• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Perezida Trump yatangaje ko ashobora kuzamura imisoro ku bindi bicuruzwa by’Abashinwa bya miliyari 200 $
C

Perezida Trump yatangaje ko ashobora kuzamura imisoro ku bindi bicuruzwa by’Abashinwa bya miliyari 200 $

Ubwanditsi 19 Jun 2018 Mu Mahanga

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko u Bushinwa niburamuka bugize ibihano bufatira igihugu cye mu bijyanye n’imisoro, bushingiye ku byo bwafatiwe mu cyumweru gishize, azongera umusoro ku bindi bicuruzwa bituruka muri icyo gihugu bifite agaciro ka miliyari 200 z’amadolari.

Ni igikorwa cyiyongereye ku rusobe rw’ibindi bikomeje kuranga intambara y’ubucuruzi ya Amerika n’ibindi bihugu bikomeye, ubu ikigezweho kikaba ari u Bushinwa.

Trump ashinja sosiyete zo mu Bushinwa kwiba Abanyamerika umutungo mu by’ubwenge ku bicuruzwa bitandukanye, zigahindukira zikabibagurisha.

Iyi misoro mishya ingana na 10% itangajwe mu gihe mu cyumweru gishize Perezida Trump yavuze ko Amerika izazamura imisoro kugeza kuri 25 % ku bicuruzwa bisaga 800 byo mu Bushinwa bifite agaciro gasaga miliyari 50$.

U Bushinwa bwahise buvuga ko nabwo buzazamura imisoro ku bicuruzwa 659 bya Amerika bifite agaciro ka miliyari 50 $ birimo ibikomoka ku buhinzi, imodoka n’ibyifashishwa mu mazi, bigashyirirwaho umusoro ungana n’uwo Amerika yabashyiriyeho nabo.

Mu gihe u Bushinwa bwazamura uwo mwanzuro bitewe n’umusoro Amerika yashyizeho mbere, ngo iyi izahita ishyiraho undi uzanagera ku bicuruzwa byinshi kurushaho.

Mu Itangazo White House yashyize ahagaragara, Perezida Trump yagize ati “Hakenewe kugira ikindi gikorwa mu gushishikariza u Bushinwa guhindura imyitwarire yabwo idakwiye, bugafungurira isoko ibicuruzwa by’Abanyamerika bukanemera ubucuruzi buboneye na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.”

U Bushinwa buhamya ko Trump nakomeza ibi bikorwa ndetse agashyiraho urutonde rw’ibicuruzwa bizazamurirwa imisoro, na bo bazafata imyanzuro ihwanye n’ibyo bakorewe.

Amerika iheruka kuzamura imisoro ku bicuruzwa by’Abashinwa birimo amapine, ibikoresho byo mu nzu n’ibindi, ukazatangira kubahirizwa guhera ku wa 6 Nyakanga 2018.

Nubwo Trump ahamya ko ibi biri mu nyungu z’Abanyamerika, abahanga mu bijyanye n’ubukungu n’ubucuruzi bo basanga iyi misoro mishya ishobora kugira ingaruka ku nzego z’ubutegetsi, cyane cyane izikoresha ibikoresho biba byateranyijwe n’u Bushinwa.

Mu 2017 u Bushinwa bwohereje muri Amerika ibicuruzwa bya miliyari 505 z’amadolari mu gihe Amerika yoherejeyo ibya miliyari 135 $ gusa.

2018-06-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yitabiriye Inama yiga ku mihindagurikire y’ibihe muri Afurika irimo kubera muri Kenya

Perezida Kagame yitabiriye Inama yiga ku mihindagurikire y’ibihe muri Afurika irimo kubera muri Kenya

Ubwanditsi 05 Sep 2023
Uganda yegukanye CECAFA U18 2023, u Rwanda rutahana umwanya wa Kane mu irushanwa ryaberaga muri Kenya

Uganda yegukanye CECAFA U18 2023, u Rwanda rutahana umwanya wa Kane mu irushanwa ryaberaga muri Kenya

Ubwanditsi 08 Dec 2023
Nyuma y’imyaka icyenda itwaye iya mbere, Chelsea yo mu Bwongereza yegukanye Champions League yayo ya kabiri, itsinze Manchester city igitego 1-0.

Nyuma y’imyaka icyenda itwaye iya mbere, Chelsea yo mu Bwongereza yegukanye Champions League yayo ya kabiri, itsinze Manchester city igitego 1-0.

Ubwanditsi 30 May 2021
FARDC iravuga ko iby’inyeshyamba zinjiye muri Rutshuru ari ibihuha

FARDC iravuga ko iby’inyeshyamba zinjiye muri Rutshuru ari ibihuha

Ubwanditsi 23 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Finland – Urukiko rwanze kurekura Bazaramba wakatiwe Burundu
ITOHOZA

Finland – Urukiko rwanze kurekura Bazaramba wakatiwe Burundu

Ubwanditsi 05 Jan 2019
U Bwongereza: Inteko Ishinga Amategeko yemeje amasezerano ya Brexit
POLITIKI

U Bwongereza: Inteko Ishinga Amategeko yemeje amasezerano ya Brexit

Ubwanditsi 10 Jan 2020
Mu mukino ubanza wa CAF Champions League, APR FC yanganyije na Pyramids FC  1-1
Amakuru

Mu mukino ubanza wa CAF Champions League, APR FC yanganyije na Pyramids FC 1-1

Ubwanditsi 14 Sep 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru