• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Banki y’Isi yagabanyije igipimo cy’izamuka ry’ubukungu bwa Afurika mu 2018
Umuyobozi ushinzwe ishami ry'ubukungu bwa Afurika muri Banki y'Isi, Albert Zeufack

Banki y’Isi yagabanyije igipimo cy’izamuka ry’ubukungu bwa Afurika mu 2018

Ubwanditsi 04 Oct 2018 UBUKUNGU

Raporo ya ‘Africa’s Pulse’ ikorwa na Banki y’Isi kabiri mu mwaka nk’isesengura rigagaragaza uko ubukungu bw’ibihugu bya Afurika bihagaze, igaragaza ko ubukungu bwa Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara bwateye imbere ariko ku kigero gito ugereranyije n’uko byari byitezwe.

Iyi raporo ya 18, yasohotse kuri uyu wa Gatatu, yagaragaje ko izamuka ry’ubukungu bwa Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara, ari 2.7% muri 2018, ugereranyije na 2.3% bwazamutseho mu 2017.

Banki y’Isi yateganyaga ko ubukungu bw’aka karere buzazamuka ku gipimo cya 3.1% mu 2018 ariko bitagishobotse kubera iterambere ry’ubukungu bwa Nigeria, Angola na Afurika y’Epfo ridahagaze neza.

Igaragaza ko Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara irimo gutera imbere nubwo atari ku muvuduko wihuta cyane nk’uko byari byitezwe. Biteganyijwe ko ubukungu bw’aka karere buzazamuka kuri 3.3% mu 2019, na 3.6%, mu 2020/21.

Umuyobozi ushinzwe ishami ry’ubukungu bwa Afurika muri Banki y’Isi, Albert Zeufack, yavuze ko imyenda ibihugu bya Afurika bifata ikomeje kwiyongera kandi bikazabigiraho ikibazo.

Yagize ati “Ubukungu bw’akarere burimo gutera imbere nubwo atari ku muvuduko wihuta nk’uko byari byitezwe. Kugira ngo iryo terambere rikomatanyije ryihute kandi rihozeho, abafata ibyemezo bagomba gukomeza kwibanda ku ishoramari riteza imbere abaturage, kugabanya ikoreshwa ry’umutungo mu bitari ngombwa no kongera umusaruro”.

Yongeraho ko abafata ibyemezo bagomba kugira ubushobozi bwo gucunga neza ibibazo bishobora guturuka ku mpinduka mu bucuruzi, mu ishoramari ndetse no mu myenda.

Raporo ya Banki y’Isi igaragaza ko ubucuruzi mpuzamahanga ndetse n’urwego rw’inganda byatakaje umuvuduko w’iterambere bitewe n’ibiciro by’ibyuma ndetse n’ibikomoka ku buhinzi byamanutse, ahanini bigizwemo uruhare n’ibiciro by’ubucuruzi n’ikigero cy’ababikenera.

Umusaruro muke w’ibikomoka kuri peteroli muri Nigeria na Angola, wagize ingaruka ku muvuduko w’iterambere ry’ubukungu naho muri Afurika y’Epfo, iterambere ry’ubukungu ku muturage riragabanuka.

Banki y’Isi ivuga ko nubwo ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli bishobora gukomeza kwiyongera mu 2019, ibiciro by’ibyuma bishobora kudahinduka bitewe n’uburyo ababishaka bahagaze by’umwihariko u Bushinwa.

Gusa iyi raporo igaragaza ko ubukungu bw’ibindi bihugu nka Cote d’Ivoire, Kenya n’u Rwanda buhagaze neza bigizwemo uruhare n’ubuhinzi n’ishoramari rya leta.

2018-10-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kuba twarasigaye inyuma ntabwo twahora tubivuga nkaho bishimishije- Perezida Kagame

Kuba twarasigaye inyuma ntabwo twahora tubivuga nkaho bishimishije- Perezida Kagame

Ubwanditsi 08 May 2018
‘Kuba Amerika yavanye u Rwanda muri AGOA nta gikuba cyacitse’

‘Kuba Amerika yavanye u Rwanda muri AGOA nta gikuba cyacitse’

Ubwanditsi 02 Apr 2018
BNR yemereye amabanki korohereza abayafitiye inguzanyo, inakuraho igiciro cyo guhererekanya amafaranga

BNR yemereye amabanki korohereza abayafitiye inguzanyo, inakuraho igiciro cyo guhererekanya amafaranga

Ubwanditsi 19 Mar 2020
Miliyoni 32,6$ zigiye gushorwa mu mushinga wo kuzamura ubuhinzi mu Rwanda

Miliyoni 32,6$ zigiye gushorwa mu mushinga wo kuzamura ubuhinzi mu Rwanda

Ubwanditsi 02 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

M23 yashyize hanze amabanga yagiranye na Perezida Tshisekedi na mbere yuko atorerwa kuyobora iki gihugu
Amakuru

M23 yashyize hanze amabanga yagiranye na Perezida Tshisekedi na mbere yuko atorerwa kuyobora iki gihugu

Ubwanditsi 16 Jun 2022
Uganda: Insoresore 40 zari zijyanywe na RNC gutorezwa muri Congo zatawe muri yombi mu gisa no kutumvikana hagati ya polisi na CMI
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Insoresore 40 zari zijyanywe na RNC gutorezwa muri Congo zatawe muri yombi mu gisa no kutumvikana hagati ya polisi na CMI

Ubwanditsi 12 Dec 2017
David Himbara mu mazi abira
ITOHOZA

David Himbara mu mazi abira

Ubwanditsi 02 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru