• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Perezida Trump yatangaje ko ashobora kuzamura imisoro ku bindi bicuruzwa by’Abashinwa bya miliyari 200 $
C

Perezida Trump yatangaje ko ashobora kuzamura imisoro ku bindi bicuruzwa by’Abashinwa bya miliyari 200 $

Ubwanditsi 19 Jun 2018 Mu Mahanga

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko u Bushinwa niburamuka bugize ibihano bufatira igihugu cye mu bijyanye n’imisoro, bushingiye ku byo bwafatiwe mu cyumweru gishize, azongera umusoro ku bindi bicuruzwa bituruka muri icyo gihugu bifite agaciro ka miliyari 200 z’amadolari.

Ni igikorwa cyiyongereye ku rusobe rw’ibindi bikomeje kuranga intambara y’ubucuruzi ya Amerika n’ibindi bihugu bikomeye, ubu ikigezweho kikaba ari u Bushinwa.

Trump ashinja sosiyete zo mu Bushinwa kwiba Abanyamerika umutungo mu by’ubwenge ku bicuruzwa bitandukanye, zigahindukira zikabibagurisha.

Iyi misoro mishya ingana na 10% itangajwe mu gihe mu cyumweru gishize Perezida Trump yavuze ko Amerika izazamura imisoro kugeza kuri 25 % ku bicuruzwa bisaga 800 byo mu Bushinwa bifite agaciro gasaga miliyari 50$.

U Bushinwa bwahise buvuga ko nabwo buzazamura imisoro ku bicuruzwa 659 bya Amerika bifite agaciro ka miliyari 50 $ birimo ibikomoka ku buhinzi, imodoka n’ibyifashishwa mu mazi, bigashyirirwaho umusoro ungana n’uwo Amerika yabashyiriyeho nabo.

Mu gihe u Bushinwa bwazamura uwo mwanzuro bitewe n’umusoro Amerika yashyizeho mbere, ngo iyi izahita ishyiraho undi uzanagera ku bicuruzwa byinshi kurushaho.

Mu Itangazo White House yashyize ahagaragara, Perezida Trump yagize ati “Hakenewe kugira ikindi gikorwa mu gushishikariza u Bushinwa guhindura imyitwarire yabwo idakwiye, bugafungurira isoko ibicuruzwa by’Abanyamerika bukanemera ubucuruzi buboneye na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.”

U Bushinwa buhamya ko Trump nakomeza ibi bikorwa ndetse agashyiraho urutonde rw’ibicuruzwa bizazamurirwa imisoro, na bo bazafata imyanzuro ihwanye n’ibyo bakorewe.

Amerika iheruka kuzamura imisoro ku bicuruzwa by’Abashinwa birimo amapine, ibikoresho byo mu nzu n’ibindi, ukazatangira kubahirizwa guhera ku wa 6 Nyakanga 2018.

Nubwo Trump ahamya ko ibi biri mu nyungu z’Abanyamerika, abahanga mu bijyanye n’ubukungu n’ubucuruzi bo basanga iyi misoro mishya ishobora kugira ingaruka ku nzego z’ubutegetsi, cyane cyane izikoresha ibikoresho biba byateranyijwe n’u Bushinwa.

Mu 2017 u Bushinwa bwohereje muri Amerika ibicuruzwa bya miliyari 505 z’amadolari mu gihe Amerika yoherejeyo ibya miliyari 135 $ gusa.

2018-06-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyagatare: Abaturage bakanguriwe kwirinda ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’iry’ abana

Nyagatare: Abaturage bakanguriwe kwirinda ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’iry’ abana

Ubwanditsi 13 May 2016
Polisi yafashe magendu n’imiti yarangije igihe mu mikwabu itandukanye.

Polisi yafashe magendu n’imiti yarangije igihe mu mikwabu itandukanye.

Ubwanditsi 04 Jun 2016
Uganda yahawe ukwezi ko guhashya imitwe y’iterabwoba ya RNC na RUD-Urunana ikorera muri iki gihugu

Uganda yahawe ukwezi ko guhashya imitwe y’iterabwoba ya RNC na RUD-Urunana ikorera muri iki gihugu

Ubwanditsi 21 Feb 2020
Zimbabwe: Umugore wa Robert Mugabe akurikiranyweho ubucuruzi butemewe bw’amahembe y’inzovu

Zimbabwe: Umugore wa Robert Mugabe akurikiranyweho ubucuruzi butemewe bw’amahembe y’inzovu

Ubwanditsi 26 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amategeko mashya,abatoza bashya abakinnyi bibikomerezwa nibimwe mu bizaranga Premier League
IMIKINO

Amategeko mashya,abatoza bashya abakinnyi bibikomerezwa nibimwe mu bizaranga Premier League

Ubwanditsi 09 Aug 2016
RNC Yahinduye umuvuno wo gukoresha Abagore bayo
ITOHOZA

RNC Yahinduye umuvuno wo gukoresha Abagore bayo

Ubwanditsi 09 Mar 2017
Imodoka yari itwaye abasirikare ba Uganda yamaze iminsi ibiri mu ishyamba yabuze lisansi
HIRYA NO HINO

Imodoka yari itwaye abasirikare ba Uganda yamaze iminsi ibiri mu ishyamba yabuze lisansi

Ubwanditsi 06 Jul 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru