• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Umunyamakuru Shyaka Kanuma wafashwe atorotse yasabiwe kuburana afunzwe

Umunyamakuru Shyaka Kanuma wafashwe atorotse yasabiwe kuburana afunzwe

Ubwanditsi 11 Jan 2017 Mu Mahanga

Ubushinjacyaha bwasabiye umunyamakuru Shyaka Kanuma gufungwa by’agateganyo mu gihe cy’ukwezi kugira ngo akurikiranwe atabangamiye ibimenyetso kuko ngo ubwo yafatwaga yari atorotse.

Shyaka Kanuma ashinjwa gukora no gukoresha inyandiko mpimbano no kutishyura umusoro. Ubushinjacyaha bwavuze ko yahataniye isoko mu kigo gishinzwe gusezerera no gusubiza mu buzima busanzwe ingabo zavuye ku rugerero binyuze mu buriganya ndetse ko hari n’imisoro ya 65 256 589 Frw atishyuye.

Kanuma yireguye avuga ko mu itangazamakuru harimo ibibazo bikomeye byatumye atekereza uburyo bwose bwatuma atsindira isoko. Yanemeye ko hari imisoro atishyuye ariko ngo byatewe n’ibibazo ikigo cye Focus Media Ltd cyarimo, ku buryo hari gahunda yo kugisesa.

Yemereye imbere y’inteko iburanisha ko hari sheki yasinye akohereza kopi muri Komisiyo ishinzwe gusezerera no gusubiza mu buzima busanzwe ingabo zavuye ku rugerero hanyuma umwimerere wazo ukaguma mu biro bye.

Gusa mu kwiregura yavuze ko yafashwe atagiye gutoroka kuko atari afunzwe asaba ko yakwemererwa kuburana ari hanze, ati “ubu noneho ndi kuburanishwa nta hantu nzajya.”

Mu rukiko Kanuma yemeye ibyaha byose yasabye ko bamurekura akazajya kumvikana n’ikigo cy’imisoro n’amahoro.

Ati “mumbabarire mundekure nta hantu nzajya mureke ndangize ibyo bibazo. Icyo gifungo cy’ukwezi ntaho nzajya kuko namenyekanishije ko ndi mu rukiko kandi nzi ko Leta yacu igira imbabazi, itarenganya rwose ndabasabye mumbarire nta handi nzajya.

Arakomeza ati “ndi inyangamugayo, nize ibintu byinshi mundekure njye gukora abana banjye ni bato, umwe w’imyaka ibiri yirirwa abaza ati papa arihe? yabona imodoka ati papa araje. Nimundeke nsange umuryango urankeneye.”

Kanuma yafatiwe i Kayonza ari nijoro atorotse , bivugwa ko yari ahunze. We yiregura yavuze ko yari agiye i Nyagatare kureba umupira (wa shampionat yo mu Bwongereza) atari atorotse igihugu.

Urubanza rw’uyu mugabo ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo ruzasomwa kuwa mbere tariki 16 Mutarama saa munani.

-5342.jpg

Umunyamakuru Shyaka Kanuma

2017-01-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Tshisekedi ari guhezwa umwuka n’itaka ari kwicukuriraho

Tshisekedi ari guhezwa umwuka n’itaka ari kwicukuriraho

Ubwanditsi 20 Dec 2024
Toy Nzamwita wari Avoka  yarasiwe na Polisi  hafi ya Kigali Convention Center ahasiga ubuzima

Toy Nzamwita wari Avoka yarasiwe na Polisi hafi ya Kigali Convention Center ahasiga ubuzima

Ubwanditsi 31 Dec 2016
Gasabo: Abaturage ba Gisozi biyubakiye Sitasiyo ya Polisi

Gasabo: Abaturage ba Gisozi biyubakiye Sitasiyo ya Polisi

Ubwanditsi 01 Jun 2016
Bugesera: Polisi yafashe moto yibwe i Kigali igiye kugurishwa i Burundi

Bugesera: Polisi yafashe moto yibwe i Kigali igiye kugurishwa i Burundi

Ubwanditsi 23 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

AU Summit: Mu bakandida batatu bari bahanganye habuze usimbura Dr Dlamini Zuma
Mu Rwanda

AU Summit: Mu bakandida batatu bari bahanganye habuze usimbura Dr Dlamini Zuma

Ubwanditsi 21 Jul 2016
Imodoka yari itwaye abasirikare ba Uganda yamaze iminsi ibiri mu ishyamba yabuze lisansi
HIRYA NO HINO

Imodoka yari itwaye abasirikare ba Uganda yamaze iminsi ibiri mu ishyamba yabuze lisansi

Ubwanditsi 06 Jul 2019
Paul Gitwaza muri Zion Temple yeretse umuryango bamwe mubakozi b’Imana bamufashaga
Mu Rwanda

Paul Gitwaza muri Zion Temple yeretse umuryango bamwe mubakozi b’Imana bamufashaga

Ubwanditsi 08 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru