsi 24 Jan 2017
Banki ikomeye mu Bufaransa yajyanwe mu nkiko ishinjwa gutanga amafaranga yaguzwe  Intwaro  ku bwa Col Bagosora

Banki ikomeye mu Bufaransa yajyanwe mu nkiko ishinjwa gutanga amafaranga yaguzwe Intwaro ku bwa Col Bagosora

Ubwanditsi 29 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ethan Venon wambaye umwenda w’umuhondo muri Tour du Rwanda23 ayoboye aberekeje i Musanze bavuye i Huye

Ubwanditsi 21 Feb 2023
Frank Habineza na we yemeye ibyavuye mu matora
Mu Rwanda

Frank Habineza na we yemeye ibyavuye mu matora

Ubwanditsi 05 Aug 2017
Samsung yashyize ku isoko telefoni nshya ya Galaxy Z Flip ishobora gukunjwa
IKORANABUHANGA

Samsung yashyize ku isoko telefoni nshya ya Galaxy Z Flip ishobora gukunjwa

Ubwanditsi 12 Feb 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru