• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Kongera imbaraga mu mubano w’u Rwanda na Côte d’Ivoire kimwe mubyaganiriweho hagati ya Perezida Kagame na Alassane Ouattara

Kongera imbaraga mu mubano w’u Rwanda na Côte d’Ivoire kimwe mubyaganiriweho hagati ya Perezida Kagame na Alassane Ouattara

Ubwanditsi 27 Apr 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida Paul Kagame ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane yagiranye ibiganiro na Perezida Alassane Dramane Ouattara wa Côte d’Ivoire uri mu Rwanda, aho yitabiriye inama ngarukamwaka ya Ibrahim Governance Weekend, itangira kuri uyu wa Gatanu.

Iyi nama iramara iminsi itatu ihuje abasaga 1000 barimo abanyapolitiki, abayobozi mu nzego z’ubucuruzi, abahagarariye imiryango itari iya leta, inzego zihagarariye uturere n’abafatanyabikorwa ba Afurika, ku wa 27-29 Mata 2018.

Ibiro bya Perezida wa Côte d’Ivoire byatangaje ko “Ibiganiro hagati y’aba bakuru b’ibihugu babiri byibanze ku mubano w’ibihugu byombi hagati ya Côte d’Ivoire n’u Rwanda; inzira n’uburyo bwakoreshwa mu kuwongerera imbaraga. Banagarutse ku bibazo bireba Afurika n’Isi muri rusange.”

Perezida Ouattara yageze mu Murwa Mukuru w’u Rwanda mu ma saa moya z’ijoro ryo ku wa Gatatu tariki 25, mu ruzinduko rw’ubucuti n’akazi, byatangajwe ko rugomba kumara amasaha 72, kuko rusozwa kuri uyu wa Gatanu.

Icyo gihe yakiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo na mugenzi we wa Côte d’Ivoire ushinzwe ubutwererane na Afurika n’imikoranire y’Abanya- Côte d’Ivoire bari mu mahanga, Ally Coulibaly na Ambasaderi wa Côte d’Ivoire muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo no mu Rwanda, Joachim Djabia Anviré.

Akigera i Kigali, uyu mugabo w’imyaka 76 yatangariye uburyo u Rwanda rukomeje gutera imbere kubera imiyoborere ya Perezida Kagame n’uruhare ari kugira mu kugarura amahoro mu gice cya Afurika yo hagati, akaba ari nawe uyoboye Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe muri uyu mwaka.

Icyo gihe yashimangiye ko mu biganiro azagirana na Perezida Kagame bazagaruka no ku ruhare rwa Côte d’Ivoire nk’igihugu kizaba kigize akanama k’Umuryango w’Abibumbye Gashinzwe Umutekano, mu 2018 na 2019.

Mbere yo kugirana ibiganiro na Perezida Kagame, Ouattara yunamiye inzirakarengane za Jenoside yakorewe Abatutsi zishyinguye mu Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, rushyinguwemo imibiri isaga ibihumbi 250.

Kuri uru rwibutso ruri ku Gisozi, Perezida Ouattara yahavugiye amagambo agaragaza ko yifatanyije n’Abanyarwanda mu byababayeho, ariko asaba ko ibihugu bikora ibishoboka ngo “ibyabaye ntibizasubire, ntihazagire n’umuntu uwo ariwe wese unyura mu bintu nk’ibyababayeho.”

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu mu nama ya Mo Ibrahim, biteganyijwe ko aribwo Ellen Johnson Sirleaf wahoze ari Perezida wa Liberia ashyikirizwa igihembo cy’umwaka wa 2017, kubera imiyoborere yagaragaje mu bihe bikomeye Liberia yanyuzemo mu myaka ishize.

Iki gihembo cya Mo Ibrahim cy’imiyoborere y’indashyikirwa kiba giherekejwe n’ibahasha ya miliyoni eshanu z’amadolari ya Amerika, n’andi 200.000$ uwegukanye icyo gihembo ahabwa buri mwaka, mu buzima bwe bwose.

Perezida Paul Kagame ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane yagiranye ibiganiro na Perezida Alassane Dramane Ouattara wa Côte d’Ivoire uri mu Rwanda, aho yitabiriye inama ngarukamwaka ya Ibrahim Governance Weekend, itangira kuri uyu wa Gatanu

Ibiro bya Perezida wa Côte d’Ivoire byatangaje ko “Ibiganiro hagati y’aba bakuru b’ibihugu babiri byibanze ku mubano w’ibihugu byombi hagati ya Côte d’Ivoire n’u Rwanda’


2018-04-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi: Byinshi ku butegetsi bw’igitugu buri mu marembera  bwa Petero Nkurunziza bushimuta abantu umunsi ku wundi  

Burundi: Byinshi ku butegetsi bw’igitugu buri mu marembera  bwa Petero Nkurunziza bushimuta abantu umunsi ku wundi  

Ubwanditsi 12 Sep 2019
Perezida Kagame yatangaje ko u Rwanda rwatanze ubusabe bwo kwakira Formula 1 ndetse ko ibiganiro biri kugenda neza

Perezida Kagame yatangaje ko u Rwanda rwatanze ubusabe bwo kwakira Formula 1 ndetse ko ibiganiro biri kugenda neza

Ubwanditsi 13 Dec 2024
Uganda yasabwe kurekura Abanyarwanda badafite ibyo bashinjwa bakava mu busho bafungiyemo

Uganda yasabwe kurekura Abanyarwanda badafite ibyo bashinjwa bakava mu busho bafungiyemo

Ubwanditsi 16 Sep 2019
Lt Col Mpakaniye yamaze imyaka 12 arinda abayobozi ba FDLR yanabaye umuvugabutumwa muri ADEPR

Lt Col Mpakaniye yamaze imyaka 12 arinda abayobozi ba FDLR yanabaye umuvugabutumwa muri ADEPR

RUSHYASHYA 26 Nov 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

MARASA Umubano Hotel Kigali wishes a Happy Birthday H.E. Paul Kagame
Mu Rwanda

MARASA Umubano Hotel Kigali wishes a Happy Birthday H.E. Paul Kagame

Ubwanditsi 23 Oct 2017
Ntibizorohera Mfumukeko kuyobora EAC kubera Perezida Nkurunziza
Mu Rwanda

Ntibizorohera Mfumukeko kuyobora EAC kubera Perezida Nkurunziza

Ubwanditsi 24 Aug 2016
PSG Academy Rwanda yageze i Kigali izanye igikombe cy’Isi, Zamalek yaraye itsinzwe muri BAL 2022, abasiganwa ku magare baritegura kwerekeza muri Cameroon
Amakuru

PSG Academy Rwanda yageze i Kigali izanye igikombe cy’Isi, Zamalek yaraye itsinzwe muri BAL 2022, abasiganwa ku magare baritegura kwerekeza muri Cameroon

Ubwanditsi 26 May 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru