• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Hon. Havugimana Emmanuel yatwibukije Inkomoko ya Masudi na Giraso yiturwa indi Ikinani cyamugereyemo   |   11 Sep 2026

  • Abana b’abagize uruhare muri Jenoside bongeye kwibutsa imigambi yapfubye y’ababyeyi babo   |   11 Sep 2026

  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»PL irizihiza imyaka 25 igihanganye n’urukuta rwa Mitali

PL irizihiza imyaka 25 igihanganye n’urukuta rwa Mitali

Ubwanditsi 09 Jun 2016 Mu Mahanga

Ishyaka riharanira ukwishyira ukizana kwa buri muntu (PL), rirategura kwizihiza imyaka 25 rimaze rikorera mu Rwanda. Iri shyaka rifite imyanya itari mike mu nteko ishinga Amategeko, Visi Perezida wa mbere akaba ari na we muyobozi waryo w’agateganyo Hon Mukabalisa Donatilla, aracyazitiwe n’urukuta rukomeye yasigiwe na Mitali Protais wahunze igihugu, asize yibye akayabo ka miliyoni zisaga 50.

Biravugwa ko gutora Perezida wa PL, muri iki gihe bitapfa koroha mugihe Hon. Mukabarisa atarabasha gusenya igikuta cyimuzitiye cyubatswe na Mitali ku buryo Mukabalisa arebye nabi ahubwo n’ uwo mwanya atawicazwaho n’abayoboke ba PL, kuko benshi bagitsimbaraye ku ngengabitekerezo yubatswe n’uwabagabiye.

Ibi ni bimwe mu bimenyetso byagaragaye, kuri iki Cyumweru tariki 6 Gicurasi 2016, ubwo inama yari igamije gutegura ibirebana no kwibuka imyaka 25,PL ibayeho, hagombaga kwigwa, hakanabarurwa umutungo ishyaka risigaranye nyuma y’ubujura bwabaye muri iryo shyaka, ibi byose byaburijwemo ahubwo hitabazwa Minisitiri Kanimba wavuze Ibiciro by’isukari bigiye kuzamuka ku masoko yo mu Rwanda.

Amakuru aturuka muri PL, aravuga ko ako gatsiko kubatswe na Mitali ku kwego rw’Akarere kugeza kurwego rw’igihugu kakira bigoranye inama zitangwa na Hon Mukabalisa.

Kwitabira inama zitumizwa n’umuyobozi wa PL si uko bamwishimiye ahubwo ni ukwanga ko ishyaka ryabo rigaragara nabi, mbese bazitabira baseta ibirenge.

Hari n’amakuru avugako bamwe muri aba bayoboke badacana uwaka na Hon Mukabarisa bari mu nteko ishinga mategeko bakivugana na Mitali aho ari mu buhungiro, akabashyiramo imigambi yo kunaniza Hon. Mukabarisa bamuteranya n’abandi ba Depite bakomoka muyandi mashyaka cyane cyane RPF, ko byamunaniye ngo ko atababwira mu gufata ibyemezo n’ibindi…

-2880.jpg

Mitali Protain na Hon. Mukabalisa

-2879.jpg

Bamwe mu bayoboke bake cyane basigaye muri PL

Hari imigambi iri gucurirwa inyuma mu ishyaka PL, igamije kuzahirika Hon. Mukabarisa mugihe haba habaye amatora ku rwego rw’igihugu, hagatorwa umwe mugatsiko ka Mitali.

Kuva ishyaka PL, ryacikamo ibice bibiri mu mwaka w’2007, habuze uwakunga abayoboke bake cyane PL, isigaranye, umwuka mubi n’urwikekwe bikomeza gucumba umwotsi ubwo Hon.Mukabarisa yatunguranaga akagirwa Umukuru w’umutwe w’Abadepite, ibintu bitishimiwe na Mitali ubwe n’agatsiko yimitse muri iryo shyaka.

Ishyaka PL, rimaze gutakaza abayoboke benshi, bamwe muribo bakaba barigiriye muri RPF-Inkotanyi, ari nabo bari barifatiye runini.

Mugihe rero PL, yizihiza imyaka 25, yakagombye kwibuka abakurambere bayo barimo Lando, Kameya, Kayiranga, Kabageni, n’abandi bahitanywe na Jenoside yakorewe Abatutsi, kwegera abayoboke batatanye kubera amakimbirane ashingiye kumyanya yokamye iri shyaka no kunga abayoboke.

Umwanditsi wacu

2016-06-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Muri CNLG haravugwa ubujura bw’imishahara

Muri CNLG haravugwa ubujura bw’imishahara

Ubwanditsi 20 Aug 2016
Kirehe: Umugabo afungiwe gufatanwa imiti ya magendu

Kirehe: Umugabo afungiwe gufatanwa imiti ya magendu

Ubwanditsi 19 Apr 2016
Polisi y’u Rwanda yafashe imodoka ebyiri zipakiyemo ibiyobyabwenge

Polisi y’u Rwanda yafashe imodoka ebyiri zipakiyemo ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 01 Nov 2016
Polisi y’u Rwanda yatangaje uko byari byifashe kuri Noheli

Polisi y’u Rwanda yatangaje uko byari byifashe kuri Noheli

Ubwanditsi 26 Dec 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Maroc: Perezida Kagame na Madame Jeannette Kagame bitabiriye inama ku mihindagurikire y’ikirere
Mu Rwanda

Maroc: Perezida Kagame na Madame Jeannette Kagame bitabiriye inama ku mihindagurikire y’ikirere

Ubwanditsi 15 Nov 2016
Rugema yarekuwe na Police ya Norvege  none atangiye kubwejagura
INKURU NYAMUKURU

Rugema yarekuwe na Police ya Norvege none atangiye kubwejagura

Ubwanditsi 13 Jun 2018
Ariko noneho ni akumiro. Mu itangazo rikubiyemo ingingo zivangavanze, abajenosideri bo muri FDLR ngo barashaka imishyikirano na Leta y’u Rwanda!
Amakuru

Ariko noneho ni akumiro. Mu itangazo rikubiyemo ingingo zivangavanze, abajenosideri bo muri FDLR ngo barashaka imishyikirano na Leta y’u Rwanda!

Ubwanditsi 29 Nov 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru