• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Rwalinda Pierre Céléstin yivuyemo nk’inopfu, yiyemerera ko  abajenosideri n’abandi bagome boherereza ‘ingemu’  Nyirabuja Ingabire Victoire

Rwalinda Pierre Céléstin yivuyemo nk’inopfu, yiyemerera ko  abajenosideri n’abandi bagome boherereza ‘ingemu’  Nyirabuja Ingabire Victoire

Ubwanditsi 27 Oct 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Nyuma y’inkuru zasohotse mu binyamakuru binyuranye birimo na  Rushyashya, zashyize ku Karubanda abakusanyaga ingemu yohererezwa buri kwezi Ingabire Victoire ndetse n’umutwe w’abajenosideri wa FDLR,  Rwalinda Pierre Célestin yasariye ku mbuga nkoranyambaga arasizora. Niko bikunze kugenda ku babaswe n’ingengabitekerezo ya Jenoside, iyo hari utunze agatoki umufatanyabikorwa wabo, bumva ubakoze ahababaza.

Bavuga ko ‘iyo uteye ibuye mu bibwana ikibwejuye ari cyo uba uhamije’. Uyu Rwalinda mwene Rukaza (wagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994) na Bizagwira, yisamye yasandariye kuri Twitter yiregura, nyamara nta gitangazamakuru na kimwe cyigeze kivuga amazina ye. Ariko na none ntiwamurenganya kuko ntiyari kugira agahenge kandi amabanga ya nyirabuja Ingabire yashyizwe ku karubanda. Ntiyari gushobora kwiyumanganya kandi ibimenyetso simusiga bigaragaza uruhare rwa buri wese mu gukusanya ayo mafaranga.

Rwalinda ukomoka mu Gakenke, mu mwirondoro mugufi yashyize kuri konti ye ya Twitter agaragaza ko ari Umunyamabanga Mukuru wa FDU-Inkingi, ishyaka Ingabire yashinze akanariyobora kuva mu 2006 kugeza  ubwo yatangizaga DALFA-Umurinzi ayobya uburari. Ubu ntibikiri ibanga ko Ingabire ariwe muyobozi wa FDU-Inkingi, n’ikimenyimenyi yohererezwa imisanzu na raporo y’ibikorwa, ndetse nawe akamenyesha abayoboke be ibyo akora mu Rwanda, akanatanga amabwiriza.

 Burya rero ntiwatwika inzu ngo uhishe umwotsi. Inkuru yaje kuba kimomo nyuma y’uko umwe mu bambari be akaba no mu itsinda: “INGEMU YOUTH CREW” (agatsiko k’urubyiruko gatanga ingemu ya Victoire Ingabire) yohereje ku rubuga rwa Whatsapp bahuriramo  ubutumwa Ingabire yashyize kuri Twitter, avuga ko yaganiriye na bamwe mu Banyaburayi bitabiriye inama  mpuzamahanga y’Abagize Inteko Nshingamategeko iherutse kubera i Kigali. Yagize ati “Ndabasuhuje. Nizere ko ibi bikorwa byiza mwabibonye. Twese twihe amashyi ku nkunga dutanga zituma Mme Victoire Ingabire abasha kuduhagararira mu rwatubyaye. TWESE TUZATSINDA”.

Amafaranga Ingabire victoire agemurirwa n’ abayoboke ba FDU-Inkingi  buri kwezi, niyo yishyura ibitangazamakuru nka CNN na za BBC anyuzamo ibinyoma bigamije gusebya u Rwanda.Ni nayo kandi yishyura ba Uwimana Agnès, Ntwari Wiliam n’ ibindi bisahiranda byabaye imizindaro ye, bititaye ku ngaruka bibagiraho cyangwa bizabagiraho.

Rwalinda  benshi basigaye bita “Rwalindagiye” kubera amanjwe yirirwamo ku mbuga nkoranyambaga, ubu usigaye anabana n’umugore we Nyiranganizi Febronie mu Bufaransa, Jenoside yakorewe Abatutsi yabaye yiga mu Bubiligi agumayo kubera ipfunwe ry’amahano se umubyara yakoze. Ni umwe mu nkingi za mwamba za  FDU-Inkingi ari nayo mpamvu akorana bya hafi na Ingabire, akamuha inshingano na raporo y’ibikorwa by’iryo ngirwa shyaka mu Rwanda.

Yahisemo gusebya u Rwanda kuko nta cyakumvikanisha impamvu adatahuka.  Azatahe yuhagirwe ingengabitekerezo ya Jenoside yakuye ku ziko ryo kwa Rukaza na Bizagwira, naho kuba use ari umujenosideri, icyaha ni gatozi.

 

2022-10-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ese icyiswe umugambi wo guhirika ubutegetsi bwa Tshisekedi, si ikinamico nka bya bitero byo mu Burundi?

Ese icyiswe umugambi wo guhirika ubutegetsi bwa Tshisekedi, si ikinamico nka bya bitero byo mu Burundi?

Ubwanditsi 19 May 2024
Kiyovu yazanye umunya-Afurika y’Epfo, Rutahizamu w’umunya-Nigeria Nanbur Gabriel na Eloundou Ngono uvuye muri Cameroon basinyiye Gasogi United

Kiyovu yazanye umunya-Afurika y’Epfo, Rutahizamu w’umunya-Nigeria Nanbur Gabriel na Eloundou Ngono uvuye muri Cameroon basinyiye Gasogi United

Ubwanditsi 04 Aug 2022
Mu rugo rwa Depite Bobi Wine hatewe grenade

Mu rugo rwa Depite Bobi Wine hatewe grenade

Ubwanditsi 03 Oct 2017
Perezida Kagame, yagereranije ubwimvikane buke hagati y’u Rwanda na Uganda nk’ amakimbirane ari mu muryango

Perezida Kagame, yagereranije ubwimvikane buke hagati y’u Rwanda na Uganda nk’ amakimbirane ari mu muryango

Ubwanditsi 16 Dec 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bobi Wine yibukije Muhoozi Kainerugaba ko Uganda atari akarima k’umuryango we
Amakuru

Bobi Wine yibukije Muhoozi Kainerugaba ko Uganda atari akarima k’umuryango we

Ubwanditsi 04 Nov 2020
Perezida Trump na Perezida Bashir batumiwe mu nama izabera muri Arabia Soudite
ITOHOZA

Perezida Trump na Perezida Bashir batumiwe mu nama izabera muri Arabia Soudite

Ubwanditsi 18 May 2017
Abari abayobozi ba ADEPR gufungurwa uruhongohongo
Mu Rwanda

Abari abayobozi ba ADEPR gufungurwa uruhongohongo

Ubwanditsi 22 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru