• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kenya ibintu byasubiye irudubi nyuma yo kwivana mu matora kwa Odinga

Kenya ibintu byasubiye irudubi nyuma yo kwivana mu matora kwa Odinga

Ubwanditsi 11 Oct 2017 Mu Mahanga

Umukandida w’impuzamashyaka NASA (National Super Alliance), Raila Odinga yivanye mu matora yari ateganyijwe guhatanamo na Uhuru Kenyata tariki 26 Ukwakira uyu mwaka.

Odinga mu itangazo yashyize hanze yavuze ko adashobora kwitabira amatora mu gihe ibyo basabye Komisiyo y’Amatora guhindura ngo azagende neza bitakozwe. Asanga n’ubusanzwe amatora azabamo uburiganya nk’ubwari bwabaye mu yakozwe tariki 8 Kanama 2017 Urukiko rw’Ikirenga rukayatesha agaciro.

Urukiko rw’Ikirenga rumaze gutesha agaciro amatora yo muri Kanama, rwategetse ko hakorwa andi mu minsi 60. Komisiyo y’Amatora yahise itangaza ko azaba tariki 26 Ukwakira, Raila Odinga na Uhuru Kenyatata aribo bahatana gusa.

Kwivana mu matora kwa Odinga byatunguye benshi ariko by’umwihariko abanyamategeko kuko ikigiye gukurikiraho kitazwi.

Itegeko Nshinga rya Kenya ntacyo ribivugaho, amategeko agenga amatora muri icyo gihugu byageze ku rwego adashobora kwifashishwa yonyine ukurikije uko ikibazo kimeze.

Odinga we yivana mu matora, yavuze ko icyo asaba ari ugutangira bundi bushya amatora. Hagategurwa amatora ya bose mu minsi 90 nkuko biri mu mategeko ya Komisiyo y’Amatora yo mu 2011.

Uhuru Kenyatta we yavuze ko kuba Odinga yivanye mu matora ntacyo bivuze ku matora ateganyijwe tariki 26 Ukwakira. Kuri we ngo agomba kuba.

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri abakomiseri ba Komisiyo y’Amatora muri Kenya bateranye bari kumwe n’abanyamategeko ngo barebe igikurikiraho nyuma y’ukwivana mu matora kwa Odinga.

Visi Perezida wa Kenya, William Ruto yasabye Komisiyo y’Amatora gutangaza Uhuru ko yatsinze amatora nyuma yo kwivanamo kwa Odinga, ashingiye ku kuba yari yanamutsinze mu matora aherutse.

Abanyamategeko batandukanye muri Kenya batangarije ikinyamakuru The Standard ko hari uburyo butandukanye bushoboka kwifashishwa.

Ubwa mbere ni uko Komisiyo y’Amatora ikomeza amatora yari ateganyijwe tariki 26 Ukwakira, Uhuru akaba umukandida rukumbi. Indi nzira ishoboka ni ugutegura amatora bundi bushya mu minsi 90 nkuko biri mu myanzuro y’Urukiko rw’Ikirenga yo mu mwaka wa 2013.

Abandi banyamategeko bavuze ko indi nzira ishoboka ari uko Uhuru Kenyatata yatangazwa ko yatsinze hashingiwe ku ngingo ya 138 y’Itegeko Nshinga ivuga ko igihe umukandida ari umwe mu matora, ari we utangazwa ko yatsinze.

Hari ubundi buryo bw’umushinga wari watangijwe n’abadepite bo mu ishyaka rya Uhuru Kenyatta, ngo amategeko agenga amatora avugururwe hagaragazwe icyakorwa igihe umwe mu bahatana ari babiri yikuye mu matora.

Bamwe mu banyamategeko bavuze ko uwo mushinga ahubwo wakwihutishwa itegeko rigashyirwaho akaba ariryo ryifashishwa hafatwa umwanzuro ku kwivana mu matora kwa Raila.

Uyu mushinga urimo amacenga

Ikinyamakuru Daily Ntaion cyatangaje ko n’ubundi watangijwe n’abadepite hamwe n’abasenateri ba Uhuru bagamije guca intege Odinga ngo yivane mu matora. Mu ngingo imwe y’uwo mushinga hari ahagaragaza ko Odinga niyivana mu matora Uhuru azahita atangazwa nka Perezida.

Gukoresha ubu buryo ni uguha amahirwe Uhuru kuko n’ubundi nujyanwa mu Nteko uzahita utorwa ku bwiganze dore ko benshi mu badepite ari abo mu ishyaka rya Uhuru.

Mu bigaragara yaba Itegeko Nshinga n’amategeko agenga amatora muri Kenya, ntacyo asobanura ku buryo bugaragara ku kwivana mu matora k’umwe mu bakandida nyuma y’uko Urukiko rw’Ikirenga rutesheje agaciro amatora ya mbere.

Umunyamategeko Charles Kanjama we yavuze ko ubu aho bigeze umunyakenya uwo ari we wese yemerewe kujyana ikirego mu rukiko rw’Ikirenga asaba ko arirwo rufata umwanzuro ku bigomba gukurikira.

-8298.jpg

Uhuru Kenyatta ashobora kwemezwa ko ariwe watsinze

2017-10-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibihugu bitandukanye biraburira  abaturage babyo bakorera ingendo muri Uganda  kubera icyorezo cya Ebola  cyageze muri Uganda

Ibihugu bitandukanye biraburira abaturage babyo bakorera ingendo muri Uganda kubera icyorezo cya Ebola cyageze muri Uganda

Ubwanditsi 12 Jun 2019
Col Willy Bagabe yashyinguwe

Col Willy Bagabe yashyinguwe

Ubwanditsi 12 Jun 2016
Uko Inkende Yurira cyane, niko ubwambure bwayo bugaragara: Ibyo mutamenye kuri Ignace Rusagara, ubu uvugira umutwe w’iterabwoba wa RNC.

Uko Inkende Yurira cyane, niko ubwambure bwayo bugaragara: Ibyo mutamenye kuri Ignace Rusagara, ubu uvugira umutwe w’iterabwoba wa RNC.

Ubwanditsi 18 Jan 2024
Uganda : Umunyamabanga wa Leta arashinja inzego z’umutekano kwica abayobozi hakabeshyerwa inyeshyamba

Uganda : Umunyamabanga wa Leta arashinja inzego z’umutekano kwica abayobozi hakabeshyerwa inyeshyamba

Ubwanditsi 20 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Champions league: PSG irahabwa amahirwe yo gutsinda Chealsea
IMIKINO

Champions league: PSG irahabwa amahirwe yo gutsinda Chealsea

Ubwanditsi 16 Feb 2016
Rwalinda Pierre Céléstin yivuyemo nk’inopfu, yiyemerera ko  abajenosideri n’abandi bagome boherereza ‘ingemu’  Nyirabuja Ingabire Victoire
Amakuru

Rwalinda Pierre Céléstin yivuyemo nk’inopfu, yiyemerera ko  abajenosideri n’abandi bagome boherereza ‘ingemu’  Nyirabuja Ingabire Victoire

Ubwanditsi 27 Oct 2022
Nyamata: Mme J.Kagame yabwiye iki urubyiruko ‘ruzaba abayobozi’ ?
Mu Mahanga

Nyamata: Mme J.Kagame yabwiye iki urubyiruko ‘ruzaba abayobozi’ ?

Ubwanditsi 13 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru