• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»[AMAFOTO]: Polisi y’u Rwanda yatashye imirongo ibiri mishya izajya isuzuma ubuziranenge bw’imodoka

[AMAFOTO]: Polisi y’u Rwanda yatashye imirongo ibiri mishya izajya isuzuma ubuziranenge bw’imodoka

Ubwanditsi 06 Oct 2016 Mu Mahanga

Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ibikorwa remezo Christian Rwakunda, ejo yayoboye umuhango wo gutaha ku mugaragaro imirongo ibiri izakoreshwa mu gupima ubuziranenge bw’imodoka nto n’iziciriritse zitarenza toni 3 n’igice z’uburemere, ku kigo cya Polisi y’u Rwanda gipima ubuziranenge bw’imodoka giherereye I Remera mu karere ka Gasabo.

Buri murongo muri iyi yombi, ufite ubushobozi bwo gusuzuma imodoka zigera ku 100 ku munsi.

Uyu muhango kandi witabiriwe n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda ushinzwe ubutegetsi n’abakozi, DIGP Juvénal Marizamunda, ba Komiseri muri Polisi y’u Rwanda, abahagarariye amashyirahamwe atwara abantu n’abashoferi.

Mu ijambo rye, Rwakunda yashimye Polisi y’u Rwanda ku mbaraga yakoresheje yagura ubushobozi bw’iki kigo maze avuga ko Minisiteri ahagarariye izafasha igitekerezo yagejejweho cyo kuzashyira ikigo nk’iki mu Ntara zose.

Yagize ati:”Igenzura ry’imodoka rijyanye na gahunda z’ubwikorezi n’umutekano wo mu muhanda , niyo mpamvu twe na Polisi y’u Rwanda twiyemeje kubishyigikira.”

Yibukije ko igenzura Atari ukureba ubuzima bw’imodoka gusa ahubwo bugamije n’umutekano wo mu muhanda kimwe no kudakwirakwiza ibyangiza ibidukikije .

Rwakunda yakomeje avuga ko kwiyandikisha ku bashaka kugana iki kigo bizajya bikorerwa ku rubuga Irembo aho yagize ati:” Ibi bikorwa byo kwagura bizatuma tugira igihugu kirangwamo imodoka zifite umutekano.”

Ni imirongo ije yiyongera ku yindi itanu yari isanzwe ikoreshwa n’iki kigo nk’uko bitangazwa n’Umuyobozi wa Polisi , Ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, Commissioner of Police (CP) George Rumanzi.

CP Rumanzi yavuze ko imirongo yongerewe izongera ubushobozi bityo igihe
abagana ikigo bategerezaga ngo bakorerwe kikazagabanuka kandi imodoka zizasuzumwa ku munsi ziziyongera.

Aha yagize ati:”Iyi mirongo ije ikenewe kuko izongera ubushobozi bw’iki kigo bityo bigatuma dutanga serivisi nziza ku batugana. Twashoboraga gukorera imodoka hagati ya 400 na 500 ku munsi ariko ubu tuzajya dukorera imodoka hagati ya 600 na 700 ku munsi.”

Yakomeje avuga ko kubera ubushobozi bwiyongereye buzatuma abagana iki kigo bajyaga bategereza hagati y’isaha imwe n’iminota 90 ku wazanye imodoka ye, ubu azajya ategereza igihe kitarenga iminota 45.

Isuzuma ubwaryo ntirirenza iminota 5 kandi haba harebwe byinshi ku modoka birimo uko isohora umwotsi, ibiyifasha guhagarara, ibituma itanyerera, ibiringanire bw’imitende yayo, uko imeze inyuma, amatara n’ibindi,…

CP Rumanzi yakomeje avuga ko hari gahunda yo kwagurira iki kigo mu ntara zose ndetse no kubona ibikoresho bihagije.

Yaboneyeho kandi gusaba ko hashakwa ahantu hitaruye umujyi , hazajya hakorerwa isuzuma ry’amakamyo ,aho yavuze ko byagabanya igihe cyakoreshwaga aho agize ati:”Ibi byose ni mu nyungu z’umutekano kandi ni imwe mu nshingano zacu.”

Polisi y’u Rwanda yatangiye ibikorwa byo gusuzuma imodoka mu mwaka wa 2008 aho iki kigo cyatangiranye n’imirongo ibiri n’ubushobozi bwo gusuzuma imodoka 150 ku munsi; aho bigaragara, nk’uko Polisi ibitangaza, ko impanuka ziterwa n’imiterere y’imodoka zagabanutse ku buryo bugaragara.

-4255.jpg

-4256.jpg

-4257.jpg

-4258.jpg

RNP

2016-10-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuhungu wa Habyarimana yatanze ubuhamya ahuza nibyo Raporo Mutsinzi yatangaje

Umuhungu wa Habyarimana yatanze ubuhamya ahuza nibyo Raporo Mutsinzi yatangaje

Ubwanditsi 12 Apr 2021
Uganda: Urugo rwa Gen Tumukunde rwagoswe n’inzego z’umutekano harasakwa miliyoni 40$ ateganya kuzakoresha mu matora

Uganda: Urugo rwa Gen Tumukunde rwagoswe n’inzego z’umutekano harasakwa miliyoni 40$ ateganya kuzakoresha mu matora

Ubwanditsi 18 Mar 2020
Icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi cyatangijwe mu ntara zose z’igihugu

Icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi cyatangijwe mu ntara zose z’igihugu

Ubwanditsi 12 Jun 2016
U Rwanda rwihanganishije Israel yabuze Shimon Peres wayiyoboye

U Rwanda rwihanganishije Israel yabuze Shimon Peres wayiyoboye

Ubwanditsi 28 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Jean-Pierre Bemba yasubije amerwe mu isaho ntakiri Minisitiri w’Ingabo
Amakuru

Jean-Pierre Bemba yasubije amerwe mu isaho ntakiri Minisitiri w’Ingabo

Ubwanditsi 29 May 2024
UMUYOBOZI WA POLISI Y’U RWANDA YASUYE ITSINDA RY’ABAPOLISI B’U RWANDA BARI MU BUTUMWA BW’AMAHORO MURI HAITI
Mu Rwanda

UMUYOBOZI WA POLISI Y’U RWANDA YASUYE ITSINDA RY’ABAPOLISI B’U RWANDA BARI MU BUTUMWA BW’AMAHORO MURI HAITI

Ubwanditsi 08 Jun 2016
Rayon Sports yemerewe gusinyisha abakinnyi bashya, yatsinze Musanze FC 4-1 ifata umwanya wa Kabiri
Amakuru

Rayon Sports yemerewe gusinyisha abakinnyi bashya, yatsinze Musanze FC 4-1 ifata umwanya wa Kabiri

Ubwanditsi 25 Jan 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru