• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Polisi y’u Rwanda yatangaje uko byari byifashe kuri Noheli

Polisi y’u Rwanda yatangaje uko byari byifashe kuri Noheli

Ubwanditsi 26 Dec 2016 Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, ivuga ko mu masaha 24 yashize habaye impanuka 16 zaguyemo abantu bane.

Uretse aba bane bapfuye, batandatu nibo bakomeretse bajyanwa kwa muganga, naho abandi umunani bakomereka byoroheje.

Gusa Polisi ivuga ko n’ubwo izi mpanuka zabaye mu minsi mikuru ya Noheri, ngo bidakwiye kwitwa ko zatewe n’uko abantu bishimye bakarenza urugero.

CIP Emmanuel Kabanda, umuvugizi w’ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu muhanda, yatangaje ko mu by’ukuri nta kidasanzwe cyabaye muri aya masaha 24 ashize hirya no hino mu gihugu.

Yagize ati “Kuva saa kumi n’ebyiri z’ejo nimugoraba n’amanywa y’ejo kugeza saa kumi n’ebyiri z’uyu munsi, twe umutekano turabona ko wagenze neza kuko nta bidasanzwe byabaye haba mu Mujyi wa Kigali no mu gihugu hose, kunywa abantu bagasinda ubona ko batabikoze, abantu ntibabuze kwishima ariko kubera ibyo twaganiriye mbere y’uko noheri itangira aho twaberekaga uburyo bakwishima ariko ntibigire kirogoya, ubona ko babyubahirije.”

Ku mpanuka zabaye mu gihugu, CIP Kabanda yakomeje agira ati “Hari iyabereye Kamonyi aho umumotari yari ahetse umugenzi yihuta cyane, ageze mu ikorosi ajya gukata muri Musambira biramunanira, yitura muri kwasiteri yo itarihutaga abari kuri moto bose barapfa, indi yabereye Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali aho umunyamaguru yagonzwe n’imodoka nawe arapfa, naho undi mu motari mu Karere ka Nyagatare yarenze umuhanda ahetse umugenzi, umumotari arapfa.”

Ku birebana n’uko izi mpanuka zaba zaratewe no kwishimira iminsi mikuru, uyu muvugizi wa Polisi ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, avuga ko atari byo.

Yunzemo ati “Izo mpanuka ntituzibara ko ari impanuka zije kubera iminsi mikuru, ni impanuka nk’izisanzwe, ntabwo twazitirira iminsi mikuru, n’impanuka zisanzwe kuko burya kubuza impanuka mu muhanda ntibyoroshye.”

Polisi ivuga ko impanuro zatanzwe mbere y’uko iminsi mikuri itangira, arizo zatanze umusaruro urimo kugaragara uyu munsi.

-5171.jpg

CIP Emmanuel Kabanda

2016-12-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ladislas Ntaganzwa ushinjwa ibyaha bya Jenoside yagejejwe i Kigali

Ladislas Ntaganzwa ushinjwa ibyaha bya Jenoside yagejejwe i Kigali

Ubwanditsi 24 Mar 2016
Nubwo Leta itaramenyeshwa gahunda y’itabarizwa rya Kigeli, hari icyo yiteguye gukora.

Nubwo Leta itaramenyeshwa gahunda y’itabarizwa rya Kigeli, hari icyo yiteguye gukora.

Ubwanditsi 18 Oct 2016
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwa LONI muri Sudan y’Amajyepfo zatabaye abakozi 20 ba LONI bari bari batewe n’inyeshyamba zikabacucura ibyo bafite byose

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwa LONI muri Sudan y’Amajyepfo zatabaye abakozi 20 ba LONI bari bari batewe n’inyeshyamba zikabacucura ibyo bafite byose

Ubwanditsi 21 Apr 2021
Tito Rutaremara Yatangaje ko kwambara Bikini kubakobwa atabibonamo ikibazo

Tito Rutaremara Yatangaje ko kwambara Bikini kubakobwa atabibonamo ikibazo

Ubwanditsi 24 Feb 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuryango wa Col.Dr.Ben Karenzi  wakuye abantu mu rujijo ku ifungwa rye
ITOHOZA

Umuryango wa Col.Dr.Ben Karenzi wakuye abantu mu rujijo ku ifungwa rye

Ubwanditsi 23 Sep 2016
Perezida Donald Trump  Yasinye itegeko ryemerera inganda kohereza ibyuka mu kirere
POLITIKI

Perezida Donald Trump Yasinye itegeko ryemerera inganda kohereza ibyuka mu kirere

Ubwanditsi 29 Mar 2017
2017-2018: Manchester City yakoze ibyasaga n’inzozi mu Bwongereza, Arsene Wenger asezerwaho nk’intwari
IMIKINO

2017-2018: Manchester City yakoze ibyasaga n’inzozi mu Bwongereza, Arsene Wenger asezerwaho nk’intwari

Ubwanditsi 14 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru