• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Abana bakomoka ku nterahamwe bashinze undi umutwe wo guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Abana bakomoka ku nterahamwe bashinze undi umutwe wo guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 04 May 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Abana b’interahamwe bari bibumbiye mu ihuriro Jambo asbl rigamije guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi, Cyane cyane ko yateguwe ikanashyirwa mu bikorwa n’ababyeyi babo baba bahinduye umuvuno bahindura izina biyita ALL FOR RWANDA hiyongeramo abana ba Habyarimana na Kanziga.

Uwo mutwe mushyashya ngo ugamije kuvuganira impunzi z’Abanyarwanda ziri muri Kongo ariko ni urwitwazo kuko umugambi wabo ni uguhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Mu myaka 29 ishize hagiye habaho uburyo butandukanye bukozwe n’abasize bahekuye u Rwanda bahereza uwo murage mubi abana babo bo muri Jambo asbl cyangwa iki kirya barezi ngo ni ALL FOR RWANDA. Batangiye bavuga ko mu Rwanda nta Jenoside yabaye habaye intambara hagati ya FPR Inkotanyi n’Ingabo za Habyarimana.

Iyi niyo ntero ya Col Bagosora bagendaga babunza hirya no hino ku isi hagati ya 1994-1998.

Ariko ubwo hari hamaze gushyirwaho urukiko mpuzamahanga rw’Arusha ndetse bamwe bagafatwa, bahinduye imvugo bavuga ko mu Rwanda Abahutu n’Abatutsi bicanye, ko impande zombi zapfushije. Ibi babikora kugirango bahunge icyaha.

Muri iki gihe tugeze ku isabukuru y’imyaka igera 29, abana b’abicanyi bibumbiye muri Jambo asbl bakaba banashinzwe ALL FOR RWANDA basigaye bavuga Jenoside yakorewe Abatutsi ko bayemera ariko babikora kugirango bagere ku ntego yabo yo gutoba amateka bavuga ko n’Abahutu bapfuye.

Kwemera Jenoside yakorwe Abatutsi babigiriwemo inama n’abajyanama babo b’abarimu muri Kaminuza n’abanyamakuru kuko bakomeje kuyihakana nta hantu na hamwe bakwakirwa. Niyo mpamvu basigaye banashinyagura ngo bagiye kwibuka Abatutsi.

Mu bashinze ALL FOR RWANDA harimo Placide Kayumba, Robert Mugabowindekwe na Faustin Murego.

Abo bantu ni bande?

Kayumba Placide niwe washinze Jambo asbl akaba ubu ari na Perezida wa FDU Inkingi yashinzwe na Ingabire Victoire. Ni umuhungu wa Dominique Ntawukuriryayo wari Superefe wa Gisagara akaba yarakatiwe n’urukiko rwa LONI imyaka 25 kubera uruhare rwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Robert Mugabowindekwe ni umuhungu wa Lt Col Ephrem Rwabalinda wagiye mu gihugu cy’Ubufaransa kugurira Leta y’abicanyi intwaro. Niwe Perezida wa Jambo asbl. Faustin Murego ni umusilikare wahoze mu gisirikari cya Habyarimana akaba yararangije mu ishuri rikuru rya gisirikari ESM arangiza mu mwaka wa 1990.

Akirangiza muri ESM yahise yoherezwa mu gihugu cy’ububiligi kwiga ibijyanye n’ikoranabuhanga. Akaba ari mu bayobozi ba FDLR ku mugabane w’iburayi aho yari n’umujyanama wa Perezida wa FDLR Ignace Murwanashyaka mu mwaka wa 2006.

Murego kandi ni umuntu wa hafi w’umukuru wa FDLR Gen Victor Byiringiro akaba amufasha muri dipolomasi dore ko banakomoka ku musozi umwe. Avuka mu Kagari ka Kavumu ,Murenge wa Busogo, Akarere ka Musanze ,mu cyahoze ari Komini Nyakinama,Segiteri Rutoyi.

2023-05-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“Ribara uwariraye”: Icengezamatwara rishya mu guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

“Ribara uwariraye”: Icengezamatwara rishya mu guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 07 Dec 2022
Mu rwego rwo guhunga ubutabera Kayumba Nyamwasa yatahiye umuzulukazi

Mu rwego rwo guhunga ubutabera Kayumba Nyamwasa yatahiye umuzulukazi

Ubwanditsi 31 Jan 2018
Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu  rizwi nka Rwandan Epic

Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic

Ubwanditsi 30 Nov 2025
Undi munyarwanda wa gatatu yiciwe hanze y’Igihugu  mu minsi itatu yikurikiranya

Undi munyarwanda wa gatatu yiciwe hanze y’Igihugu mu minsi itatu yikurikiranya

Ubwanditsi 11 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ku myaka 73, icyamamare mu njyana ya Raggae Bunny Wailer wabanye na Bob Marley yitabye Imana azize “Stroke”.
Amakuru

Ku myaka 73, icyamamare mu njyana ya Raggae Bunny Wailer wabanye na Bob Marley yitabye Imana azize “Stroke”.

Ubwanditsi 03 Mar 2021
Amafoto – Perezida Paul Kagame yitabiriye ifungurwa rya Sitade Abdoulaye-Wade yo mu muri Senegal
Amakuru

Amafoto – Perezida Paul Kagame yitabiriye ifungurwa rya Sitade Abdoulaye-Wade yo mu muri Senegal

Ubwanditsi 23 Feb 2022
U Bwongereza : Perezida Kagame yahuye n’Igikomangoma Harry mu nama ya Commonwealth
UBUKUNGU

U Bwongereza : Perezida Kagame yahuye n’Igikomangoma Harry mu nama ya Commonwealth

Ubwanditsi 17 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru