• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Tshisekedi yashyize yemera kuganira na M23, ikibazo nyamukuru amasezerano bazagirana azayubahiriza?

Tshisekedi yashyize yemera kuganira na M23, ikibazo nyamukuru amasezerano bazagirana azayubahiriza?

Ubwanditsi 12 Mar 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Ku munsi w’ejo ibiro bya Perezidansi ya Repubulika ya Angola byatangaje ko nyuma y’uruzinduko ruto Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yagiriye i Luanda, hemejwe ko Angola, nk’umuhuza mu bibazo byo mu burasirazuba bwa RDC, izayobora ibiganiro bizahuza abahagarariye umutwe wa M23 n’abahagarariye uruhande rwa Leta ya RDC, bikazabera i Luanda mu minsi mike iri imbere, bigamije gushaka icyazana amahoro arambye muri icyo gihugu.

Tshisekedi avuye ku izima nyuma y’igihe kinini arahiye ko atazigera aganira na M23 yita ko ari icyuka ko itabaho kandi igizwe n’abanyamahanga. Kuba Tshisekedi yemeye ibiganiro si ugukunda amahoro kuko abikoze kubera igitutu M23 yamwokeje ubwo mu gihe gito kitageze ku cyumweru imigi ibiri ikomeye muri iki gihugu ariyo Goma na Bukavu M23 yayigaruriye nta mirwano ikaze ibaye. Nibura Goma barwanye iminsi ibiri ariko Bukavu yo ingabo za FARDC zirutse kibuno mpamaguru bagera Kamanyola nayo bayifata bitabagoye.

Ikibazo nyamukuru cyo kwibaza ni uko nubwo Tshisekedi yemeye kuganira, azubahiriza ibizava mu biganiro? Twibukiranye ko abayobozi bakuru ba AFC/M23 bose baciriwe urwo gupfa yaba Corneille Nangaa, Gen Sultan Makenga na Bertrand Bisiimwa. Ikindi Leta ya Tshisekedi iherutse gushyiraho igihembo cya miliyoni 4 z’amadorali ku muntu wese uzafasha ifatwa ryabo bayobozi harimo n’abanyamakuru.

Kuva Tshisekedi yaza muri politiki yagaragaje kuvuguruza amasezerano we ubwe aba yashyizeho umukono. Mu mwaka wa 2020 Tshisekedi yateye umugongo amasezerano yari yagiranye nuwo yarasimbuye Perezida Kabila kandi ayo masezerano ariyo yamugize Perezida. Tshisekedi yirukanye abantu bose bakoranaga bo kuruhande rwa Kabila cyane cyane mu Nteko ishinga amategeko no muri Guverinoma mu cyo abantu bise “Coup d’Etat”

Kabila yabonyeko adafite umutekano ajya kuba mu bihugu by’amahanga nubwo bavuga ko yari yagiye kwiga.

Mu mwaka wa 2019, ubwo abatavugaga rumwe na Kabila bihuzaga harimo na Tshsiekedi ngo bishakemo umukandida umwe uzahatana na Ramazan Shadarry wari washyizweho na Kabila ngo amusimbure, Martin Fayulu niwe wahiswemo mu nama yabereye I Geneve mu Busuwisi. Gusa nyuma y’amasaha 24, Felix Tshisekedi yikuye muri ayo masezerano avuga ko nawe aziyamamaza.

Izo ni ingero nkuru zaranze kwivuguruza kwa Tshisekedi ariko ubuzima bwa buri munsi bwa Tshisekedi muri politike ni ukwivuguruza ubundi agakoresha ruswa n’amafaranga agura abayoboke. Ibi bigomba kubera isomo M23 mbere no mugihe iri kuganira na Guverinoma ya Tshisekedi.

2025-03-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Hari ibimenyetso dufite, byerekana ko bimwe mu bihugu duturanye  bifatanya ku mugaragaro na FDLR na RNC – Kagame

Hari ibimenyetso dufite, byerekana ko bimwe mu bihugu duturanye bifatanya ku mugaragaro na FDLR na RNC – Kagame

Ubwanditsi 01 Jan 2019
Umunyarwanda ati:”Umutindi umuha amata akaruka amaraso”. Patrick Habamenshi, ubuparmehutu buranze burakokamye?!

Umunyarwanda ati:”Umutindi umuha amata akaruka amaraso”. Patrick Habamenshi, ubuparmehutu buranze burakokamye?!

Ubwanditsi 18 Jan 2021
Polisi y’u Rwanda yashyikirije Umwongereza  mudasobwa n’ibindi bintu bye byari byibwe

Polisi y’u Rwanda yashyikirije Umwongereza mudasobwa n’ibindi bintu bye byari byibwe

Ubwanditsi 24 Jun 2016
Ishyirahamwe, Jambo asbl  rikomeje gutagatifuza umutwe w’abajenosideri wa FDLR

Ishyirahamwe, Jambo asbl  rikomeje gutagatifuza umutwe w’abajenosideri wa FDLR

Ubwanditsi 08 Jan 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyagatare: Afunzwe akurikiranyweho ubujura bwa mudasobwa
Mu Mahanga

Nyagatare: Afunzwe akurikiranyweho ubujura bwa mudasobwa

Ubwanditsi 31 Mar 2016
APR.Fc  iracakira na Yanga Aficans yo muri tanziniya
IMIKINO

APR.Fc iracakira na Yanga Aficans yo muri tanziniya

Ubwanditsi 12 Mar 2016
AU yasabye ko gutangaza burundu ibyavuye mu matora ya RDC biba bihagaze
POLITIKI

AU yasabye ko gutangaza burundu ibyavuye mu matora ya RDC biba bihagaze

Ubwanditsi 18 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru