• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»RNC n’abayigize bafashwe bate muri Afurika y’Epfo

RNC n’abayigize bafashwe bate muri Afurika y’Epfo

Ubwanditsi 09 Jun 2016 Mu Rwanda

Mu kiganiro ikinyamakuru Igihe cyagiranye n’Amb. Karega Vincenta yavuze ko mu 2012, RNC yanyujije mu kinyamakuru City Press cyo mu Mujyi wa Pretoria ko bazakora Coup d’Etat mu Rwanda bashyigikiwe n’isi yose nk’uko byagenze kuri Kadhafi muri Libya.

Igisubizo cya guverinoma ya Afurika y’Epfo cyabaye kubaha ibaruwa ibihanangiriza kubera kuvuga icyo kintu ku gihugu cy’inshuti yayo bayibereye ku butaka. Kuva ubwo bahinduye imikorere bafungura radio ikorera kuri Internet bise Itahuka.

-2910.jpg

Umunyamakuru Serge Ndayizeye uyobora Radio Itahuka

Amatangazo yose badashobora kunyuza mu itangazamakuru ryeruye bayanyuza kuri iyo radio Itahuka bavuga ko ikorera i Washington, ariko abayikoresha benshi ni abarwanashyaka ba RNC bakorera muri Afurika y’Epfo.

Ibyo ivuga biraciriritse nta n’icyizere bitanga cyane ko iyo ngirwa radio yavutse ipfuye kimwe n’indi migambi yose ya RNC.

Afurika y’Epfo nayo ihoza ijisho ku bikorwa byabo kugira ngo batarengera ku Rwanda ariko ni akazi gakomeye kuko bafite n’inshingano zo kwita ku gihugu cyabo ndetse ntibabasha no kumenya ubukana bw’amagambo y’Ikinyarwanda cyangwa ibyo icengezamatwara ryo kuri internet rishobora kuzana.

Gusa u Rwanda ntiruteze byinshi ku Muryango w’Abibumbye cyangwa ibindi bihugu mu gukumira ingengabitekerezo y’uburozi ya RNC/FDLR n’imigambi yayo y’intambara. Ku mipaka yarwo, ubunararibonye bw’u Rwanda n’ubushobozi mu kurinda ubutaka bwarwo ntibishidikanywaho yewe no kuri aba biyita ‘abarwanya ubutegetsi” bari mu mahanga.

Uko bafatwa muri Afurika y’Epfo ni nk’ikinyamakuru cyo mu gihugu cyangwa umuryango utegamiye kuri leta uvuga icyo ushatse ku muntu uwo ariwe wese bashatse, ariko igice kinini cy’abashakashatsi n’abanyamakuru bacukumbura, abahanga mu bucuruzi, n’abandi bo mu nzego zifata ibyemezo bazi aho u Rwanda rwavuye n’aho rugeze, ntibafata ibitekerezo bya RNC nk’isoko y’amakuru yizewe, uretse mu duce tumwe na tumwe tw’abaturage badafite ubushobozi buhagije bwo gusesengura.

Source: Igihe.com

2016-06-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Claire Karekezi, Umunyarwandakazi wa mbere u Rwanda rugize w’inzobere mu kuvura cancer yo mu bwonko

Claire Karekezi, Umunyarwandakazi wa mbere u Rwanda rugize w’inzobere mu kuvura cancer yo mu bwonko

Ubwanditsi 08 Jun 2018
Rusizi: Igitero cyitwaje intwaro cyahitanye babiri bishwe barashwe n’abantu bataramenyekana

Rusizi: Igitero cyitwaje intwaro cyahitanye babiri bishwe barashwe n’abantu bataramenyekana

Ubwanditsi 12 Mar 2017
Uwahoze akuriye iperereza muri FDLR yatangaje ko gutera ingabo z’u Rwanda ari ukwiyahura

Uwahoze akuriye iperereza muri FDLR yatangaje ko gutera ingabo z’u Rwanda ari ukwiyahura

Ubwanditsi 11 Mar 2023
Mu myaka 15 ishize ubwandu bushya bwa SIDA bwagabanutseho 50%.

Mu myaka 15 ishize ubwandu bushya bwa SIDA bwagabanutseho 50%.

Ubwanditsi 09 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko Perezida Kagame yakiriwe i Dakar (Video)
POLITIKI

Uko Perezida Kagame yakiriwe i Dakar (Video)

Ubwanditsi 11 Mar 2016
Ibyabaye Kuri Bobi Wine Bigaragaza Ko Besigye Ari Umwe Mu Mishinga Ya Museveni- Ykee Benda
Mu Mahanga

Ibyabaye Kuri Bobi Wine Bigaragaza Ko Besigye Ari Umwe Mu Mishinga Ya Museveni- Ykee Benda

Ubwanditsi 21 Aug 2018
Abarundi basaga 40 bakekwaho ibikorwa by’ubutasi birukanwe mu Rwanda
Mu Rwanda

Abarundi basaga 40 bakekwaho ibikorwa by’ubutasi birukanwe mu Rwanda

Ubwanditsi 21 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru