• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Perezida Trump yatangaje ko ashobora kuzamura imisoro ku bindi bicuruzwa by’Abashinwa bya miliyari 200 $
C

Perezida Trump yatangaje ko ashobora kuzamura imisoro ku bindi bicuruzwa by’Abashinwa bya miliyari 200 $

Ubwanditsi 19 Jun 2018 Mu Mahanga

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko u Bushinwa niburamuka bugize ibihano bufatira igihugu cye mu bijyanye n’imisoro, bushingiye ku byo bwafatiwe mu cyumweru gishize, azongera umusoro ku bindi bicuruzwa bituruka muri icyo gihugu bifite agaciro ka miliyari 200 z’amadolari.

Ni igikorwa cyiyongereye ku rusobe rw’ibindi bikomeje kuranga intambara y’ubucuruzi ya Amerika n’ibindi bihugu bikomeye, ubu ikigezweho kikaba ari u Bushinwa.

Trump ashinja sosiyete zo mu Bushinwa kwiba Abanyamerika umutungo mu by’ubwenge ku bicuruzwa bitandukanye, zigahindukira zikabibagurisha.

Iyi misoro mishya ingana na 10% itangajwe mu gihe mu cyumweru gishize Perezida Trump yavuze ko Amerika izazamura imisoro kugeza kuri 25 % ku bicuruzwa bisaga 800 byo mu Bushinwa bifite agaciro gasaga miliyari 50$.

U Bushinwa bwahise buvuga ko nabwo buzazamura imisoro ku bicuruzwa 659 bya Amerika bifite agaciro ka miliyari 50 $ birimo ibikomoka ku buhinzi, imodoka n’ibyifashishwa mu mazi, bigashyirirwaho umusoro ungana n’uwo Amerika yabashyiriyeho nabo.

Mu gihe u Bushinwa bwazamura uwo mwanzuro bitewe n’umusoro Amerika yashyizeho mbere, ngo iyi izahita ishyiraho undi uzanagera ku bicuruzwa byinshi kurushaho.

Mu Itangazo White House yashyize ahagaragara, Perezida Trump yagize ati “Hakenewe kugira ikindi gikorwa mu gushishikariza u Bushinwa guhindura imyitwarire yabwo idakwiye, bugafungurira isoko ibicuruzwa by’Abanyamerika bukanemera ubucuruzi buboneye na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.”

U Bushinwa buhamya ko Trump nakomeza ibi bikorwa ndetse agashyiraho urutonde rw’ibicuruzwa bizazamurirwa imisoro, na bo bazafata imyanzuro ihwanye n’ibyo bakorewe.

Amerika iheruka kuzamura imisoro ku bicuruzwa by’Abashinwa birimo amapine, ibikoresho byo mu nzu n’ibindi, ukazatangira kubahirizwa guhera ku wa 6 Nyakanga 2018.

Nubwo Trump ahamya ko ibi biri mu nyungu z’Abanyamerika, abahanga mu bijyanye n’ubukungu n’ubucuruzi bo basanga iyi misoro mishya ishobora kugira ingaruka ku nzego z’ubutegetsi, cyane cyane izikoresha ibikoresho biba byateranyijwe n’u Bushinwa.

Mu 2017 u Bushinwa bwohereje muri Amerika ibicuruzwa bya miliyari 505 z’amadolari mu gihe Amerika yoherejeyo ibya miliyari 135 $ gusa.

2018-06-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

IMYANZURO Y’UMWIHERERO WA 13 W’ABAYOBOZI

IMYANZURO Y’UMWIHERERO WA 13 W’ABAYOBOZI

Ubwanditsi 17 Mar 2016
Ukuri kwa Corneille Nangaaa kuba FDLR isigaye irinda Tshisekedi gushobora kumusiga inyuma y’igihome nkuko byatangajwe na Muyaya

Ukuri kwa Corneille Nangaaa kuba FDLR isigaye irinda Tshisekedi gushobora kumusiga inyuma y’igihome nkuko byatangajwe na Muyaya

Ubwanditsi 18 Aug 2023
Police FC ibifashijwemo na Usengimana yatsinze Muhanga FC

Police FC ibifashijwemo na Usengimana yatsinze Muhanga FC

Ubwanditsi 12 May 2016
Nyagatare: Umugabo w’imyaka 33 yatawe muri yombi azira gutanga ruswa

Nyagatare: Umugabo w’imyaka 33 yatawe muri yombi azira gutanga ruswa

Ubwanditsi 23 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ingabo z’u Rwanda zifite inshingano zidasanzwe zo kurindira umutekano Perezida wa Centrafrique kugera ku muturage wo hasi no gukumira ibitero by’inyeshyamba
Amakuru

Ingabo z’u Rwanda zifite inshingano zidasanzwe zo kurindira umutekano Perezida wa Centrafrique kugera ku muturage wo hasi no gukumira ibitero by’inyeshyamba

Ubwanditsi 21 Jan 2021
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano
Amakuru

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

Ubwanditsi 14 Mar 2025
Nsengimana Jean Bosco ni we wegukanye umunsi wa mbere wa Tour du Rwanda
IMIKINO

Nsengimana Jean Bosco ni we wegukanye umunsi wa mbere wa Tour du Rwanda

Ubwanditsi 13 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru