• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Nyuma y’imyaka 28 idatwara Copa America, ikipe y’igihugu ya Argentine yegukanye iki gikombe itsinze Brazil ku mukino wa nyuma

Nyuma y’imyaka 28 idatwara Copa America, ikipe y’igihugu ya Argentine yegukanye iki gikombe itsinze Brazil ku mukino wa nyuma

Ubwanditsi 11 Jul 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Mahanga

Mu rukerera rwo kuri iki cyumweru, taliki ya 11 Nyakanga 2021 ikipe y’igihugu ya Argentine yegukanye igikombe cya Copa America cyaberaga mu gihugu cya Brazil, ni nyuma yo gutsinda ikipe y’igihugu yari yakiriye iri rushanwa, ni umukino warangiye ari igitego kimwe ku busa cyatsinzwe na rutahizamu Angel Di Maria.

Ubwo hakinwaga irushanwa rya Copa America rya 2021 ryaberaga mu gihugu cya Brazil kuva ku italiki ya 13 Kamena kugeza kuya 11 Nyakanga 2021 rikabera mu mijyi 4 itandukanye yo muri Brazil, ryasojwe ikipe ya Argentine ya Lionel Messi yegukanye igikombe yaherukaga mu mwaka wa 1993, kikaba ari igikombe cyayo cya 15 itwaye.

Mu mukino wa nyuma wabereye kuri Estadio do Maracana imbere y’abafana 7800, Brazil yari iri murugo ntabwo yabashije kwitwara neza kuko ikipe y’igihugu ya Argentine yasoje iminota 90 yegukanye iki gikombe ibifashijwemo na rutahizamu w’ikipe ya Paris St Germain yo mu gihugu cy’u Bufaransa, ni igitego Angel Di Maria yatsinze ubwo hari ku munota 22 ku mupira yari aherejwe na Rodrigo De Paul.

Iminota 90 y’umukino ikaba yarangiye ntakindi gitego kibonetse muri uyu mukino hagati y’amakipe yombi, bityo ikipe y’igihugu ya Argentina y’abakinnyi bazwi mu mupira w’amaguru barimo Lionel Messi, Di Maria, Lautaro Martinez na Nicolas Otamendi itsinze iya Brazil ya Neymar, Fred, Thiago Silva, Marquinhos ndetse n’abandi.

Iri rushanwa risojwe ikipe ya Argentine yegukanye iki gikombe mu gihe ku rundi ruhande ikipe y’igihugu ya Columbia yaregukanye umwanya wa gatatu nyuma yo gutsinda ikipe ya Peru ibitego 3 kuri 2 mu mukino wabaye mu rukerera rwo kuri uyu wa gatandatu tariki 10 Nyakanga 2021.

Muri iri rushanwa kandi hahembwe abakinnyi bitwaye neza aho Lionel wa Argantine yabaye umukinnyi mwiza waranze iri rushanwa ndetse kandi we na Luis Diaz wa Columbia batsinze ibitego byinshi aho batsinze bine naho umunyezamu wa Argentine Emiliano Martinez yatowe nk’umunyezamu mwiza w’iri rushanwa.

Copa America yabaye uyu mwaka nyuma yaho yakagombye kuba yarabaye mu mwaka ushize ikabera mu bihugu byari byishyize hamwe aribyo Colombia na Argentina gusa riza kwimurirwa muri Brazil nyuma yuko yo yemeye ko izaryakira.

Kizigenza Lionel Messi wa Argentine yari amaze imyaka 15 yose akinira iyi kipe y’igihugu ariko ntagikombe aratwarana nayo, ni nyuma y’uko yari yakiniye ikipe ye amarushanwa ane y’igikombe cy’isi hamwe n’andi atatu ya Copa America .

Messi na Argentine bategereje kandi ko mu kwezi k’Ukwakira 2022 azakina irushanwa ry’igikombe cy’isi kizabera muri Quatar aha akaba yitezweho kuba yatwarana n’ikipe ye iki gikombe baheruka mu mwaka 1986.

2021-07-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umusirikari wa Kongo wari wasinze yisanze mu Rwanda afite intwaro

Umusirikari wa Kongo wari wasinze yisanze mu Rwanda afite intwaro

Ubwanditsi 26 Sep 2022
ICYOBA: FARDC na Wazalendo yayo, Abarundi n’indi mitwe uruhumbirajana babuze ayo bacira n’ayo bamira kubera igotwa rya Goma

ICYOBA: FARDC na Wazalendo yayo, Abarundi n’indi mitwe uruhumbirajana babuze ayo bacira n’ayo bamira kubera igotwa rya Goma

Ubwanditsi 05 Feb 2024
APR BBC yegukanye igikombe cya shampiyona itsinze Patriots BBC ihabwa miliyoni 15 FRW

APR BBC yegukanye igikombe cya shampiyona itsinze Patriots BBC ihabwa miliyoni 15 FRW

Ubwanditsi 22 Sep 2024
Miss Uwase Honorine ‘IGISABO’ yanze kwambara Bikini bituma abura umudari mu marushanwa ya ‘Miss Earth 2017’

Miss Uwase Honorine ‘IGISABO’ yanze kwambara Bikini bituma abura umudari mu marushanwa ya ‘Miss Earth 2017’

Ubwanditsi 15 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyarugenge: Polisi yafashe agatsiko k’abajura bibye mudasobwa muri GS Nzove
Amakuru

Nyarugenge: Polisi yafashe agatsiko k’abajura bibye mudasobwa muri GS Nzove

Ubwanditsi 06 Jan 2017
Sheebah Kubera Kubyina Yiswe Lopez ,Alikiba arusha Diamond Kuririmba ,P Fla Yemeje Abantu
SHOWBIZ

Sheebah Kubera Kubyina Yiswe Lopez ,Alikiba arusha Diamond Kuririmba ,P Fla Yemeje Abantu

Ubwanditsi 02 Jan 2018
Mu mukino witabiriwe na Amadou Gallo Fall uyobora BAL , ikipe ya Patriots BBC yatsinze APR BBC amanota 73-59
Amakuru

Mu mukino witabiriwe na Amadou Gallo Fall uyobora BAL , ikipe ya Patriots BBC yatsinze APR BBC amanota 73-59

Ubwanditsi 20 Mar 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru