• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»APR FC na AS Kigali zitwaye neza, Rayon Sports itakaza umukino wa mbere mu guhatanira igikombe, Musanze inyagirwa na Gasogi umutoza Seninga ahita yirukanwa.

APR FC na AS Kigali zitwaye neza, Rayon Sports itakaza umukino wa mbere mu guhatanira igikombe, Musanze inyagirwa na Gasogi umutoza Seninga ahita yirukanwa.

Ubwanditsi 24 May 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Ubwo hakinwaga umunsi wa mbere w’imikino yo guhatanira igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda ya 2020-2021 muri Primus National League, kuri iki cyumweru tariki ya 23 Gicurasi 2021 ikipe ya Rayon Sports ndetse na Espoir FC zatakaje uyu mukino naho mu gice cy’amakipe arwanira kutamanuka Gasogi United na Gorilla FC zitangira neza.

Duhereye ku mukino wahuje ikipe y’ingabo z’igihugu ya APR FC yari yakiriye ikipe ya Espoir FC kuri Sitade ya Huye yo mu ntara y’amajyepfo ari naho ikipe ya APR FC isigaye yakirira, iyi kipe iyobowe n’umutoza Adil Eradi Muhammed yaraye ibonye itsinzi y’igitego kimwe ku busa cyatsinzwe na Omborenga Fitina ku munota wa 90 nyuma yaho hari habuze ikipe ibona igitego.

Mu wundi mukino wabereye kuri Sitade y’akarere ka Muhanga, ikipe ya AS Kigali yari yakiriye Rayon Sports iyitsinda ibitego bitatu kuri kimwe.

Ibitego bya AS Kigali byatsinzwe na Hakizimana Muhadjiri ku munota wa 34 bajya ku ruhuka ari igitego kimwe ku busa, bakiza mu gice cya kabiri ku munota wa 48 w’umukino rutahizamu Hussein Tchabalala yahise atsinda igitego cyaje kwishyurwa na Rudasingwa Prince wa Rayon Sports ku munota wa 81, umukino wasojwe na Biramahire Abeddy watsinze igitego cya gatatu cya AS Kigali ubwo hari ku munota wa 90 w’umukino.

Kuri sitade ya Mumena ikipe ya Gorilla FC yari yakiriye ikipe ya Etincelles mu mikino yo gushaka kutamanuka mu cyiciro cya kabiri, iyi kipe ya Gorilla FC yatsindiwe na Iroko Babatunde w’umunya Nijeriya watsinzemo ibitego bibiri, Ineza Janvier watsinze kimwe ndetse na Irankunda Rodrigue, ku ruhande rwa Etincelles yo yatsindiwe na Abdul Papy na Hassan Djibrine.

I Bugesera ho ikipe ya Gasogi United yahatsindiye ikipe ya Musanze FC ibitego bine kuri kimwe, ni Musanze FC yafunguye amazamu hakiri kare ku gitego cyatsinzwe na Munyeshyaka Gilbert uzwi nka Lukaku, kuri Gasogi United yo yatsindiwe na Hassan Kikoyo watsinze ibitego bibiri, ikindi gitsindwa na Yamini Salumu na Bugingo Hackim.

Gutsindwa uyu mukino ku ikipe ya Musanze FC hahise hafatwa umwanzuro w’uko umutoza mukuru Seninga Innocent yahise yirukanwa na Perezida wayo Tuyishime Fabrice uzwi nka Trump, kuwirukanwa kwa Seninga biravugwa ko umuyobozi we yafashe umwanzuro wo ku mwirukana ubwo iyi kipe yari imaze gutsindwa igitego cya Kane ku munota wa 64.

Umukino wagombaga guhuza ikipe ya Marines FC yari bwakire ikipe ya Rutsiro FC wo ntabwo wabaye kubera ko Sitade Umuganda itaboneka kumunsi wo ku cyumweru.

Kuri uyu wa mbere harakinwa umukino umwe utarabaye ku munsi w’ejo hashize ku cyumweru aho ikipe ya Bugesera FC yakira Police FC kuri Sitade y’akarere ka Bugesera.

Kuri uyu wa mbere harakinwa umukino umwe utarabaye ku munsi w’ejo hashize ku cyumweru aho ikipe ya Bugesera FC yakira Police FC kuri Sitade y’akarere ka Bugesera mu bahatanira igikombe naho mu makipe ahatanira kutamanuka harakina ikipe ya AS Muhanga yakira Kiyovu SC ndetse na Mukura VS yakire ikipe Sunrise FC .

2021-05-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA  GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 07 Mar 2022
Igisebo kuri Kiliziya Gatolika yo mu Bubiligi: Ba babikira b’abajenosideri basubiye mu mirimo yabo, ubu baryohewe n’ubuzima nk’aho abo bishe nta gaciro bari bafite

Igisebo kuri Kiliziya Gatolika yo mu Bubiligi: Ba babikira b’abajenosideri basubiye mu mirimo yabo, ubu baryohewe n’ubuzima nk’aho abo bishe nta gaciro bari bafite

Ubwanditsi 06 Jan 2022
Perezida Paul Kagame mu kiganiro n’abanyamakuru “Ubutabera bukwiriye buzahabwa Rusesabagina ndetse nabo yahekuye”

Perezida Paul Kagame mu kiganiro n’abanyamakuru “Ubutabera bukwiriye buzahabwa Rusesabagina ndetse nabo yahekuye”

Ubwanditsi 21 Dec 2020
Babiri bahawe urwamenyo bavugirizwa akamo nyuma yo kumatana bari gutera akabariro

Babiri bahawe urwamenyo bavugirizwa akamo nyuma yo kumatana bari gutera akabariro

Ubwanditsi 01 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

General Mubarakh Muganga yasabye abakinnyi ba APR FC intsinzi kuko nta rwitwazo ruhari rwo kudatsinda
Amakuru

General Mubarakh Muganga yasabye abakinnyi ba APR FC intsinzi kuko nta rwitwazo ruhari rwo kudatsinda

Ubwanditsi 25 Nov 2024
Cya “kiraro” cy’ibikenyeri RBB, gisenyutse bene cyo batarambuka, Ibyihebe byo muri RNC nabyo bisezeye muri RBB, biyishinja kutagira umurongo uhamye
Amakuru

Cya “kiraro” cy’ibikenyeri RBB, gisenyutse bene cyo batarambuka, Ibyihebe byo muri RNC nabyo bisezeye muri RBB, biyishinja kutagira umurongo uhamye

Ubwanditsi 29 Nov 2021
Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza yatangaje Ingamba zirimo Guma mu rugo kubera ko icyorezo cya Covid-19 kimaze gufata indi ntera
Amakuru

Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza yatangaje Ingamba zirimo Guma mu rugo kubera ko icyorezo cya Covid-19 kimaze gufata indi ntera

Ubwanditsi 05 Jan 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru