• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uganda : Gereza ya CMI ayigereranya no ‘kuramukanya na Satani’

Uganda : Gereza ya CMI ayigereranya no ‘kuramukanya na Satani’

Ubwanditsi 29 May 2019 ITOHOZA

Kuri uyu wa 28 Gicurasi 2019, abandi bagabo babiri bageze ku butaka bw’u Rwanda nyuma y’igihe bafungiye muri gereza za Uganda. Iyo ubarebye ku isura ubona bafite intege nke mu maso n’umunaniro mwinshi kubera ubuzima bushaririye bamazemo iminsi.

Mu buhamya bwa Muhigirwa Paul [wakoreshaga amazina ya Apôtre Muhirwa Paul muri Uganda] yavuze uko yakorewe iyicarubozo rikomeye kuva afashwe muri Mata 2019.

Uyu mugabo yageze muri Uganda mu 2009, aba umuvugabutumwa mu Itorero rya Community Church (2013-2018) riri mu Karere ka Kanungu. Yarivuyemo atangiza Umuryango w’Ivugabutumwa yise “River of Life Ministry”.

Mu buhamya bwe, Muhigirwa yavuze ko we n’abandi Banyarwanda bane baje kujyanwa n’Urwego rw’Ubutasi rwa Uganda (CMI), bajya gufungirwa muri gereza zayo i Mbuya.

Uyu mugabo wajyanwe Mbuya atarakorerwa dosiye, yakomeje agira ati “Kugera muri icyo kigo ni nko kwinjira mu mwijima cyangwa kuramukanya na Satani. Ukigera ku marembo nta kindi kintu ubona kuko bahita bakwambika ikintu cy’umukara mu maso. Baturyamishije mu modoka batwambika ingofero, ntituzi uko twinjiye.’’

Muri iyo gereza ngo mu masaha y’ijoro yumvaga hari abacura imiborogo. Yavuze ko “Byageraga mu ijoro mwajya gutora agatotsi, bakabamenaho amazi ngo mudasinzira. Ikigo cya CMI kiri ku gasozi ahari umuyaga mwinshi ku buryo nijoro bafungura ukinjira, ugahura na bwa bukonje bwo muri ya mazi baba basutsemo.’’

Mu kwezi n’iminsi 16 yamaze muri gereza yakarabye inshuro eshatu, nabyo byakozwe hitegurwa ko ashobora kurekurwa.

Abanyarwanda bafatirwa muri Uganda bashyiriweho icyita rusange ku kirego cyo kuba ‘intasi’ gishinjwa buri wese kuva ku bana udasize n’abasheshe akanguhe.

Abafungiye muri gereza ya CMI barakubitwa, bamwe bagashyirwa ku mashanyarazi, biviramo bamwe kumugara.

Yavuze mu mazina Abanyarwanda yibuka yasize mu Kigo cya CMI n’Ishami ryacyo riri Kireka avuga ko babarirwa muri 50 biganjemo abafite ibyangombwa bibaranga.

Kugera muri Werurwe 2019, abarengaga 800 bari bamaze gutanga ubuhamya nyuma y’iminsi birukanwa ku butaka bwa Uganda, bagaragaza ihohoterwa n’iyicarubozo bakorewe.

Muhigirwa yavuze ko kuva muri icyo kigo ari ‘‘Imana yahankuye kuko nta Munyarwanda ujyanwa mu rukiko.’’

Mu bo yabwirizaga ubutumwa bwiza, hari uwamuhamagaye amubaza niba hari umuntu wo muri CMI bavuganye.

Yakomeje aganirira abanyamakuru ko “Aho niho namenye ko Imana yaba yaramukoresheje kuko twari tuziranye. Nkeka ko aricyo cyaba cyatumye mva muri gereza.’’

Uyu mugabo uribwa buri rugingo kubera uburyo bafashwe mu gihe bamaze bafunzwe.

Iyicarubozo ku Banyarwanda ryakajije umurego

Uwitwa Mibungo Emmanuel we yageze muri Uganda mu 2014, agiye gusura nyina wabo utuye i Kampala, ahatangirira ubuzima ndetse bigenda neza kugeza ashinze urugo.

Yavuze ko mu myaka ibiri ya mbere, nta kibazo yahagiriye ndetse ubucuruzi bwe bwagendaga neza.

Uyu mugabo w’imyaka 32 yirukanwe muri Uganda nyuma y’ukwezi n’ibyumweru bitatu afungiwe muri gereza za CMI.

Yatangaje ko “Muri iyi minsi haje icyiza cy’iyicarubozo cyaziye Abanyarwanda. Bankuye mu rugo, bambajije ubwoko mbabwira ko ndi ‘Umunyarwanda’. Umugabo umwe yahise ankubita urushyi. Yambwiye ko twamaze gukira dutangira kuneka.’’

Yahise ajyanwa kuri polisi akorerwa inyandiko ivuga ko “Mwaje kutuneka, amafaranga mukoresha mwayahawe na Perezida wanyu, hanyuma mugatara amakuru mukavuga buri kimwe cyose kitwerekeye.’’

Yafunzwe iminsi ine, ku wa gatanu yambikwa amapingu ajyanwa mu Kigo cya Gisirikare i Mbuya.

Yakomeje avuga ko “Bambajije niba nzi RNC, mbabwira ko ntacyo nyiziho. Hari abahungu b’Abanyarwanda nasanze bararemajwe no gukubitishwa amashanyarazi kandi Abanyarwanda benshi bakorerwa iyicarubozo.’’

Yavuze ko kurekurwa kwe yabifashe nk’igitangaza cy’Imana kuko yumvise ahamagawe izina rye, akambikwa amapingu akoherezwa ku mupaka wa Kagitumba.

Yagize ati “Ngo nta cyiza kiri muri Uganda kuko imitungo ye yose yasize ayambuwe, agaruka mu Rwanda ntacyo afite, usibye kambambili yahawe.’’

Uyu mugabo akomoka mu Murenge wa Mukingo mu Karere ka Nyanza yari afite imitungo irimo inka, iduka, ikirombe cy’amatafari y’ibumba, n’ikibanza muri Uganda.

Yatandukanyijwe n’umugore yahashakiye bari bafitanye abana babiri barimo uw’imyaka itatu n’uw’umwe. Umuryango we baherukana ubwo bamufata ku wa 14 Mata 2019.

Muhigirwa na Mibungo Emmanuel bashyikirijwe ubuyobozi bw’u Rwanda ku wa 27 Gicurasi 2019, ahagana saa Cyenda.

Mu butumwa bwabo bavuze ko mu gihe ikibazo kiri hagati y’u Rwanda na Uganda kitararangira, Abanyarwanda bakwigengesera gukorerayo ingendo. Bagereranya kujya muri Uganda no ‘guhara ubuzima.’

Ni kenshi Abanyarwanda bafatiwe muri Uganda bashinjwa ibyaha binyuranye ariko iperereza rikarangira nta bimenyetso simusiga bigezweho, nubwo bitabuzaga kubirukana mu gihugu bamwe bagakorerwa iyicarubozo.

Kuva mu myaka ibiri ishize, Abanyarwanda barimo abagore bafite abana bato bakurwa mu modoka bakajya gufungwa bashinjwa kuba intasi, bagakorerwa iyicarubozo ndetse bagafungirwa mu nzu zitazwi.

Aba barimo abasabwa kwiyunga n’Umutwe wa RNC [wa Kayumba Nyamwasa] ushaka guhungabanya u Rwanda.

2019-05-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

‘Umwami Kigeli  akwiye guhabwa icyubahiro kimukwiriye nk’umuntu wigeze kuba Umukuru w’Igihugu’ Twagiramungu

‘Umwami Kigeli akwiye guhabwa icyubahiro kimukwiriye nk’umuntu wigeze kuba Umukuru w’Igihugu’ Twagiramungu

Ubwanditsi 22 Nov 2016
Byagenze bite ngo Rutabana wakiriwe muri Uganda nka VIP aze gushimutwa? Umuryango we uwobarega niwe baregera

Byagenze bite ngo Rutabana wakiriwe muri Uganda nka VIP aze gushimutwa? Umuryango we uwobarega niwe baregera

Ubwanditsi 05 Oct 2019
Bugarama :  Imvururu zashyamiranyije Abarundi n’Abanye-Congo  zaguyemo Umunyarwanda

Bugarama : Imvururu zashyamiranyije Abarundi n’Abanye-Congo zaguyemo Umunyarwanda

Ubwanditsi 15 Sep 2017
Umuhuza mu kibazo cya Kongo, Uhuru Kenyatta, arasaba ko umutwe wa M23 ushyikirana n’ubutegetsi bwicyo gihugu

Umuhuza mu kibazo cya Kongo, Uhuru Kenyatta, arasaba ko umutwe wa M23 ushyikirana n’ubutegetsi bwicyo gihugu

Ubwanditsi 03 Apr 2023

Igitekerezo kimwe

  1. Dieudonne Hakizayezu
    June 2, 20197:34 pm -

    Ese iyo akomeza kwitwa Muhigirwa byari kumubuza kuvuga ubutumwa? Kuki yagombye guhindura izina?! Ubwo se siwe wahaye CMI impamvu zo kumwishisha?!?

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Fidèle Ndayisaba yagizwe Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa NURC
Mu Mahanga

Fidèle Ndayisaba yagizwe Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa NURC

Ubwanditsi 25 Feb 2016
Igikorwa cyo gutoranya abakobwa bo kwinjira muri Miss Rwanda 2018 kirarimbanije
SHOWBIZ

Igikorwa cyo gutoranya abakobwa bo kwinjira muri Miss Rwanda 2018 kirarimbanije

Ubwanditsi 14 Jan 2018
Itangazo ry’Ibyemezo by’inama y’Abaminisitiri idasanzwe yo ku wa 06 Werurwe 2020
INKURU NYAMUKURU

Itangazo ry’Ibyemezo by’inama y’Abaminisitiri idasanzwe yo ku wa 06 Werurwe 2020

Ubwanditsi 07 Mar 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru