• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Igipolisi cya Malawi cyongeye guta muri yombi Murekezi ukekwaho Jenoside

Igipolisi cya Malawi cyongeye guta muri yombi Murekezi ukekwaho Jenoside

Ubwanditsi 08 Dec 2016 ITOHOZA

Kuri uyu wa kane tariki ya 8 Ukuboza, Igipolisi cya Malawi cyataye muri yombi Umunyarwanda Murekezi Vincent ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994.

Uku gutabwa muri yombi kuje nyuma y’aho Ubushinjacyaha bw’u Rwanda butangiye impapuro zo kumuta muri yombi mu mwaka wa 2009.

Nk’uko tubikesha ikinyamakuru cyo muri iki gihugu, kugeza ubu Murekezi afungiwe ku cyicaro gikuru cya Polisi giherereye mu Murwa Mukuru Lilongwe.

Mu minsi ishize, Murekezi Vincent aherutse gufatwa na polisi yo muri iki gihugu nyuma iza kumurekura, aho Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwahise bwemeza ko bwatangiye gukorana n’inzego z’ubutabera za Malawi ngo abashe gutabwa muri yombi

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Lilongwe ndetse n’Umuvugizi mukuru wa polisi y’igihugu muri Malawi ngo birinze kugira icyo batangariza iki kinyamakuru, nk’uko gikomeza kibyemeza.

Ubushinjacyaha bw’u Rwanda buvuga ko kugeza ubu butaramenyeshwa n’inzego za Malawi ifatwa ry’uyu ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside.

Umuvugizi wabwo Nkusi Faustin, yagize ati “ Ntabwo muri Malawi bari baduha ayo makuru, ariko niba koko yongeye gufatwa yaba ari inkuru nziza, kuko twamusabye igihe kinini. Nibatumenyesha turabibatangariza.”

Kuri ubu Murekezi ngo yamaze guhindura amazina, aho yiyise Vincent Mbanda aho urwandiko rw’inzira yahawe na Malawi ari yo mazina agaragaraho, ndetse bikaba bigaragara ko yavukiye muri Tanzaniya.

Murekezi akaba yarigeze gukurikiranwa ibyaha yari afitanye n’amabanki yo muri Malawi akaza guhungira muri Afurika y’Epfo, aho yamaze imyaka iri hagati y’ibiri n’itatu. Nyuma yagarutse muri Malawi, aza gufatirwa mu rugo rw’Umunyarwanda uhatuye witwa Hirwa, aho yari yitabiriye ibirori byo kwita izina, ariko aza kurekurwa.

Murekezi Vincent yahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi n’urukiko Gacaca rw’i Tumba muri Huye, aho yakatiwe gufungwa burundu.

-4961.jpg

Mu minsi ishize, Minisitiri w’Ubutabera, Joshston Busingye yavuze ko ubu muri Malawi hari Abanyarwanda barindwi bakekwaho uruhare muri Jenoside, nyamara ubu ngo ni abacuruzi bakomeye.

2016-12-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibi byo ni agasuzuguro gakabije, Umuhungu w’ umujenosideri ruharwa, Kabuga Felisiyani , ageze aho gusaba kutongera gukoresha ijambo”Jenoside”!!

Ibi byo ni agasuzuguro gakabije, Umuhungu w’ umujenosideri ruharwa, Kabuga Felisiyani , ageze aho gusaba kutongera gukoresha ijambo”Jenoside”!!

Ubwanditsi 29 Jun 2021
Ngo urusha nyina w’umwana imbabazi ….Umunyamakuru Asuman Bisiika wa Daily Monitor akwiye kwisuzumisha ikibazo afite mu mutwe, aho kwitwaza Nyakwigendera Joy Agaba

Ngo urusha nyina w’umwana imbabazi ….Umunyamakuru Asuman Bisiika wa Daily Monitor akwiye kwisuzumisha ikibazo afite mu mutwe, aho kwitwaza Nyakwigendera Joy Agaba

Ubwanditsi 05 Dec 2019
Intambara ziri kubera ku Isi muri iki gihe: Ingaruka, Impamvu n’Impungenge Mpuzamahanga

Intambara ziri kubera ku Isi muri iki gihe: Ingaruka, Impamvu n’Impungenge Mpuzamahanga

Ubwanditsi 24 Jun 2025
MINUSCA: Umunyamategeko w’Umufaransa yirukanwe azira gushinja ingabo z’u Rwanda ubwicanyi

MINUSCA: Umunyamategeko w’Umufaransa yirukanwe azira gushinja ingabo z’u Rwanda ubwicanyi

Ubwanditsi 01 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Isi Himbara David asigaye yiberamo yabaye amayobera!
INKURU NYAMUKURU

Isi Himbara David asigaye yiberamo yabaye amayobera!

Ubwanditsi 29 Apr 2018
Imirwano iri kubera i Bukavu yatumye umupaka uyihuza na Rusizi ufungwa
ITOHOZA

Imirwano iri kubera i Bukavu yatumye umupaka uyihuza na Rusizi ufungwa

Ubwanditsi 05 Nov 2017
Rugema yarekuwe na Police ya Norvege  none atangiye kubwejagura
INKURU NYAMUKURU

Rugema yarekuwe na Police ya Norvege none atangiye kubwejagura

Ubwanditsi 13 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru