• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kenya ibintu byasubiye irudubi nyuma yo kwivana mu matora kwa Odinga

Kenya ibintu byasubiye irudubi nyuma yo kwivana mu matora kwa Odinga

Ubwanditsi 11 Oct 2017 Mu Mahanga

Umukandida w’impuzamashyaka NASA (National Super Alliance), Raila Odinga yivanye mu matora yari ateganyijwe guhatanamo na Uhuru Kenyata tariki 26 Ukwakira uyu mwaka.

Odinga mu itangazo yashyize hanze yavuze ko adashobora kwitabira amatora mu gihe ibyo basabye Komisiyo y’Amatora guhindura ngo azagende neza bitakozwe. Asanga n’ubusanzwe amatora azabamo uburiganya nk’ubwari bwabaye mu yakozwe tariki 8 Kanama 2017 Urukiko rw’Ikirenga rukayatesha agaciro.

Urukiko rw’Ikirenga rumaze gutesha agaciro amatora yo muri Kanama, rwategetse ko hakorwa andi mu minsi 60. Komisiyo y’Amatora yahise itangaza ko azaba tariki 26 Ukwakira, Raila Odinga na Uhuru Kenyatata aribo bahatana gusa.

Kwivana mu matora kwa Odinga byatunguye benshi ariko by’umwihariko abanyamategeko kuko ikigiye gukurikiraho kitazwi.

Itegeko Nshinga rya Kenya ntacyo ribivugaho, amategeko agenga amatora muri icyo gihugu byageze ku rwego adashobora kwifashishwa yonyine ukurikije uko ikibazo kimeze.

Odinga we yivana mu matora, yavuze ko icyo asaba ari ugutangira bundi bushya amatora. Hagategurwa amatora ya bose mu minsi 90 nkuko biri mu mategeko ya Komisiyo y’Amatora yo mu 2011.

Uhuru Kenyatta we yavuze ko kuba Odinga yivanye mu matora ntacyo bivuze ku matora ateganyijwe tariki 26 Ukwakira. Kuri we ngo agomba kuba.

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri abakomiseri ba Komisiyo y’Amatora muri Kenya bateranye bari kumwe n’abanyamategeko ngo barebe igikurikiraho nyuma y’ukwivana mu matora kwa Odinga.

Visi Perezida wa Kenya, William Ruto yasabye Komisiyo y’Amatora gutangaza Uhuru ko yatsinze amatora nyuma yo kwivanamo kwa Odinga, ashingiye ku kuba yari yanamutsinze mu matora aherutse.

Abanyamategeko batandukanye muri Kenya batangarije ikinyamakuru The Standard ko hari uburyo butandukanye bushoboka kwifashishwa.

Ubwa mbere ni uko Komisiyo y’Amatora ikomeza amatora yari ateganyijwe tariki 26 Ukwakira, Uhuru akaba umukandida rukumbi. Indi nzira ishoboka ni ugutegura amatora bundi bushya mu minsi 90 nkuko biri mu myanzuro y’Urukiko rw’Ikirenga yo mu mwaka wa 2013.

Abandi banyamategeko bavuze ko indi nzira ishoboka ari uko Uhuru Kenyatata yatangazwa ko yatsinze hashingiwe ku ngingo ya 138 y’Itegeko Nshinga ivuga ko igihe umukandida ari umwe mu matora, ari we utangazwa ko yatsinze.

Hari ubundi buryo bw’umushinga wari watangijwe n’abadepite bo mu ishyaka rya Uhuru Kenyatta, ngo amategeko agenga amatora avugururwe hagaragazwe icyakorwa igihe umwe mu bahatana ari babiri yikuye mu matora.

Bamwe mu banyamategeko bavuze ko uwo mushinga ahubwo wakwihutishwa itegeko rigashyirwaho akaba ariryo ryifashishwa hafatwa umwanzuro ku kwivana mu matora kwa Raila.

Uyu mushinga urimo amacenga

Ikinyamakuru Daily Ntaion cyatangaje ko n’ubundi watangijwe n’abadepite hamwe n’abasenateri ba Uhuru bagamije guca intege Odinga ngo yivane mu matora. Mu ngingo imwe y’uwo mushinga hari ahagaragaza ko Odinga niyivana mu matora Uhuru azahita atangazwa nka Perezida.

Gukoresha ubu buryo ni uguha amahirwe Uhuru kuko n’ubundi nujyanwa mu Nteko uzahita utorwa ku bwiganze dore ko benshi mu badepite ari abo mu ishyaka rya Uhuru.

Mu bigaragara yaba Itegeko Nshinga n’amategeko agenga amatora muri Kenya, ntacyo asobanura ku buryo bugaragara ku kwivana mu matora k’umwe mu bakandida nyuma y’uko Urukiko rw’Ikirenga rutesheje agaciro amatora ya mbere.

Umunyamategeko Charles Kanjama we yavuze ko ubu aho bigeze umunyakenya uwo ari we wese yemerewe kujyana ikirego mu rukiko rw’Ikirenga asaba ko arirwo rufata umwanzuro ku bigomba gukurikira.

-8298.jpg

Uhuru Kenyatta ashobora kwemezwa ko ariwe watsinze

2017-10-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ikipe y’Igihugu ya Esipanye yegukanye Euro 2024 itsinze u Bwongereza 2-1

Ikipe y’Igihugu ya Esipanye yegukanye Euro 2024 itsinze u Bwongereza 2-1

Ubwanditsi 14 Jul 2024
Perezida Ndayishimiye, umenye ko amaraso y’Abatutsi bo muri Kongo azagusama

Perezida Ndayishimiye, umenye ko amaraso y’Abatutsi bo muri Kongo azagusama

Ubwanditsi 20 Apr 2024
Jesse Lingard watijwe na Manchester United muri West Ham United ashobora kugaruka yongererwa amasezerano.

Jesse Lingard watijwe na Manchester United muri West Ham United ashobora kugaruka yongererwa amasezerano.

Ubwanditsi 27 Mar 2021
Perezida Kagame yasabye urubyiruko kurubona rwifitemo inyota yo gutanga umusanzu mu kubaka igihugu

Perezida Kagame yasabye urubyiruko kurubona rwifitemo inyota yo gutanga umusanzu mu kubaka igihugu

Ubwanditsi 27 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uruzinduko rwa Komiseri Mukuru wa Polisi y’uRwanda, IGP Dan MUNYUZA, muri Malawi rwahahamuye Interahamwe n’ibigarasha biba muri icyo gihugu.
Amakuru

Uruzinduko rwa Komiseri Mukuru wa Polisi y’uRwanda, IGP Dan MUNYUZA, muri Malawi rwahahamuye Interahamwe n’ibigarasha biba muri icyo gihugu.

Ubwanditsi 27 Jul 2021
Ihuriro rya 7 ry’Abapolisikazi ryibanze ku guteza imbere ubumenyi bwabo
Mu Mahanga

Ihuriro rya 7 ry’Abapolisikazi ryibanze ku guteza imbere ubumenyi bwabo

Ubwanditsi 27 Feb 2016
Mu mikino y’umunsi wa 8 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru mu Rwanda, ukaba umunsi wa kabiri w’imikino ya Kamarampaka waranzwe no kunganya. 
Amakuru

Mu mikino y’umunsi wa 8 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru mu Rwanda, ukaba umunsi wa kabiri w’imikino ya Kamarampaka waranzwe no kunganya. 

Ubwanditsi 27 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru