• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Kwibuka 29: Twiyame Padiri Nahimana n’abandi nkawe, imungu muri Kiliziya zikwiza uburozi bw’ingengabitekerezo ya Jenoside

Kwibuka 29: Twiyame Padiri Nahimana n’abandi nkawe, imungu muri Kiliziya zikwiza uburozi bw’ingengabitekerezo ya Jenoside

Ubwanditsi 06 Apr 2023 Amakuru, ITOHOZA, Mu Mahanga

Padiri Nahimana Thomas wiyita umunyepolitiki kugira ngo abe icyamamare nyamara nta bikorwa bye bya politiki bizwi, ni umwe mu barozi ruharwa bagendereye kurimbuza urubyiruko rw’u Rwanda ingengabitekerezo ya Jenoside.

Na Bibiriya igira iti: ”Ibya Kayizari, mubisubize Kayizari n’iby’Imana, mubisubize Imana.” Ntibishoka kuvanga ibya Kiliziya n’ibya politiki uretse Nahimana n’abandi nkawe bataye umutwe.Mu gitabo “Imungu mu Buyobozi bwa Kiliziya” cyanditswe na Jean Ndorimana, agaragaza ko Kiliziya Gatolika imeze neza ariko harimo utuntu tw’udukoko tuyimunga tugatuma igira inenge.

Agaragazamo ko hari igihe cyageze Padiri Nahimana na Padiri Rudakemwa Fortunatus wiyita umunyamateka bagashingwa Seminari Nto ya Cyangugu.

Abo bombi bahuriye ku kuba bafite amaraso yo guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ku mugaragaro, ndetse bari barashinze icyo bita “komisiyo y’ubutabera n’amahoro” muri Diyoseze ya Cyangugu. Ati “Izo ngirwabarezi nshya zari zarihaye ubutumwa bwo kuroga abaseminari zibacengezamo ingengabitekerezo ya Jenoside zifashishije wa Mucamanza w’Umufaransa, Jean Louis Burger wari ugenzweho muri za 2006.”

Ndorimana avuga ko ibyo ari ibintu bikomeye kandi ari ngombwa kubivuga kuko baroze abaseminari biramenyekana, abayobozi ba Diyoseze n’aba Perefegitura bajya gukoresha inama mu Iseminari. Abaseminari ubwabo nibo babareze ibyo babakoreraga.

Nahimana na Rudakemwa bazanaga ibinyamakuru birimo Jeune Afrique, aho bashyizemo ifoto ya Perezida Paul Kagame bamusebya, bakandika amakuru yose ya Jean Louis Burger bamushyigikiye, bati nimusome. Ati “Hari n’ubwo bigeze kuvuga ngo Perezida Kagame yavuyeho, bakwirakwiza mu maseminari.”Abo bombi bigeze kandi guteza umwijyane mu baseminari ubwo babahaga umukoro wo gukora inyandiko ivuga ubutegetsi bubi buranga ‘guverinoma y’i Kigali’. Uwo mukoro bawuhaye umuseminari uhungutse avuye muri Congo, arondora uko i Kigali hari ubutegetsi bubi, maze abaseminari barokotse Jenioside basohoka mu ishuri.Nahimana wari watanze uwo mukoro, yabuze uko yongera guhuza abaseminari maze abwira uwawukoze ngo asabe imbabazi.

Nyamara we wateje uwo mwijyane ntiyasabye imbabazi.Mu bihe bitandukanye abo bapadiri bazanaga radiyo bakumvisha abaseminari amakuru ya Jean Louis Burger, bati ni mwumve ibyo twavuze. Rimwe baraza bati: “Noneho ejobundi bamufashe.

Murumva hari igisigaye?” Ni uko bemeje kuva mu iseminari bajya kwangara ishyanga. Rudakemwa yari amaze umwaka umwe avuye mu Butaliyani naho Nahimana bwari ubwa mbere agiye i Burayi. Kuko nta mupadiri ujya mu mahanga ngo akorereyo adafite urwandiko rwa Musenyeri, nabo bahawe inzandiko zibaherekeza, ibyerekana ko hari n’abasenyeri bashyigikiye imitekerereze yabo.

Bageze i Burayi bashinga urubuga bise Le Prophete n’andi maradiyo avugira kuri You Tube, bifashisha mu gukomeza gukwirakwiza ingengabitekerezo yabo.Icyo batazi, ibuye ryagaragaye ntiriba ricyishe isuka. Turabiyamye kandi tuzakomeza kubiyama ubudasiba.

Urubyiruko u Rwanda rukeneye ni urusigasira ibyagezweho, ruharanira kwishyira hamwe rukubaka igihugu kizira amacakubiriu yagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi.

2023-04-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ikipe y’igihugu y’abahungu U19 muri Cricket yerekeje muri Nigeria guhatanira itike yo kuzakina imikino ya nyuma  y’igikombe cya Afurika

Ikipe y’igihugu y’abahungu U19 muri Cricket yerekeje muri Nigeria guhatanira itike yo kuzakina imikino ya nyuma y’igikombe cya Afurika

Ubwanditsi 29 Sep 2022
Uburyo ibaruwa Museveni yandikiye Kagame yuzuyemo” ukwivuguruza”

Uburyo ibaruwa Museveni yandikiye Kagame yuzuyemo” ukwivuguruza”

Ubwanditsi 21 Mar 2019
Ku bwumvikane bw’impande zombi, Yamen Zelfani ntakiri umutoza wa  Rayon Sports

Ku bwumvikane bw’impande zombi, Yamen Zelfani ntakiri umutoza wa Rayon Sports

Ubwanditsi 08 Oct 2023
Bisi zizibagiza Agahinda n’ Imikorere mibi ya ONATRACOM ziratangira kujya mu byaro

Bisi zizibagiza Agahinda n’ Imikorere mibi ya ONATRACOM ziratangira kujya mu byaro

Ubwanditsi 06 Feb 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona
Mu Rwanda

Rayon Sports yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona

Ubwanditsi 09 Jul 2017
Amafoto – Mu mukino wa gicuti ikipe ya AS Kigali yatsinze Musanze FC ibitego 4-1, harimo ibitego bitatu bya Hussein Shabalala
Amakuru

Amafoto – Mu mukino wa gicuti ikipe ya AS Kigali yatsinze Musanze FC ibitego 4-1, harimo ibitego bitatu bya Hussein Shabalala

Ubwanditsi 29 Sep 2021
Kigali : Perezida Kagame anyuze kuri Murekezi yashimiye abasora neza anenga abakwepa imisoro
Mu Mahanga

Kigali : Perezida Kagame anyuze kuri Murekezi yashimiye abasora neza anenga abakwepa imisoro

Ubwanditsi 22 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru