• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Inama y’umutekano y’intara y’amajyepfo yashyizeho ingamba zikomeye kwirinda ihohoterwa rikorerwa abana

Inama y’umutekano y’intara y’amajyepfo yashyizeho ingamba zikomeye kwirinda ihohoterwa rikorerwa abana

Ubwanditsi 30 Jun 2016 Mu Mahanga

Inama y’umutekano y’Intara y’Amajyepfo yateraniye mu karere ka Huye ku itariki ya 28 Kamena 2016 yashyizeho ingamba zikomeye zo kurwanya ikintu cyose gitera ihohoterwa rikorerwa abana n’irishingiye ku gitsina.

Iyi nama yari iyobowe na Minisitiri w’uburinganire n’iterambere ry’umuryango Dr. Diane Gashumba ari kumwe n’umuyobozi w’iyi ntara Munyantwali Alphonse yarangiye abayitabiriye biyemeje kurwanya ibyo byaha byombi, barushaho gukorana n’nzego z’inama y’igihugu y’abagore zikorera ku nzego z’ibanze.

Yari yitabiriwe kandi n’abahagarariye abagore kuva ku rwego rw’intara kugeza ku murenge.

Ageza ijambo ku bari abyitabiriye Minisitiri Gashumba yavuze ko gufatira hamwe ingamba zikomeye hagati y’inzego z’umutekano, iz’ibanze ndetse n’abaturage bizatuma habaho ku buryo bworoshye gutahura no gukemura ibibazo biterwa n’ihohoterwa rikorerwa abana n’abagore.

Minisitiri gashumba yagize ati;”N’ubwo hari ingamba zafashwe, abana baracyakomeza kubuzwa uburenganzira bwabo, ibi bikaba bitureba twese nk’abayobozi, nitutagira icyo dukora vuba rero, ingaruka zizagera ku bana ubwabo no ku gihugu muri rusange.”

Yakomeje avuga ko kubera uburangare bwa bamwe mu babyeyi, abana babo bataye amashuri, bajya kuba inzererezi mu mihanda, abandi bakaba bakoreshwa imirimo ivunanye mu ngo, mu birombe by’amabuye y’agaciro no mu mirima y’ibyayi.

Ku rundi ruhande, yanavuze ko ihohoterwa rishingiye ku gitsina rigaragara mu miryango imwe n’imwe ariryo pfundo ry’ihohoterwa rikorerwa abana, kuko imiryango ibanye nabi hari igihe umwe yica undi bikagira ingaruka ku bana kuko usanga bafata inshingano zo gufasha umubyeyi wasigaye.

Yasabye aba bayobozi gufatanya n’inama y’igihugu y’abagore, bakorana n’abayihagarariye ku rwego rw’umudugudu n’akagari, bagaca burundu ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

Muri iyo nama, umuyobozi wa Polisi mu ntara y’Amajyepfo Assistant Commissioner of Police (ACP) Francis Nkwaya, yeretse abayitabiriye uko umutekano wari uhagaze muri iyo ntara mu mezi abiri ashize, ababwira impamvu zitera ibyaha bibonekamo n’ingamba zafashwe mu kubirwanya.

Yavuze ko ibyaha biza ku isonga mu ntara y’Amajyepfo ari icuruzwa n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’ubujura, ariko anavuga ko ugereranyije n’ibihe byashize ibi byaha byagabanutse, kubera imikoranire myiza iri hagati ya Polisi n’abaturage, ubukangurambaga, imikwabu yo gufata abanyabyaha, amarondo, umusaruro wa za komite zo kwicungira umutekano, gukorana n’izindi nzego z’umutekano ndetse n’inzego z’ibanze.

-3111.jpg

ACP Nkwaya yagize ati;”Iyi mikoranire yatumye habaho guhanahana amakuru byihuse tugahita tunashakira hamwe ibisubizo, kugirango turwanye kandi dufate abanyabyaha, tukanagaruza ibyibwe, kandi akenshi tukaburizamo ikorwa ry’ibyaha.


RNP

2016-06-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yakiriye Umwami wa Maroc, Mohammed VI

Perezida Kagame yakiriye Umwami wa Maroc, Mohammed VI

Ubwanditsi 19 Oct 2016
Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni ngo yaba yarabaswe n’indwara y’ikinyoma. Kumubarizaho ukuri ngo ni ukubariza amata ku kimasa!!

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni ngo yaba yarabaswe n’indwara y’ikinyoma. Kumubarizaho ukuri ngo ni ukubariza amata ku kimasa!!

Ubwanditsi 18 May 2021
Ikipe ya Chelsea yaraye yegukanye igikombe cy’Isi cy’amakipe naho Al Ahly yari ihagarariye umugabane wa Afurika yegukana umwanya wa 3

Ikipe ya Chelsea yaraye yegukanye igikombe cy’Isi cy’amakipe naho Al Ahly yari ihagarariye umugabane wa Afurika yegukana umwanya wa 3

Ubwanditsi 14 Feb 2022
Bane bafunzwe bacyekwaho guha ruswa abapolisi kugira ngo bakorerwe ibinyuranije n’amategeko

Bane bafunzwe bacyekwaho guha ruswa abapolisi kugira ngo bakorerwe ibinyuranije n’amategeko

Ubwanditsi 23 Feb 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Hafashwe imodoka ipakiye amakarito 80 y’inzoga zitemewe
Mu Mahanga

Hafashwe imodoka ipakiye amakarito 80 y’inzoga zitemewe

Ubwanditsi 25 Jul 2016
PL yasabye abagihembera ingengabitekerezo mu mahanga gutaha mu rwababyaye
Mu Rwanda

PL yasabye abagihembera ingengabitekerezo mu mahanga gutaha mu rwababyaye

Ubwanditsi 07 Apr 2017
Rwa rubyaro rw’abajenosideri rwakoranaga na FDLR rwihishwa, noneho rubishyize ku mugaragaro
Amakuru

Rwa rubyaro rw’abajenosideri rwakoranaga na FDLR rwihishwa, noneho rubishyize ku mugaragaro

Ubwanditsi 23 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru