• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – APR FC na Rayon Sports zageze mu kiciro cya cya kabiri cy’Imikino Nyafurika ya CAF, Al Hilal na Al Merrikh zihagaze neza   |   13 Sep 2026

  • Hon. Havugimana Emmanuel yatwibukije Inkomoko ya Masudi na Giraso yiturwa indi Ikinani cyamugereyemo   |   11 Sep 2026

  • Abana b’abagize uruhare muri Jenoside bongeye kwibutsa imigambi yapfubye y’ababyeyi babo   |   11 Sep 2026

  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Perezida Trump yatangaje ko ashobora kuzamura imisoro ku bindi bicuruzwa by’Abashinwa bya miliyari 200 $
C

Perezida Trump yatangaje ko ashobora kuzamura imisoro ku bindi bicuruzwa by’Abashinwa bya miliyari 200 $

Ubwanditsi 19 Jun 2018 Mu Mahanga

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko u Bushinwa niburamuka bugize ibihano bufatira igihugu cye mu bijyanye n’imisoro, bushingiye ku byo bwafatiwe mu cyumweru gishize, azongera umusoro ku bindi bicuruzwa bituruka muri icyo gihugu bifite agaciro ka miliyari 200 z’amadolari.

Ni igikorwa cyiyongereye ku rusobe rw’ibindi bikomeje kuranga intambara y’ubucuruzi ya Amerika n’ibindi bihugu bikomeye, ubu ikigezweho kikaba ari u Bushinwa.

Trump ashinja sosiyete zo mu Bushinwa kwiba Abanyamerika umutungo mu by’ubwenge ku bicuruzwa bitandukanye, zigahindukira zikabibagurisha.

Iyi misoro mishya ingana na 10% itangajwe mu gihe mu cyumweru gishize Perezida Trump yavuze ko Amerika izazamura imisoro kugeza kuri 25 % ku bicuruzwa bisaga 800 byo mu Bushinwa bifite agaciro gasaga miliyari 50$.

U Bushinwa bwahise buvuga ko nabwo buzazamura imisoro ku bicuruzwa 659 bya Amerika bifite agaciro ka miliyari 50 $ birimo ibikomoka ku buhinzi, imodoka n’ibyifashishwa mu mazi, bigashyirirwaho umusoro ungana n’uwo Amerika yabashyiriyeho nabo.

Mu gihe u Bushinwa bwazamura uwo mwanzuro bitewe n’umusoro Amerika yashyizeho mbere, ngo iyi izahita ishyiraho undi uzanagera ku bicuruzwa byinshi kurushaho.

Mu Itangazo White House yashyize ahagaragara, Perezida Trump yagize ati “Hakenewe kugira ikindi gikorwa mu gushishikariza u Bushinwa guhindura imyitwarire yabwo idakwiye, bugafungurira isoko ibicuruzwa by’Abanyamerika bukanemera ubucuruzi buboneye na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.”

U Bushinwa buhamya ko Trump nakomeza ibi bikorwa ndetse agashyiraho urutonde rw’ibicuruzwa bizazamurirwa imisoro, na bo bazafata imyanzuro ihwanye n’ibyo bakorewe.

Amerika iheruka kuzamura imisoro ku bicuruzwa by’Abashinwa birimo amapine, ibikoresho byo mu nzu n’ibindi, ukazatangira kubahirizwa guhera ku wa 6 Nyakanga 2018.

Nubwo Trump ahamya ko ibi biri mu nyungu z’Abanyamerika, abahanga mu bijyanye n’ubukungu n’ubucuruzi bo basanga iyi misoro mishya ishobora kugira ingaruka ku nzego z’ubutegetsi, cyane cyane izikoresha ibikoresho biba byateranyijwe n’u Bushinwa.

Mu 2017 u Bushinwa bwohereje muri Amerika ibicuruzwa bya miliyari 505 z’amadolari mu gihe Amerika yoherejeyo ibya miliyari 135 $ gusa.

2018-06-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ngoma: Ababyeyi barerera muri GS Nyamugari basabwe kwita ku bana babo muri ibi bihe by’ibiruhuko

Ngoma: Ababyeyi barerera muri GS Nyamugari basabwe kwita ku bana babo muri ibi bihe by’ibiruhuko

Ubwanditsi 30 Mar 2016
“Sinatinyuka guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi “. -Charles Onana yashenguye imitima y’interahamwe

“Sinatinyuka guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi “. -Charles Onana yashenguye imitima y’interahamwe

Ubwanditsi 10 Oct 2024
Burera: Abagize Komite zo kwicungira umutekano  bahuguwe ku bijyanye n’inshingano zabo

Burera: Abagize Komite zo kwicungira umutekano bahuguwe ku bijyanye n’inshingano zabo

Ubwanditsi 20 Jan 2016
Wema Sepetu yatunguye abatari bake atangaza ikintu yicuza mu buzima bwe cyakabereye isomo abakobwa bakiri bato

Wema Sepetu yatunguye abatari bake atangaza ikintu yicuza mu buzima bwe cyakabereye isomo abakobwa bakiri bato

Ubwanditsi 27 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urukiko rwanzuye ko Kanyankole wayoboraga BRD afungwa by’agateganyo iminsi 30.
ITOHOZA

Urukiko rwanzuye ko Kanyankole wayoboraga BRD afungwa by’agateganyo iminsi 30.

Ubwanditsi 23 Oct 2018
Davido yakoze agashya mu gitaramo i Kigali nyuma y’ imvura nyinshi ndetse n’ imbeho “REBA HANO AMAFOTO”
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Davido yakoze agashya mu gitaramo i Kigali nyuma y’ imvura nyinshi ndetse n’ imbeho “REBA HANO AMAFOTO”

Ubwanditsi 04 Mar 2018
U Rwanda kuva muri CEEAC ntacyo ruhombye ahubwo CEEAC niyo ihombye
Amakuru

U Rwanda kuva muri CEEAC ntacyo ruhombye ahubwo CEEAC niyo ihombye

Ubwanditsi 10 Jun 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru