• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Kivu y’Amajyepfo: Inyeshyamba z’Abarundi ziragenda zigarurira imitima y’abaturage

Kivu y’Amajyepfo: Inyeshyamba z’Abarundi ziragenda zigarurira imitima y’abaturage

Ubwanditsi 31 May 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Bamwe mu baturage bo mu karere ka Kahololo ko muri Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo barashima inyeshyamba z’Abarundi ngo zimaze gushinga imizi muri iki gice kegereye Umujyi wa Uvira, mu gihe abandi bahangayikishijwe n’izi nyeshyamba zikomeje kugenda ziyongera.

Abaturage bavuganye na Ijwi rya Amerika bemeje ko abenshi muri izi nyeshyamba ari abo mu mutwe wa Red Tabara ufite ibirindiro mu duce twa Kiryama, Mugabo na Gifuni.

Abanyamakuru ba Ijwi rya Amerika bagerageje kwinjira mu birindiro by’uyu mutwe wa Red Tabara ariko abarwanyi b’uyu mutwe barababuza ndetse bananga kugira icyo batangaza ku kijyanye na gahunda bafite ndetse no ku mishyamirano iherutse guhuza uyu mutwe n’undi witwa Forebu nawo urwanya ubutegetsi bw’u Burundi kuwa 09 Gicurasi, ikagwamo abantu batandatu.

Nta mubare w’abarwanyi b’Abarundi babarizwa muri Uvira wamenyekanye, ariko amakuru yizewe yakuwe aha hantu akaba avuga ko habarizwa imitwe igera kuri 3 irwanya ubutegetsi mu Burundi ari yo; Red Tabara, Forebu na FNL ya Nzabampema.

Nubwo izi nyeshyamba zanze ko binjira mu birindiro byazo, Ijwi rya Amerika ngo ryazisanze mu isoko ryo ku Kiryama aho zikunze kujya guhahira zambaye imyenda y’imbeho zifite imisatsi n’ubwanwa byinshi ndetse n’ibyombo byo guhamagarana zivuga ko zibanye neza n’abaturage kuko nta matungo yabo zinyaga cyangwa ngo zisahure imyaka mu mirima yabo.

Ibintu binemezwa na bamwe muri abo baturage b’Abanyekongo barema isoko ry’ahitwa mu Buzuke.

Umwe muri aba baturage yagize ati: “Tubanye n’inyeshyamba z’Abarundi. Bahamaze igihe cy’amezi agera kuri 6 cyangwa 7. Barahagera, bagasuhuza abantu neza. Baraza baba baje aha ku masoko bakagura ibishyimbo, bakagura ibigori..bakagura ibintu byose n’amavuta yo kubiteka. Barangiza bakagenda mu cyubahiro cyabo neza baganira n’umuntu neza..”

Aba ngo bakaba baturuka ahitwa ku Kiryama, ahitwa Mugabo, n’ahitwa Gifuni.

Umuyobozi w’agace ka Kahololo, Budito Gakanga, nawe aremeza ko babanye neza n’izi nyeshyamba z’Abarundi ziri ku kiryama kuko ngo iyo bashatse kugura inka zo kubaga bazisaba abaturage. Uyu yongeraho ko basabye izi nyeshyamba kutazajya zijya mu isoko zitwaje imbunda mu rwego rwo kwirinda ko zishobora kurwanira mu isoko n’indi mitwe y’inyeshyamba.

Uyu muyobozi ati: “Ntacyo tubagiriza kibi ntacyo bari bakorera abaturage.”

Nubwo izi nyeshyamba ngo zinjira mu isoko nta mbunda zitwaje, hari izindi zisigara nko mu kirometero zizifite. Abaturage batuye mu gace ka Kigoma na Kahololo bakavuga ko batewe impungenge n’imitwe y’inyeshyamba z’Abarundi ibazengurutse dore ko ngo muri iki gice nta ngabo za leta ziharangwa.

Aba baturage bakaba bafite impungenge z’uko amafaranga izi nyeshyamba zikoresha nashira zizabadukamo zikigarurira imirima n’amatungo yabo.

 

2018-05-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yongeye kuburira abatekereza gutera u Rwanda ko bazirengera ingaruka bazahura na zo z’iyo ntambara.

Perezida Kagame yongeye kuburira abatekereza gutera u Rwanda ko bazirengera ingaruka bazahura na zo z’iyo ntambara.

Ubwanditsi 08 Apr 2019
Imyaka itatu nk’Umunyamabanga Mukuru wa EAC, Liberat Mfumukeko ageze kuki?

Imyaka itatu nk’Umunyamabanga Mukuru wa EAC, Liberat Mfumukeko ageze kuki?

Ubwanditsi 28 Jun 2019
Abagore 10 b’abaperezida muri Afurika bafite uburanga buhebuje “REBA HANO”

Abagore 10 b’abaperezida muri Afurika bafite uburanga buhebuje “REBA HANO”

Ubwanditsi 29 Apr 2018
Loni yasabye ko amasezerano y’amahoro mu Burundi yasinywa mbere ya 2020

Loni yasabye ko amasezerano y’amahoro mu Burundi yasinywa mbere ya 2020

Ubwanditsi 23 Aug 2018

Igitekerezo kimwe

  1. MAOMBI jOHN
    May 31, 20186:11 pm -

    ARIKO UZIKO AMATWI NUBWENGE BYANYU BICURAMYE KANDI BYUZUYEMO IBITI!!!! KUKI MUTUMVAKO KWIVANGA NUBUSWA BWINSHI KUVUGA NABI U BURUNDI NO KUGERAGEZA GUTEKINIKA MWEREKANAKO ABANZI BUBURUNDI ARI BEZA ? MURISABYA NTA BANYAMAKURU MURIMWO NAGATO URETSE AMATIKU NURWANGO NINZIGO!!!!KUKI ABATUTSI MWISHWE NURWANGO NINZIGO KUBAHUTU NUBUTEGETSI BWABAHUTU MBEGA MUZIKO MURI 15% ?
    NTAWUTAZIKO U RWANDA RURI INYUMA YIZO NYESHAMBA ARIKO MUZAHORE MWIBUKA ABO MWOHEREJE MU CIBITOKI NABO MWOHEREJE MUMYIGARAGAMBYO YA COUP DETA MU BURUNDI ICYO BABAKOREYE HAMWE NA M23 UKO TANZANIA YABAGENJEJE, NTIMWIBAGIRWE!! IBYO NIBYO BIBARINDIRIYE VUBA KAGAME ARI GUTEKINIKA YIBAZA KO ABANDI BASINZIRIYE UTAZUBWENGE ASHIMUBWE, AGAPFA KABURIWE NI ……

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kiyovu SC yatsinzwe na Gasogi ihagarika umutoza, Rayon Sports yatsinzwe na Musanze naho APR FC inganya na Mukura VS
Amakuru

Kiyovu SC yatsinzwe na Gasogi ihagarika umutoza, Rayon Sports yatsinzwe na Musanze naho APR FC inganya na Mukura VS

Ubwanditsi 28 Nov 2022
Icyo Jay Polly yavuze ku mugore we mbere y’uko amukura amenyo
Mu Rwanda

Icyo Jay Polly yavuze ku mugore we mbere y’uko amukura amenyo

Ubwanditsi 06 Aug 2018
FERWABA yasinyanye amasezerano y’ubufatanye na NBA Africa agamije guteza imbere umukino w’intoki wa Basketball
Amakuru

FERWABA yasinyanye amasezerano y’ubufatanye na NBA Africa agamije guteza imbere umukino w’intoki wa Basketball

Ubwanditsi 26 May 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru