• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Polisi y’u Rwanda yatangaje uko byari byifashe kuri Noheli

Polisi y’u Rwanda yatangaje uko byari byifashe kuri Noheli

Ubwanditsi 26 Dec 2016 Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, ivuga ko mu masaha 24 yashize habaye impanuka 16 zaguyemo abantu bane.

Uretse aba bane bapfuye, batandatu nibo bakomeretse bajyanwa kwa muganga, naho abandi umunani bakomereka byoroheje.

Gusa Polisi ivuga ko n’ubwo izi mpanuka zabaye mu minsi mikuru ya Noheri, ngo bidakwiye kwitwa ko zatewe n’uko abantu bishimye bakarenza urugero.

CIP Emmanuel Kabanda, umuvugizi w’ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu muhanda, yatangaje ko mu by’ukuri nta kidasanzwe cyabaye muri aya masaha 24 ashize hirya no hino mu gihugu.

Yagize ati “Kuva saa kumi n’ebyiri z’ejo nimugoraba n’amanywa y’ejo kugeza saa kumi n’ebyiri z’uyu munsi, twe umutekano turabona ko wagenze neza kuko nta bidasanzwe byabaye haba mu Mujyi wa Kigali no mu gihugu hose, kunywa abantu bagasinda ubona ko batabikoze, abantu ntibabuze kwishima ariko kubera ibyo twaganiriye mbere y’uko noheri itangira aho twaberekaga uburyo bakwishima ariko ntibigire kirogoya, ubona ko babyubahirije.”

Ku mpanuka zabaye mu gihugu, CIP Kabanda yakomeje agira ati “Hari iyabereye Kamonyi aho umumotari yari ahetse umugenzi yihuta cyane, ageze mu ikorosi ajya gukata muri Musambira biramunanira, yitura muri kwasiteri yo itarihutaga abari kuri moto bose barapfa, indi yabereye Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali aho umunyamaguru yagonzwe n’imodoka nawe arapfa, naho undi mu motari mu Karere ka Nyagatare yarenze umuhanda ahetse umugenzi, umumotari arapfa.”

Ku birebana n’uko izi mpanuka zaba zaratewe no kwishimira iminsi mikuru, uyu muvugizi wa Polisi ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, avuga ko atari byo.

Yunzemo ati “Izo mpanuka ntituzibara ko ari impanuka zije kubera iminsi mikuru, ni impanuka nk’izisanzwe, ntabwo twazitirira iminsi mikuru, n’impanuka zisanzwe kuko burya kubuza impanuka mu muhanda ntibyoroshye.”

Polisi ivuga ko impanuro zatanzwe mbere y’uko iminsi mikuri itangira, arizo zatanze umusaruro urimo kugaragara uyu munsi.

-5171.jpg

CIP Emmanuel Kabanda

2016-12-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umujenosideri Twahirwa yakatiwe burundu, Basabose Pierre baburaniraga hamwe ajyanwa ku gahato mu kigo kivura indwara zo mu mutwe.

Umujenosideri Twahirwa yakatiwe burundu, Basabose Pierre baburaniraga hamwe ajyanwa ku gahato mu kigo kivura indwara zo mu mutwe.

Ubwanditsi 22 Dec 2023
RDB yashyizeho uburyo bushya bwo kumenyekanisha u Rwanda ku bitabiriye WEF

RDB yashyizeho uburyo bushya bwo kumenyekanisha u Rwanda ku bitabiriye WEF

Ubwanditsi 12 May 2016
Itangazo rya Rushyashya.net  rigenewe abasomyi

Itangazo rya Rushyashya.net rigenewe abasomyi

Ubwanditsi 01 Sep 2016
Umukozi wa Banki ya Kigali wari wabuze ngo yari yagiye gusura inkumi bakundana

Umukozi wa Banki ya Kigali wari wabuze ngo yari yagiye gusura inkumi bakundana

Ubwanditsi 09 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imikino ibanza ya ½ cya Shampiyona y’icyiciro cya kabiri mu bagabo iratangira Gicumbi na Etoile de l’Est zibanza hanze
Amakuru

Imikino ibanza ya ½ cya Shampiyona y’icyiciro cya kabiri mu bagabo iratangira Gicumbi na Etoile de l’Est zibanza hanze

Ubwanditsi 09 Oct 2021
Ibyo dukora byose bishoboka iyo dufite umutekano- Perezida Kagame
INKURU NYAMUKURU

Ibyo dukora byose bishoboka iyo dufite umutekano- Perezida Kagame

Ubwanditsi 18 Apr 2019
Capitaine Théophile Twagiramungu yafatiwe muri Kivu y’amajyepfo
ITOHOZA

Capitaine Théophile Twagiramungu yafatiwe muri Kivu y’amajyepfo

Ubwanditsi 02 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru