• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Nyuma y’imyaka 28 idatwara Copa America, ikipe y’igihugu ya Argentine yegukanye iki gikombe itsinze Brazil ku mukino wa nyuma

Nyuma y’imyaka 28 idatwara Copa America, ikipe y’igihugu ya Argentine yegukanye iki gikombe itsinze Brazil ku mukino wa nyuma

Ubwanditsi 11 Jul 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Mahanga

Mu rukerera rwo kuri iki cyumweru, taliki ya 11 Nyakanga 2021 ikipe y’igihugu ya Argentine yegukanye igikombe cya Copa America cyaberaga mu gihugu cya Brazil, ni nyuma yo gutsinda ikipe y’igihugu yari yakiriye iri rushanwa, ni umukino warangiye ari igitego kimwe ku busa cyatsinzwe na rutahizamu Angel Di Maria.

Ubwo hakinwaga irushanwa rya Copa America rya 2021 ryaberaga mu gihugu cya Brazil kuva ku italiki ya 13 Kamena kugeza kuya 11 Nyakanga 2021 rikabera mu mijyi 4 itandukanye yo muri Brazil, ryasojwe ikipe ya Argentine ya Lionel Messi yegukanye igikombe yaherukaga mu mwaka wa 1993, kikaba ari igikombe cyayo cya 15 itwaye.

Mu mukino wa nyuma wabereye kuri Estadio do Maracana imbere y’abafana 7800, Brazil yari iri murugo ntabwo yabashije kwitwara neza kuko ikipe y’igihugu ya Argentine yasoje iminota 90 yegukanye iki gikombe ibifashijwemo na rutahizamu w’ikipe ya Paris St Germain yo mu gihugu cy’u Bufaransa, ni igitego Angel Di Maria yatsinze ubwo hari ku munota 22 ku mupira yari aherejwe na Rodrigo De Paul.

Iminota 90 y’umukino ikaba yarangiye ntakindi gitego kibonetse muri uyu mukino hagati y’amakipe yombi, bityo ikipe y’igihugu ya Argentina y’abakinnyi bazwi mu mupira w’amaguru barimo Lionel Messi, Di Maria, Lautaro Martinez na Nicolas Otamendi itsinze iya Brazil ya Neymar, Fred, Thiago Silva, Marquinhos ndetse n’abandi.

Iri rushanwa risojwe ikipe ya Argentine yegukanye iki gikombe mu gihe ku rundi ruhande ikipe y’igihugu ya Columbia yaregukanye umwanya wa gatatu nyuma yo gutsinda ikipe ya Peru ibitego 3 kuri 2 mu mukino wabaye mu rukerera rwo kuri uyu wa gatandatu tariki 10 Nyakanga 2021.

Muri iri rushanwa kandi hahembwe abakinnyi bitwaye neza aho Lionel wa Argantine yabaye umukinnyi mwiza waranze iri rushanwa ndetse kandi we na Luis Diaz wa Columbia batsinze ibitego byinshi aho batsinze bine naho umunyezamu wa Argentine Emiliano Martinez yatowe nk’umunyezamu mwiza w’iri rushanwa.

Copa America yabaye uyu mwaka nyuma yaho yakagombye kuba yarabaye mu mwaka ushize ikabera mu bihugu byari byishyize hamwe aribyo Colombia na Argentina gusa riza kwimurirwa muri Brazil nyuma yuko yo yemeye ko izaryakira.

Kizigenza Lionel Messi wa Argentine yari amaze imyaka 15 yose akinira iyi kipe y’igihugu ariko ntagikombe aratwarana nayo, ni nyuma y’uko yari yakiniye ikipe ye amarushanwa ane y’igikombe cy’isi hamwe n’andi atatu ya Copa America .

Messi na Argentine bategereje kandi ko mu kwezi k’Ukwakira 2022 azakina irushanwa ry’igikombe cy’isi kizabera muri Quatar aha akaba yitezweho kuba yatwarana n’ikipe ye iki gikombe baheruka mu mwaka 1986.

2021-07-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bujumbura  abafaransa bakomeje guhigwa bukware

Bujumbura abafaransa bakomeje guhigwa bukware

Ubwanditsi 25 Jun 2018
Gisagara VC na Police Women VC begukanye BK Arena Volleyball cup 2025 yakinwaga ku ncuro ya mbere

Gisagara VC na Police Women VC begukanye BK Arena Volleyball cup 2025 yakinwaga ku ncuro ya mbere

Ubwanditsi 14 Dec 2025
Kaguta Museveni ni nk’umutetsi umaze imyaka 34 mu gikoni ashiriza, ubu akaba aribwo yemeza ko agiye guteka neza mu zabukuru!!

Kaguta Museveni ni nk’umutetsi umaze imyaka 34 mu gikoni ashiriza, ubu akaba aribwo yemeza ko agiye guteka neza mu zabukuru!!

Ubwanditsi 24 Dec 2020
IGP Felix Namuhoranye yakiriye amakipe ya Polisi ya Volleyball ayashimira umusaruro yagaragaje

IGP Felix Namuhoranye yakiriye amakipe ya Polisi ya Volleyball ayashimira umusaruro yagaragaje

Ubwanditsi 22 Nov 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibyemezo by’inama y’abaminisitiri yateranye ku wa Gatanu tariki ya 30/06/2017
Mu Rwanda

Ibyemezo by’inama y’abaminisitiri yateranye ku wa Gatanu tariki ya 30/06/2017

Ubwanditsi 01 Jul 2017
Perezida Kagame yasobanuye impamvu Kabila atitabiriye inama ku bibazo by’igihugu cye
POLITIKI

Perezida Kagame yasobanuye impamvu Kabila atitabiriye inama ku bibazo by’igihugu cye

Ubwanditsi 18 Jan 2019
Safi Madiba n’umugore we bongeye kwibasirwa n’abafana bitewe n’ifoto yagiye hanze
SHOWBIZ

Safi Madiba n’umugore we bongeye kwibasirwa n’abafana bitewe n’ifoto yagiye hanze

Ubwanditsi 16 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru