• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ibyo Utamenye ku Buzima n’Imibereho ya Ruharwa Kabuga Felicien ndetse n’Abamukingiye Ikibaba mu Myaka 26 Ishize, Byashyizwe Hanze na Netflix

Ibyo Utamenye ku Buzima n’Imibereho ya Ruharwa Kabuga Felicien ndetse n’Abamukingiye Ikibaba mu Myaka 26 Ishize, Byashyizwe Hanze na Netflix

Ubwanditsi 06 Aug 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Kuri uyu wa gatatu tariki ya 5 Kanama 2020, ikigo cy’Abanyamerika Netflix gicuruza kuri murandasi filimi mbarankuru, izikinnye ndetse na filimi z’uruhererekane cyashize ku mugaragaro filimi ku bantu batanu bashakishwa ku isi harimo na Kabuga Felesiyani uheruka gufatirwa mu gihugu cy’ubufaransa tariki ya 16 Gicurasi 2020.
Iyi filimi mbarankuru yitwa World’s Most Wanted (Abantu bashakishwa cyane ku isi) yakusanyijwe n’abahanga benshi mu gukora filimi, bagenda ibihugu byinshi bakusanya amakuru aho bavuganye n’abantu batandukanye bakurikiranye ifatwa rya Kabuga.

Muri abo harimo abarokotse, abayobozi mu nzego zitandukanye mu Rwanda, abashakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse n’abahoze bakorana bya hafi n’Urukiko mpanabyaha rwashyiriweho URwanda rw’Arusha, abanyamakuru bakurikiranye Kabuga, abakoze Jenoside yakorewe abatutsi bakatiwe n’inkiko n’abandi.
Mu batanze amakuru muri iyi film harimo Amb Pierre Prosper akaba ari nawe washyizeho igihembo cya miliyoni eshanu z’amadorali ku muntu uzafata cyangwa agafatisha Kabuga Felesiyani.

Mu mwaka wa 2001, Amb Pierre Prosper niwe washyizweho na Leta y’Amerika kuyihagararira mu gukurikirana abakekwaho ibyaha by’intambara, maze yiyemeza kugirango abasize bahekuye u Rwanda bafatwe bashyikirizwe ubutabera. Amb Pierre Prosper mbere yari Umushinjacyaha Mukuru ahawe inshingano zo gufata abajenosideri yavuzeko ari ikintu atari kwihanganira na gato, nyuma yo gusura u Rwanda akibonera ibyabaye maze atangiye inshingano ze, izina Kabuga rigahora riza. Amb Prosper avugako uburyo Jenoside yashyizwe mu bikorwa bigaragara ko hari abanyemari bari babiri inyuma kubera ibikoresho byakwirakwijwe nk’imihoro n’ibindi. Nyuma y’iperereza Amb Prosper n’itsinda rye babonye ko ari Kabuga Felecien waguze iyi mihoro.

Gushakisha Kabuga byahereye mu gihugu cy’Ubusuwisi. Nkuko byatangajwe na Jacques Pitteloud, wari umuyobozi mu biro bishinzwe iperereza by’Ubusuwisi, yavuzeko yakiriye Telephone y’umunyarwanda warokotse Jenoside amubwirako ko Kabuga Felecien ari mu Busuwisi n’umuryango we, ndetse ko ari kwaka ubuhungiro. Kuba Kabuga yari yarageze mu Busuwisi mbere byihutishije kongera gusubirayo kandi akaba yari afite n’amafaranga mu mabanki y’ubusuwisi.  Jacques Pitterloud yagize ati “Ku bwanjye sinifuzaga ko Kabuga yakwirukanwa mu Busuwisi ahubwo nifuzaga ko yafatwa. Nahamagaye mu biro bishinzwe abinjira n’abasohoka mbabwira ko bagomba gufata Kabuga ariko natangajwe nuko nyuma y’iminsi ibiri numviseko Kabuga yirukanwe ku Butaka bw’Ubusuwisi. Ni ikimwaro kuri twe. Igihugu cyanjye cyavugaga ko kitaburanya umuntu wa koreye ibyaha kure, ariko njye numvaga no kumushyira mu ndege bakamusubiza iyo yavuye bihagije”. Mbere yuko Kabuga afatwa yabanje kubikuza amafaranga yose yari afite muri Bank z’Ubusuwisi.
Kabuga yavuye mu Busuwisi ajya I Kinshasa muri Hotel Intercontinental. Aha niho yahuriye n’umunyamakuru w’umusuwisi Jean Jacques Fontaine. Amashusho agaragaza Kabuga nyuma ya Jenoside, usibye iyagaragaye yafashwe, andi ni ayafashwe n’umunyamakuru Jean Jacques Fontaine.

Mubandi batanze ubuhamya muri iyo filimi harimo umunyamakuru wa Radiyo Rutwitsi RTLM, Valerie Bemeriki aho yemeje ko ariwe nyiri RTLM ndetse ko ari mubatangaga umurongo ngenderwaho. Nyuma ya Kinshasa, Kabuga yagiye muri Kenya. Kabuga yarafashwe ararekurwa na Polisi, abanyamakuru babajije uwamurekuye impamvu avugako yabitegetswe nabo hejuru. Amb Prosper ku Buzima bwa Kabuga muri Kenya yavuzeko yakoranaga hafi na hafi n’abayobozi bakuru ba Kenya. Nyuma yo gushyiraho igihembo cya Miliyoni eshanu z’amadorali ku muntu uzatanga amakuru kuri Kabuga, Amb Prosper yakiriye amakuru, nyuma yuko bisuzumwe na FBI, ayo makuru yatanzwe na William Munuhe yaje kwemezwa ko ari ukuri. Nyuma William Munuhe yashatse gufatisha Kabuga kuko bari kubonana ariko Kabuga aburirwa n’abayobozi bo hejuru nuko William Munuhe aricwa. Yiciwe mu cyumba cye, n’amaraso araboneka ariko ubuyobozi muri Kenya butangaza ko yabuze umwuka bishobora no kuba yariyahuye. Urupfu rwa William Munuhe rwahahamuye abanyakenya ku buryo batinye izina Kabuga.

Nyuma yuko igikorwa cyo kumufatira muri Kenya kidashobotse, amakuru kuri Kabuga yavugaga ko yasubiye muri Congo-Kinshasa cyangwa se muri Seychelles ndetse ko yihinduranyije umubiri. Umunyamakuru akaba n’umushakashatsi w’Umufaransa Jean Francois Dupaquier agaruka ku buryo havumbuwe ko Kabuga Felesiyani yihishe mu bihugu by’iburayi aho yagize ati “Ku ikubitiro habonetse umukwe we nawe washakishagwa n’ubutabera kubera uruhare rwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, akaba ari Augustin Ngirabatware wari Minisitiri muri Guverinoma yashyize mu bikorwa umugambi wa Jenoside”

Agaruka ku itariki ya 17 Nzeli 2007, ubwo Ngirabatware yafatwaga, Amb Stephen Rapp wari ushinzwe ibyaha by’intambara muri Leta y’Amerika yavuzeko ubwo Polisi y’abadage yafataga Ngirabatware, mbere gato ko bamugeraho yahise akandagira flash Disk yari afite mu mufuka noneho Polisi y’abadage ikusanyije amakuru yariho, isanga hari inyemezabwishyu y’ibitaro by’umuntu ukomoka muri Tanzaniya.
Kuri iyo Nyemezabwishyu hariho n’urwandiko rw’inzira rwe, maze ifoto ikagaragaza neza ko ari Felecien Kabuga maze bahita bamenya ko Kabuga Felecien yari mu Budage mu mugi wa Frankfurt.

Umutego wo gufatira Kabuga mu ishyingurwa rya Barayagwiza
Ubwo ruharwa Jean Bosco Barayagwiza, wakoranye bya hafi na Kabuga mu gushinga RTLM kandi akaba inshuti ye yagwaga muri Gereza nyuma yo gukatirwa imyaka 32, agashyingurwa mu Bufaransa, Polisi yari ifite icyizere ko Kabuga aza kumushyingura kuko abagize mafia ntawe utererana undi iyo yashyinguwe. Jean Francois Dupaquier agaruka ku buryo byateguwe, ubwo abapolisi bari bigize abakozi b’irimbi abandi batera indabo bategereje ikimenyetso cya Jean Francois Dupaquier wari uzi neza Kabuga Felecien. Hari tariki ya 25 Gicurasi 2010.

Bari bateguye n’amakamyo ari bufunge umuhanda mu gihe Kabuga Felicien yari kugerageza gucika. Bamaze kubura Kabuga, bafashe Dr Eugene Rwamucyo nawe washakishwaga n’ubutabera kubera uruhare rwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Mu kugaruka ku ifatwa rya Kabuga, Col Eric Emeraux yavuzeko ko bahawe amakuru na Leta y’Ubwongereza ko umukobwa wa Kabuga akunda kuza mu Bufaransa, ndetse n’abandi bana ba Kabuga nabo bumvirizwaga nabo bakundaga kuza ahitwa Asnieres; Bahise babona ko hari urunturuntu nuko bahita bihutisha igikorwa cyo kuhasaka, nibwo tariki ya 16 Gicurasi 2020, saa kumi n’ebyiri za mu gitondo aribwo abapolisi binjiye muri iyo nyubako baciye hasi, bakoresha ingazi bageze imbere y’icyumba barinjira bahita babona Kabuga Felesiyani arafatwa agahu gahura n’Umunyutsi.

2020-08-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Museveni yafatanywe igihanga kigaragaza uburyo yibye amatora aho mu biro by’itora bigera kuri 348 yagize 100% nta mfabusa nta nuwasibye

Perezida Museveni yafatanywe igihanga kigaragaza uburyo yibye amatora aho mu biro by’itora bigera kuri 348 yagize 100% nta mfabusa nta nuwasibye

Ubwanditsi 30 Jan 2021
Umunyarwandakazi yapfiriye muri Uganda hafi y’umupaka wa Cyanika, nyuma yo kubura ubufasha bwashoboraga kuramira ubuzima bwe.

Umunyarwandakazi yapfiriye muri Uganda hafi y’umupaka wa Cyanika, nyuma yo kubura ubufasha bwashoboraga kuramira ubuzima bwe.

Ubwanditsi 29 Mar 2019
Uganda ikomeje kuba akarima na gatobero ka Kayumba Nyamwasa

Uganda ikomeje kuba akarima na gatobero ka Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 26 Mar 2020
Imyaka 11 irashize Ernest Manirumva yishwe n’abayobozi ba CNDD FDD nyuma yo gukora iperereza ryimbitse k’uburyo CNDD FDD igurira intwaro FDLR

Imyaka 11 irashize Ernest Manirumva yishwe n’abayobozi ba CNDD FDD nyuma yo gukora iperereza ryimbitse k’uburyo CNDD FDD igurira intwaro FDLR

Ubwanditsi 10 Apr 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minisitiri w’Intebe yahaye umukoro RRA wo gufasha u Rwanda kwihaza mu ngengo y’imari
UBUKUNGU

Minisitiri w’Intebe yahaye umukoro RRA wo gufasha u Rwanda kwihaza mu ngengo y’imari

Ubwanditsi 29 Sep 2018
Abakinnyi ba filme 9 bakunzwe mu Rwanda bazajya bahembwa buri kwezi
IMIKINO

Abakinnyi ba filme 9 bakunzwe mu Rwanda bazajya bahembwa buri kwezi

Ubwanditsi 18 Feb 2016
Transform Africa: Perezida Kagame yakomoje ku Isoko rusange rya Afurika ryatangiye gushyiwa mu bikorwa
IKORANABUHANGA

Transform Africa: Perezida Kagame yakomoje ku Isoko rusange rya Afurika ryatangiye gushyiwa mu bikorwa

Ubwanditsi 15 May 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru