• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Polisi y’u Rwanda yifatanyije n’abaturage b’akarere ka Rulindo gutangiza icyumweru cy’umuganura

Polisi y’u Rwanda yifatanyije n’abaturage b’akarere ka Rulindo gutangiza icyumweru cy’umuganura

Ubwanditsi 02 Aug 2016 Mu Mahanga

Ku itariki ya 1 Kanama, Polisi y’u Rwanda yifatanyije n’abaturage barenga igihumbi b’akarere ka Rulindo gutangiza icyumweru cyahariwe Umuganura. Kwizihiza uyu munsi mukuru bikazaba tariki ya 5 Kanama mu gihugu hose. Umunsi w’Umuganura usanzwe wizihizwa buri mwaka, kuwa gatanu wa mbere w’ukwezi kwa Kanama.

Atangiza icyumweru cyahariwe Umuganura mu murenge wa Rusiga, Umuyobozi w’akarere ka Rulindo Kayiranga Emmanuel, yavuze ko icyo umuntu yakwishimira cyane, ari umutekano usesuye abaturage bafite.

Yagize ati:” Ndashimira cyane Polisi y’u Rwanda kubera uruhare rwayo mu ishyirwaho ry’urubyiruko rw’abakorerabushake mu kwicungira umutekano (RYVCP), ku buryo ibikorwa byabo byafashije cyane mu kubungabunga umutekano w’abaturage”.

Yibukije ko nta mutekano uhari, iterambere ritagerwaho ndetse no kwizihiza iminsi mikuru itandukanye bitakorwa.
Umuyobozi w’akarere ka Rulindo yashimangiye ko bazakomeza gukorana na Polisi y’u Rwanda ndetse n’abandi bafatanyabikorwa batandukanye, muri gahunda zose zigamije kubungabunga umutekano w’abaturage n’ibyabo.

Chief Superintendent of Police (CSP) Murenzi Sebakondo wari uhagarariye Polisi y’u Rwanda yasabye abaturage b’akarere ka Rulindo gukunda igihugu mu byo bakora byose. Yagize ati:” gukunda igihugu bituma mugira n’uruhare muri gahunda zose zo kwicungira umutekano no gukumira ibyaha. Polisi y’u Rwanda ntiyabona abapolisi ishyira hose kuri buri rugo rw’umuturage mu kumucungira umutekano. Niyo mpamvu namwe mufite uruhare rwo kuwibungabungira, buri wese akaba ijisho rya mugenzi we igihe cyose, mukajya muha Polisi amakuru y’icyahungabanya umutekano vuba kugira ngo habeho gukumira ibyaha bitaraba”.

CSP Sebakondo yakomeje agira ati:” Kuba twizihiza Umuganura ni uko dufite umutekano usesuye, uturuka ku buyobozi bwiza dufite. Muri ikigihe rero twishimira uyu munsi mukuru w’Umuganura, ni igihe nanone cyo gutekereza icyo twakora kugira ngo dukomeze tubumbatire umutekano dufite”.

Mutangana Jean Bosco wari uhagarariye umuhuzabikorwa w’urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira no kurwanya ibyaha, we yavuze ko intego zabo mbere na mbere ari ugufatanya n’abandi baturage na Polisi y’u Rwanda hagamijwe gusigasira ibyiza u Rwanda rumaze kugeraho hatangwa amakuru ku gihe kandi vuba bityo hakabaho gukumira ibyaha bitaraba.

-3480.jpg

Gutangiza icyumweru cy’Umuganura mu karere ka Rulindo byanitabiriwe n’umuryango nyarwanda ushinzwe guteza imbere ubuzima n’imibereho myiza y’ingo (SFH) ndetse n’urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira no kurwanya ibyaha (RYVCP) baturutse mu turere twa Kicukiro,Nyarugenge na Gasabo, bikaba byaranaranzwe kandi no guha abana amata nk’uko bisanzwe mu muco nyarwanda, hishimirwa ibyiza byagezweho mu mwaka uba urangiye.

RNP

2016-08-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umusifuzi mpuzamahanga w’umunyarwanda Mukansanga Salima yashyizwe ku rutonde rw’abazasifura imikino Olempiki izabera mu Buyapani.

Umusifuzi mpuzamahanga w’umunyarwanda Mukansanga Salima yashyizwe ku rutonde rw’abazasifura imikino Olempiki izabera mu Buyapani.

Ubwanditsi 21 Apr 2021
Avuga kuri Rugwabiza Perezida Kagame Ati “Ni ukuvuga ngo…mu gihe yaje nka hano aje mu kiruhuko agakubitana na cabinet azajya ayitabira atubwira iby’aho avuye.”

Avuga kuri Rugwabiza Perezida Kagame Ati “Ni ukuvuga ngo…mu gihe yaje nka hano aje mu kiruhuko agakubitana na cabinet azajya ayitabira atubwira iby’aho avuye.”

Ubwanditsi 07 Oct 2016
Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ubwanditsi 21 May 2025
Umukozi wa Banki ya Kigali yarabuze ariko Polisi ntiyemera ko yaburiwe irengero

Umukozi wa Banki ya Kigali yarabuze ariko Polisi ntiyemera ko yaburiwe irengero

Ubwanditsi 08 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yitabiriye Inama y’Ubutegetsi ya Mo Ibrahim Foundation
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yitabiriye Inama y’Ubutegetsi ya Mo Ibrahim Foundation

Ubwanditsi 07 Oct 2018
U Rwanda rwemeje ko urugendo rwa Sarkozy ntaho rwari ruhuriye n’ibibazo byarwo n’u Bufaransa
INKURU NYAMUKURU

U Rwanda rwemeje ko urugendo rwa Sarkozy ntaho rwari ruhuriye n’ibibazo byarwo n’u Bufaransa

Ubwanditsi 21 Jan 2018
Kwivuguruza kwa Donald Trump biramwambura amahirwe yo gutsinda amatora
POLITIKI

Kwivuguruza kwa Donald Trump biramwambura amahirwe yo gutsinda amatora

Ubwanditsi 29 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru