• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ban ki-Moon yageze Bujumbura yerekwa ishusho itariyo

Ban ki-Moon yageze Bujumbura yerekwa ishusho itariyo

Ubwanditsi 23 Feb 2016 Mu Rwanda

Umunyamabanga mukuru w’umuryango w’abibumbye (LONI), Ban Ki-Moon, ejo kuwa mbere yageze ku kibuga cy’indege cya Bujumbura ahita yerekwa ishusho itariyo.

Ki-Moon uri mu Burundi mu ruzinduko rw’iminsi ibiri kwirebera uko ibintu byifashe no kuganira n’abanyapolotike b’icyo gihugu uko amahoro yagaruka kimaze hafi umwaka kitayafite.

Ki-Moon ageze ku kibuga cy’indege cya Bujumbura yakiriwe n’abayobozi benshi b’icyo gihugu barimo Visi Perezida wa mbere, Gaston Sindimwo, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga, Alain Nyamitwe. Akarusho ariko n’uko yanakiriwe n’abantu benshi bamubyinira, bashaka kugaragaza yuko mu Burundi nta kibazo kandi mumby’ukuri gihari kandi gikomeye cyane.

Abo bategetsi b’u Burundi ariko bagiye kwakira Man Ki-Moon ku kibuga cy’indege bamugaragariza ishusho y’umutekano itariyo bagomba kuba baribeshye cyane kuko atashobora guhishwa ukuri kandi abakumubwira bahari.

Uretse abo bategetsi batandukanye b’u Burundi bagiye kwakira Moon aho ku kibuga cy’indege hari n’intumwa ye yihariye mu Burundi, Jamal Benomar kimwe na Ambasaderi wa LONI muri icyo gihugu, Paolo Lembo. Aba bazi neza uko ibintu byifashe muri icyo gihugu kandi nibo uwo munyamabaga mukuru wa LONI yumva kurusha abandi.

Mbere yo kubonana na Perezida Nkurunziza kandi Moon yabonanye n’abanyapolitike batavuga rumwe na leta nabo bamweretse uko ishusho yifashe. Amakuru dufite n’uko abo banyapolitike babwiye Ban Ki-Moon yuko mu ijoro ryabanjirije umunsi yageze mu Burundi hari abantu bane bishwe.

Ntabwo ibi by’abategetsi mu Burundi kwerekana ishusho itariyo Ban Ki-Moon ariwe ubikorewe bwa mbere. Mu ruzinduko nk’urwo delegasiyo y’abantu 15 bagize akanama k’umutekano ka LONI baherutse gukorera mu Burundi, Perezida Nkurunziza yabakiriye mu ntara ya Gitega iri mu Burundi rwagati, ashaka kugaragaza yuko no mu nzira zijya mu ntara ari amahoro.

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Nkurunziza ariko bakavuga yuko ubwo bitegetsi kugaragariza abashyitsi b’umunsi umwe cyangwa itatu yuko mu Burundi ari amahoro byoroshye cyane kuko n’ubundi aribwo ahanini buhungabanya uwo mutekano.

-2241.jpg

-2242.jpg

-2240.jpg

Ban Ki-Moon na bamwe mu banyapolitiki b’i Burundi

Bushobora rero kwihangana ntibugire abantu bwica kugeza igihe abo bashyitsi bazatahukira, nubwo kenshi binanirana abashinzwe umutekano bakica n’abo bashyitsi bagihari.

Kayumba Casmiry

2016-02-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi : Umunyarwanda Jacques Bihozagara  yaguye muri gereza ya Mpimba

Burundi : Umunyarwanda Jacques Bihozagara yaguye muri gereza ya Mpimba

Ubwanditsi 01 Apr 2016
U Rwanda rugomba gusobanura Ibya RDC hakiri kare ndetse rugafata ingamba zo kubungabunga umutekano w’abaturage barwo.

U Rwanda rugomba gusobanura Ibya RDC hakiri kare ndetse rugafata ingamba zo kubungabunga umutekano w’abaturage barwo.

Ubwanditsi 06 Mar 2024
Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika

Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika

RUSHYASHYA 26 May 2026
Ibitaramo bitatu bya Israel Mbonyi byari biteganyijwe mu gihugu cy’u Burundi byamaze guhagarikwa habura iminsi 16 ngo bibe

Ibitaramo bitatu bya Israel Mbonyi byari biteganyijwe mu gihugu cy’u Burundi byamaze guhagarikwa habura iminsi 16 ngo bibe

Ubwanditsi 29 Jul 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impamvu yatumye  Me Bernard Ntaganda yongera gutabwa muri yombi
Mu Mahanga

Impamvu yatumye Me Bernard Ntaganda yongera gutabwa muri yombi

Ubwanditsi 08 May 2016
U Rwanda rwaje ku isonga muri Afurika mu kugira ubuyobozi bukorera mu mucyo
POLITIKI

U Rwanda rwaje ku isonga muri Afurika mu kugira ubuyobozi bukorera mu mucyo

Ubwanditsi 22 Nov 2017
Abantu babiri bafashwe bakekwaho kwigana kashe ngo ntibishyure imisoro
Mu Mahanga

Abantu babiri bafashwe bakekwaho kwigana kashe ngo ntibishyure imisoro

Ubwanditsi 30 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru