• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Banki y’Isi yagabanyije igipimo cy’izamuka ry’ubukungu bwa Afurika mu 2018
Umuyobozi ushinzwe ishami ry'ubukungu bwa Afurika muri Banki y'Isi, Albert Zeufack

Banki y’Isi yagabanyije igipimo cy’izamuka ry’ubukungu bwa Afurika mu 2018

Ubwanditsi 04 Oct 2018 UBUKUNGU

Raporo ya ‘Africa’s Pulse’ ikorwa na Banki y’Isi kabiri mu mwaka nk’isesengura rigagaragaza uko ubukungu bw’ibihugu bya Afurika bihagaze, igaragaza ko ubukungu bwa Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara bwateye imbere ariko ku kigero gito ugereranyije n’uko byari byitezwe.

Iyi raporo ya 18, yasohotse kuri uyu wa Gatatu, yagaragaje ko izamuka ry’ubukungu bwa Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara, ari 2.7% muri 2018, ugereranyije na 2.3% bwazamutseho mu 2017.

Banki y’Isi yateganyaga ko ubukungu bw’aka karere buzazamuka ku gipimo cya 3.1% mu 2018 ariko bitagishobotse kubera iterambere ry’ubukungu bwa Nigeria, Angola na Afurika y’Epfo ridahagaze neza.

Igaragaza ko Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara irimo gutera imbere nubwo atari ku muvuduko wihuta cyane nk’uko byari byitezwe. Biteganyijwe ko ubukungu bw’aka karere buzazamuka kuri 3.3% mu 2019, na 3.6%, mu 2020/21.

Umuyobozi ushinzwe ishami ry’ubukungu bwa Afurika muri Banki y’Isi, Albert Zeufack, yavuze ko imyenda ibihugu bya Afurika bifata ikomeje kwiyongera kandi bikazabigiraho ikibazo.

Yagize ati “Ubukungu bw’akarere burimo gutera imbere nubwo atari ku muvuduko wihuta nk’uko byari byitezwe. Kugira ngo iryo terambere rikomatanyije ryihute kandi rihozeho, abafata ibyemezo bagomba gukomeza kwibanda ku ishoramari riteza imbere abaturage, kugabanya ikoreshwa ry’umutungo mu bitari ngombwa no kongera umusaruro”.

Yongeraho ko abafata ibyemezo bagomba kugira ubushobozi bwo gucunga neza ibibazo bishobora guturuka ku mpinduka mu bucuruzi, mu ishoramari ndetse no mu myenda.

Raporo ya Banki y’Isi igaragaza ko ubucuruzi mpuzamahanga ndetse n’urwego rw’inganda byatakaje umuvuduko w’iterambere bitewe n’ibiciro by’ibyuma ndetse n’ibikomoka ku buhinzi byamanutse, ahanini bigizwemo uruhare n’ibiciro by’ubucuruzi n’ikigero cy’ababikenera.

Umusaruro muke w’ibikomoka kuri peteroli muri Nigeria na Angola, wagize ingaruka ku muvuduko w’iterambere ry’ubukungu naho muri Afurika y’Epfo, iterambere ry’ubukungu ku muturage riragabanuka.

Banki y’Isi ivuga ko nubwo ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli bishobora gukomeza kwiyongera mu 2019, ibiciro by’ibyuma bishobora kudahinduka bitewe n’uburyo ababishaka bahagaze by’umwihariko u Bushinwa.

Gusa iyi raporo igaragaza ko ubukungu bw’ibindi bihugu nka Cote d’Ivoire, Kenya n’u Rwanda buhagaze neza bigizwemo uruhare n’ubuhinzi n’ishoramari rya leta.

2018-10-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Miliyoni 32,6$ zigiye gushorwa mu mushinga wo kuzamura ubuhinzi mu Rwanda

Miliyoni 32,6$ zigiye gushorwa mu mushinga wo kuzamura ubuhinzi mu Rwanda

Ubwanditsi 02 Mar 2018
Kagame na Shinzo Abe bakurikiranye isinywa ry’amasezerano ya miliyoni $29 azashorwa ku ruganda rwa Nzove

Kagame na Shinzo Abe bakurikiranye isinywa ry’amasezerano ya miliyoni $29 azashorwa ku ruganda rwa Nzove

Ubwanditsi 09 Jan 2019
Berlin G20: Perezida Kagame yeretse ibihugu bikize aho bikwiye gushora imari muri Afurika

Berlin G20: Perezida Kagame yeretse ibihugu bikize aho bikwiye gushora imari muri Afurika

Ubwanditsi 13 Jun 2017
Dr Donald Kaberuka yavuze ku byo abaturage bifuza ku nzego za leta muri Afurika

Dr Donald Kaberuka yavuze ku byo abaturage bifuza ku nzego za leta muri Afurika

Ubwanditsi 29 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

INGINGO Z’INGENZI Z’URWANDIKO RWA AHORUKOMEYE Victor RUSABA GUHINDURA IZINA
Mu Rwanda

INGINGO Z’INGENZI Z’URWANDIKO RWA AHORUKOMEYE Victor RUSABA GUHINDURA IZINA

Ubwanditsi 04 Feb 2019
Polisi iragira inama abantu kureka gucururiza ibikomoka kuri peteroli ahatabugenewe
Mu Rwanda

Polisi iragira inama abantu kureka gucururiza ibikomoka kuri peteroli ahatabugenewe

Ubwanditsi 02 May 2017
Perezida Kagame yasabye ko ibyaha byo guhohotera abana bizamurirwa ibihano
POLITIKI

Perezida Kagame yasabye ko ibyaha byo guhohotera abana bizamurirwa ibihano

Ubwanditsi 05 Nov 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru