• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uganda : Gereza ya CMI ayigereranya no ‘kuramukanya na Satani’

Uganda : Gereza ya CMI ayigereranya no ‘kuramukanya na Satani’

Ubwanditsi 29 May 2019 ITOHOZA

Kuri uyu wa 28 Gicurasi 2019, abandi bagabo babiri bageze ku butaka bw’u Rwanda nyuma y’igihe bafungiye muri gereza za Uganda. Iyo ubarebye ku isura ubona bafite intege nke mu maso n’umunaniro mwinshi kubera ubuzima bushaririye bamazemo iminsi.

Mu buhamya bwa Muhigirwa Paul [wakoreshaga amazina ya Apôtre Muhirwa Paul muri Uganda] yavuze uko yakorewe iyicarubozo rikomeye kuva afashwe muri Mata 2019.

Uyu mugabo yageze muri Uganda mu 2009, aba umuvugabutumwa mu Itorero rya Community Church (2013-2018) riri mu Karere ka Kanungu. Yarivuyemo atangiza Umuryango w’Ivugabutumwa yise “River of Life Ministry”.

Mu buhamya bwe, Muhigirwa yavuze ko we n’abandi Banyarwanda bane baje kujyanwa n’Urwego rw’Ubutasi rwa Uganda (CMI), bajya gufungirwa muri gereza zayo i Mbuya.

Uyu mugabo wajyanwe Mbuya atarakorerwa dosiye, yakomeje agira ati “Kugera muri icyo kigo ni nko kwinjira mu mwijima cyangwa kuramukanya na Satani. Ukigera ku marembo nta kindi kintu ubona kuko bahita bakwambika ikintu cy’umukara mu maso. Baturyamishije mu modoka batwambika ingofero, ntituzi uko twinjiye.’’

Muri iyo gereza ngo mu masaha y’ijoro yumvaga hari abacura imiborogo. Yavuze ko “Byageraga mu ijoro mwajya gutora agatotsi, bakabamenaho amazi ngo mudasinzira. Ikigo cya CMI kiri ku gasozi ahari umuyaga mwinshi ku buryo nijoro bafungura ukinjira, ugahura na bwa bukonje bwo muri ya mazi baba basutsemo.’’

Mu kwezi n’iminsi 16 yamaze muri gereza yakarabye inshuro eshatu, nabyo byakozwe hitegurwa ko ashobora kurekurwa.

Abanyarwanda bafatirwa muri Uganda bashyiriweho icyita rusange ku kirego cyo kuba ‘intasi’ gishinjwa buri wese kuva ku bana udasize n’abasheshe akanguhe.

Abafungiye muri gereza ya CMI barakubitwa, bamwe bagashyirwa ku mashanyarazi, biviramo bamwe kumugara.

Yavuze mu mazina Abanyarwanda yibuka yasize mu Kigo cya CMI n’Ishami ryacyo riri Kireka avuga ko babarirwa muri 50 biganjemo abafite ibyangombwa bibaranga.

Kugera muri Werurwe 2019, abarengaga 800 bari bamaze gutanga ubuhamya nyuma y’iminsi birukanwa ku butaka bwa Uganda, bagaragaza ihohoterwa n’iyicarubozo bakorewe.

Muhigirwa yavuze ko kuva muri icyo kigo ari ‘‘Imana yahankuye kuko nta Munyarwanda ujyanwa mu rukiko.’’

Mu bo yabwirizaga ubutumwa bwiza, hari uwamuhamagaye amubaza niba hari umuntu wo muri CMI bavuganye.

Yakomeje aganirira abanyamakuru ko “Aho niho namenye ko Imana yaba yaramukoresheje kuko twari tuziranye. Nkeka ko aricyo cyaba cyatumye mva muri gereza.’’

Uyu mugabo uribwa buri rugingo kubera uburyo bafashwe mu gihe bamaze bafunzwe.

Iyicarubozo ku Banyarwanda ryakajije umurego

Uwitwa Mibungo Emmanuel we yageze muri Uganda mu 2014, agiye gusura nyina wabo utuye i Kampala, ahatangirira ubuzima ndetse bigenda neza kugeza ashinze urugo.

Yavuze ko mu myaka ibiri ya mbere, nta kibazo yahagiriye ndetse ubucuruzi bwe bwagendaga neza.

Uyu mugabo w’imyaka 32 yirukanwe muri Uganda nyuma y’ukwezi n’ibyumweru bitatu afungiwe muri gereza za CMI.

Yatangaje ko “Muri iyi minsi haje icyiza cy’iyicarubozo cyaziye Abanyarwanda. Bankuye mu rugo, bambajije ubwoko mbabwira ko ndi ‘Umunyarwanda’. Umugabo umwe yahise ankubita urushyi. Yambwiye ko twamaze gukira dutangira kuneka.’’

Yahise ajyanwa kuri polisi akorerwa inyandiko ivuga ko “Mwaje kutuneka, amafaranga mukoresha mwayahawe na Perezida wanyu, hanyuma mugatara amakuru mukavuga buri kimwe cyose kitwerekeye.’’

Yafunzwe iminsi ine, ku wa gatanu yambikwa amapingu ajyanwa mu Kigo cya Gisirikare i Mbuya.

Yakomeje avuga ko “Bambajije niba nzi RNC, mbabwira ko ntacyo nyiziho. Hari abahungu b’Abanyarwanda nasanze bararemajwe no gukubitishwa amashanyarazi kandi Abanyarwanda benshi bakorerwa iyicarubozo.’’

Yavuze ko kurekurwa kwe yabifashe nk’igitangaza cy’Imana kuko yumvise ahamagawe izina rye, akambikwa amapingu akoherezwa ku mupaka wa Kagitumba.

Yagize ati “Ngo nta cyiza kiri muri Uganda kuko imitungo ye yose yasize ayambuwe, agaruka mu Rwanda ntacyo afite, usibye kambambili yahawe.’’

Uyu mugabo akomoka mu Murenge wa Mukingo mu Karere ka Nyanza yari afite imitungo irimo inka, iduka, ikirombe cy’amatafari y’ibumba, n’ikibanza muri Uganda.

Yatandukanyijwe n’umugore yahashakiye bari bafitanye abana babiri barimo uw’imyaka itatu n’uw’umwe. Umuryango we baherukana ubwo bamufata ku wa 14 Mata 2019.

Muhigirwa na Mibungo Emmanuel bashyikirijwe ubuyobozi bw’u Rwanda ku wa 27 Gicurasi 2019, ahagana saa Cyenda.

Mu butumwa bwabo bavuze ko mu gihe ikibazo kiri hagati y’u Rwanda na Uganda kitararangira, Abanyarwanda bakwigengesera gukorerayo ingendo. Bagereranya kujya muri Uganda no ‘guhara ubuzima.’

Ni kenshi Abanyarwanda bafatiwe muri Uganda bashinjwa ibyaha binyuranye ariko iperereza rikarangira nta bimenyetso simusiga bigezweho, nubwo bitabuzaga kubirukana mu gihugu bamwe bagakorerwa iyicarubozo.

Kuva mu myaka ibiri ishize, Abanyarwanda barimo abagore bafite abana bato bakurwa mu modoka bakajya gufungwa bashinjwa kuba intasi, bagakorerwa iyicarubozo ndetse bagafungirwa mu nzu zitazwi.

Aba barimo abasabwa kwiyunga n’Umutwe wa RNC [wa Kayumba Nyamwasa] ushaka guhungabanya u Rwanda.

2019-05-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Byemejwe ko hari Abarundi banyura muri Cyohoha bakaza kwiba Inka mu Rwanda

Byemejwe ko hari Abarundi banyura muri Cyohoha bakaza kwiba Inka mu Rwanda

Ubwanditsi 11 Mar 2017
“Sendashonga yapfuye kubera ko yarenze umurongo”,   Ayo magambo ni nyir’igitabo uyavuga. Si Kagame

“Sendashonga yapfuye kubera ko yarenze umurongo”, Ayo magambo ni nyir’igitabo uyavuga. Si Kagame

Ubwanditsi 02 Apr 2019
Urupfu rw’umubyeyi, iturufu kuri Kayumba mu guhakana gutera gerenade i Kigali

Urupfu rw’umubyeyi, iturufu kuri Kayumba mu guhakana gutera gerenade i Kigali

Ubwanditsi 06 Nov 2018
Amakimbirane muri FDLR-FOCA, hagati ya Gen.Ntawunguka alias OMEGA na Gen. Byiringiro, nyuma y’urupfu rwa Mudacumura

Amakimbirane muri FDLR-FOCA, hagati ya Gen.Ntawunguka alias OMEGA na Gen. Byiringiro, nyuma y’urupfu rwa Mudacumura

Ubwanditsi 08 Mar 2020

Igitekerezo kimwe

  1. Dieudonne Hakizayezu
    June 2, 20197:34 pm -

    Ese iyo akomeza kwitwa Muhigirwa byari kumubuza kuvuga ubutumwa? Kuki yagombye guhindura izina?! Ubwo se siwe wahaye CMI impamvu zo kumwishisha?!?

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amafoto – Mu mukino wa gicuti ikipe ya AS Kigali yatsinze Musanze FC ibitego 4-1, harimo ibitego bitatu bya Hussein Shabalala
Amakuru

Amafoto – Mu mukino wa gicuti ikipe ya AS Kigali yatsinze Musanze FC ibitego 4-1, harimo ibitego bitatu bya Hussein Shabalala

Ubwanditsi 29 Sep 2021
Norway : Willy Nyamitwe yahuye n’Abarwanya Leta y’u Rwanda ‘Ishyaka Ishema’ rya Padiri Nahimana n’abateruzi b’ibibindi
ITOHOZA

Norway : Willy Nyamitwe yahuye n’Abarwanya Leta y’u Rwanda ‘Ishyaka Ishema’ rya Padiri Nahimana n’abateruzi b’ibibindi

Ubwanditsi 31 Oct 2016
Kicukiro: Abagabo babiri bafashwe bagerageza guha umupolisi ruswa
Mu Mahanga

Kicukiro: Abagabo babiri bafashwe bagerageza guha umupolisi ruswa

Ubwanditsi 25 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru