• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ban ki-Moon yageze Bujumbura yerekwa ishusho itariyo

Ban ki-Moon yageze Bujumbura yerekwa ishusho itariyo

Ubwanditsi 23 Feb 2016 Mu Rwanda

Umunyamabanga mukuru w’umuryango w’abibumbye (LONI), Ban Ki-Moon, ejo kuwa mbere yageze ku kibuga cy’indege cya Bujumbura ahita yerekwa ishusho itariyo.

Ki-Moon uri mu Burundi mu ruzinduko rw’iminsi ibiri kwirebera uko ibintu byifashe no kuganira n’abanyapolotike b’icyo gihugu uko amahoro yagaruka kimaze hafi umwaka kitayafite.

Ki-Moon ageze ku kibuga cy’indege cya Bujumbura yakiriwe n’abayobozi benshi b’icyo gihugu barimo Visi Perezida wa mbere, Gaston Sindimwo, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga, Alain Nyamitwe. Akarusho ariko n’uko yanakiriwe n’abantu benshi bamubyinira, bashaka kugaragaza yuko mu Burundi nta kibazo kandi mumby’ukuri gihari kandi gikomeye cyane.

Abo bategetsi b’u Burundi ariko bagiye kwakira Man Ki-Moon ku kibuga cy’indege bamugaragariza ishusho y’umutekano itariyo bagomba kuba baribeshye cyane kuko atashobora guhishwa ukuri kandi abakumubwira bahari.

Uretse abo bategetsi batandukanye b’u Burundi bagiye kwakira Moon aho ku kibuga cy’indege hari n’intumwa ye yihariye mu Burundi, Jamal Benomar kimwe na Ambasaderi wa LONI muri icyo gihugu, Paolo Lembo. Aba bazi neza uko ibintu byifashe muri icyo gihugu kandi nibo uwo munyamabaga mukuru wa LONI yumva kurusha abandi.

Mbere yo kubonana na Perezida Nkurunziza kandi Moon yabonanye n’abanyapolitike batavuga rumwe na leta nabo bamweretse uko ishusho yifashe. Amakuru dufite n’uko abo banyapolitike babwiye Ban Ki-Moon yuko mu ijoro ryabanjirije umunsi yageze mu Burundi hari abantu bane bishwe.

Ntabwo ibi by’abategetsi mu Burundi kwerekana ishusho itariyo Ban Ki-Moon ariwe ubikorewe bwa mbere. Mu ruzinduko nk’urwo delegasiyo y’abantu 15 bagize akanama k’umutekano ka LONI baherutse gukorera mu Burundi, Perezida Nkurunziza yabakiriye mu ntara ya Gitega iri mu Burundi rwagati, ashaka kugaragaza yuko no mu nzira zijya mu ntara ari amahoro.

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Nkurunziza ariko bakavuga yuko ubwo bitegetsi kugaragariza abashyitsi b’umunsi umwe cyangwa itatu yuko mu Burundi ari amahoro byoroshye cyane kuko n’ubundi aribwo ahanini buhungabanya uwo mutekano.

-2241.jpg

-2242.jpg

-2240.jpg

Ban Ki-Moon na bamwe mu banyapolitiki b’i Burundi

Bushobora rero kwihangana ntibugire abantu bwica kugeza igihe abo bashyitsi bazatahukira, nubwo kenshi binanirana abashinzwe umutekano bakica n’abo bashyitsi bagihari.

Kayumba Casmiry

2016-02-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Tariki 30 Gicurasi 1994: Inkotanyi zafashe Umujyi wa Ruhango

Tariki 30 Gicurasi 1994: Inkotanyi zafashe Umujyi wa Ruhango

Ubwanditsi 30 May 2018
Ingengo y’imari ya 2017/2018 yiyongereyeho miliyari 140.7 Frw

Ingengo y’imari ya 2017/2018 yiyongereyeho miliyari 140.7 Frw

Ubwanditsi 08 Jun 2017
Abagore barasabwa kuba abambere mu kwita ku bidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima

Abagore barasabwa kuba abambere mu kwita ku bidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima

Ubwanditsi 18 Aug 2021
Muri gereza ya Mageragere haravugwa ingengabitekerezo ya Jenoside, Ababishinzwe nimutabare amazi atararenga inkombe

Muri gereza ya Mageragere haravugwa ingengabitekerezo ya Jenoside, Ababishinzwe nimutabare amazi atararenga inkombe

Ubwanditsi 19 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umurambo wa Radio washyinguwe  iwabo mu cyaro i Wakiso
HIRYA NO HINO

Umurambo wa Radio washyinguwe iwabo mu cyaro i Wakiso

Ubwanditsi 03 Feb 2018
Miss Kundwa Doriane yanenzwe kwipfumuza izuru
Mu Rwanda

Miss Kundwa Doriane yanenzwe kwipfumuza izuru

Ubwanditsi 16 May 2017
Ubwo Perezida Kagame yifurizaga Polisi y’u Rwanda umwaka muhire wa 2018 yayihaye umukoro wo kurushaho kunoza ibyo ikora
Mu Rwanda

Ubwo Perezida Kagame yifurizaga Polisi y’u Rwanda umwaka muhire wa 2018 yayihaye umukoro wo kurushaho kunoza ibyo ikora

Ubwanditsi 27 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru