• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Col Willy Bagabe yashyinguwe

Col Willy Bagabe yashyinguwe

Ubwanditsi 12 Jun 2016 Mu Mahanga

Ingabo z’u Rwanda, umuryango hamwe n’inshuti basezeye bwa nyuma “umusirikare utazarira”, Col Willy Bagabe, witabye Imana kuwa 03 Kamena 2016 azize uburwayi, aho yari arwariye mu Buhinde.

Mu muhango wo kumushyingura mu cyubahiro mu irimbi rya gisirikare i Kanombe, kuri uyu wa 11 Kamena, Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen. Patrick Nyamvumba yavuze ko bigoye kugira icyo umuntu avuga mu bihe nk’ibi, ariko ngo Col Bagabe bamufata nk’intwari ikomeye n’isomo ku basigaye.

Yagize ati “Umubiri twambaye ku Isi ugira igihe urangirira. Ariko ngira ngo icy’ingenzi ni icyo twebwe ababa bawambaye dusiga twarakoze tugifite uwo mubiri. Col Bagabe rero ku bamuzi, kuri bagenzi banjye, mu 1990 yatabaye mu isibo ya mbere. Imirimo yose yagiye ashingwa yayikoze uko yagombaga kuyikora.”

Col Bagabe ngo yitwaye neza ku rugamba, aba “umusirikare utazarira”, wakoze ibyo yagombaga gukora, wagize uruhare mu kubohora igihugu ndetse na nyuma yaho agakomeza gutanga umusanzu we.

Gen Nyamvumba yakomeje agira ati “Ibyo Colonel Bagabe yanyuzemo haba mu misozi twuriye, mu mibande twamanutse, imvura yatunyagiye, amasasu twanyuzemo, hari abatarashoboye kubyihanganira bananirwa iyo nzira ikiriho. Kuri Bagabe siko byagenze, yarakomeje kugeza ejo bundi aho uyu mubiri w’Isi unaniranye, atuvamo.”

Col Bagabe witabye Imana ku myaka 48, yabanje kuvurirwa mu bitaro bikuru bya gisirikare i Kanombe, yoherezwa muri Kenya, akomereza mu Buhinde ari naho yaguye nyuma y’amezi asaga atanu yakiriye agakiza.

Gen. Nyamvumba ati “Twakoze ibyo abantu bashoboye kugira ngo tubungabunge ubuzima bwe, kugira ngo akomeze abeho, ariko ntibyakunze. Ari nayo mpamvu mvuga ngo no ku batemera, nibura dukwiye kwemera ko hari aho ubushobozi bw’umuntu bugarukira.”
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda yashimye umusanzu Col Bagabe asigiye igihugu cye, aho yagaragaje urukundo rugera aho yemera gutanga ubuzima bwe, ku buryo bitewe n’ibyo yanyuzemo nawe ashobora kuba ataratekerezaga ko yageza ku munsi yapfiriyeho.

Yasabye abandi basirikare kurangwa n’urwo rukundo, ndetse Ingabo z’u Rwanda zikazakomeza gufasha umuryango wa Nyakwigendera haba mu byo basabwa n’amategeko n’ibirenzeho.

Colonel Willy Bagabe yavutse mu 1968, ahitwa Kabazana mu nkambi y’impunzi z’Abanyarwanda ya Nakivala muri Uganda.

Amashuri yisumbuye yayize muri Kitante High School, akura ari umuntu wanga akarengane n’agasuzuguro byari byarahawe intebe muri icyo gihe. Byatumye acikiriza amashuri yisumbuye, yinjira mu rugamba rwo kubohoza Uganda rwari ruyobowe na Yoweri Kaguta Museveni.

Nyuma yo kubohora Uganda, yakomereje mu rugamba rwo kubohora u Rwanda, kugeza rurangiye mu 1994.

-2927.jpg

-2926.jpg

-2925.jpg

-2928.jpg

-2929.jpg

Apfuye asize abana batanu b’abahungu n’umugore.

2016-06-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Udushya mutamenye mu ruzinduko rwa Perezida Tshisekedi mu Bwongereza, abasirikari babiri bamurinda baracyafungiwe muri icyo gihugu

Udushya mutamenye mu ruzinduko rwa Perezida Tshisekedi mu Bwongereza, abasirikari babiri bamurinda baracyafungiwe muri icyo gihugu

Ubwanditsi 21 Oct 2022
FARDC iravuga ko iby’inyeshyamba zinjiye muri Rutshuru ari ibihuha

FARDC iravuga ko iby’inyeshyamba zinjiye muri Rutshuru ari ibihuha

Ubwanditsi 23 Oct 2018
Polisi yagaruje ibikoresho by’abaturage byari byibwe

Polisi yagaruje ibikoresho by’abaturage byari byibwe

Ubwanditsi 07 Mar 2016
Perezida Kagame yagennye imishahara mishya y’abapolisi

Perezida Kagame yagennye imishahara mishya y’abapolisi

Ubwanditsi 18 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Umuvugizi Wungirije w’Igipolisi nawe yarusimbutse
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Umuvugizi Wungirije w’Igipolisi nawe yarusimbutse

Ubwanditsi 28 Sep 2018
Bamwe mu banyapolitiki bakekwaho kuvamo umwe ushobora kuyobora Sena akaba numero ya kabiri mu gihugu
Mu Rwanda

Bamwe mu banyapolitiki bakekwaho kuvamo umwe ushobora kuyobora Sena akaba numero ya kabiri mu gihugu

Ubwanditsi 10 Oct 2019
Abasirikari ba Kenya bari baragiye mu butumwa bw’Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba muri Kongo, batangiye kuva muri icyo gihugu
Amakuru

Abasirikari ba Kenya bari baragiye mu butumwa bw’Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba muri Kongo, batangiye kuva muri icyo gihugu

Ubwanditsi 03 Dec 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru