• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Kwibuka 29: Twiyame Padiri Nahimana n’abandi nkawe, imungu muri Kiliziya zikwiza uburozi bw’ingengabitekerezo ya Jenoside

Kwibuka 29: Twiyame Padiri Nahimana n’abandi nkawe, imungu muri Kiliziya zikwiza uburozi bw’ingengabitekerezo ya Jenoside

Ubwanditsi 06 Apr 2023 Amakuru, ITOHOZA, Mu Mahanga

Padiri Nahimana Thomas wiyita umunyepolitiki kugira ngo abe icyamamare nyamara nta bikorwa bye bya politiki bizwi, ni umwe mu barozi ruharwa bagendereye kurimbuza urubyiruko rw’u Rwanda ingengabitekerezo ya Jenoside.

Na Bibiriya igira iti: ”Ibya Kayizari, mubisubize Kayizari n’iby’Imana, mubisubize Imana.” Ntibishoka kuvanga ibya Kiliziya n’ibya politiki uretse Nahimana n’abandi nkawe bataye umutwe.Mu gitabo “Imungu mu Buyobozi bwa Kiliziya” cyanditswe na Jean Ndorimana, agaragaza ko Kiliziya Gatolika imeze neza ariko harimo utuntu tw’udukoko tuyimunga tugatuma igira inenge.

Agaragazamo ko hari igihe cyageze Padiri Nahimana na Padiri Rudakemwa Fortunatus wiyita umunyamateka bagashingwa Seminari Nto ya Cyangugu.

Abo bombi bahuriye ku kuba bafite amaraso yo guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ku mugaragaro, ndetse bari barashinze icyo bita “komisiyo y’ubutabera n’amahoro” muri Diyoseze ya Cyangugu. Ati “Izo ngirwabarezi nshya zari zarihaye ubutumwa bwo kuroga abaseminari zibacengezamo ingengabitekerezo ya Jenoside zifashishije wa Mucamanza w’Umufaransa, Jean Louis Burger wari ugenzweho muri za 2006.”

Ndorimana avuga ko ibyo ari ibintu bikomeye kandi ari ngombwa kubivuga kuko baroze abaseminari biramenyekana, abayobozi ba Diyoseze n’aba Perefegitura bajya gukoresha inama mu Iseminari. Abaseminari ubwabo nibo babareze ibyo babakoreraga.

Nahimana na Rudakemwa bazanaga ibinyamakuru birimo Jeune Afrique, aho bashyizemo ifoto ya Perezida Paul Kagame bamusebya, bakandika amakuru yose ya Jean Louis Burger bamushyigikiye, bati nimusome. Ati “Hari n’ubwo bigeze kuvuga ngo Perezida Kagame yavuyeho, bakwirakwiza mu maseminari.”Abo bombi bigeze kandi guteza umwijyane mu baseminari ubwo babahaga umukoro wo gukora inyandiko ivuga ubutegetsi bubi buranga ‘guverinoma y’i Kigali’. Uwo mukoro bawuhaye umuseminari uhungutse avuye muri Congo, arondora uko i Kigali hari ubutegetsi bubi, maze abaseminari barokotse Jenioside basohoka mu ishuri.Nahimana wari watanze uwo mukoro, yabuze uko yongera guhuza abaseminari maze abwira uwawukoze ngo asabe imbabazi.

Nyamara we wateje uwo mwijyane ntiyasabye imbabazi.Mu bihe bitandukanye abo bapadiri bazanaga radiyo bakumvisha abaseminari amakuru ya Jean Louis Burger, bati ni mwumve ibyo twavuze. Rimwe baraza bati: “Noneho ejobundi bamufashe.

Murumva hari igisigaye?” Ni uko bemeje kuva mu iseminari bajya kwangara ishyanga. Rudakemwa yari amaze umwaka umwe avuye mu Butaliyani naho Nahimana bwari ubwa mbere agiye i Burayi. Kuko nta mupadiri ujya mu mahanga ngo akorereyo adafite urwandiko rwa Musenyeri, nabo bahawe inzandiko zibaherekeza, ibyerekana ko hari n’abasenyeri bashyigikiye imitekerereze yabo.

Bageze i Burayi bashinga urubuga bise Le Prophete n’andi maradiyo avugira kuri You Tube, bifashisha mu gukomeza gukwirakwiza ingengabitekerezo yabo.Icyo batazi, ibuye ryagaragaye ntiriba ricyishe isuka. Turabiyamye kandi tuzakomeza kubiyama ubudasiba.

Urubyiruko u Rwanda rukeneye ni urusigasira ibyagezweho, ruharanira kwishyira hamwe rukubaka igihugu kizira amacakubiriu yagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi.

2023-04-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abanyarwanda bayobowe na Muhitira Felicien uzwi nka Magare begukanye igice cya Marato ya Fort-de-France yakinwaga ku nshuro ya 37

Abanyarwanda bayobowe na Muhitira Felicien uzwi nka Magare begukanye igice cya Marato ya Fort-de-France yakinwaga ku nshuro ya 37

Ubwanditsi 27 Nov 2023
Hitezwe iki ku nama hagati ya Perezida Kagame na Museveni ibera I Gatuna kuri uyu wa Gatanu

Hitezwe iki ku nama hagati ya Perezida Kagame na Museveni ibera I Gatuna kuri uyu wa Gatanu

Ubwanditsi 20 Feb 2020
Mugisha Moïse yazamuye ibendera ry’U Rwanda, yegukana isiganwa rya Grand Prix Chantal Biya muri Cameroon 

Mugisha Moïse yazamuye ibendera ry’U Rwanda, yegukana isiganwa rya Grand Prix Chantal Biya muri Cameroon 

Ubwanditsi 22 Nov 2020
Zari yaba ari mu munyenga w’urukundo n’umunyamakuru yasimbuje Diamond?

Zari yaba ari mu munyenga w’urukundo n’umunyamakuru yasimbuje Diamond?

Ubwanditsi 25 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yakiriye intiti zirimo kumufasha kuvugurura Komisiyo ya AU
Mu Mahanga

Perezida Kagame yakiriye intiti zirimo kumufasha kuvugurura Komisiyo ya AU

Ubwanditsi 13 Dec 2016
U Rwanda mu nzira yo kwiyubaka rwagiye ruterwa amacumu atari make hirya no hino –Kagame   
UBUKUNGU

U Rwanda mu nzira yo kwiyubaka rwagiye ruterwa amacumu atari make hirya no hino –Kagame   

Ubwanditsi 06 Oct 2019
Kicukiro: Abanyeshuri bo mu bigo bine bashyizeho amahuriro yo kurwanya ibyaha
Mu Mahanga

Kicukiro: Abanyeshuri bo mu bigo bine bashyizeho amahuriro yo kurwanya ibyaha

Ubwanditsi 11 May 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru