• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Carine Kanimba, kuki utsimbarara ku baparimehutu nka Rusesabagina kandi politiki yabo yarakugize imfubyi? Ubwo se utaniye he na Nkundiye wahakanywe n’ibishahu bya se?

Carine Kanimba, kuki utsimbarara ku baparimehutu nka Rusesabagina kandi politiki yabo yarakugize imfubyi? Ubwo se utaniye he na Nkundiye wahakanywe n’ibishahu bya se?

Ubwanditsi 19 Aug 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Ahasaga mu mwaka w’1880, umugabo Nkundiye ukomoka ku Idjwi yaje guhakwa mu Rwanda,  atorotse se Kabego bari bamaze kwangana. Uyu Kabego wategekaga Idjwi yaje gushahurwa n’ ingabo za Rwabugili ku rugamba rwo kwigarurira icyo kirwa, maze ibyo bishahu bye (ubugabo bwe) bizanwa mu Rwanda nk’umunyago.

Uwitwa Giharamagara wa Rwakagara nawe wari umutware ukomeye,yasangiye ubuki na Nkundiye, maze bamaze kubusinda bararakaranya.

Niko gucyurira  Nkundiye ati:” Nubwo uri umutoni kwa Rwabugili kubera kugambanira so, ujye wibuka ko uhakanywe n’ibishahu bya so, Kabego”.

Nkundiye byaramubabaje cyane, ahitamo gusubira iwabo ku Idjwi. Ni aho havuye insigamigani igira iti:” Incyuro mbi yasubije Nkundiye iwabo”!

Carine Kanimba ntaho ataniye na Nkundiye wahakanywe n’ibishahu bya se. 

 Mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, umubyeyi wa Carine Kanimba witwaga Thomas Kanimba yishwe n’abasangiye ubuparimehutu na Rusesabagina. Uwo mwana akimara kuba imfubyi, nyirasenge Tasiyana Mukangamije, ari nawe mugore wa Rusesabagina, yaramuraruje, amujyana kuba mu muryango ufitanye isano n’urupfu rw’umuryango we. Ibi bisobanuye ko Kanimba ahatswe kwa Rusesabagina, nk’uko Nkundiye yakahanywe n’ibishahu bya se kwa Rwabugiri.

Nyuma y’imyaka isaga 28 bamutoraguye,  Carine Kanimba ntakiri umwana ugwa mu ziko. Iyo aza kuba atekereza neza, ntiyari kuba ari umuzindaro w’abagome. Yari kuba yaramenye ko nta mpuhwe zo kumurera kwa Rusesabagina bigeze bamugirira, ko ahubwo bateganyaga kumugira igisabisho, nk’uko bimeze ubu!Igitangaje  kandi kinababaje ariko, ni uko akiziritse kuri politiki ya Rusesabagina, Twagiramungu n’abandi baparmehutu, dore ko yayobotse inzira yo gusebya u Rwanda n’abayobozi barwo, agashimagiza abamumazeho abantu.

Umubyeyi nyawe ntiyagira irari ryo gusambanya umwana we.

Uyu Carine Kanimba wirirwa muri “papa papa”, ntaramenya ko Rusesagina atari se Thomas Kanimba mwene Bicurisha, wamubyaye? Ayobewe se ko Rusesabagina atanamubereye mu cyimbo cy’umubyeyi we? Noneho azahakane  ko Tasiyana atabafashe kenshi, bari “mu rukundo”, ndetse agashaka kumwirukana mu muryango, ariko  amacuti agakomakoma ngo Rusesabagina atahata ibaba.

 Carine Kanimba, reka gusembera aho yanzwe.

 Umukobwa wa Rusesabagina uvuga rikijyana ni imfura ye “Mimi” yabyaranye n’umugore wa mbere batandukanye, ashinja Rusesabagina ubushurashuzi . “Mimi” niwe munyamabanga wa se, si Carine Kanimba uhatswe aho yanzwe, yewe si na Tasiyana Mukangamije, utizerwa na Rusesabagina kuko badahuje ubwoko.

 Inkoramutima zo kwa Rusesabagina zanaduhishuriye ko burya Tasiyana Mukangamije atanamenyaga ubugambanyi umugabo we yirirwamo. Mbese yabonana ibisahu n’ibisabano byisukiranya akirira, ntumubaze iby’ingaruka zabyo. Mwari muzi ko n’ifatwa rya Rusesabagina, burya ngo na Tasiyana yarimenyeye mu itangazamakuru nk’abandi, kuko yari yamuhishe imigambi agiyemo?

Ababyeyi bari bazi neza umuryango we, baragira Carine Kanimba inama yo gusubiza agatima impembero, akareka gukomeza kuba imbehe kwa Rusesabagina basabisha. Ngo nareke gusembera afite igihugu cyiteguye kumusanira umutima, kikanamufasha gusana iwabo i Gahana,  hahinduwe amatongo n’ababyumva kimwe na Rusesabagina.

Carine Karimba, wishakira amaramuko mu kuburanira shitani.

Abagize Rusesabagina “intwari” bashingira ku binyoma bye ngo yarokoye abahigwaga bari muri Hoteli ya Mille Collines. None se Carine, mu bantu basaga 1000 uwo mushinyaguzi avuga yarokoye, yabuzemo nibura 10 bavuga iyo neza bagiriwe. Natuzanire 5 se urebe ko nabyo tutabishima!

Paul Rusesabagina ni umugome nka shebuja Bagosora, bigashimangirwa n’ibikorwa bye by’ ubwicanyi, yakoze yifashishije umutwe we w’iterabwoba wa FLN.  Carine, itandukanye nawe ejo amateka atazagushyira mu gatebo kamwe n’abaparmehutu bakugize imfubyi. 

2022-08-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kayumba Nyamwasa azabazwe n’urupfu rw’ umucuruzi Victor Bayingana n’Assiel Kabera

Kayumba Nyamwasa azabazwe n’urupfu rw’ umucuruzi Victor Bayingana n’Assiel Kabera

Ubwanditsi 06 Nov 2018
Perezida Kagame yegukanye  igihembo mu guharanira iterambere  k’Ubumenyi n’Ikoranabuhanga

Perezida Kagame yegukanye igihembo mu guharanira iterambere k’Ubumenyi n’Ikoranabuhanga

Ubwanditsi 14 Nov 2016
Hitezwe iki ku nama hagati ya Perezida Kagame na Museveni ibera I Gatuna kuri uyu wa Gatanu

Hitezwe iki ku nama hagati ya Perezida Kagame na Museveni ibera I Gatuna kuri uyu wa Gatanu

Ubwanditsi 20 Feb 2020
Tennis: U Rwanda na Kenya bihariye ibikombe mu irushanwa ry’abatarengeje imyaka 14 na 16

Tennis: U Rwanda na Kenya bihariye ibikombe mu irushanwa ry’abatarengeje imyaka 14 na 16

Ubwanditsi 10 May 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida wa Guinea, Alpha Condé yasabye bagenzi be kwitandukanya n’u Bufaransa
POLITIKI

Perezida wa Guinea, Alpha Condé yasabye bagenzi be kwitandukanya n’u Bufaransa

Ubwanditsi 21 Apr 2017
Niyonkuru Gloire wari muri Gisagara VC na Angiro Gideon wakiniraga  REG VC berekeje muri Police Volleyball Club
Amakuru

Niyonkuru Gloire wari muri Gisagara VC na Angiro Gideon wakiniraga REG VC berekeje muri Police Volleyball Club

Ubwanditsi 14 Aug 2025
Champions League: Bayern Munich yatanze isomo rya ruhago, Messi yandika amateka mashya (Amafoto)
IMIKINO

Champions League: Bayern Munich yatanze isomo rya ruhago, Messi yandika amateka mashya (Amafoto)

Ubwanditsi 21 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru