• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Claire Karekezi, Umunyarwandakazi wa mbere u Rwanda rugize w’inzobere mu kuvura cancer yo mu bwonko
Dr Karekezi Claire

Claire Karekezi, Umunyarwandakazi wa mbere u Rwanda rugize w’inzobere mu kuvura cancer yo mu bwonko

Ubwanditsi 08 Jun 2018 Mu Rwanda

Nyuma yo gusoza amasomo ye i Toronto muri Canada, Claire Karekezi ategerejwe mu Rwanda mu minsi iri imbere, aho ku myaka ye 35 azaba ari Umunyarwandakazi wa mbere uzaba ubaye inzobere mu kuvura indwara za cancer yo mu bwonko (neurochirurgy).

Urubuga Intothechic.com dukesha iyi nkuru ruravuga ko ari ubwa mbere u Rwanda ruzaba rugize umuganga w’umugore wazobereye mu kuvura cancer yo mu bwonko. Kuva hafi mu mwaka umwe ushize, iyi nzobere mu kubaga cancer yo mu bwonko iri gukurikirana amasomo mu baganga b’Ibitaro bya Toronto y’uburengerazuba kugirango asoze neza. NNgo kuva yatangira imyaka 12 y’amasomo ye, Claire karekezi yumvaga agomba gukorera mu gihugu cye.

Ni ikintu cyo gushima kuri uyu Munyarwandakazi warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, aho yabaye afite imyaka 10 y’amavuko.

Mu kiganiro yahaye The Toronto Star, Claire Karekezi yasobanuye indangagaciro z’Abanyarwanda muri iki gihe nk’uko bakomeje kuzitozwa n’umukuru w’igihugu, Paul Kagame.

Yagize ati: “Twakuze tuzi ko tudashobora kwiringira undi muntu usibye twe ubwacu.”

Claire Karekezi wavutse ari umwana wa nyuma mu muryango we yakomeje guhangana akomeza amashuri ye nubwo yari amaze kubura babbyara be ndetse nab a nyirasenge. Mu ntangiriro za 2000, nibwo yinjiye muri Kaminuza y’u Rwanda I Butare.

Mu mwaka wa kane w’amasomo y’ubuvuzi rusange, Claire yabonye amahirwe yo kujya gukomereza amasomo ye mu mahanga binyuze muri gahunda y’Ishyirahamwe Mpuzamahanga y’Abanyeshuri mu by’ubuvuzi (Fédération Internationale des Étudiants en medicine). Mu 2007, yakomereje muri Kaminuza ya Linpoking muri Suede.

Muri icyo gihe, Claire ngo yibonaga nk’umu-radiologue, ariko nyuma biba ngombwa ko akomereza mu bijyanye no kuvura indwara zo mu bwonko. Aha ngo niho yahuriye n’uwo afata nk’icyitegererezo wamukundishije umwuga witwa Dr Jan Hillman.

Kubera gushaka kongera ubumenyi bwe, Claire yakomereje amahugurwa (stages) mu bijyanye no kuvura cancer yo mu bwonko I Londres, nyuma yerekeza muri Maroc. Mu 2013, Claire yahawe igihembo cya Women in Neurosurgery gitangwa na Dr Mark Bernstein, impuguke mu kuvura cancer zo mu bwonko mu Bitaro bya Toronto y’uburengerazuba. Aha ni naho yaboneye amahirwe yo kwiyandikisha ngo akomeze amasomo ye muri Canada.

Nyuma yo kurangiza stage, Claire yashoboraga guhitamo gukorera mu burengerazuba bw’isi no gukorera muri conditions nziza, ariko ngo yari kuba yirengagije icyo yiyemeje. Claire akaba ashaka gufasha mu kuvura Abanyarwanda abagabo bane basanzwe mu Rwanda, ari bo bonyine bazobereye mu kuvura cancer zo mu bwonko.

Mu kiganiro na none na ICI Radio Canada, Claire yagize ati: “Turi batanu ku bantu miliyoni 12.” Yongeyeho ko bakiri bakeya ugereranyije n’uko Abanyarwanda babakeneye, akomeza agira ati: “Ariko niteguye gufasha bagenzi banjye mu gutera imbere (…) ni ingenzi cyane kugaruka kuri njye kuko ntekereza ko nabonye amasomo meza….ndashaka kubyutsa abantu, kubigisha, ahari gufasha mu gukiza bamwe no kugira uruhare mu iterambere ry’ubuvuzi bwa cancer yo mu bwonko mu gihugu cyanjye.”

Yasobanuye kandi icyamuteye imbaraga zo gukomeza guhatana na cyane ko u Rwanda ruzwiho kuba rwarahaye abagore amahirwe nk’ay’abagabo haba muri politiki no mu zindi nzego z’igihugu.

Ati: “Nakurikiye muri uwo mwuka aho basunika umugore ngo agree kure kandi agree ku nzozi ze. Mbona ibi bitera imbaraga.”

Claire Karekezi ugiye kugaruka mu Rwanda nk’umugore wa mbere igihugu kigize uzobereye kuvura cancer zo mu bwonko, arateganya kugaruka mu Rwanda mu kwezi gutaha kwa Nyakanga aho ngo ashishikajwe no kuzana umusanzu we mu gukomeza kubaka igihugu cyamubyaye.

2018-06-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kigali : Perezida Kagame yakiriye Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia watangiye uruzinduko rw’iminsi itatu mu Rwanda

Kigali : Perezida Kagame yakiriye Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia watangiye uruzinduko rw’iminsi itatu mu Rwanda

Ubwanditsi 27 Apr 2017
I Bujumbura imyigaragambyo ikomeye yabyukiye k’umuryango  yamagana ibiganiro bibera Arusha

I Bujumbura imyigaragambyo ikomeye yabyukiye k’umuryango yamagana ibiganiro bibera Arusha

Ubwanditsi 18 Feb 2017
AMAFOTO – Ku bufatanye na SKOL, Rayon Sports yamuritse imyambaro n’ibikoresho bifite agaciro ka miliyoni 25 Frw bizakoresha mu isubukurwa rya shampiyona ya 2020-2021 .

AMAFOTO – Ku bufatanye na SKOL, Rayon Sports yamuritse imyambaro n’ibikoresho bifite agaciro ka miliyoni 25 Frw bizakoresha mu isubukurwa rya shampiyona ya 2020-2021 .

Ubwanditsi 24 Apr 2021
Mu gihe twibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi, Umushakashatsi Tom Ndahiro aratwibutsa uko Venuste Nshimiyimana yagiriye inama Perezida Habyarimana yo gukwirakwiza Interahamwe mu Rwanda hose.

Mu gihe twibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi, Umushakashatsi Tom Ndahiro aratwibutsa uko Venuste Nshimiyimana yagiriye inama Perezida Habyarimana yo gukwirakwiza Interahamwe mu Rwanda hose.

Ubwanditsi 16 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibyishimo byasaze Iradukunda na Ngayabahunga begukanye miliyoni 20 Frw muri Airtel Yora Kashi (Amafoto)
IKORANABUHANGA

Ibyishimo byasaze Iradukunda na Ngayabahunga begukanye miliyoni 20 Frw muri Airtel Yora Kashi (Amafoto)

Ubwanditsi 22 Dec 2018
Brian Kagame wasoje Itorero ry’Indangamirwa yashyigikiwe n’umuryango wose
Mu Mahanga

Brian Kagame wasoje Itorero ry’Indangamirwa yashyigikiwe n’umuryango wose

Ubwanditsi 23 Jul 2016
Polisi yataye muri yombi umuforomokazi n’abandi bantu 2 bakekwaho kwica uruhinja
Mu Rwanda

Polisi yataye muri yombi umuforomokazi n’abandi bantu 2 bakekwaho kwica uruhinja

Ubwanditsi 19 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru