• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Banki y’Isi yagabanyije igipimo cy’izamuka ry’ubukungu bwa Afurika mu 2018
Umuyobozi ushinzwe ishami ry'ubukungu bwa Afurika muri Banki y'Isi, Albert Zeufack

Banki y’Isi yagabanyije igipimo cy’izamuka ry’ubukungu bwa Afurika mu 2018

Ubwanditsi 04 Oct 2018 UBUKUNGU

Raporo ya ‘Africa’s Pulse’ ikorwa na Banki y’Isi kabiri mu mwaka nk’isesengura rigagaragaza uko ubukungu bw’ibihugu bya Afurika bihagaze, igaragaza ko ubukungu bwa Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara bwateye imbere ariko ku kigero gito ugereranyije n’uko byari byitezwe.

Iyi raporo ya 18, yasohotse kuri uyu wa Gatatu, yagaragaje ko izamuka ry’ubukungu bwa Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara, ari 2.7% muri 2018, ugereranyije na 2.3% bwazamutseho mu 2017.

Banki y’Isi yateganyaga ko ubukungu bw’aka karere buzazamuka ku gipimo cya 3.1% mu 2018 ariko bitagishobotse kubera iterambere ry’ubukungu bwa Nigeria, Angola na Afurika y’Epfo ridahagaze neza.

Igaragaza ko Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara irimo gutera imbere nubwo atari ku muvuduko wihuta cyane nk’uko byari byitezwe. Biteganyijwe ko ubukungu bw’aka karere buzazamuka kuri 3.3% mu 2019, na 3.6%, mu 2020/21.

Umuyobozi ushinzwe ishami ry’ubukungu bwa Afurika muri Banki y’Isi, Albert Zeufack, yavuze ko imyenda ibihugu bya Afurika bifata ikomeje kwiyongera kandi bikazabigiraho ikibazo.

Yagize ati “Ubukungu bw’akarere burimo gutera imbere nubwo atari ku muvuduko wihuta nk’uko byari byitezwe. Kugira ngo iryo terambere rikomatanyije ryihute kandi rihozeho, abafata ibyemezo bagomba gukomeza kwibanda ku ishoramari riteza imbere abaturage, kugabanya ikoreshwa ry’umutungo mu bitari ngombwa no kongera umusaruro”.

Yongeraho ko abafata ibyemezo bagomba kugira ubushobozi bwo gucunga neza ibibazo bishobora guturuka ku mpinduka mu bucuruzi, mu ishoramari ndetse no mu myenda.

Raporo ya Banki y’Isi igaragaza ko ubucuruzi mpuzamahanga ndetse n’urwego rw’inganda byatakaje umuvuduko w’iterambere bitewe n’ibiciro by’ibyuma ndetse n’ibikomoka ku buhinzi byamanutse, ahanini bigizwemo uruhare n’ibiciro by’ubucuruzi n’ikigero cy’ababikenera.

Umusaruro muke w’ibikomoka kuri peteroli muri Nigeria na Angola, wagize ingaruka ku muvuduko w’iterambere ry’ubukungu naho muri Afurika y’Epfo, iterambere ry’ubukungu ku muturage riragabanuka.

Banki y’Isi ivuga ko nubwo ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli bishobora gukomeza kwiyongera mu 2019, ibiciro by’ibyuma bishobora kudahinduka bitewe n’uburyo ababishaka bahagaze by’umwihariko u Bushinwa.

Gusa iyi raporo igaragaza ko ubukungu bw’ibindi bihugu nka Cote d’Ivoire, Kenya n’u Rwanda buhagaze neza bigizwemo uruhare n’ubuhinzi n’ishoramari rya leta.

2018-10-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ingengo y’imari ya 2017/2018 ivuguruye yiyongereyeho miliyari 20.5 Frw

Ingengo y’imari ya 2017/2018 ivuguruye yiyongereyeho miliyari 20.5 Frw

Ubwanditsi 07 Feb 2018
Rwamagana yisubije umwanya wa mbere mu kwesa   Imihigo y’umwaka wa 2017/2018

Rwamagana yisubije umwanya wa mbere mu kwesa Imihigo y’umwaka wa 2017/2018

Ubwanditsi 09 Aug 2018
Imodoka yabonye ari umwana, ibaye iya mbere ikorewe mu Rwanda ari Perezida

Imodoka yabonye ari umwana, ibaye iya mbere ikorewe mu Rwanda ari Perezida

Ubwanditsi 27 Jun 2018
Icyo wamenya  k’Umujyi wa Ghent aho Perezida Kagame aganirira n’ Abanyarwanda baba mu Bubiligi

Icyo wamenya k’Umujyi wa Ghent aho Perezida Kagame aganirira n’ Abanyarwanda baba mu Bubiligi

Ubwanditsi 10 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kugirango  u Rwanda  rugire amahoro ni uko Abafaransa bava muri Uganda, ese  birashoboka ?
ITOHOZA

Kugirango u Rwanda rugire amahoro ni uko Abafaransa bava muri Uganda, ese birashoboka ?

Ubwanditsi 23 Feb 2017
Umugande Jackson Mayanja niwe wagizwe umutoza wa Sunrise FC asimbuye Hassan Muhire
Amakuru

Umugande Jackson Mayanja niwe wagizwe umutoza wa Sunrise FC asimbuye Hassan Muhire

Ubwanditsi 02 Nov 2023
Minisitiri Musoni yatashye amazi n’amashanyarazi byatanzwe na Polisi y’u Rwanda
Mu Rwanda

Minisitiri Musoni yatashye amazi n’amashanyarazi byatanzwe na Polisi y’u Rwanda

Ubwanditsi 23 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru