• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Loni yatangiye igenzura ry’abapolisi 70 bagomba koherezwa muri Sudani y’Epfo

Loni yatangiye igenzura ry’abapolisi 70 bagomba koherezwa muri Sudani y’Epfo

Ubwanditsi 03 Feb 2016 Mu Mahanga

​Mu gihe gito, Polisi y’u Rwanda izohereza abapolisi 70 biyongera ku basanzwe mu gace ka Malakal ho muri Sudani y’Epfo, aho bazaba bari mu butumwa bw’amahoro bwa Loni muri icyo gihugu(UNMISS).

Igenzura ry’aba bapolisi rikaba rizakorwa mu minsi itanu uhereye kuri 2 Gashyantare n’impuguke y’umupolisi ukomoka mu gihugu cya Norvege witwa Annette R.Johansen, ikaba yaroherejwe n’ibiro bikuru bishinzwe imitwe irinda mu butumwa bw’amahoro(FPU).

Umuvugizi mukuru wa Polisi y’u Rwanda, ACP Celestin Twahirwa yagize ati:” Aba bapolisi 70 barimo gutegurwa ku busabe bwa Loni , bazoherezwa nk’inyongera izaha ingufu abandi basanzwe mu ntara ya Malakal.”

Muri Nzeli umwaka ushize niho uyu mutwe witwa RWAFPU-UNMISS woherejwe muri Malakal ,agace ka Leta ya Upper Nile iherereye mu Majyaruguru y’Uburasirazuba bwa Sudani y’Epfo, kakaba ku bilometero 650 mu majyaruguru y’umurwa mukuru Juba, kakaba karahuye n’amacakubiri ashingiye kuri politiki hagati y’imitwe ibiri nyuma y’uko Sudani y’Epfo yigenze muw’2011.

Akazi k’iyi mpuguke kakaba ari ako kureba ko uyu mutwe witeguye mu birebana no gutumanaho, guhosha imyigaragambyo , ubuhanga mu kurasa n’ibindi,..mbere y’uko uzasanga undi ugizwe n’abapolisi 170 wa RWAFPU1 uyobowe na ACP Rogers Rutikanga.

Aha ACP Twahirwa yagize ati:”Kuba twarasabwe abandi bapolisi , ni ikimenyetso cy’uko abapolisi b’u Rwanda bakora neza iyo bari mu butumwa bw’amahoro.”

Abapolisi b’u Rwanda bakaba bakunze gushimirwa ubunyamwuga n’umurava bagaragaza mu kazi kabo tutibagiwe na zimwe mu ndangagaciro z’ubunyarwanda zirimo umuganda bakora mu gufasha abatishoboye ndetse n’ikoranabuhanga mu kazi ka gipolisi.

Abagize imitwe ya FPU ikora akazi ko gufasha abari mu kaga, guhosha imyigaragambyo, kurinda abanyacyubahiro ndetse n’abasivili.

Polisi y’u Rwanda niyoherezayo bariya 70 rero, ikazaba igeze ku bapolisi 930 bari mu butumwa bw’amahoro mu bihugu 7 bitandukanye ndetse n’abandi 4 bari mu myanya y’inzobere .

RNP

2016-02-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Igitutu cyaba gikuye Tshisekedi ku izima akemera isenywa ry’umufatanyabikorwa we, FDLR?

Igitutu cyaba gikuye Tshisekedi ku izima akemera isenywa ry’umufatanyabikorwa we, FDLR?

Ubwanditsi 14 Oct 2024
Yoweri K.Museveni arasiga ibye bita imitemeri akajya gupfundikira iby’abandi

Yoweri K.Museveni arasiga ibye bita imitemeri akajya gupfundikira iby’abandi

Ubwanditsi 04 Nov 2021
Ntakirutimana Théoneste  wari Umuyobozi wa  ADEPR – Uganda, yashimutiwe  Kampala

Ntakirutimana Théoneste wari Umuyobozi wa ADEPR – Uganda, yashimutiwe Kampala

Ubwanditsi 30 Mar 2019
Perezida Robert Mugabe yageze i Kigali

Perezida Robert Mugabe yageze i Kigali

Ubwanditsi 14 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ndimbati wari wasinyiye kwamamaza Sky Drop Industries yayiteye umugongo amasezerano atarangiye yamamaza Ingufu Gin
Amakuru

Ndimbati wari wasinyiye kwamamaza Sky Drop Industries yayiteye umugongo amasezerano atarangiye yamamaza Ingufu Gin

Ubwanditsi 26 Feb 2023
Uburyo ibaruwa Museveni yandikiye Kagame yuzuyemo” ukwivuguruza”
ITOHOZA

Uburyo ibaruwa Museveni yandikiye Kagame yuzuyemo” ukwivuguruza”

Ubwanditsi 21 Mar 2019
Umunyamakuru Rutamu Joel yasezeye mw’itangazamakuru nkuko yabivuze,yerekeje iburayi
SHOWBIZ

Umunyamakuru Rutamu Joel yasezeye mw’itangazamakuru nkuko yabivuze,yerekeje iburayi

Ubwanditsi 30 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru