• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Bagiye gukemura iby’abandi bibagirwa gukemura iby’iwabo-Perezida Kagame

Bagiye gukemura iby’abandi bibagirwa gukemura iby’iwabo-Perezida Kagame

Ubwanditsi 27 Jun 2016 Mu Mahanga

Kuri uyu wa Mbere ubwo yaganiraga n’urubyiruko rugera ku 2000 ruhuriye mu itorero ’Inkomezamihigo’ , Perezida Kagame yasabye abayobozi kuzuza inshingano zabo bagakora ibiri mu nyungu z’abaturage, nk’uburyo burambye bwo gusigasira ibyagezweho, bakibanda ku gukora ibintu bizima, ibibazo by’abaturage bigakemuka.

Yagize ati “N’iyo haje ikibazo giturutse ahandi ukababwira uti mutabare, baraza, kubera ko bazi inyungu babifitemo, abayobozi uko bakora, uko bitwara, bababonamo ko bakorera inyungu zabo. Iyo batabibona, buri wese yikorera uko abyishakiye bakabona ibikorwa biri mu nyungu z’abantu bake bitari uko babyifuza, iyo ubahamagaye ntibaza, bati ba bandi babifitemo inyungu nibajyeyo.”

Yabihuje n’ibibazo byugarije ibihugu bikomeye, yirinda kugira igihugu akomozaho, avuga ko yizeye ko urubyiruko rukurikirana amakuru mpuzamahanga agezweho uyu munsi, bakaba baragiye banakurikirana abagiye bavuga ku Rwanda barunenga.

Yagize ati “Uburyo bwa mbere, njyewe namwe mwese ni uko dukora ibitureba kandi tukabikora neza bikaduhira. Ibindi byo kujya gusubiza cyangwa gutukana ntukabiteho umwanya. Wowe reba ibikureba ubundi ukore ibyo ushaka, biguhire. Igisubizo cya kabiri gituruka ku bo bayobora.”

“Bagiye gukemura iby’abandi bibagirwa gukemura iby’iwabo. Bwajya gucya mu gitondo, abaturage bakababwira bati ‘mwaratumenyereye cyane. Twarabizeye, tubaha ububasha murangije mujya gukora mu nyungu zabo, murangije mujya kwita ku gihugu cy’abandi none muje kudushakamo amajwi, uyu munsi ntabwo tubatora.’”

Yakomeje avuga ko ibiri kubabaho biza kubasigira isomo, ati “Ibi byose mureba, sinirirwa mvuga aho ari ho n’ibyo ari byo, ariko buriya baraza batwumve, bavuge bati’ namwe buriya mufite ubwenge mushobora gukora ibintu bikabahira twe ibyacu bikatugaruka? Ibisubizo barabyiha.”

-3064.jpg

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame aganira n’urubyiruko rusaga 2000, rwo mu itorero ’Inkomezamihigo’

-3063.jpg

-3065.jpg

Inkomezamihigo

2016-06-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Polisi yakuye urujijo ku itabwa muri yombi ry’Umunyamabanga Mukuru wa Ferwafa

Polisi yakuye urujijo ku itabwa muri yombi ry’Umunyamabanga Mukuru wa Ferwafa

Ubwanditsi 12 Feb 2016
U Burundi bwahagaritse Radiyo yanenze ko bwinumiye ku mpunzi zabwo ziciwe Congo

U Burundi bwahagaritse Radiyo yanenze ko bwinumiye ku mpunzi zabwo ziciwe Congo

Ubwanditsi 30 Sep 2017
Perezida Tshisekedi arakoresha intambara ya Kongo mu nyungu ze bwite

Perezida Tshisekedi arakoresha intambara ya Kongo mu nyungu ze bwite

Ubwanditsi 03 Dec 2024
Perezida Robert Mugabe yageze i Kigali

Perezida Robert Mugabe yageze i Kigali

Ubwanditsi 14 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Radiyo yo mu Bufaransa itanga urubuga ku bahakana n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi nka Judi Rever
Amakuru

Radiyo yo mu Bufaransa itanga urubuga ku bahakana n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi nka Judi Rever

Ubwanditsi 29 Oct 2020
Perezida wa Malawi yemeye ko umushahara we ukatwaho 10 % kubera coronavirus
POLITIKI

Perezida wa Malawi yemeye ko umushahara we ukatwaho 10 % kubera coronavirus

Ubwanditsi 06 Apr 2020
Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yasabye ko ishoramari mu bukerarugendo ryongerwa
UBUKERARUGENDO

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yasabye ko ishoramari mu bukerarugendo ryongerwa

Ubwanditsi 07 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru