• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Mu myaka 15 ishize ubwandu bushya bwa SIDA bwagabanutseho 50%.

Mu myaka 15 ishize ubwandu bushya bwa SIDA bwagabanutseho 50%.

Ubwanditsi 09 May 2018 Mu Rwanda

Ubwandu bwa virusi itera SIDA mu Rwanda kuva mu mwaka wa 2005 buri kuri 3 %, abafata imiti igabanya ubukana bari kuri 82 %. Mu myaka 15 ishize ubwandu bushya bwagabanutseho 50%.

Abitabiriye inama basangijwe  ubunararibonye ku rubyiruko ku birebana na virusi itera Sida,bagaragaza  inzitizi zikigaragara mu kuyirwanya  n’amahirwe abakiri bato bafite mu gukumiri iki cyorezo.

Raporo y’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bana, UNICEF yo mu 2016 yagaragaje  ko 73% by’ubwandu bushya mu rubyiruko  icyo gihe bwari muri Afurika.

Ushinzwe Ibikorwa by’Ubuvuzi muri Kasha  Malyse Uwase  ifite ikoranabuhanga rikoreshwa mu gutumiza uburyo bwo butandukanye bwo kuboneza urubyaro, kwipima virusi itera Sida no kuyirinda, yagize ati”ikoranabuhanga rikuraho isoni zo kugura udukingirizo n’ibindi bikoresho byo kwirinda ibibazo bifitanye isano n’ubuzima bw’imyororokere”.

Akomeza avuga ko Ikoranabuhanga ari  kimwe mu bisubizo binyuze mu kwigisha abantu uko bakwirinda uwanduye agafata  imiti,

akomeza agira ati”Ikoranabuhanga ririmo kudufasha aho usanga  abantu benshi bararikoresha kuko kugeza ubu urubyiruko rwinshi rutunze telefoni, rukoresha imbuga nkoranyambaga

inzobere mu kurwanya virus itera sida zikagaragaza  ko kugira ngo iki gipimo kigabanuke, ari ngombwa ko iki cyiciro kigize umubare munini w’abaturage kishakamo ibisubizo byubakiye ku ikoranabuhanga .

Mu biganiro by’ Ihuriro ry’urubyiruko ryateguwe n’Umuryango Imbuto Foundation, ku munsi w’ejo tariki ya 08 Gicurasi  rikabera mu nama ya Transform Africa 2018, abafite aho bahuriye no kurwanya virusi itera Sida  bagaragaje ko urubyiruko rukwiye gushakira igisubizo cya virusi itera Sida mu ikoranabuhanga.

Sandrine Umutoni Umuyobozi Mukuru wa Imbuto Foundation ageza ijambo kubitabiriye iri huriro yagize ati” urubyiruko  rugomba guhaguruka bakitabira urugamba rwo kurwanya virusi itera Sida,bifashishije intwaro y’ikoranabuhanga “

Akomeza agira ati”Mugomba kugira uruhare mu guhanga ibisubizo by’ibibazo bibugarije harimo no kwifashisha ikoranabuhanga “.

Iyi Gahunda  y’urubyiruko  Youth Forum Series, igamije kongerera ubushobozi n’ubujyanama ku rubyiruko, haganirwa ku nsanganyamatsiko zirimo; iterambere mu bukungu n’imibereho, kwihangira imirimo, kwigira, n’ibindi.

 Nkundiye Eric

 

2018-05-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burya Nyina wa Ingabire umwicanyi ruharwa Therese Dusabe yaherekeje Mugesera igihe yavugaga ijambo rutwitsi rihamagarira gutsemba Abatutsi

Burya Nyina wa Ingabire umwicanyi ruharwa Therese Dusabe yaherekeje Mugesera igihe yavugaga ijambo rutwitsi rihamagarira gutsemba Abatutsi

Ubwanditsi 24 Jun 2021
Magufuli arayobora umuhango wo gusinyisha Sudani y’Epfo nk’umunyamuryango mushya wa EAC

Magufuli arayobora umuhango wo gusinyisha Sudani y’Epfo nk’umunyamuryango mushya wa EAC

Ubwanditsi 15 Apr 2016
‘Ntibisaba kuba warize siyansi kugira ngo umenye akamaro kayo’ – Perezida Kagame

‘Ntibisaba kuba warize siyansi kugira ngo umenye akamaro kayo’ – Perezida Kagame

Ubwanditsi 03 Apr 2017
Gakenke : Kagame ati : ‘ twishakemo imbaraga hanyuma dukomeza twiyubake ‘

Gakenke : Kagame ati : ‘ twishakemo imbaraga hanyuma dukomeza twiyubake ‘

Ubwanditsi 31 Jul 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR FC  yatsindiwe na Djoliba muri Mali
IMIKINO

APR FC yatsindiwe na Djoliba muri Mali

Ubwanditsi 08 Mar 2018
Uganda: Museveni yasezeranije abanyabyaha ko bagiye kujya bicwa bamanitswe
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Museveni yasezeranije abanyabyaha ko bagiye kujya bicwa bamanitswe

Ubwanditsi 19 Jan 2018
Twibeshye kuri Dr Christian  MARARA
POLITIKI

Twibeshye kuri Dr Christian MARARA

Ubwanditsi 21 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru