• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Nirukiye ubutunzi nsiga urukundo nyakuri none mbuze byose, nkore iki?

Nirukiye ubutunzi nsiga urukundo nyakuri none mbuze byose, nkore iki?

Ubwanditsi 04 Mar 2017 HIRYA NO HINO

Mu rwego rwo kugishiriza inama abantu batandukanye kuri ubu dufite umugore wangiye umusore ubushobozi ashaka undi amukundiye ubutunzi none yatangiye kwicuza, arashaka ko twamugira inama.

Yateruye agira ati “Ndi umugore w’imyaka 26 mfite ikibazo kinkomereye cyane nifuza ko mwangiraho inama.”

“Nkirangiza amashuri yisumbuye nakundanaga n’umuhungu wakoraga akazi ku buganga, twarakundanaga pe, ariko nkumva gahunda afite iyo kubana izaza nka nyuma y’imyaka itanu.

Ubuzima nakuriyemo ntago twari twifashije iwacu bigatuma mpora numva ntashobora gushaka umusore udafite ubushoboozi bufatika. Ubwo tumaranye imyaka itatu mbona ubuzima bwe budahinduka kandi n’ibyo kubana nawe abishyira mu nzagihe cyane, naje kubona undi musore ufite inzu, ufite imodoka, ufite ubushobozi ku buryo byagaragaraga, ansaba ko twakundana, bityo kubera uburyo nifuzaga umugabo umeze nk’uwo, nawe naramwemereye ntitaye ko mpemukiye wa muganga twakundanaga bya nyabyo.

Ubwo uwo musore yaje mu rugo papa aramukunda cyane abo mu muryango bose bansaba kuba ariwe nakunda kuko yari akize. Nawe ntitwamaranye n’umwaka ahita ansaba dukora ubukwe turabana, gusa ibyo nari niteze byo kuba ngiye kubaho neza siko byagenze!

Mu rugo ntacyo tubuze dufite ubushobozi ariko nta mutuzo, nta mahoro njyewe mfite rwose mbaho nabi kuva kuwa mbere kugeza ku wundi wa mbere! Umugabo aransuzugura cyane, amfata nk’umukozi wo murugo rwe, nyuma y’ukwezi gusa tubana yahise ahinduka nk’ikirere, gukora ku mafaranga ye binsaba inzira ndende cyane, mbese ndahangayitse bikomeye ku buryo nsigaye nicuza icyatumye nirukira uyu mugabo.”

Yakomeje agira ati “Hagati aho mbere yo gushakana nawe wa muganga twakundanaga yarababaye cyane, ambwira amagambo ko ngomba kubigendamo gacye kuko nshobora gushaka uwo mugabo ubuzima ntibugende neza nkuko nari mbyiteze.

Uko yabimbwiye niko byagenze pe, hanze abantu baba babona nishimye ariko imbere muri njye ibibazo ari byose, nabiganirije wa muganga arambwira ngo nzashake uko namwiyenzaho nake gatanya dore ko ntaranasama ngo mbe wenda mfite umwana w’uyu mugabo tubana.

-6015.jpg

Ansaba ngo nzake gatanya ngo nze aracyankunda twibanire, kandi nanjye numva aho bigeze umutima munini umpatiriza kuba nava muri uru rugo none nabuze inzira byacamo, niba naba mfashe icyemezo cya nyacyo bikanyobera”

Uyu mugore akeneye inama zanyu!

2017-03-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Inzoka zatumye Perezida wa Liberia yimuka mu biro bye

Inzoka zatumye Perezida wa Liberia yimuka mu biro bye

Ubwanditsi 20 Apr 2019
Burundi-Cibitoke: Habonwe imirambo y’abantu 14 bishwe bari kungoyi

Burundi-Cibitoke: Habonwe imirambo y’abantu 14 bishwe bari kungoyi

Ubwanditsi 03 Sep 2019
Uwahushije Claver Mbonimpa yarishwe, uwarashe umuhungu we akamwica arakidegembya

Uwahushije Claver Mbonimpa yarishwe, uwarashe umuhungu we akamwica arakidegembya

Ubwanditsi 12 Mar 2018
Batanu basanzwemo Coronavirus mu bipimo 772 byafashwe, abanduye mu Rwanda bagera ku 110

Batanu basanzwemo Coronavirus mu bipimo 772 byafashwe, abanduye mu Rwanda bagera ku 110

Ubwanditsi 09 Apr 2020

2 Ibitekerezo

  1. KAYISIRE Belyse
    January 29, 20193:08 pm -

    Njye uko ndikumva uwo mugore biramukomereye pe.gusa icyo namubwira kandi nanamusaba mbere na mbere nabanze yumve icyo umutima namawe umusaba gukora maze yumve nizo tumugira,naho ubundi uyu mugabo niba yatagiye kwitwara uko ntagihe bamaranye nareke kuba umwana areke batandukane ariko yitonde ntasame kuko aramutse abyaye umwana yazahura nibibazo atazi uko byatagiye,ikindi kandi baramutse batandukanye azitonde yokuyita yirukanyira gushaka undi azabanze atuze maze azabe ashaka niba uwo muganga akimukunda azakomeza amutegereze,azamubwireko atarabyakira kandi azashishoze,murakoze cyane.

    Subiza
    • KAYISIRE Belyse
      January 29, 20193:40 pm -

      Njye uko ndikumva uwo mugore biramukomereye pe.gusa icyo namubwira kandi nanamusaba mbere na mbere nabanze yumve icyo umutima namawe umusaba gukora maze yumve nizo tumugira,naho ubundi uyu mugabo niba yatagiye kwitwara uko ntagihe bamaranye nareke kuba umwana areke batandukane ariko yitonde ntasame kuko aramutse abyaye umwana yazahura nibibazo atazi uko byatagiye,ikindi kandi baramutse batandukanye azitonde yokuyita yirukanyira gushaka undi azabanze atuze maze azabe ashaka niba uwo muganga akimukunda azakomeza amutegereze,azamubwireko atarabyakira kandi azashishoze,murakoze cyane.

      Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Seyoboka yashinjwe ko amafoto ye yigaragambya muri Canada agaragaza ko yari agifite imigambi mibi
Mu Rwanda

Seyoboka yashinjwe ko amafoto ye yigaragambya muri Canada agaragaza ko yari agifite imigambi mibi

Ubwanditsi 09 Feb 2018
Hagati ya leta ya CNDD-FDD n’ Inshuti yayo Mkapa harimo utavugisha  ukuri
Mu Rwanda

Hagati ya leta ya CNDD-FDD n’ Inshuti yayo Mkapa harimo utavugisha ukuri

Ubwanditsi 23 Feb 2017
Umubano hagati ya Adeline Rwigara, Col Sagatwa, Col. Rwagafirita n’umucuruzi Nzabarinda Xavier
ITOHOZA

Umubano hagati ya Adeline Rwigara, Col Sagatwa, Col. Rwagafirita n’umucuruzi Nzabarinda Xavier

Ubwanditsi 14 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru