• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Polisi y’u Rwanda yifatanyije n’abaturage b’akarere ka Rulindo gutangiza icyumweru cy’umuganura

Polisi y’u Rwanda yifatanyije n’abaturage b’akarere ka Rulindo gutangiza icyumweru cy’umuganura

Ubwanditsi 02 Aug 2016 Mu Mahanga

Ku itariki ya 1 Kanama, Polisi y’u Rwanda yifatanyije n’abaturage barenga igihumbi b’akarere ka Rulindo gutangiza icyumweru cyahariwe Umuganura. Kwizihiza uyu munsi mukuru bikazaba tariki ya 5 Kanama mu gihugu hose. Umunsi w’Umuganura usanzwe wizihizwa buri mwaka, kuwa gatanu wa mbere w’ukwezi kwa Kanama.

Atangiza icyumweru cyahariwe Umuganura mu murenge wa Rusiga, Umuyobozi w’akarere ka Rulindo Kayiranga Emmanuel, yavuze ko icyo umuntu yakwishimira cyane, ari umutekano usesuye abaturage bafite.

Yagize ati:” Ndashimira cyane Polisi y’u Rwanda kubera uruhare rwayo mu ishyirwaho ry’urubyiruko rw’abakorerabushake mu kwicungira umutekano (RYVCP), ku buryo ibikorwa byabo byafashije cyane mu kubungabunga umutekano w’abaturage”.

Yibukije ko nta mutekano uhari, iterambere ritagerwaho ndetse no kwizihiza iminsi mikuru itandukanye bitakorwa.
Umuyobozi w’akarere ka Rulindo yashimangiye ko bazakomeza gukorana na Polisi y’u Rwanda ndetse n’abandi bafatanyabikorwa batandukanye, muri gahunda zose zigamije kubungabunga umutekano w’abaturage n’ibyabo.

Chief Superintendent of Police (CSP) Murenzi Sebakondo wari uhagarariye Polisi y’u Rwanda yasabye abaturage b’akarere ka Rulindo gukunda igihugu mu byo bakora byose. Yagize ati:” gukunda igihugu bituma mugira n’uruhare muri gahunda zose zo kwicungira umutekano no gukumira ibyaha. Polisi y’u Rwanda ntiyabona abapolisi ishyira hose kuri buri rugo rw’umuturage mu kumucungira umutekano. Niyo mpamvu namwe mufite uruhare rwo kuwibungabungira, buri wese akaba ijisho rya mugenzi we igihe cyose, mukajya muha Polisi amakuru y’icyahungabanya umutekano vuba kugira ngo habeho gukumira ibyaha bitaraba”.

CSP Sebakondo yakomeje agira ati:” Kuba twizihiza Umuganura ni uko dufite umutekano usesuye, uturuka ku buyobozi bwiza dufite. Muri ikigihe rero twishimira uyu munsi mukuru w’Umuganura, ni igihe nanone cyo gutekereza icyo twakora kugira ngo dukomeze tubumbatire umutekano dufite”.

Mutangana Jean Bosco wari uhagarariye umuhuzabikorwa w’urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira no kurwanya ibyaha, we yavuze ko intego zabo mbere na mbere ari ugufatanya n’abandi baturage na Polisi y’u Rwanda hagamijwe gusigasira ibyiza u Rwanda rumaze kugeraho hatangwa amakuru ku gihe kandi vuba bityo hakabaho gukumira ibyaha bitaraba.

-3480.jpg

Gutangiza icyumweru cy’Umuganura mu karere ka Rulindo byanitabiriwe n’umuryango nyarwanda ushinzwe guteza imbere ubuzima n’imibereho myiza y’ingo (SFH) ndetse n’urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira no kurwanya ibyaha (RYVCP) baturutse mu turere twa Kicukiro,Nyarugenge na Gasabo, bikaba byaranaranzwe kandi no guha abana amata nk’uko bisanzwe mu muco nyarwanda, hishimirwa ibyiza byagezweho mu mwaka uba urangiye.

RNP

2016-08-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ikipe ya Chelsea yasezereye Manchester City igera ku mukino wa nyuma wa FA Cup aho izahura na Leicester City yo yasezereye ikipe ya Southampton.

Ikipe ya Chelsea yasezereye Manchester City igera ku mukino wa nyuma wa FA Cup aho izahura na Leicester City yo yasezereye ikipe ya Southampton.

Ubwanditsi 19 Apr 2021
Iperereza rya Polisi k’urupfu rwa Mugabo Theoneste wishwe aciwe ijosi

Iperereza rya Polisi k’urupfu rwa Mugabo Theoneste wishwe aciwe ijosi

Ubwanditsi 22 Jun 2016
IGP Gasana yahaye impanuro abapolisi bajya gusimbura abandi mu butumwa bw’amahoro muri Haiti

IGP Gasana yahaye impanuro abapolisi bajya gusimbura abandi mu butumwa bw’amahoro muri Haiti

Ubwanditsi 15 Jul 2016
Ni iki cyanditse mu ibaruwa Perezida Museveni yahaye Sam Kutesa ngo ashyikirize  Kagame.

Ni iki cyanditse mu ibaruwa Perezida Museveni yahaye Sam Kutesa ngo ashyikirize Kagame.

Ubwanditsi 08 Jul 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ntihazagire uwizera amareshyamugeni ya Perezida Yoweri K. Museveni , asaba guhagarika iyicarubozo rikorerwa Abanyarwanda, Burya abeshya kurusha uko ahumeka
Amakuru

Ntihazagire uwizera amareshyamugeni ya Perezida Yoweri K. Museveni , asaba guhagarika iyicarubozo rikorerwa Abanyarwanda, Burya abeshya kurusha uko ahumeka

Ubwanditsi 19 Aug 2021
Banki y’Isi yagabanyije igipimo cy’izamuka ry’ubukungu bwa Afurika mu 2018
UBUKUNGU

Banki y’Isi yagabanyije igipimo cy’izamuka ry’ubukungu bwa Afurika mu 2018

Ubwanditsi 04 Oct 2018
Parfine yagaragaje agahinda kadasanzwe yatewe no kubura musaza we umwe rukumbi yarafite [AMAFOTO]
HIRYA NO HINO

Parfine yagaragaje agahinda kadasanzwe yatewe no kubura musaza we umwe rukumbi yarafite [AMAFOTO]

Ubwanditsi 19 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru