• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»APR FC na AS Kigali zitwaye neza, Rayon Sports itakaza umukino wa mbere mu guhatanira igikombe, Musanze inyagirwa na Gasogi umutoza Seninga ahita yirukanwa.

APR FC na AS Kigali zitwaye neza, Rayon Sports itakaza umukino wa mbere mu guhatanira igikombe, Musanze inyagirwa na Gasogi umutoza Seninga ahita yirukanwa.

Ubwanditsi 24 May 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Ubwo hakinwaga umunsi wa mbere w’imikino yo guhatanira igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda ya 2020-2021 muri Primus National League, kuri iki cyumweru tariki ya 23 Gicurasi 2021 ikipe ya Rayon Sports ndetse na Espoir FC zatakaje uyu mukino naho mu gice cy’amakipe arwanira kutamanuka Gasogi United na Gorilla FC zitangira neza.

Duhereye ku mukino wahuje ikipe y’ingabo z’igihugu ya APR FC yari yakiriye ikipe ya Espoir FC kuri Sitade ya Huye yo mu ntara y’amajyepfo ari naho ikipe ya APR FC isigaye yakirira, iyi kipe iyobowe n’umutoza Adil Eradi Muhammed yaraye ibonye itsinzi y’igitego kimwe ku busa cyatsinzwe na Omborenga Fitina ku munota wa 90 nyuma yaho hari habuze ikipe ibona igitego.

Mu wundi mukino wabereye kuri Sitade y’akarere ka Muhanga, ikipe ya AS Kigali yari yakiriye Rayon Sports iyitsinda ibitego bitatu kuri kimwe.

Ibitego bya AS Kigali byatsinzwe na Hakizimana Muhadjiri ku munota wa 34 bajya ku ruhuka ari igitego kimwe ku busa, bakiza mu gice cya kabiri ku munota wa 48 w’umukino rutahizamu Hussein Tchabalala yahise atsinda igitego cyaje kwishyurwa na Rudasingwa Prince wa Rayon Sports ku munota wa 81, umukino wasojwe na Biramahire Abeddy watsinze igitego cya gatatu cya AS Kigali ubwo hari ku munota wa 90 w’umukino.

Kuri sitade ya Mumena ikipe ya Gorilla FC yari yakiriye ikipe ya Etincelles mu mikino yo gushaka kutamanuka mu cyiciro cya kabiri, iyi kipe ya Gorilla FC yatsindiwe na Iroko Babatunde w’umunya Nijeriya watsinzemo ibitego bibiri, Ineza Janvier watsinze kimwe ndetse na Irankunda Rodrigue, ku ruhande rwa Etincelles yo yatsindiwe na Abdul Papy na Hassan Djibrine.

I Bugesera ho ikipe ya Gasogi United yahatsindiye ikipe ya Musanze FC ibitego bine kuri kimwe, ni Musanze FC yafunguye amazamu hakiri kare ku gitego cyatsinzwe na Munyeshyaka Gilbert uzwi nka Lukaku, kuri Gasogi United yo yatsindiwe na Hassan Kikoyo watsinze ibitego bibiri, ikindi gitsindwa na Yamini Salumu na Bugingo Hackim.

Gutsindwa uyu mukino ku ikipe ya Musanze FC hahise hafatwa umwanzuro w’uko umutoza mukuru Seninga Innocent yahise yirukanwa na Perezida wayo Tuyishime Fabrice uzwi nka Trump, kuwirukanwa kwa Seninga biravugwa ko umuyobozi we yafashe umwanzuro wo ku mwirukana ubwo iyi kipe yari imaze gutsindwa igitego cya Kane ku munota wa 64.

Umukino wagombaga guhuza ikipe ya Marines FC yari bwakire ikipe ya Rutsiro FC wo ntabwo wabaye kubera ko Sitade Umuganda itaboneka kumunsi wo ku cyumweru.

Kuri uyu wa mbere harakinwa umukino umwe utarabaye ku munsi w’ejo hashize ku cyumweru aho ikipe ya Bugesera FC yakira Police FC kuri Sitade y’akarere ka Bugesera.

Kuri uyu wa mbere harakinwa umukino umwe utarabaye ku munsi w’ejo hashize ku cyumweru aho ikipe ya Bugesera FC yakira Police FC kuri Sitade y’akarere ka Bugesera mu bahatanira igikombe naho mu makipe ahatanira kutamanuka harakina ikipe ya AS Muhanga yakira Kiyovu SC ndetse na Mukura VS yakire ikipe Sunrise FC .

2021-05-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nizeyimana Olivier wayoboraga FERWAFA yeguye kuri uwo mwanya kubw’impamvu ze bwite

Nizeyimana Olivier wayoboraga FERWAFA yeguye kuri uwo mwanya kubw’impamvu ze bwite

Ubwanditsi 19 Apr 2023
Urukiko rw’i Kampala muri Uganda rwategetse abasirikari b’icyo gihugu  guha amahoro umunyapolitiki Bobi Wine, bakava mu rugo rwe bari bamaze igihe bagose.

Urukiko rw’i Kampala muri Uganda rwategetse abasirikari b’icyo gihugu  guha amahoro umunyapolitiki Bobi Wine, bakava mu rugo rwe bari bamaze igihe bagose.

Ubwanditsi 25 Jan 2021
Abapolisi b’u Rwanda bahawe inshingano zo kurinda Minisitiri w’intebe wa Centrafrique

Abapolisi b’u Rwanda bahawe inshingano zo kurinda Minisitiri w’intebe wa Centrafrique

Ubwanditsi 07 Apr 2016
Mamelodi Sundowns yohereje Rayon Sports muri CAF Confederation Cup

Mamelodi Sundowns yohereje Rayon Sports muri CAF Confederation Cup

Ubwanditsi 19 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Breaking News : Impinduka zitunguranye mu rwego rw’iperereza rya Gisilikare NISS
Mu Mahanga

Breaking News : Impinduka zitunguranye mu rwego rw’iperereza rya Gisilikare NISS

Ubwanditsi 25 Mar 2016
Umusaruro w’ubuhinzi natwe twawitunganyiriza – Perezida Kagame
UBUKUNGU

Umusaruro w’ubuhinzi natwe twawitunganyiriza – Perezida Kagame

Ubwanditsi 08 Sep 2018
Uganda: Abana b’abanyeshuri b’Abanyarwanda bamaze iminsi baburiwe irengero
ITOHOZA

Uganda: Abana b’abanyeshuri b’Abanyarwanda bamaze iminsi baburiwe irengero

Ubwanditsi 01 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru