• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere   |   09 May 2025

  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

  • Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango   |   06 May 2025

  • Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi   |   05 May 2025

  • Nyuma y’imyaka 8, APR FC yegukanye igikombe cy’Amahoro 2025 itsinze Rayon Sports 2-0   |   04 May 2025

  • APR FC na Rayon Sports zabonye itike yo gukina imikino Nyafurika zizahurira ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2025   |   01 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Abanyarwanda icyenda bagejeje Leta ya Uganda mu rukiko

Abanyarwanda icyenda bagejeje Leta ya Uganda mu rukiko

Editorial 14 Aug 2019 Mu Rwanda, POLITIKI

Pasiteri Singirankabo Jean de Dieu ari mu bajyanye ikirego ku biro by’Urukiko rw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba(EAC), bagiye kurega Leta ya Uganda ko yabakoreye iyicarubozo ikanabambura imitungo.

Kuva mu mwaka ushize wa 2018, Abanyarwanda babaga muri Uganda cyangwa bahatembereraga, bagaruka mu Rwanda bavuga ko Leta y’icyo gihugu ikoresha Urwego rw’ubutasi rwayo (CMI) mu kubafata nabi, kubafunga, kubakorera iyicarubozo no kubambura ibyabo n’ababo.

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kabiri tariki 13 Kanama 2019, ubwo bari bamaze gutanga ikirego ku biro by’Urukiko rwa EAC biri i Kigali, Pasiteri Singirankabo yabwiye itangazamakuru ko bareze Uganda guhungabanya uburenganzira bwa muntu.

Agira ati “Uganda ni kimwe mu bihugu bigize Umuryango wa EAC ariko baradufashe (nkanjye wari umaze imyaka 13 muri icyo gihugu), badupfutse ibitambaro mu maso, batujyana kudufungira muri CMI iminsi 21”

Ati “Twarakubiswe inkoni z’ubwoko bwose ndetse jye bampinduye ikimuga, nyuma yaho badushyize mu modoka baratuzana ngo ’dore ngikiriya igihugu cyanyu’, twababajije iby’imiryango yacu n’imitungo dusizeyo batubwira nabi cyane”.

“Baratubwiye ngo “niba ari abagore musize hano muzagende iwanyu mushake abandi mubabyareho abana, nimutuvire mu gihugu”.

Ikirego cyabo gikubiye mu nyandiko y
Ikirego cyabo gikubiye mu nyandiko y’amapaji arindwi

Ku bw’amahirwe ngo ambasade y’u Rwanda muri Uganda yafashije iyo miryango yabo gutahuka, ariko ikibazo bafite ngo ni abandi Banyarwanda bagitoterezwayo ndetse n’imitungo yabo bataramenya aho bizaherera.

Rev Pasiteri Singirankabo avuga ko uretse amasambu, amatungo n’inzu bataramenya agaciro kabyo, ibikoresho by’itorero hamwe n’iby’umuryango ufasha impfubyi yari yarashinze birimo imodoka n’imashini, ngo birengeje agaciro k’ibihumbi 100 by’amadolari(ni ukuvuga asaga miliyoni 90 z’Amafaranga y’u Rwanda).

Avuga ko ibyo CMI yamushinjaga byo kuba intasi y’u Rwanda, ngo yabihakanye avuga ko atigeze aba na ’Local defense’.

Umusaza witwa Moses Rusa w’imyaka 64 y’amavuko, avuga ko yafashwe agiye muri Uganda gusura umuvandimwe we akamara ukwezi kurenga muri gereza.

Ati “Byarambabaje cyane kubona mu gihugu cy’inshuti banyita ibandi, dusaba ko Abanyarwanda bagenzi bacu bariyo barenganurwa bakarekurwa”.

UMunyamategeko Emmanuel Butera ni we wiyemeje kunganira aba Banyarwanda barega Leta ya Uganda mu rukiko rwa EAC, ariko yirinze kugira icyo avuga mu itangazamakuru.

N’ubwo ari abantu icyenda batanze ikirego, kuva mu mwaka ushize kugeza ubu u Rwanda rumaze kwakira abaturage barwo babarirwa mu bihumbi baje bavuga ko bahohoterewe mu gihugu cya Uganda.

2019-08-14
Editorial

IZINDI NKURU

Ukuri ku rupfu rw’umusirikare waguye mu biro by’iperereza mu Burundi

Ukuri ku rupfu rw’umusirikare waguye mu biro by’iperereza mu Burundi

Editorial 19 Sep 2016
Amafoto: Hasojwe umwiherero ugamije gutoranya abazajya mu makipe y’igihugu y’abakiri bato bakina umukino wa Handball

Amafoto: Hasojwe umwiherero ugamije gutoranya abazajya mu makipe y’igihugu y’abakiri bato bakina umukino wa Handball

Editorial 16 Apr 2022
Canada: Gen Kabarebe yagaragaje ubushake bw’u Rwanda mu kubungabunga amahoro ku isi

Canada: Gen Kabarebe yagaragaje ubushake bw’u Rwanda mu kubungabunga amahoro ku isi

Editorial 16 Nov 2017
Minisitiri Kaboneka yakomoje ku mpinduramatwara mu kurwanya ubukene mu itangazamakuru

Minisitiri Kaboneka yakomoje ku mpinduramatwara mu kurwanya ubukene mu itangazamakuru

Editorial 21 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru